{"id":3135,"date":"2016-09-28T06:14:33","date_gmt":"2016-09-28T06:14:33","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/09\/28\/babiri-bakekwaho-gucuruza-abantu-bafatiwe-muri-gicumbi\/"},"modified":"2016-09-28T06:14:33","modified_gmt":"2016-09-28T06:14:33","slug":"babiri-bakekwaho-gucuruza-abantu-bafatiwe-muri-gicumbi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135","title":{"rendered":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi"},"content":{"rendered":"<p>Umugabo n\u2019umugore we bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry\u2019abantu bafatiwe ku mupaka wa Gatuna, mu karere ka Gicumbi bagerageza kujyana abakobwa babiri muri Uganda.<br \/>\nChristian Mandevu n\u2019umugore we witwa Elizabeth Birori ni bo bakurikiranweho iki cyaha, bakaba barafashwe ku wa 26 Nzeri, ahagana saa sita z\u2019ijoro bagerageza kujyana abo bakobwa bari mu kigero cy\u2019imyaka 16 na 20 y\u2019amavuko.<br \/>\nUmuyobozi wa Polisi y\u2019u Rwanda mu karere ka Gicumbi, Superintendent of Police (SP) Steven Gaga yavuze ko ifatwa ry\u2019abo bashakanye ryaturutse ku kudahuza ibisubizo n\u2019abo bakobwa ku hantu bajyaga n\u2019icyari kibajyanye.<br \/>\nSP Gaga yagize ati:&#8221;Mu ibazwa, twatahuye ko nta sano abo bakobwa bafitanye, ndetse ko baturuka ahantu hatandukanye, kandi ko bataziranye; mu gihe abo bakekwaho kugerageza kubajyana muri Uganda bari bavuze ko ari abavandimwe.&#8221;<br \/>\nUmwe muri abo bakobwa akomoka mu karere ka Nyaruguru, naho undi aturuka mu murenge wa Gisozi, ho mu karere ka Gasabo, mu gihe abakekwaho iki cyaha bakomoka mu karere ka Nyanza.<br \/>\nSP Gaga yakomeje agira ati:&#8221;Mandevu n\u2019umugore we bavuze ko bari babajyaniye umuntu utuye mu Mujyi wa Kampala wazaga kubaha akazi\u2026.ariko abo bakobwa ntibari bazi ubwoko bw\u2019akazi bazaga gukora n\u2019igihembo cyako.&#8221;<br \/>\nUmuyobozi wa Polisi y\u2019u Rwanda muri aka karere yakanguriye abantu kurangwa n\u2019ubushishozi kugira ngo batagwa mu mutego w\u2019abajyana abantu mu bindi bihugu bagamije kubabyaza inyungu, kandi asaba buri wese gutanga amakuru yerekeye ibyo bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu.<br \/>\nMu buhamya bwabo, abo bakobwa bavuze ko batigeze bamenyesha ababyeyi babo ibijyanye n\u2019ijyanwa ryabo muri Uganda.<br \/>\nSP Gaga yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane niba hari abandi bagize uruhare muri iki cyaha, kandi yongeraho ko bakomeje ubukangurambaga bwo kurwanya iki cyaha, ndetse n\u2019ibindi muri rusange.<br \/>\nYagize kandi ati:&#8221;Turakangurira abantu, cyane cyane urubyiruko kutararurwa n\u2019ibintu bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga , kandi turabasaba gutanga amakuru ku gihe y\u2019uwo bakekaho icyo cyaha.&#8221;<br \/>\nIngingo ya 250 yo mu gitabo cy\u2019amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko &#8216;Icuruzwa ry\u2019abantu\u2019 ari  ibikorwa bihindura umuntu igicuruzwa bijyanye no gushakisha cyangwa kwimurira umuntu ahandi mu gihugu cyangwa mu mahanga hakoreshejwe uburiganya, ibikangisho, imbaraga cyangwa agahato, ububasha ubikora aba amufiteho, akenshi hagamijwe kumwangiriza ubuzima cyangwa kumubyaza inyungu zitemewe akoreshwa mu biterasoni, mu buraya, mu bikorwa binyuranyije n\u2019amategeko, mu bisa n\u2019ubucakara, kumwica urubozo no kumukorera urugomo ndengakamere cyangwa kumukoresha imirimo yo mu rugo nk\u2019umuja, hishingikirijwe intege nke umuntu afite zikomoka ku bibazo afitanye n\u2019ubuyobozi, ku gutwita k\u2019umugore wibana, indwara, ubumuga n\u2019ibindi bibazo byatuma umuntu muzima akora icyo atatekereje.<br \/>\nIyi ngingo ikomeza ivuga ko bifatwa kandi nko gucuruza abantu, kubashakamo inyungu hakoreshejwe kubagira abasabirizi ku gahato, kubabera ababyeyi batababyaye hakoreshejwe ikiguzi mu buryo butemewe n\u2019amategeko, kubakoresha mu mashusho y\u2019urukuzasoni, mu masiporo abangamiye ubuzima, kubashora mu ntambara, kubana na bo nk\u2019umugore n\u2019umugabo hagamijwe iyicarubozo n\u2019icuruzwa ry\u2019ingingo z\u2019imibiri yabo.<br \/>\nIya 251 ivuga ko umuntu wese ugira uruhare, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ari we cyangwa abicishije ku wundi, mu gutorokesha umuntu avanywe mu Rwanda ajyanywe mu mahanga agamije kumucuruza  akoresheje ubushukanyi, imbaraga, ibikangisho n\u2019ubundi buryo bw\u2019agahato; yishingikirije ibibazo umuntu afitanye n\u2019ubuyobozi, ubutabera, ubupfubyi, ubukene, kwibana, ubumenyi buke, imirimo ivunanye, umuryango w\u2019indahekana, ibura ry\u2019akazi, uburwayi, ubumuga bw\u2019umubiri cyangwa bwo mu mutwe, icyuho mu itegeko n\u2019ibindi byatuma umuntu muzima akora ibyo atatekereje; ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2.000.000).<br \/>\nIbihano biteganyijwe muri iyi ngingo byikuba kabiri igihe uwakorewe icyaha ari umwana.<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em>  <\/strong><br \/>\n <strong>@Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umugabo n\u2019umugore we bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry\u2019abantu bafatiwe ku mupaka wa Gatuna, mu karere ka Gicumbi bagerageza kujyana abakobwa babiri muri Uganda. Christian Mandevu n\u2019umugore we witwa Elizabeth Birori ni bo bakurikiranweho iki cyaha, bakaba barafashwe ku wa 26 Nzeri, ahagana saa sita z\u2019ijoro bagerageza kujyana abo bakobwa bari mu kigero cy\u2019imyaka 16 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-3135","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umugabo n\u2019umugore we bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry\u2019abantu bafatiwe ku mupaka wa Gatuna, mu karere ka Gicumbi bagerageza kujyana abakobwa babiri muri Uganda. Christian Mandevu n\u2019umugore we witwa Elizabeth Birori ni bo bakurikiranweho iki cyaha, bakaba barafashwe ku wa 26 Nzeri, ahagana saa sita z\u2019ijoro bagerageza kujyana abo bakobwa bari mu kigero cy\u2019imyaka 16 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-09-28T06:14:33+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi\",\"datePublished\":\"2016-09-28T06:14:33+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135\"},\"wordCount\":612,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135\",\"name\":\"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2016-09-28T06:14:33+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3135#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA","og_description":"Umugabo n\u2019umugore we bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry\u2019abantu bafatiwe ku mupaka wa Gatuna, mu karere ka Gicumbi bagerageza kujyana abakobwa babiri muri Uganda. Christian Mandevu n\u2019umugore we witwa Elizabeth Birori ni bo bakurikiranweho iki cyaha, bakaba barafashwe ku wa 26 Nzeri, ahagana saa sita z\u2019ijoro bagerageza kujyana abo bakobwa bari mu kigero cy\u2019imyaka 16 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-09-28T06:14:33+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi","datePublished":"2016-09-28T06:14:33+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135"},"wordCount":612,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3135#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135","name":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2016-09-28T06:14:33+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3135"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3135#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Babiri bakekwaho gucuruza abantu bafatiwe muri Gicumbi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3135","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=3135"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3135\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=3135"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=3135"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=3135"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}