{"id":28230,"date":"2020-09-24T08:44:23","date_gmt":"2020-09-24T08:44:23","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/09\/24\/trump-yarahiye-ko-atazatanga-ubutegetsi-mu-mahoro-naramuka-atsinzwe\/"},"modified":"2020-09-24T08:44:23","modified_gmt":"2020-09-24T08:44:23","slug":"trump-yarahiye-ko-atazatanga-ubutegetsi-mu-mahoro-naramuka-atsinzwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230","title":{"rendered":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka.<\/strong> <\/em><\/p>\n<p>Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: &#8220;Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi&#8221;.<\/p>\n<p>Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko bizacyemurirwa mu rukiko rw&#8217;ikirenga rw&#8217;Amerika, nanone yongera kuvuga ko adashira amakenga uburyo bwo gutora hifashishijwe uburyo bw&#8217;iposita avuga ko bwabamo uburiganya.<\/p>\n<p>Leta zimwe z&#8217;Amerika zikomeje gushishikariza abaturage kuzatora bifashishije iposita, zivuga ko bicyenewe ko Abanyamerika barindwa icyorezo cya coronavirus.<\/p>\n<p>Ejo ku wa gatatu nimugoroba (ku masaha y&#8217;Amerika), Trump yabajijwe n&#8217;umunyamakuru niba yakwizeza ko azahererekanya ubutegetsi mu mahoro &#8220;atsinze, atsinzwe cyangwa anganyije&#8221; na Joe Biden.<\/p>\n<p>Kugeza ubu, mu gihe habura iminsi 41 ngo amatora abe, amakusanyabitekerezo mu gihugu agaragaza ko Bwana Biden arusha Perezida Trump amahirwe menshi yo kuba yatsinda amatora.<\/p>\n<p>Trump yagize ati: &#8220;Maze igihe ninubira bikomeye amatora. Kandi amatora ameze nabi cyane&#8221;.<\/p>\n<p>Ubwo umunyamakuru yasaga nk&#8217;umuhinyuza avuga ko &#8220;abantu barimo guteza imidugararo&#8221;, Bwana Trump yahise asobekamo ati: &#8220;Va ku by&#8217;amatora, kandi uzabona ko azaba arimo amahoro cyane &#8211; nta hererekanya rizabaho, mvugishije ukuri, hazakomeza ubutegetsi buriho&#8221;.<\/p>\n<p>Mu 2016, Trump na bwo yanze kwiyemeza ko azemera ibyavuye mu matora aho yari ahatanye na Hillary Clinton wo mu ishyaka ry&#8217;abademokarate, yavugaga ko Madamu Clinton abangamiye demokarasi.<\/p>\n<p>Byarangiye Bwana Trump atsinze ayo matora, nubwo yabuzeho amajwi miliyoni eshatu ku kigero cyari kimenyerewe cy&#8217;intsinzi, amatora yakomeje kunenga nubwo yari yayatsinze.<\/p>\n<p>Mitt Romney, senateri w&#8217;umurepubulikani, udasanzwe muri iryo shyaka kuko ajya anyuzamo akanenga Perezida Trump, ejo ku wa gatatu yanditse kuri Twitter avuga ko &#8220;Icya ngombwa muri demokarasi ni ihererekanya ry&#8217;ubutegetsi mu mahoro; ibyo bitabayeho byaba ari muri Belarus [ahaherutse kuba amatora atavuzweho rumwe]&#8221;.<\/p>\n<p>&#8220;Ikintu icyo ari cyo cyose cyo kuvuga ko perezida ashobora kutazubaha ibi biteganywa n&#8217;itegekonshinga ni ibintu bitakwiyumvishwa kandi bitakwemerwa&#8221;.<\/p>\n<p><strong>Abademokarate bavuze iki?<\/strong><\/p>\n<p>Aganira n&#8217;abanyamakuru muri leta ya Delaware, Joe Biden yavuze ko amagambo ya Trump ku ihererekanya ry&#8217;ubutegetsi &#8220;nta bwenge burimo&#8221;.<\/p>\n<p>Itsinda rishinzwe kwamamaza Biden ryavuze ko ryiteguye &#8220;amayeri&#8221; ayo ari yo yose ya Perezida Trump.<\/p>\n<p>Iryo tsinda ryongeyeho ko &#8220;guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe [z&#8217;Amerika] ishoboye neza cyane guherekeza igasohora muri White House abahayobeye bakahinjira nta ruhushya babifitiye&#8221;.<\/p>\n<p>Biden na we ashinjwa na bamwe guhembera imidugararo mu matora kubera amagambo yavuze mu kwezi kwa munani.<\/p>\n<p>Yagize ati: &#8220;Haba hari uwibwira ko hazaba urugomo rucye muri Amerika Donald Trump niyongera gutorwa?&#8221;<\/p>\n<p>Mu kwezi gushize, Madamu Clinton yashishikarije Bwana Biden ko kuri iyi nshuro mu ijoro ryo ku munsi w&#8217;amatora atazemera ko yatsinzwe &#8220;uko byagenda kose&#8221; babaye begeranye cyane mu majwi.<\/p>\n<p>Yavuze ko bishoboka ko abarepubulikani bashobora kugerageza &#8220;kuvangavanga abatatoye&#8221; bakaniyambaza abanyamategeko babo mu kwanga ibyavuye mu matora.<\/p>\n<p>Ejo ku wa gatatu, Trump yongeye gushimangira umwanzuro we wo gusaba ko mu rukiko rw&#8217;ikirenga hongerwamo undi mucamanza mushya mbere y&#8217;amatora, kuko ngo abona ko ibyavuye mu matora bizakiranurwa n&#8217;urwo rukiko.<\/p>\n<p>Perezida Trump yavuze ko azagena umucamanza w&#8217;umugore muri uru rukiko ku wa gatandatu w&#8217;iki cyumweru. Azaba asimbuye umucamanza Ruth Bader Ginsburg, wapfuye ku wa gatanu mu cyumweru gishize.<\/p>\n<p><em> <strong>BBC<\/strong> <\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: &#8220;Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi&#8221;. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-28230","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: &#8220;Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi&#8221;. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-09-24T08:44:23+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe\",\"datePublished\":\"2020-09-24T08:44:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230\"},\"wordCount\":533,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230\",\"name\":\"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-09-24T08:44:23+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28230#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA","og_description":"Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika yanze kwiyemeza kuzahererekanya ubutegetsi mu mahoro natsindwa amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka. Mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru mu biro bye bya White House, yagize ati: &#8220;Tuzagomba kureba uko bigenda. Ibyo murabizi&#8221;. Perezida Trump yanavuze ko yemeza ko ibizava mu matora bishoboka ko [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-09-24T08:44:23+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe","datePublished":"2020-09-24T08:44:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230"},"wordCount":533,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=28230#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230","name":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-09-24T08:44:23+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=28230"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28230#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Trump yarahiye ko atazatanga ubutegetsi mu mahoro naramuka atsinzwe"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/28230","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=28230"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/28230\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=28230"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=28230"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=28230"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}