{"id":27687,"date":"2020-09-09T12:44:55","date_gmt":"2020-09-09T12:44:55","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/09\/09\/rib-yatangiye-iperereza-ku-itsinda-ry-abantu-24-biyise-abamen-bakekwaho\/"},"modified":"2020-09-09T12:44:55","modified_gmt":"2020-09-09T12:44:55","slug":"rib-yatangiye-iperereza-ku-itsinda-ry-abantu-24-biyise-abamen-bakekwaho","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687","title":{"rendered":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#8217;abantu 24 biyise &#8216;ABAMEN&#8217; bakekwaho ubwambuzi"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry\u2019abantu biyita \u201cABAMEN\u201d bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye.<\/strong><\/p>\n<p>Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw\u2019ubuhimbano babeshya ko ari ubwa mobile money bubereka ko bakiriye amafaranga nyuma bakabahamagara bababwira ko amafaranga ayobye bakabasaba kuyabayasubiza, muri uko kuyabasubiza nibwo amafaranga yabo agenda.<\/p>\n<p>Ubundi buryo bakoramo ubu bujura ni ukubumba amacupa bakandikaho ijambo \u201cPure Gold Certified 1914\u201d bakoherereza abantu SMS ivuga ko batoye ikintu cyanditseho \u201cPure Gold Certified 1914\u201d ariko batazi icyo aricyo. Umuntu boherereje ubutumwa iyo atagize amakenga cyangwa ngo ashishoze neza, abona ari zahabu akaza akakigura kandi atariyo.<\/p>\n<p>Hari n\u2019abiyitirira abapadiri cyangwa abapasiteri kuri telefoni bakavuga ko bagusengera ugakira inyatsi, ukabona urubyaro cyangwa urushako wari warabuze, ko bakiza indwara n\u2019ibindi. Byose bikarangira bagutwaye umutungo wawe.<\/p>\n<p>Ubu bujura bukorwa mu buryo bw\u2019agatsiko kuko iyo bamaze kwiba amafaranga bahita bayahererekanya kuri simcard cyangwa konti za banki zitandukanye. Ibi babikora mu rwego rwo kujijisha kugirango bayabikuze kuko bazi ko ibigo by\u2019itumanaho na banki iyo zibimenye bayafungiraho ntibabashe kuyabikuza.<\/p>\n<p>Umuvugizi w\u2019umusigire wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko abafashwe bagiye gukurikiranwaho ibyaha byo gushyiraho umutwe w\u2019abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo n\u2019icyaha cyo kwihesha ikintu cyundi hakoreshejwe uburiganya (ubwambuzi bushukana), ibi byaha bigaragara mu ngingo ya 224 n\u2019iya 174 mu itegeko riteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange.<\/p>\n<p>\u201cIbikorwa byo gufata n\u2019abandi bakora ubwambuzi bushukana bwiganjemo  ubukoreshejwe telefoni zigendanwa birakomeje. Aba twafashe ubu barimo gukorerwa dosiye kugirango ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha nkuko amategeko abiteganya.\u201d<\/p>\n<p>Mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka, RIB yeretse itangazamakuru itsinda ry\u2019abasore batandatu nabo bakoreraga ubu bujura mu Murenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo.<\/p>\n<p>Mu rwego rwo kwirinda ubu bujura, Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha ruributsa abaturarwanda ibi bikurikira;<\/p>\n<p>1. Kwirinda umuntu mutaziranye uguhamagara akubwira ko yibeshye akohereza amafaranga kuri telefoni yawe agusaba kuyamusubiza.<\/p>\n<p>2.  Kwirinda kandi gukanda ku mibare bakubwira gushyira muri telefoni yawe bikagera naho bakubwira gushyiramo umubare wawe w\u2019ibanga kuko bagamije kukwiba amafaranga wari ufite kuri Mobile Money.<\/p>\n<p>3.  Nihagira uguhamagara akubwira ko ari umukozi wa sosiyete y\u2019itumanaho akumenyesha ko hari amafaranga yavuye kuri konti yawe ya Mobile Money, cyangwa agutera ubwoba ngo konti yawe arayifunga akubwira uko wabigenza kugirango uyasubizwe, ntubikore kuko ategereje ko ushyiramo umubare wawe w\u2019ibanga akakwiba.<\/p>\n<p>4.  Nubona ubutumwa bugufi kuri telefoni yawe bukubwira ko hari amafaranga wakiriye, ntugire ikindi ukora uretse kugisha inama ikigo cy\u2019itumanaho.<\/p>\n<p>5.   Nubona ubutumwa bugufi kuri telefoni yawe bugusaba gukanda 21 Nimero ya telefoni #wemeze yes, irinde kubikora kugira ngo udaha icyuho ubujura bwakoreshwa telefoni yawe.<\/p>\n<p>6.  Kwirinda gutanga umubare wawe w&#8217;ibanga wa konti yawe ya WhatsApp kuwo ariwe wese uwugusabye kuko aba agamije kuyiba akiba abo muvugana.<\/p>\n<p>7.  Mu gihe kandi ushidikanya k&#8217;ukwandikiye agusaba amafaranga, wamuhamagara kuri nimero uzi asanzwe akoresha ukabimubaza kugirango wemeze koko ko ariwe.<\/p>\n<p>8.  Kwirinda umuntu ugushakaho ubushuti ku mbuga nkoranyambanga nka WhatsApp cyangwa Facebook akagera aho akubwira ko akohereje impano, amafaranga menshi, bikagera aho agusaba amafaranga ayita ay\u2019ubwikorezi (Transport and Delivery fees) cyangwa aya gasutamo kugirango iyo mpano ikugereho. Gira amakenga kuko ashaka kukwiba, ushaka kuguha impano nta mafaranga agusaba gutanga kugirango ikugereho.<\/p>\n<p>9.  Kwirinda umuntu wese mutaziranye ukubwira ko Imana yamugutumyeho ngo agusengere ugire ibyo ukizwa cyangwa ubona.<\/p>\n<p>10.  Kwirinda umuntu wese ugushora mu bucuruzi runaka utamenyereye akwizeza kubona inyungu z\u2019umurengera.<\/p>\n<p>Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha rurasaba uwo ariwe wese ufite amakuru ku bakora ubu butekamutwe kwegera ishami rya RIB rimwegereye akamenyesha abagenzacyaha kugira ngo bakurikiranwe cyangwa agatanga amakuru ku murongo wa RIB utishyurwa 166.<\/p>\n<p>Ivoomo: RIB <\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry\u2019abantu biyita \u201cABAMEN\u201d bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye. Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw\u2019ubuhimbano [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-27687","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#039;abantu 24 biyise &#039;ABAMEN&#039; bakekwaho ubwambuzi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#039;abantu 24 biyise &#039;ABAMEN&#039; bakekwaho ubwambuzi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry\u2019abantu biyita \u201cABAMEN\u201d bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye. Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw\u2019ubuhimbano [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-09-09T12:44:55+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#8217;abantu 24 biyise &#8216;ABAMEN&#8217; bakekwaho ubwambuzi\",\"datePublished\":\"2020-09-09T12:44:55+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687\"},\"wordCount\":602,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687\",\"name\":\"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry'abantu 24 biyise 'ABAMEN' bakekwaho ubwambuzi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-09-09T12:44:55+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=27687#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#8217;abantu 24 biyise &#8216;ABAMEN&#8217; bakekwaho ubwambuzi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry'abantu 24 biyise 'ABAMEN' bakekwaho ubwambuzi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry'abantu 24 biyise 'ABAMEN' bakekwaho ubwambuzi - BWIZA","og_description":"Urwego rw\u2019Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry\u2019abantu biyita \u201cABAMEN\u201d bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye. Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw\u2019ubuhimbano [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-09-09T12:44:55+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#8217;abantu 24 biyise &#8216;ABAMEN&#8217; bakekwaho ubwambuzi","datePublished":"2020-09-09T12:44:55+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687"},"wordCount":602,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27687#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687","name":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry'abantu 24 biyise 'ABAMEN' bakekwaho ubwambuzi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-09-09T12:44:55+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=27687"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=27687#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry&#8217;abantu 24 biyise &#8216;ABAMEN&#8217; bakekwaho ubwambuzi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27687","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=27687"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/27687\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=27687"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=27687"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=27687"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}