{"id":31227,"date":"2020-12-10T18:37:19","date_gmt":"2020-12-10T18:37:19","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2020\/12\/10\/kigali-umusore-yatawe-muri-yombi-umukobwa-afungirwa-iwabo-bazira-urukundo\/"},"modified":"2020-12-10T18:37:19","modified_gmt":"2020-12-10T18:37:19","slug":"kigali-umusore-yatawe-muri-yombi-umukobwa-afungirwa-iwabo-bazira-urukundo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227","title":{"rendered":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Umukobwa witwa Irakoze Jeannette utuye mu Mujyi wa Kigali amaze amezi ane yarafungiwe n\u2019ababyeyi be mu rugo azira gukundana n\u2019umusore witwa Jean d\u2019Amour Niyigena umuryango we udashaka. Kuri ubu uyu musore na we akaba ari mu mazi abira kuko ari mu maboko y\u2019ubugenzacyaha (RIB) bwamutaye muri yombi, nyuma y\u2019uko se w\u2019umukobwa amushinje ibyaha birimo kuvogera urugo rwe n\u2019icyaha cyo gucuruza abantu. Kuri uyu wa Gatanu bikaba biteganyijwe ko ashobora kugezwa mu bushinjacyaha.<\/strong><\/p>\n<p>Irakoze ni umukobwa w\u2019imyaka 20 wa gatatu iwabo, akaba akundana n\u2019umusore w\u2019imyaka 25, ariko akavuga ko ababyeyi be batifuza ko yakomeza gukundana na we kubera impamvu z\u2019imyemerere.Gusa ibindi bisobanuro bitangwa bigaragaza ko harimo n\u2019ikibazo cy\u2019inzego z\u2019imibereho, hanze bakunze ibyiciro by\u2019ubudeehe. <\/p>\n<p>Umukobwa avuga ko bijya gutangira, umusore yabanje gukundana na mukuru we, Dorcas, ariko baza gutandukana nyine bitewe n\u2019imyemerere. Nyuma yo gutandukana, Jeanette wari usanzwe aziranye n\u2019umusore, yakomezanyije na we barakundana. Mukuru we abimenye amubwira ko atezemera ko bakomeza gukundana, abyinjizamo n\u2019ababyeyi babo nkuko abivuga.<\/p>\n<p>Jeanette na Dorcas ni abakobwa ba Bagabo Eliezer ubarizwa mu murenge wa Remera , Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali . Ubwo Jeannette yavuganaga na Bwiza.com kuri telefone yavugaga ko atunze iwabo batabizi kuko izindi bayimwatse, yasobanuye ko ari mu bwihisho kandi atemerewe gusohoka mu rugo, ndetse no gukoresha telephone. Yagize ati \u201cNakundanye  n\u2019umuhungu, wari warakundanye na mukuru wanjye, noneho baza gupfa iby\u2019imyemerere, kubera ko hari ibyo umuhungu yabuzaga umukobwa gukora. Byaye ngombwa ko batandukana, ariko icyo gihe cyose navuganaga n\u2019uwo muhungu, kuko urumva yakundanaga na mukuru wanjye, nari muzi. Noneho batandukanye, nza kubimenya ko batandukanye, ari umuhungu ubwe ubimbwiye. Nza gukora ubushakashatsi,  mbibaza na mukuru wanjye wampaye amakuru y\u2019uko batandukanye kubera imyumvire. Byarangiye ubwo nyine ntangiye gukundana na we.\u201d<\/p>\n<p>Irakoze avuga ko agitangira gukundana n\u2019umusore, mukuru we yabirwanyije, ndetse akamubwira ko nakomeza gukundana na we ibintu bizaba bibi, abishyiramo n\u2019ababyeyi be.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko akomeza abisobanura, ngo ababyeyi be bagerageje uko bashoboye ngo bahagarike urukundo rwe na Niyigena Jean D\u2019amour, ariko birabananira. Byageze aho umukobwa bamwambura telefone, bamubuza kuva mu rugo bagira ngo barebe ko yareka Niyigena Jean D\u2019Amour, ariko biranga.<br \/>\nUmwunganizi mu by\u2019amategeko wa Jean D\u2019Amour , we  na Irakoze bavuga ko Se w\u2019umukobwa yabonye binaniranye yitabaza RIB, atanga ikirego cyakirwa n\u2019Umugenzacyaha ushinzwe ibyaha birebana n\u2019icuruzwa ry\u2019abantu ( Human trafficking ).<\/p>\n<p>Niyigena Jean D\u2019Amour yahise ahamagazwa abazwa ku byaha byo \u201ckuvogera urugo rw\u2019abandi atabiherewe uburenganzira\u201d no \u201cgushora abantu mu buraya n\u2019ubwomanzi agamije kubikuramo inyungu\u201d, icyaha giteganywa kandi kigahanishwa Ingingo ya 155 y\u2019itegeko No 68\/2018 ryo ku wa 30\/06\/2018 riteganya ibyaha n\u2019ibihano n\u2019ingingo ya 24 y\u2019itegeko No 51\/2018 ryo ku wa 13\/08\/2018 ryerekeye gukumira kurwanya no guhana icuruzwa ry\u2019abantu no gushakira inyungu mu bandi.<\/p>\n<p>Icyo gihe, Niyigena Jean D\u2019Amour yarabajijwe bamubwira ko aregwa na se wa Irakoze Jeannette ibyo byaha byavuzwe hejuru, kandi ko mu batangabuhamya harimo na Dorcas mukuru wa Irakoze Jeannette bakundanaga mbere.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019iryo hamagazwa mu bugenzacyaha, Niyigena ntiyafunzwe kubera ko nta bimenyetso bifatika ubugenzacyaha bwabonye. Nyuma y\u2019ukwezi ahamagajwe n\u2019umugenzacyaha, tariki ya 10\/12\/2020 umugenzacyaha Mageza Charlotte yohereje abapolisi basanga Niyigena Jean D\u2019Amour mu mujyi kuri ATHENEE, aho akorera, atabwa muri yombi. Kuri ubu akaba afungiye kuri station ya polisi ya Kimihurura.<\/p>\n<p>Bwiza.com yashatse kumva uruhande rw\u2019ababyeyi ba Irakoze ngo yumve ukuri kwabo, ku murongo wa telephone ibajije Bagabo uko ikibazo cy\u2019uyu musore giteye, mu magambo macye agira ati: \u201cNtabyo nkwiye kubazwa.\u201d<\/p>\n<p><strong>Umukobwa yabujijwe no kujya ku Ishuri<\/strong><\/p>\n<p>Uyu mukobwa wigaga mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza y\u2019Abadivantisiti ya AUCA, nubwo abandi batangiye kwiga we aracyari mu rugo, kubera kutemererwa n\u2019ababyeyi be gusohoka, kuva bamufungirana azira umusore. Avuga ko n\u2019ubusanzwe ikibazo cy\u2019uburenganzira bucye ari ikibazo gisanzwe iwabo mu rugo.<\/p>\n<p>Agira ati \u201cNigaga muri Kaminuza mu wa kabiri, hariya muri AUCA. Ariko muri ubwo buryo, mbere yaho twari dufite ikibazo cy\u2019uburenganzira bucye hano mu rugo, ntabwo twari twemerewe kuba twasohoka. Turafungiranye, ntabwo twemerewe gutunga telephone, n\u2019ubu nyitunze mu buryo buhishe.  Ntabwo twemerewe mbese bwa burenganzira bwose umwana agomba ku mubyeyi.\u201d<\/p>\n<p>Uyu mukobwa asobanura ko gukanirwa cyane byabaye kuri we ngo kubera ikibazo cy\u2019uyu muhungu, mu rugo iwabo batashakaga bamushaka. Noneho bafata umwanzuro wo kumufungirana. Agira ati \u201c Ubungubu maze amezi ane ntasohoka. Amasomo abandi bana barayatangiye ariko ntabwo nkiga,  kubera ko hagiyemo ikibazo cy\u2019uyu muhungu baba nk\u2019aho bahagaritse amafaranga y\u2019ishuri.\u201d<\/p>\n<p>Uyu mukobwa ashimangira ko akunda uyu musore cyane, ko ndetse atagomba kumureka, nubwo ababyeyi be babigize birebire, bakamufungisha bamushinja ibyaha bitandukanye kugira ngo babatandukanye. Kugirango uyu musore abashe gufungurwa nk\u2019uko Irakoze yabibwiwe, bamusabye ko yakwandika agasinya ko azahagarika gukundana nawe, Kandi we avuga ko atafata umwanzuro wo kumwanga kubera ko batamushaka. Agira ati \u201cNdamukunda cyane pe! Nubwo bamushyizeho dosiye ko yateje akavuyo mu rugo\u201d.<\/p>\n<p>Akomeza asobanura  kandi ko kuva batangira gukundana mu rugo \u201cbaramuhamagaye baramwihanangiriza bamubwira ko atagomba kugera mu rugo. Nta n\u2019ubwo yari yagera mu rugo. Ariko papa yagiye gutanga dosiye amubeshyera ko yageze mu rugo\u201d, ngo yateje akavuyo none aho bigeze ubu ngubu, byarangiye bamufunze.<\/p>\n<p>Uwunganira Niyigena mu mategeko Me Evarste,  yabwiye Bwiza.com ko Niyigena Jean D\u2019Amour nta kindi azira uretse kuba akunda umukobwa ababyeyi be batabishaka.  Ibyo ngo bikaba bigaragazwa n\u2019uko umugenzacyaha, mbere amurekura agataha, \u201cyari yamusabye kwibagirwa burundu abakobwa ba Bagabo Eliezer, ko niyongera kumva bavuganye azahita amufata akamufunga\u201d.<\/p>\n<p>Uyu munyametegeko avuga ko Niyigena yemeza ko kureka uyu mukobwa byamunaniye, kuko atari kubasha kumureka kuko amukunda kandi umukobwa na we akaba amukunda, nk\u2019uko bagiye babishimangira mu mabazwa imbere y\u2019ubugenzacyaha. <\/p>\n<p><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-31225\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg\" alt=\"irakoze.jpg\" align=\"center\" width=\"1833\" height=\"2035\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg 1833w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-270x300.jpg 270w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-922x1024.jpg 922w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-768x853.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-1384x1536.jpg 1384w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-860x955.jpg 860w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze-1536x1705.jpg 1536w\" sizes=\"(max-width: 1833px) 100vw, 1833px\" \/><\/p>\n<p><strong>Ibaruwa ivugwa kuba iya Irakoze Jeannette yandikiye umukunzi we amubwira ko amukunda n\u2019ubwo ababyeyi be batabishaka.<\/strong><\/p>\n<p><img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-31226\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-scaled.jpg\" alt=\"irakoze_2.jpg\" align=\"center\" width=\"1933\" height=\"2560\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-scaled.jpg 1933w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-227x300.jpg 227w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-773x1024.jpg 773w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-768x1017.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-1160x1536.jpg 1160w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-1547x2048.jpg 1547w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-860x1139.jpg 860w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze_2-1536x2034.jpg 1536w\" sizes=\"(max-width: 1933px) 100vw, 1933px\" \/><\/p>\n<p>Uyu munyamategeko yemeza ko usibye n\u2019ihohoterwa umukobwa arimo gukorerwa n\u2019iwabo, yagize n\u2019ihungabana. Avuga ko ku munsi bitaba RIB , uyu mukobwa yagize ihahamuka bikamuviramo kujyanwa kwa muganga ushinzwe abafite ibibazo bifitanye isano n\u2019ihungabana ( Psychologue), n\u2019uyu munsi akaba akomeje gukurikiranwa n\u2019abo baganga.<\/p>\n<p><strong>Ese umusore yaba azira ko atava mu muryango ukize nk\u2019umukobwa?<\/strong><\/p>\n<p>Umwe mu bantu bazi umuryango wa Jeannette ndetse ufite amakuru ku rukundo rwe na Niyigena, aremeza ko icyo uyu musore azira ari uko iwabo w\u2019umukobwa batamushaka gusa.<\/p>\n<p>Agira ati \u201cBarakundanye nyine nk\u2019ibisanzwe , ariko iwabo nyine habamo ikibazo cy\u2019uko umuhungu batamushakaga. Ubwo urumva nyine kujya mu muryango batagushaka bigenda biteza ibibazo bitandukanye. Urebye ahanini, kuba Jeannette adasohoka, kuba atari kwiga, asa nk\u2019aho afungiye mu rugo n\u2019umuhungu akaba afunze, ahanini ni ukubera iyo mpamvu.\u201d<\/p>\n<p>Uyu yongeyeho ko Jeannette aramutse atandukanye n\u2019umusore ubuzima bwakomeza nk\u2019uko byari bisanzwe kuko ari cyo iwabo n\u2019umukobwa bashaka . Yabajijwe impamvu yumva umuryango w\u2019umukobwa waba udashaka uyu musore, kuko hari impamvu nyinshi zijya zigaragara zibangamira urukundo nk\u2019ubukene, imyemerere n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Yasubije agira ati  \u201cNi ukutamushaka kandi ntakize, ntari ku rugero rw\u2019ubukire nk\u2019urwo iwabo w\u2019umukobwa bariho, ni icyo kibazo kirimo. Kuko umuhungu, uko biri kose iyo aba akize, bishoboka ko bari bumwemere.\u201d Irakoze Jeannette na we yagize icyo avuga kuri iki kibazo cy\u2019uko umusore yaba azira umuryango aturukamo. Agira ati &#8220;Njyewe umuhungu dukundana ni umuntu uri serieux, kandi ni umuntu wikorera kandi ukunda akazi ke. Twe mu rugo dusa nk\u2019aho twifashije. Bari kumubeshyera ngo yaje mu rugo gushakamo amafaranga, kandi umuhungu arifashije, nta kibazo afite cyo kuvuga ngo yaza akurikiye amafaranga.&#8221;<\/p>\n<p>Umwunganizi we avuga ko uyu musore Jean D\u2019amour yafunzwe ku wa mbere tariki ya 7 Ukuboza 2020. Twagerageje kuvugana n\u2019urwego rw\u2019ubugenzacyaha (RIB), Umuvugizi w&#8217;uru rwego mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa twitter ye yavuze ko Ubuyobozi bwa RIB bugiye gukurikirana uko byagenze basanga harabayemo amakosa y&#8217;Umugenzacyaha akayahanirwa ndetse  n&#8217;Abarenganyijwe barenganurwe<\/em><\/p>\n<blockquote class=\"twitter-tweet\">\n<p lang=\"in\" dir=\"ltr\">Ubuyobozi bwa <a href=\"https:\/\/twitter.com\/RIB_Rw?ref_src=twsrc%5Etfw\">@RIB_Rw<\/a> bugiye gukurikirana uko byagenze nisanga harabayemo amakosa y&#39;Umugenzacyaha azayahanirwa ndetse n&#39;Abarenganyijwe barenganurwe <a href=\"https:\/\/twitter.com\/oswaki?ref_src=twsrc%5Etfw\">@oswaki<\/a> <a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizanews?ref_src=twsrc%5Etfw\">@bwizanews<\/a><\/p>\n<p>\u2014 M B.Thierry (@MBThierry167) <a href=\"https:\/\/twitter.com\/MBThierry167\/status\/1337134970394079232?ref_src=twsrc%5Etfw\">December 10, 2020<\/a><\/p><\/blockquote>\n<p> <script async src=\"https:\/\/platform.twitter.com\/widgets.js\" charset=\"utf-8\"><\/script> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umukobwa witwa Irakoze Jeannette utuye mu Mujyi wa Kigali amaze amezi ane yarafungiwe n\u2019ababyeyi be mu rugo azira gukundana n\u2019umusore witwa Jean d\u2019Amour Niyigena umuryango we udashaka. Kuri ubu uyu musore na we akaba ari mu mazi abira kuko ari mu maboko y\u2019ubugenzacyaha (RIB) bwamutaye muri yombi, nyuma y\u2019uko se w\u2019umukobwa amushinje ibyaha birimo kuvogera [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":28,"featured_media":31225,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[50],"tags":[126,131],"class_list":["post-31227","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umukobwa witwa Irakoze Jeannette utuye mu Mujyi wa Kigali amaze amezi ane yarafungiwe n\u2019ababyeyi be mu rugo azira gukundana n\u2019umusore witwa Jean d\u2019Amour Niyigena umuryango we udashaka. Kuri ubu uyu musore na we akaba ari mu mazi abira kuko ari mu maboko y\u2019ubugenzacyaha (RIB) bwamutaye muri yombi, nyuma y\u2019uko se w\u2019umukobwa amushinje ibyaha birimo kuvogera [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-12-10T18:37:19+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1833\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"2035\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Biregeya Justin\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Biregeya Justin\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227\"},\"author\":{\"name\":\"Biregeya Justin\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/993a9b53e0b31ca8c7cc88f3aa755d82\"},\"headline\":\"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo\",\"datePublished\":\"2020-12-10T18:37:19+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227\"},\"wordCount\":1302,\"commentCount\":164,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2020\\\/12\\\/irakoze.jpg\",\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"ubutabera\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227\",\"name\":\"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2020\\\/12\\\/irakoze.jpg\",\"datePublished\":\"2020-12-10T18:37:19+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2020\\\/12\\\/irakoze.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2020\\\/12\\\/irakoze.jpg\",\"width\":1833,\"height\":2035,\"caption\":\"irakoze.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=31227#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/993a9b53e0b31ca8c7cc88f3aa755d82\",\"name\":\"Biregeya Justin\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=28\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA","og_description":"Umukobwa witwa Irakoze Jeannette utuye mu Mujyi wa Kigali amaze amezi ane yarafungiwe n\u2019ababyeyi be mu rugo azira gukundana n\u2019umusore witwa Jean d\u2019Amour Niyigena umuryango we udashaka. Kuri ubu uyu musore na we akaba ari mu mazi abira kuko ari mu maboko y\u2019ubugenzacyaha (RIB) bwamutaye muri yombi, nyuma y\u2019uko se w\u2019umukobwa amushinje ibyaha birimo kuvogera [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2020-12-10T18:37:19+00:00","og_image":[{"width":1833,"height":2035,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"Biregeya Justin","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Biregeya Justin","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227"},"author":{"name":"Biregeya Justin","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/993a9b53e0b31ca8c7cc88f3aa755d82"},"headline":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo","datePublished":"2020-12-10T18:37:19+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227"},"wordCount":1302,"commentCount":164,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg","keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["ubutabera"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227","name":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg","datePublished":"2020-12-10T18:37:19+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=31227"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2020\/12\/irakoze.jpg","width":1833,"height":2035,"caption":"irakoze.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=31227#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kigali: Umusore yatawe muri yombi, umukobwa afungirwa iwabo bazira urukundo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/993a9b53e0b31ca8c7cc88f3aa755d82","name":"Biregeya Justin","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=28"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/31227","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/28"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=31227"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/31227\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/31225"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=31227"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=31227"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=31227"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}