{"id":28704,"date":"2020-10-05T07:30:00","date_gmt":"2020-10-05T07:30:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/10\/05\/ijambo-rya-perezida-kagame-ku-barwanya-leta-icyo-u-burundi-busaba-u-rwanda-mu\/"},"modified":"2020-10-05T07:30:00","modified_gmt":"2020-10-05T07:30:00","slug":"ijambo-rya-perezida-kagame-ku-barwanya-leta-icyo-u-burundi-busaba-u-rwanda-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704","title":{"rendered":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#8217;icyumweru"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe n\u2019amakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi n\u2019amahanga, ubutabera, umutekano, imikino n\u2019imyidagaduro.<br \/>\n<\/strong><\/p>\n<p><strong>Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nk\u2019uko Inkotanyi zabigenje<\/strong><\/p>\n<p>Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye y\u2019Umuryango wa FPR Inkotanyi, atanga ubutumwa burimo ubwo yageneye abarwanya ubutegetsi.<\/p>\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yahaye ikaze Abanyarwanda baba mu mahanga bashaka gutaha, avuga ko ariko bitashobokera abashaka gutaha babanje gutanga amabwiriza. Yakomoje no ku bavuga ko bazinjira mu gihugu babanje gushoza urugamba rw\u2019amasasu nk\u2019uko ingabo za RPA zabigenje. Ngo ntibyabakundira kuko bisaba kuba uri mu kuri.<\/p>\n<p><strong>Leta y\u2019u Rwanda yatangaje ko yafashe abarwanyi ba RED Tabara irwanya ubutegetsi bw\u2019u Burundi<\/strong><\/p>\n<p>Bigaragara mu itangazo rya Minisiteri y\u2019Ingabo ryo ku wa 29 Nzeri 2020, rivuga ko abarwanyi bafashwe ari 19, bari bahungiye mu Rwanda nyuma yo kugaba igitero mu Burundi.<\/p>\n<p>Minisiteri y\u2019Ingabo yatanze ubu butumwa nyuma y\u2019aho Umuvugizi w\u2019Igipolisi cy\u2019u Burundi, Pierre Nkurikiye yari yatangaje ko hari amabandi yagabye igitero muri Komini ya  Kabarore aturutse mu Rwanda, arangije yongera guhungirayo. Yasabaga leta y\u2019u Rwanda ko yababashyikiriza.<\/p>\n<p><strong>Minisitiri Biruta yavuze ku ibwiriza ry\u2019u Burundi ryo kohereza abasize bakoreyeyo ibyaha<\/strong><\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga w\u2019u Rwanda yatangarije Jeune Afrique ko kuba leta y\u2019u Burundi isaba u Rwanda kuyoherereza abasize bakoze ibyaha mu 2015 birimo no kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunzia, atari cyo gisubizo cyiza.<\/p>\n<p>Minisitiri Dr. Vincent Biruta yavuze ko umubano w\u2019ibihugu byombi wakongera kuba mwiza, hatabanje gutanga amabwiriza y\u2019icyo gukora. <\/p>\n<p>Minisitiri Biruta yongeye gushimangira ko u Rwanda rwiteguye kugira uruhare mu izahura ry\u2019umubano warwo n\u2019u Burundi, rukifatanya n\u2019imiryango mpuzamahanga mu gushaka icyatuma u Burundi butekana.<\/p>\n<p><strong>Urukiko rwo mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga Felicien aburanishirizwa i Arusha<\/strong><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019amezi ane Kabuga Felicien ukurikiranweho uruhare muri jenoside afatiwe i Paris mu Bufaransa, Urukiko Rusesa imanza tariki ya 1 Ukwakira 2020 rwemeje ko uyu musaza agomba koherezwa i Arusha, akaburanishwa n\u2019Urwego rw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), IRMCT.<\/p>\n<p>Ni mu gihe abanyamategeko be bifuzaga ko bitewe n\u2019intege nke z\u2019ubusaza z\u2019umukiriya wabo, yaburanishirizwa mu Bufaransa yafatiwe.<\/p>\n<p>Mu gihe Kabuga Felicien ataroherezwa i Arusha muri uku kwezi, urwego rwa IRMCT rwashyizeho abacamanza bazamuburanisha bayobowe n\u2019umunya-Scotland, Iain Bonomy. Abandi ni Graciela Susana Gatti Santana ukomoka muri Uruguay na Elizabeth Ibanda Nahamya wo muri Uganda.<\/p>\n<p><strong>Inzego zose z\u2019ubuyobozi muri ADEPR zaregujwe<\/strong><\/p>\n<p>Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyahagaritse abayobozi bakuru mu itorero rya ADEPR nyuma y\u2019ibibazo bitandukanye byari bimazemo igihe, birimo imiyoborere mibi n\u2019amakimbirane.<\/p>\n<p>RGB yafashe iki cyemezo tariki ya 2 Ukwakira 2020. Inzego yeguje zirimo: Komite Nyobozi, Inama y\u2019Ubuyobozi, Inteko Rusange na Komite Nkemurampaka; ku bw\u2019inyungu z\u2019itorero n\u2019abanyamuryango baryo nk\u2019uko Dr. Usta Kayitesi uyoboye uru rwego.<\/p>\n<p><strong>Hon. Bamporiki yagereranyije injyana y\u2019ibishegu nk\u2019ishyano u Rwanda rwagushije<\/strong><\/p>\n<p>Muri iki gihe, abahanzi benshi badukiriye gukora indirimbo zirimo ubutumwa buganisha ku busambanyi nk\u2019uko abenshi babisengura, ku buryo byateje impaka n\u2019impungenge mu muryango nyarwanda.<\/p>\n<p>Byatumye Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y\u2019Urubyiruko n\u2019Umuco, Bamporiki Edouard agira icyo abivugaho tariki ya 29 Nzeri mu kiganiro yagiriye kuri Radio 10.<\/p>\n<p>Hon. Bamporiki yagereranyije ibi bihangano n\u2019ishyano u Rwanda rwagushije, ndetse ngo uwabikoraga mbere bamufataga nk\u2019umusazi. <\/p>\n<p>Yibukije abahanzi uruhare bafite mu guteza imbere umuco, cyane ko bakurikirwa n\u2019umubare munini w\u2019Abanyarwanda, anenga abakomeje gukora bene ibi bihangano byangiza iyo mbaga yose.<\/p>\n<p><strong>IMIKINO<\/strong><\/p>\n<p>Minisiteri ya Siporo tariki ya 28 Nzeri 2020 yatangaje ko imyitozo n\u2019ibindi bikorwa bya siporo bisubukuwe guhera uwo munsi, gusa isaba ko abagiye kubikora babanza kubisabira uburenganzira.<\/p>\n<p>Ibi bikorwa byasubukuwe nyuma yo gusuzuma ingamba amashyirahamwe y\u2019imikino atandukanye yaragarije iyi Minisiteri, zerekana uburyo kwirinda icyorezo cya Covid-19 bizashoboka.<\/p>\n<p>Ibi bikorwa bikomorewe nyuma y\u2019amezi atandatu. Byahagaritswe kuva icyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.<\/p>\n<p><strong>Uwahoze ari umugore wa Safi Madiba yambitswe impeta n\u2019umusore bakundana<\/strong><\/p>\n<p>Amakuru yakwirakwiye mu cyumweru gishize yavugaga ko Judith Niyonizera wabaye umugore w\u2019umuhanzi Safi Madiba, yambitswe impeta n\u2019umusore basigaye bakundana.<\/p>\n<p>Ni nyuma y\u2019aho hari amafoto Judith yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, bivugwa ko yari amaze iminsi atemberana n\u2019uyu musore mu duce dutandukanye mu gihugu.<\/p>\n<p>Judith yaje kugaragara ku yindi foto yambaye impeta, bihwihwiswa ko yaba yarayambitswe n\u2019uyu musore babanye mu rukundo nyuma yo gutandukana na Safi bananiwe guhuza nk\u2019umugore n\u2019umugabo.<\/p>\n<p> <\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe n\u2019amakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi n\u2019amahanga, ubutabera, umutekano, imikino n\u2019imyidagaduro. Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nk\u2019uko Inkotanyi zabigenje Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,133],"class_list":["post-28704","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#039;icyumweru - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#039;icyumweru - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe n\u2019amakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi n\u2019amahanga, ubutabera, umutekano, imikino n\u2019imyidagaduro. Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nk\u2019uko Inkotanyi zabigenje Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-10-05T07:30:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#8217;icyumweru\",\"datePublished\":\"2020-10-05T07:30:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704\"},\"wordCount\":746,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704\",\"name\":\"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z'icyumweru - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-10-05T07:30:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=28704#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#8217;icyumweru\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z'icyumweru - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z'icyumweru - BWIZA","og_description":"Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Nzeri kikarangira tariki ya 4 Ukwakira 2020, cyaranzwe n\u2019amakuru atandukanye ariko turibanda ku byiciro bine: politiki, ububanyi n\u2019amahanga, ubutabera, umutekano, imikino n\u2019imyidagaduro. Perezida Kagame yasubije abashaka gufata ubutegetsi nk\u2019uko Inkotanyi zabigenje Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 28 Nzeri 2020, yayoboye inama ya Komite Nyobozi yaguye [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-10-05T07:30:00+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#8217;icyumweru","datePublished":"2020-10-05T07:30:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704"},"wordCount":746,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=28704#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704","name":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z'icyumweru - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-10-05T07:30:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=28704"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=28704#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ijambo rya Perezida Kagame ku barwanya leta, icyo u Burundi busaba u Rwanda mu nkuru z&#8217;icyumweru"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/28704","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=28704"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/28704\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=28704"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=28704"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=28704"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}