{"id":3964,"date":"2016-12-16T11:33:37","date_gmt":"2016-12-16T11:33:37","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/12\/16\/ikibazo-cy-abana-b-abakobwa-bishora-mu-buraya-kimaze-gufata-indi-ntera-mu\/"},"modified":"2016-12-16T11:33:37","modified_gmt":"2016-12-16T11:33:37","slug":"ikibazo-cy-abana-b-abakobwa-bishora-mu-buraya-kimaze-gufata-indi-ntera-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964","title":{"rendered":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Ikibazo cy\u2019uburaya ni kimwe mu bibazo byugarije sosiyete nyarwanda aho  kimaze gufata indi ntera muri iki gihe, ugasanga cyane kibasiye abana b\u2019abakobwa ahanini bamaze kuba abangavu ndete biganjemo abataye amashuri. <\/em> <\/strong><br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nNi kenshi muri za raporo zisohoka, iki kibazo usanga ari kimwe mu bibazo bigenda bigarukwaho cyane ndetse ukumva ko biri mu nzira yo gukemuka ariko aho gukemuka bikarushaho kwiyongera.<br \/>\nUtu ni tumwe mu duce tuzwiho iki kibazo Bwiza.com  yabashije kuba yageraho nubwo hari n\u2019ahandi itabashije kugera ariko ahenshi usanga hari aya makuru.<br \/>\n <strong>Nyabugogo ahazwi nko muri dobandi, kwa Mutangana n\u2019ahandi.<\/strong><br \/>\nAka ni kamwe mu duce two mu karere ka Nyarugenge. Iyo ugeze muri aka gace, ntiwabasha gutandukanya umugoroba wako n\u2019igitondo kuko abantu baba ari urujya n\u2019uruza ndetse hakaba hanakorerwa ibikorwa byinshi bitandukanye byiganjemo iby\u2019ubucuruzi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUbwo iki kinyamakuru cyageraga muri aka gace hari abana b\u2019abakobwa n\u2019abasore bigaragara ko uburaya basa n\u2019ababugize umwuga kuko baba banahamagara babaza niba ntawe ufite gahunda.<br \/>\nMuribo harimo abana b\u2019abakobwa abenshi bambaye utwenda tw\u2019imbere gusa ubona nta soni bibateye ndetse ubona ko bamaze kwiyakira ku buryo baba bameze nk\u2019abandi bakozi bose bari mu kazi kuko nabo baba bari mu kabo.<br \/>\nUbwo bwiza yageragezaga kwegera bamwe mu baturage bacururiza imboga muri ako gace, umwe mu babyeyi wanze ku amazina ye atangazwa yagize ati\u201dibi ni ibisanzwe kuko buri wese agira akazi ke. Turabimenyereye kuko hari n\u2019igihe indaya zirwana tukajya gukiza twagenda zikongera kandi ntizibireka.\u201d<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUyu mubyeyi yakomeje asobanura ko aba bana b\u2019abakobwa barimo ababa baraturutse mu ntara baje gushakishiriza ubuzima mu mujyi, byamara kubayobera bakagana uyu meuga ugayitse. Yanavuze ko harimo ababa ari ba kavukire ariko batagira akazi kandi baba bashaka kubaho neza.<br \/>\n <strong>Muhanga<\/strong><br \/>\nIyo ugeze mu karere ka Muhanga guhera mu masaha ya saa tatu z\u2019ijoro kuzamura, ahahoze gare ya Muhanga uhasanga abana b\u2019ababkobwa bari mu kigero cy\u2019imyaka guhera kuri 14 gukomeza. Aba bana nabo baba bateze ko hari uwabaha amafaranga bakaryamana nawe.<br \/>\nUmwe muri abo bana waganiriye na Bwiza.com yavuze ko akomoka mu karere ka Muhanga ahazwi nk\u2019i Buringa. Yagize ati\u201dnjye naje gushakisha imibereho mvuye i Buringa.\u201d<br \/>\nAbajijwe ku mpamvu yahisemo gukora ako kazi, yavuze ko nta kandi kazi yabonye yakora. Uyu mwana w\u2019umukobwa uri mu kigero cy\u2019imyaka nka 16 y\u2019amavuko, avuga ko ashobora kurarana n\u2019abagabo barenze umwe kandi akabitaho neza. Gusa yasobanuye ko abonye uko abireka yabivamo kuko nawe bitamushimishije, dore ko yanabigiyemo avuye mu ishuri. Ubwo yavuganaga na bwiza yari atuye ahazwi nko mu ruvumera yikodeshereza inzu hamwe na bagenzi be bakora akazi kamwe.<br \/>\nUretse aba baturuka mu tundi turere, abandi bana bakora uburaya muri uyu mujyi wa Muhanga baturuka mu mirenge imwe n\u2019imwe yo muri aka karere cyane cyane mu murenge wa Nyarusange.<br \/>\n <strong>Giporoso<\/strong><br \/>\nAka nako ni kamwe mu duce tuzwimo indaya nyinshi muri Kigali kakaba gaherereye mu karere Gsabo munsi gato ya gare ya Remera.<br \/>\nIyo ugeze muri aka gace nako kaba karimo urujya n\u2019uruza rw\u2019abantu cyane cyane mu basaha y\u2019umugoroba,uhasanga abana b\u2019abakobwa bambaye nabi ndetse baivugira ko baturutse ahazwi nko mu Busanza bakaza ku muhanda bwije gushakisha abahura ubusugi bwabo.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nAba bana b\u2019abakobwa bo ntibemera ko hari icyo mwavugana kitari ukuganira ku biciro byo kuryamana ndetse iyo bamenye ko uri umunyamakuru banakugendera kure.<br \/>\nGusa aba bana b\u2019abakobwa mu masaha ya kumanywa ntiwababona kuko baza bwije bakagenda mu gitondo.<br \/>\n <strong>Ahandi mu ntara.<\/strong><br \/>\n <strong>I Ngarama mu karere ka Gatsibo<\/strong><br \/>\nIyo ugeze muri uyu murenge wibanzeho ahashyizwe igishushanyo mbonera cy\u2019umujyi wa Ngarama, uhura n\u2019abana b\u2019abakobwa bahetse abandi bana ariko wabaza neza ugasanga ari ababo bwite.<br \/>\nUbwo bwiza yifuzaga kumenya impamvu yaba itera aba bana gutwara inda bakiri bato, umwe mu babyeyi witwa Uwambaje ucururiza mu gasoko ka Ngarama yagize ati\u201dni akateye muri iki gihe. Nta mukobwa w\u2019inaha ugishyingirwa ngo ashinge urugo kuko bose babaye indaya.\u201d Abajijwe ku mpamvu yaba utera iyo myitwarire, uyu mugore yavuze ko bashukishwa utuntu tw\u2019intica ntikize kubera ubukene bakaryamana nabo bakanabatesha amashuri.\u201d<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nIyo ugeze muri uyu murenge, usanga hari urubyiruko rwaba urw\u2019abasore cyangwa abakobwa basa n\u2019abatagira akazi kuko n\u2019abagerageje kwiteza imbere usanga bakora umwuga wo gutwara amagare na moto ncye.<br \/>\n <strong>Karongi<\/strong><br \/>\nTumwe mu duce two mukarere ka karongi natwo twugarijwe n\u2019umubare w\u2019abana b\u2019abakobwa bakora umwuga w\u2019uburaya ukomeje kuzamuka umunsi ku wundi.<br \/>\nAmakuru agera kuri Bwiza avuga ko ababyeyi bo muri aka karere aribo bahangayikishijwe n\u2019iki kibazo cyane aho banavuga ko abo ban abo banakoresha ibiyobyabwenge.<br \/>\nUwayisaba Filomene ni umwe mu bagore batuye mu murenge wa Bwishyura. Avuga ko ikibazo cy\u2019uburaya mu bana b\u2019Abakobwa muri kariya gace gikomeje gufata indi ntera aho kugabanuka.<br \/>\nAgira ati\u201dabana benshi ntibakiga. N\u2019abakijyayo ni ukujijisha kuko babikora rwihishwa.\u201d<br \/>\nUyu mugore akomeza avuga ko aba bana bashukwa n\u2019abagabo bakuze babashukishije utuntu tudashinga bakabararura.<br \/>\nKimwe n\u2019ahandi hatandukanye hatavuzwe muri iyi nkuru, bigaragara ko iki kibazo kiramutse kitavugutiwe umuti cyakomeza kwangiza iterambere ry\u2019igihugu kuko urubyiruko arirwo mbaraga kandi rukaba arirwo rwibasiwe cyane.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUmunyamabanga Nshingwabikorwa w\u2019umurenge wa Nyarusange ho mu karere ka muhanga Valerie Mukamutali aherutse gutangaza ko  muri gahunda bafite harimo izo gushishikariza abakobwa kureka kwiyandarika, kuko ari umuco mubi udakwiriye umukobwa w\u2019Umunyarwandakazi.<br \/>\nMuri raporo zikunze kugaragara mu gihugu zigaragaza umubare w\u2019abakora ubucuruzi bw\u2019abantu ndetse n\u2019abishora mu buraya bakuze, ariko ikibazo cy\u2019abakora uyu mwuga ari bato ndetse abenshi muri bo baba barataye amashuri usanga nta muti urambye kiravugutirwa.<br \/>\nAgira ati \u201cTugenda tugerageza kubaha inyigisho kugira babireke, ni umuco utari mwiza, ni umuco mubi!\u201d<br \/>\nUbushakashatsi bwakozwe n\u2019Umuryango Ihorere Munyarwanda(IMRO) kuri bamwe mu bakora uburaya mu mujyi wa Kigali, bwaragaje ko benshi mu bana babo cyane cyane ab\u2019abakobwa ngo nabo bakura bishora mu ngeso nk\u2019izo<br \/>\nAbantu 55 barimo abakora uburaya 30, abana bavuka ku bakora uburaya 10, inzego za polisi ndetse n\u2019abaganga ni bo babajijwe.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nInyigo ku myitwarire (Behavior Surveillance Survey) yashyizwe ahagaragara muri 2015 yerekanye ko 45% by\u2019abagore bakora uburaya babana n\u2019agakoko ka Sida, mu bana babo ubwandu buri 8%, ni mu gihe abana bavuka ku babyeyi badakora uyu mwuga babana n\u2019ubwandu 1.8%.<br \/>\nIyi nyigo kandi yagaragaje ko 36% by\u2019abakora uburaya baba bafite abagabo babana mu buryo bwaba ubwemewe n\u2019amategeko cyangwa se batarasezeranye.<br \/>\n71% by\u2019abagore n\u2019abakobwa bakora umwuga w\u2019uburaya bahura n\u2019ihohoterwa ritandukanye ririmo no gukubitwa.<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n <strong>Nsengimana@Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikibazo cy\u2019uburaya ni kimwe mu bibazo byugarije sosiyete nyarwanda aho kimaze gufata indi ntera muri iki gihe, ugasanga cyane kibasiye abana b\u2019abakobwa ahanini bamaze kuba abangavu ndete biganjemo abataye amashuri. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ni kenshi muri za raporo zisohoka, iki kibazo usanga ari kimwe mu bibazo bigenda bigarukwaho cyane ndetse ukumva ko biri mu nzira yo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[26],"tags":[],"class_list":["post-3964","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-iterambere-ryumuryango"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ikibazo cy\u2019uburaya ni kimwe mu bibazo byugarije sosiyete nyarwanda aho kimaze gufata indi ntera muri iki gihe, ugasanga cyane kibasiye abana b\u2019abakobwa ahanini bamaze kuba abangavu ndete biganjemo abataye amashuri. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ni kenshi muri za raporo zisohoka, iki kibazo usanga ari kimwe mu bibazo bigenda bigarukwaho cyane ndetse ukumva ko biri mu nzira yo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-12-16T11:33:37+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda\",\"datePublished\":\"2016-12-16T11:33:37+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964\"},\"wordCount\":1091,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"iterambere-ryumuryango\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964\",\"name\":\"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2016-12-16T11:33:37+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3964#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA","og_description":"Ikibazo cy\u2019uburaya ni kimwe mu bibazo byugarije sosiyete nyarwanda aho kimaze gufata indi ntera muri iki gihe, ugasanga cyane kibasiye abana b\u2019abakobwa ahanini bamaze kuba abangavu ndete biganjemo abataye amashuri. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ni kenshi muri za raporo zisohoka, iki kibazo usanga ari kimwe mu bibazo bigenda bigarukwaho cyane ndetse ukumva ko biri mu nzira yo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-12-16T11:33:37+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda","datePublished":"2016-12-16T11:33:37+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964"},"wordCount":1091,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["iterambere-ryumuryango"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3964#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964","name":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2016-12-16T11:33:37+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3964"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3964#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ikibazo cy\u2019abana b\u2019abakobwa bishora mu buraya kimaze gufata indi ntera mu Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3964","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=3964"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3964\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=3964"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=3964"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=3964"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}