{"id":29450,"date":"2020-10-26T10:52:39","date_gmt":"2020-10-26T10:52:39","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/10\/26\/rutangarwamaboko-yaragije-karidinali-kambanda-abazimu-b-i-rwanda\/"},"modified":"2020-10-26T10:52:39","modified_gmt":"2020-10-26T10:52:39","slug":"rutangarwamaboko-yaragije-karidinali-kambanda-abazimu-b-i-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450","title":{"rendered":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#8217;i Rwanda"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Muganga Rutangarwamaboko yaragije Antoine Kambanda wagizwe umukaridinali Imana n&#8217;abazimu by&#8217;i Rwanda, amusabira ko bamuhunda umutima w&#8217;i Rwanda kugira ngo utazamuhuza icyuho abatuye mu rw&#8217;imisozi igihumbi batewe n&#8217;amateka y&#8217;icinyizamuco n&#8217;ihonyantekerezo.<\/strong> <\/em><\/p>\n<p>Ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira, ni bwo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyir&#8217;ubutungane Papa Fransisiko, yagize Musenyeri Antoine Kambanda usanzwe ari Arikibishopu wa Kigali umu-Karidinali.<\/p>\n<p>Papa yemeje ko yagize Kambanda n&#8217;abandi 12 ba Karidinali, ubwo yari ayoboye isengesho ry&#8217;Indamutso ya Malayika ryabereye muri Kiliziya ya Mutagatifu Petero i Roma.<\/p>\n<p>Inkuru y&#8217;uko Musenyeri Kambanda yagizwe Karidinali yatashye mu rw&#8217;imisozi igihumbi ku gicamunsi cyo ku cyumweru, yakirwa n&#8217;ubutumwa bw&#8217;ishimwe abantu batandukanye boherereje Musenyeri.<\/p>\n<p>Mu bamushimiye harimo na Muganga Rutangarwamaboko, umushakashatsi, umwigisha w\u2019ubuzima bushingiye ku muco akaba n\u2019inzobere mu by\u2019umuco, amateka, imbonezabitekerezo (Filosofiya) n\u2019ubuzima bwa muntu bushingiye ku myizerere, imyumvire, imitekerereze, imyitwarire ndetse n\u2019imigirire; hejuru y&#8217;ibyo akaba Umuyobozi Mukuru w\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu Nyarwanda cy\u2019Ubuzima bushingiye ku muco (RCHC).<\/p>\n<p>Abinyujije kuri Twitter ye yagize ati: &#8220;Nkundakozera iz&#8217;u Rwanda ntiziburira no mu bizanano ntiruzima dore n&#8217;ubu kuva rwabaho rubonye karidinali wa mbere mu Mateka yarwo. Igituma u Rwanda rutazima ntikikazimizwe ngo kirenzwe ingohe kandi mbibutse ko Musenyeri Karidinali batazarurutira Imandwa Nkuru Mbandoga Umwami!&#8221;<\/p>\n<p>Yunzemo ati: &#8220;Imandwa ntitugira ubwiko, ishyuka Mwenimana Kambanda Antoine, Imana y&#8217;i Rwanda n&#8217;abazimu bacu batazima baguhunde umutima w&#8217;i Rwanda utaguhuza icyuho twatewe n&#8217;Amateka y&#8217;icinyizamuco n&#8217;Ihonyantekerezo twagiriwe no kugeza n&#8217;ubu. Dutsinde reka ibyawe ufate ibyanjye, kuko umuco ari wo shingiro.&#8221;<\/p>\n<p>Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y&#8217;Urubyiruko n&#8217;Umuco, Hon. Bamporiki Edouard, na we yashimiye Musenyeri Kambanda amusaba gukemura bamwe mu bashinzwe umurimo wa Kiliziya batatiye igihango cy&#8217;ubushumba bagahitamo gukora ibikorwa bisenya sosiyete.<\/p>\n<p>Birasa n&#8217;aho Bamporiki yitsaga ku barimo Padiri Nahimana uba mu Bufaransa, ukunze kurangwa n&#8217;ibikorwa bisebya u Rwanda.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Urwanda nirwande, rugwize ubwema n&#8217;i Roma iyo. Umugisha  wa gishumba Kambanda Antoine ashumbanye ukebure abatatiriye igihango cy&#8217;ubushumba bagatutira batubaka, abagannye ishyanga nta ruhushya, bataye ishyo, Intama zigubwe neza haba hanze no munzu umu. Ishyuka Mwenimana, Ndagucyeje.&#8221;<\/p>\n<p>Abarimo Umushinjacyaha Mukuru, Faustin Nteziryayo, Amb. Olivier Nduhumgirehe, Dr Sabin Nsanzimana uyobora Ikigo cy&#8217;Igihugu cy&#8217;Ubuzima (RBC) n&#8217;abandi benshi, na bo batambukije ubutumwa bushimira Karidinali mushya Antoine Kambanda.<\/p>\n<p>Kugira ngo umuntu abe cardinal biri mu bushake bwite bwa Papa kuko nta tora ribaho, bikorwa mu busesenguzi bwe, akitoranyiriza abamufasha. Ba Cardinal nibo batora ba Papa, bivuze ko buri cardinal aba ari umukandida.<\/p>\n<p>Musenyeri Kambanda azakomeza kuyobora Diyosezi ya Kigali kuko aba ari Musenyeri nk\u2019abandi, nubwo afite ikindi cyiciro cyisumbuye abarizwamo, nk\u2019uko na Papa ari Musenyeri.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Muganga Rutangarwamaboko yaragije Antoine Kambanda wagizwe umukaridinali Imana n&#8217;abazimu by&#8217;i Rwanda, amusabira ko bamuhunda umutima w&#8217;i Rwanda kugira ngo utazamuhuza icyuho abatuye mu rw&#8217;imisozi igihumbi batewe n&#8217;amateka y&#8217;icinyizamuco n&#8217;ihonyantekerezo. Ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira, ni bwo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyir&#8217;ubutungane Papa Fransisiko, yagize Musenyeri Antoine Kambanda usanzwe ari Arikibishopu wa Kigali [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-29450","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#039;i Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#039;i Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Muganga Rutangarwamaboko yaragije Antoine Kambanda wagizwe umukaridinali Imana n&#8217;abazimu by&#8217;i Rwanda, amusabira ko bamuhunda umutima w&#8217;i Rwanda kugira ngo utazamuhuza icyuho abatuye mu rw&#8217;imisozi igihumbi batewe n&#8217;amateka y&#8217;icinyizamuco n&#8217;ihonyantekerezo. Ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira, ni bwo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyir&#8217;ubutungane Papa Fransisiko, yagize Musenyeri Antoine Kambanda usanzwe ari Arikibishopu wa Kigali [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-10-26T10:52:39+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#8217;i Rwanda\",\"datePublished\":\"2020-10-26T10:52:39+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450\"},\"wordCount\":445,\"commentCount\":4,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450\",\"name\":\"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b'i Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2020-10-26T10:52:39+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=29450#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#8217;i Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b'i Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b'i Rwanda - BWIZA","og_description":"Muganga Rutangarwamaboko yaragije Antoine Kambanda wagizwe umukaridinali Imana n&#8217;abazimu by&#8217;i Rwanda, amusabira ko bamuhunda umutima w&#8217;i Rwanda kugira ngo utazamuhuza icyuho abatuye mu rw&#8217;imisozi igihumbi batewe n&#8217;amateka y&#8217;icinyizamuco n&#8217;ihonyantekerezo. Ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira, ni bwo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyir&#8217;ubutungane Papa Fransisiko, yagize Musenyeri Antoine Kambanda usanzwe ari Arikibishopu wa Kigali [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2020-10-26T10:52:39+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#8217;i Rwanda","datePublished":"2020-10-26T10:52:39+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450"},"wordCount":445,"commentCount":4,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=29450#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450","name":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b'i Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2020-10-26T10:52:39+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=29450"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=29450#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b&#8217;i Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/29450","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=29450"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/29450\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=29450"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=29450"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=29450"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}