{"id":3297,"date":"2016-11-07T09:34:52","date_gmt":"2016-11-07T09:34:52","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/11\/07\/perezida-kagame-akoresha-twitter-cyane-ariko-bamwe-muri-ba-meya-mayor-bameze-nk\/"},"modified":"2025-02-12T17:40:12","modified_gmt":"2025-02-12T15:40:12","slug":"perezida-kagame-akoresha-twitter-cyane-ariko-bamwe-muri-ba-meya-mayor-bameze-nk","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297","title":{"rendered":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya"},"content":{"rendered":"<p>Twifuje kabimbura inkuru yacu tubasogongeza kuri utu twa \u201cWari uzi ko \u201c tune kugirango utaza kwicwa n\u2019amatsiko!<br \/>\nUyu munsi turibanda ku itumanaho n\u2019isakazabumenyi ryogeye ku isi rikoresha ubuhanga buzwi nka Twitter.<br \/>\n <strong>Mbere na mbere ariko nagirango nkwibarize nkuko nabivuze haruguru; Mbega waruziko :<\/strong> <\/p>\n<ul>\n<li>Akarere ka  <em>Rwamagana ariko kaza ku  isonga mu  Turere dukoresha Twitter cyane mu Rwanda.<\/em> <\/li>\n<li> <em>Akarere ka Kayonza kasigaye inyuma wagirango ntikanazi ikoranabuhanga rya Twitter icya ari cyo!<\/em> <\/li>\n<li> <em>Akarere ka Gisagara kaza imbere ya Nyarugenge mu gukoresha cyane Twitter kabone nubwo ari Akarere haherereye mu cyaro  cya kure ugereranije imiterere y\u2019utu turere 2!<\/em> <\/li>\n<li> <em>Ese waruzi ko Akarere ka Nyamagabe ariko Karere mu Rwanda gakurikirwa n\u2019abantu benshi kurusha utundi twose !<\/em> <\/li>\n<\/ul>\n<p>Ikinyamakuru Bwiza.com mukunda kandi mukurikira muri benshi , dore ko kugeza ubu Bwiza.com iza mu mbuga 2 zisomwa cyane mu Rwanda kurusha izindi mu mbuga zisaga 80 zihakorera itangazamakuru kuri za murandasi,twabateguriye  inkuru icukumbuye twibanda ku buryo Uturere dukoresha konti za Twitter zatwo mu buzima bwatwo bwa buri munsi.<br \/>\nIcyo dushimira buri Karere n\u2019uko nibura nta na kamwe kadafite iri koranabuhanga,aha rwose ni sawa ariko ibindi dusanga muri iri sesengura byo turaza kubonamo ko ibyo bidahagije.<br \/>\n[ad id=&#8221;44145&#8243;]<br \/>\n <strong>1.Ese ubusanzwe Twitter tuvugaho ni iki ? Ikora ite ? Guhera ryari ?<\/strong><br \/>\nUbusanzwe Twitter ni urubuga nkoranyambaga rufite uburambe bw\u2019imyaka 10 dore ko rwashinzwe mu mwaka wa 2006 ,uru rubuga kandi rukaba ruza ku mwanya wa 3 mu gukoreshwa n\u2019abantu benshi ku isi.<br \/>\nImbere gato haza izindi mbuga nkoranyambaga nka Facebook na MySpace kuko kugeza magingo aya Twitter ifite abayikoresha basaga Miliyoni Magana atanu [500.000.000 ] ku isi yose.<br \/>\nNubwo ariko yagiye irushaho kwitabirwa na benshi , Twitter usanga abantu basanzwe ba rubanda rugufi bakiyitinya kugeza naho bavuga ko ari urubuga ruhuza cyangwa rwagenewe abayobozi bakuru n\u2019abacuruzi bakomeye kabone nubwo nta kuri kurimo.<br \/>\nYewe uwanavuga ko n\u2019Abasitari cyangwa ibyamamare byinshi bidapfa gukandire kuli Twitter ntiyaba abeshye . Usanga benshi kuri za Instagram na Facebook ,Badoo nahandi ariko Twitter rwose ubanza yaratitije abantu kandi nyamara nirwo rubuga rufite ubuhanga n\u2019ubushobozi buhambaye mu kuba rwaguhuza n\u2019abo ukeneye cyangwa bagukeneye ku buryo bworoshye<br \/>\nUbutumwa bugufi bwa Twitter bwitwa Tweet buba bugizwe n\u2019inyuguti 140 ariko bisaba uyikoresha kuba uzobereye mu gukoresha ubu buryo kuko hari uburyo bahinahina amagambo message washatse gutanga ikumvikana kandi nk\u2019igitabo cy\u2019amapaji 100!<br \/>\nKuri Twitter iyo ushatse gushimangira ijambo ukoresha akantu kazwi nka \u201cAkamenyetso k\u2019inyuguti ya H\u201d mu runyamazuru aka wa murundi bakitaHashTag ,ugahita womekaho ijambo nta mwanya usizemo icyo gihe rigahindura ibara  usoma ubutumwa akabona ko waritsindagiye koko mu ibara ry\u2019ubururu.<br \/>\nTweet cyangwa message ya Twitter ubusanzwe mu busobanuro bw\u2019ijambo[ Etymological explanation ] ubwaryo ducishirije nkuko tubisanga Nkoranyamagambo ya Kaminuza ya Cambridge twavuga ko ari ijwi ry\u2019akanyoni !<br \/>\nBurya tubyuka twumva utunyoni mu ruturuturu abatagira amasaha bashakaga kwibatura mu ya rubika bacungana n\u2019amajwi yazo,\u2026<br \/>\nBurya inyombya n\u2019utundi tunyoni tutubyutsa nazo ziba zi \u2018Twitteringa\u2019!<br \/>\nBukaba burakeye ,tukajya gushabika ejo bikaba uko gutyo gutyo!<br \/>\nCompangie ya Mpuzamahanga icuruza iri koranabuhanga yitwa Twitter Inc ku isi yo isobanura iri jambo nko gushaka kuvuga ko uburyo ikoresha ihuza abantu ari \u201cIjwi rituje ariko ritwaye ubutumwa buhambaye bw\u2019imbaturamugabo\u201c!<br \/>\nKwa kundi nyine ubunyoni buvuga twese n\u2019iyonka tukibatura !<br \/>\n[ad id=&#8221;44145&#8243;]<br \/>\n <strong>2.Perezida Paul Kagame aza mu bakuru b\u2019ibihugu ba mbere ba Afurika bakoresha Twitter ariko aba Meya bacu hafi ya bose banze gukoresha iri koranabuhanga!<\/strong><br \/>\nNyuma y\u2019isozwa ry\u2019urugamba rwo guhagarika jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 , mu rugamba rukaze aho umwana yariraga nyina ntiyumve , hakurikiyeho intambara yo kubaka u Rwanda ariko hibandwa mu bikorwa bitandukanye birimo n\u2019ikoranabuhanga n\u2019isakazabumenyi ICT.<br \/>\nIbikorwa remezo byarubatswe yemwe hanashyirwaho umuyoboro uzwi nka Optic Fiber cyangwa Fibre Optic uhuza inzira ya za murandasi inyaruka ubwo kandi Leta ishora imari mu kugeza ibi bikorwaremezo kuri buri nzego zayo ndetse n\u2019izigenga buhoro buhoro no ku baturage muri rusange.<br \/>\nAbayobozi barimo n\u2019abo uturere bahawe uburyo bwo kubibyaza umusaruro , ngizo za BlackBerry, Telefoni ngendanwa zihenze cyane kugirango bazifashishe mu gukemura ibibazo byabo bayobora ariko na nubu usanga hari abatazi icyo baherewe iryo tumanaho kuko bazikubise imifuka baricecekera.<br \/>\nCyokora bamwe bazi kwigana imbwirwaruhame basubiramo amagambo aba yavuzwe n\u2019abandi bayobozi bakuru kandi ibyo ndabishima, ariko kwigana ibikorwa byabo bayobozi baba babakuriye ugasanga ni ihurizo rikomeye.<br \/>\nKuyoborwa n\u2019umu Perezida w\u2019icyamamare mu gukoresha Twitter nka Paul Kagame ariko wowe byongeye uri n\u2019umuyobozi ntugire konti ya Twitter uba uri umubeshyi cyangwa umunebwe.<br \/>\nMbega ntuba unasobanutse simvugira mivumbi kumuvumba kandi ntako igihugu kitaba cyakoze ngo kiguhe ibikenerwa byose yewe kinakwishyurire murandasi wirirwa uryamishije ikarinda ubwo ishira buri kwezi Leta ikishyura indi utanakoresha ngo abo uyobora bahabwe amakuru vuba.<br \/>\nMu byaduhagurukije nk\u2019Itangazamakuru nibi byarimo byo kukubwira ko warukwiye kwisubiraho muyobozi uwo ariwe wese utagira Konti ya Twitter, turaguhwituye kandi ngo \u201cAbajya inama Imana irabasanga \u201c kuko nta mutwe umwe wigira kandi izi Twitter mudakoresha ni nka wa Mukobwa wabuze umuranga\u2026!<br \/>\nNyamara nibaza ukuntu Umuyobozi w\u2019Akarere agenda akamara imyaka 3 cyangwa 2 adakoresheje Twitter kandi Perezida wa Repubulika nta munsi w\u2019ubusa atayikoresha bikansiga nkibaza uyu muyobozi koko mu bijyanye no kumenya uko isi igenda ateye ate,ikintu kinanira gushyikira na mba !<br \/>\nEse Nyakubahwa Meya ubu ko mbona nimero za telefoni zanyu ziba zimanitse ku miryango ntituboneho konti za Twitter z\u2019Uturere muyobora twavuga ko mu kazi kenshi muhorana muzabasha kwitaba buri muturage uzabahamagara abakeneye cyane ko bamwe mutajya mwitaba nimero mutazi?<br \/>\nEse mama we! ntimushaka no kumenya ibyo Umukuru w\u2019Igihugu aba yatangaje cyangwa na Minisitiri w\u2019Intebe n\u2019abandi bantu baba batandukanye kugirango mumenye ibintu biba bigezweho  mu makuru atandukanye ku miyoborere y\u2019igihugu ko kandi Twitter iza mu myanya ya mbere mu kuyatangaza!<br \/>\nErega muri iri cukumbura ryacu twabonye n\u2019uturere tudakurikira [Following ] Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuri Twitter ariko ibi byo  ni agahomamunwa. <em> <\/em><br \/>\n <strong>3.Uko Uturere twose dukurikirana mu gukoresha Twitter mu Rwanda.<\/strong><br \/>\nKu isonga haza Akarere ka Rwamagana na Tweets 2351 mu gihe cy\u2019imyaka 5 konti yako ya Twitter imaze ishinzwe.<br \/>\nNubwo aka Karere gakurikirwa n\u2019abantu bake bagera kuli 966 [ Followers ] nako kakaba gakurikira abandi 999 [ Following ] usanga kadacika intege kari mu tuza k\u2019uruhembe rw\u2019abakoresha iri koranabuhanga.<br \/>\nIyo ukoze igereranya usanga aka Karere nibura gasohora ubutumwa 2 ku munsi mu gihe Akarere ka Nyuma ariko Kayonza ko mu myaka 3 kamaze gafite Twitter Account usanga gafite Ubutumwa 22 gusa n\u2019abagakurikira 209 nako kagakurikira 175 gusa bivuze ko mu mwaka Akarere kagera uri Konti ya Twitter yako nka 2 gusa.<br \/>\nKayonza kandi usanga iheruka kwandika ku rukuta rwayo rwa Twitter mu kwezi kwa Werurwe 2016, amazi 8 arihiritse cyane ko hajya hashira n\u2019umwaka ntawanditseho ukibaza niba aka Karere kadafite ikibazo mu mikorere y\u2019ibijyanye n\u2019itangazamakuru bikakuyobera.<br \/>\nUturere hafi 15 muri 30 u Rwanda rufite usanga twarashinze inkuta za Twitter muri 2011, mu 2012 Uturere twakoze inkuta za Twitter ni 7 naho mu 2013 Uturere twashinze izi nkuta ni 6.<br \/>\nMu gihe utundi 2 dusigaye two twari twarabyibagiwe ahari aritwo Nyagatare na Kicukiro, bikaba bitumvikana ukuntu nka Kicukiro iza inyuma kandi yarayoborwaga na Jules Ndamage wigeze kuba umunyamakuru, nabyo ni agahomamunwa.<br \/>\nGisagara iza ku mwanya wa 2 ,Muhanga ku mwanya wa 3 , Huye ku mwanya wa 4 Kamonyi ikaza ku mwanya wa 5.<br \/>\nRubavu ku mwanya wa 6 naho Nyarugenge ku mwanya wa 7 izisigaye nta nubwo zarizageza kuri Tweets 1000 nibura nkuko mubibona ku mbonerahamwe [hasi] muri ya mya 5 cyangwa 4 zimaze zishinze Konti za Twitter.<br \/>\nDuhereye inyuma ku Karere gaherekeza utundi ho twavuga ko Kayonza ikurikirwa na Karongi ,hakaza Ngoma ,Rusizi na Gatsibo utu Turere uko ari 5 nta na Tweets 100 bafite mu myaka 5 tumaze dukoresha iri koranabuhanga.<br \/>\nNka Ngoma na Karongi ho Konti za Twitter zabo wagirano zatoye uruhumbu kuko hashize imyaka 4 batageraho na Rutsiro umwaka wihiritse batarebyeho kandi mba numva birata ibikorwa byiza bakora bitazwi n\u2019isi na rubanda bajejwe kuyobora.<br \/>\nMwibaze namwe nk\u2019Akarere ka Karongi kanafite ahakorerwa ubukerarugendo hangana kuriya, ngaho ikiyaga cya Kivu ,urutare rwa Ndaba n\u2019ahandi.<br \/>\nUkareba Akarere nka Kayonza gafite mu nshingano guteza imbere Pariki y\u2019Akagera n\u2019amazi y\u2019ikiyaga cya Muhazi bitamenyekanishwa bikakuyobera rwose.<br \/>\nGasabo irimo icyicaro cy\u2019Umukuru w\u2019igihugu cy\u2019u Rwanda [Village Urugwiro] ugasanga ababishinzwe nta n\u2019agafoto ka Kigali Convention Centre kari ku rukuta rwayo kandi yubatse mu Karere kabo yewe na za Stades z\u2019imikino zikubatsemo, Kaminuza nka ULK n\u2019ibindi bikorwa remezo bihambaye ngizo za Special Economic Zone Gasogi ntiwareba ariko wapi baracyasinziriye kabisa mu iterambere ry\u2019itumanaho.<br \/>\nNyamara Akarere nkaka kagasigara inyuma mu gutangaza ibihakorerwa kuri Twitter ukumva biteye isoni n\u2019agahinda.<br \/>\nEse ubukerarugendo tuvuga bwinjiza amafaranga buzapfa kwizana tutamamaje ibikorwa byacu n\u2019ahantu nyaburanga dufite mu Turere twacu ba Nyakubahwa bayobozi b\u2019Uturere?<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-46799 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg\" alt=\"new-picture\" width=\"821\" height=\"437\" \/><\/a><br \/>\n[ad id=&#8221;44145&#8243;]<br \/>\n <strong>4.Udushya twabonye mu icukumbura twakoze !<\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n<ul>\n<li>Icyo Uturere hafi ya twose twibandaho ni ugushyiraho amakuru y\u2019Umuganda ngarukakwezi gusa gusa ukagirango batumanyeho ariko byo biranumvikana ku baba babyibuka.<\/li>\n<li>Dukurikije ukuntu muri 2011 ariho Konti za Twitter nyinshi zakozwe ubanza hari ikintu cyari cyabaye hakabaho guhwiturwa kuko konti Twitter zarashinzwe karahava gusa ntizatinze gukwama!<\/li>\n<li>Akarere ka Nyamagabe karusha aka Nyarugenge abagakurikira benshi nkuko twabitangaje haruguru kandi kakaba kanaza kw\u2019isonga mu bakurikirwa n\u2019abantu benshi mu Turere twose tw\u2019u Rwanda gusa nta makuru kagira ahagije.<\/li>\n<li>Musanze bibuka Twitter ari uko habayeho umuhango wo kwita izina ingagi gusa ubundi bagaterera agati mu ryinyo kandi ubwo bafite Pariki y\u2019igihugu y\u2019Ibirunga iba ikeneye gutangwaho amakuru menshi ibindi ntubibabwire!<\/li>\n<\/ul>\n<p>Ntitwasoza iyi nkuru tudashimiye byimazeyo uturere tuza mu tw\u2019imbere ,utu Turere ni natwo usanga dufasha Itangazamakuru mu buryo bufatika kuko umuyobozi udakoresha Twitter kumubaza inkuru ni nko gukama ikimasa.<br \/>\nIkindi kandi twagaya n\u2019abanyamabanga bihariye ba ba Meya hamwe n\u2019abashinzwe imikorere n\u2019imikoranire [ Public Relations Officers ] b\u2019Uturere .<br \/>\nKuko ni nabo bakagombye kuzamura izi mbuga nkoranyambaga bakazambika, hakavaho ubu bwambure usanga nta kintu kibereyeho uretse amashuhso y\u2019inyubako z\u2019uturere gusa habe na bya byivugo by\u2019intore aho sanga byanditseho ni mbarwa, byahe byo kajya !<br \/>\n[ad id=&#8221;44145&#8243;]<br \/>\n <strong>5.Uyu munsi ni Uturere ubutaha ni za Minisiteri n\u2019Intara ndetse n\u2019ibindi bigo bya Leta<\/strong><br \/>\nUbwo twategura iyi nkuru hari umuturage w\u2019Akarere ka Nyarugenge utarashatse ko dutangaza amazina ye ku mpamvu ze bwite wadusabye ko mu byo tuzandika twanasaba ubutaha mu igenzura ry\u2019imihigo ko hajya hanarebwa ibikorwa nkibi kuko nta kuntu wavuga ngo wabaye uwa 1 mu mihigo kandi Twitter yawe yambaye ubusa nabyo byaba birimo ka tena.<br \/>\nIkinyamakuru Bwiza.com  wakibona kuli Twitter wandika BwizaNews cyangwa @Bwizanews  ugakanda ahabugenewe ukajya ubona amakuru yacu buri kanya uko buri nkuru isohotse mu kanya nk\u2019ako guhumbya.<br \/>\nWanadukurikira kandi kuzindi Konti  zabo dukorana nabo nka RwandaPress24 cyangwa wanditse  @RwandaTopNews tunashimira ubufatanye twagiranye mu gukora iki kegeranyo.<br \/>\nIcyegeranyo kibanze gusa ku mikoreshereze y\u2019urubuga rwa Twitter rwogeye mu koreshwa nk\u2019umuhora uhuza ubutegetsi n\u2019abo buyobora ku isi yose ,aho twibandaga ku Turere tw\u2019u Rwanda by\u2019umwihariko.<br \/>\n <strong>6.Ubutumwa bwihariye ku basomyi muri rusange n\u2019abayobozi by\u2019umwihariko<\/strong><br \/>\nNiba hariho gahunda yo gukurura abashoramari mu Rwanda kugeza aho u Rwanda ubu rufite umwanya wa 2 mu kworohereza abashoramari [ Doing Business Report 2016 ],muri Afurika yose wowe ukaba utagira konti ya Twitter koko ubu urabona hatari ikintu wakagombye gukosora ?<br \/>\nIgihugu cy&#8217;u Rwanda ni icyacu ntawe dusiganya ngo bizakorwa na Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019amahanga na RDB gusa wowe wirirwana  Smartphones zikaze ariko nibura udashobora no kunyura ku mugezi cyangwa igiti kiza ngo ugifotore ucyerekane ubwire amahanga uti \u201cDore u Rwanda \u201c wenda ukanapfa kwandikaho uti \u201cCome and See how much more is beautiful, my motherland Rwanda\u201c!<br \/>\nUbu turi mu nkundura yo kunoza gahunda ya HeForShe ya Perezida Paul Kagame afatanyije n\u2019abandi bayobozi bakomeye, tugomba kandi no guhangana n\u2019abirirwa baharabika u Rwanda baruvuga uko rutari bo kandi bari tayari kurusebya ureke wowe utabyitaho\u2026<br \/>\nHarya ubwo wa muyobozi we uzahagarara imbere y\u2019imbaga y\u2019urubyiruko uyisabe gukoresha imbugankoranyambaga nawe utazikoza ntibazakureba bakakunegura ?<br \/>\nUbu koko kurata u Rwanda tubiharire abana bato nabo badafite n\u2019amikoro yo guhangana n\u2019ibiciro bya murandasi nabyo bizamuka buri munsi kurusha iby\u2019iburayi!<br \/>\nIgihugu ntibagikunda mu magambo gusa,habaho no guhaguruka ugakotana, uwandika akandika ukora ibindi akabikora ariko kukiratira abatakizi n\u2019abakizi nabo ntibabe aka wa wundi \u201cWambaye ikirezi utamenya ko kera \u201c byo ni inshingano yacu twese nk\u2019abitsamuye!<br \/>\n <em> <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong> <\/em><br \/>\n <strong> <em>Marshall E.David Bwiza.com\/ Kigali<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Twifuje kabimbura inkuru yacu tubasogongeza kuri utu twa \u201cWari uzi ko \u201c tune kugirango utaza kwicwa n\u2019amatsiko! Uyu munsi turibanda ku itumanaho n\u2019isakazabumenyi ryogeye ku isi rikoresha ubuhanga buzwi nka Twitter. Mbere na mbere ariko nagirango nkwibarize nkuko nabivuze haruguru; Mbega waruziko : Akarere ka Rwamagana ariko kaza ku isonga mu Turere dukoresha Twitter cyane [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-3297","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Twifuje kabimbura inkuru yacu tubasogongeza kuri utu twa \u201cWari uzi ko \u201c tune kugirango utaza kwicwa n\u2019amatsiko! Uyu munsi turibanda ku itumanaho n\u2019isakazabumenyi ryogeye ku isi rikoresha ubuhanga buzwi nka Twitter. Mbere na mbere ariko nagirango nkwibarize nkuko nabivuze haruguru; Mbega waruziko : Akarere ka Rwamagana ariko kaza ku isonga mu Turere dukoresha Twitter cyane [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-11-07T09:34:52+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:40:12+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"10 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya\",\"datePublished\":\"2016-11-07T09:34:52+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:40:12+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297\"},\"wordCount\":1990,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/11\\\/New-Picture.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297\",\"name\":\"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/11\\\/New-Picture.jpg\",\"datePublished\":\"2016-11-07T09:34:52+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:40:12+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/11\\\/New-Picture.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/11\\\/New-Picture.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3297#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA","og_description":"Twifuje kabimbura inkuru yacu tubasogongeza kuri utu twa \u201cWari uzi ko \u201c tune kugirango utaza kwicwa n\u2019amatsiko! Uyu munsi turibanda ku itumanaho n\u2019isakazabumenyi ryogeye ku isi rikoresha ubuhanga buzwi nka Twitter. Mbere na mbere ariko nagirango nkwibarize nkuko nabivuze haruguru; Mbega waruziko : Akarere ka Rwamagana ariko kaza ku isonga mu Turere dukoresha Twitter cyane [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-11-07T09:34:52+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:40:12+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"10 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya","datePublished":"2016-11-07T09:34:52+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:40:12+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297"},"wordCount":1990,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297","name":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg","datePublished":"2016-11-07T09:34:52+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:40:12+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3297"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/11\/New-Picture.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3297#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Kagame akoresha Twitter cyane ariko bamwe muri ba meya (mayor) bameze nk\u2019abayitinya"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3297","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=3297"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3297\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=3297"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=3297"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=3297"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}