{"id":3979,"date":"2016-12-17T07:56:33","date_gmt":"2016-12-17T07:56:33","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/12\/17\/kigali-herekanwe-abakobwa-2-bakekwaho-ubujura\/"},"modified":"2025-02-12T17:30:26","modified_gmt":"2025-02-12T15:30:26","slug":"kigali-herekanwe-abakobwa-2-bakekwaho-ubujura","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979","title":{"rendered":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura"},"content":{"rendered":"<div>\nPolisi y\u2019u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Ukuboza yeretse itangazamakuru abantu 3 bakekwaho ubujura no gukora impapuro mpimbano. Abakekwaho ubujura ni abakobwa 2 bitwa Nikuze Louange w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Gisagara na Twizeyimana Seraphine nawe w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Musanze, bari abakozi bo mu rugo k\u2019uwitwa Insanga David utuye mu karere ka Kicukiro.<br \/>\nUretse aba bakobwa kandi, polisi yanerekanye n&#8217;abakekwaho gukora impapuro n\u2019ibyangombwa mpimbano aribo Kubwimana Ibrahim ukomoka mu karere ka Kamonyi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUbwo berekwaga itangazamakuru, umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ati:\u201d Ku itariki ya 11 Ukuboza 2016, uyu mugabo Insanga yaje gutanga ikirego kuri Polisi, avuga ko yibwe amadolari ya Amerika 11.400 angana n\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda asaga miliyoni 9, hamwe n\u2019andi mafaranga y\u2019u Rwanda ibihumbi 560, yose hamwe akaba akabakaba miliyoni 10 z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda, anavuga ko akeka ko ari abakobwa bamukoreraga akazi ko mu rugo bayibye.\u201d\n<\/div>\n<div>\nYakomeje avuga ko Polisi yahise itangira iperereza no gushakisha aba bakobwa, ku itariki ya 14 bafatirwa mu karere ka Kicukiro,  banafatanwa aya mafaranga bari bibye yose nta na macye barakoreshaho.<br \/>\nAba bakobwa bombi bemera icyaha bakanagisabira imbabazi, aho Twizeyimana yavuze ati:\u201dTurasaba imbabazi kubera ubu bujura twakoze, kugirango tugere kuri aya mafaranga, twacurishije urufunguzo rw\u2019icyumba cya Databuja,  igihe we na Madamu bari bagiye ku kazi turakingura dusangamo aya mafaranga turayatwara, ariko nyuma yaho twagize ubwoba ntitwayajyana kure, kuko twashakaga kuyasubiza nyirayo cyangwa tukayajyana kuri Polisi.\u201d\n<\/div>\n<div>\nAmaze gusubizwa amafaranga ye, Insanga yashimye Polisi y\u2019u Rwanda muri aya magambo:\u201dSinabona amagambo mvuga nshimira Polisi y\u2019u Rwanda kubera ubunyamwuga bwayo. Nabagejejeho ikibazo ku itariki ya 11, bahita batangira gushakisha aba banyibye, nyuma y\u2019iminsi 3 gusa bahise bafatwa, none nsubijwe n\u2019amafaranga yanjye. Abanyarwanda dukwiye kugumya kwizera Polisi yacu cyane.\u201d<br \/>\nInsanga yavuze ko ubusanzwe atabika amafaranga angana kuriya mu rugo, ko ariya ari ayo yagombaga kwishyura umuntu,amuhamagaye ngo ayamuhe amubwira ko adafata amafaranga ku isabato kuko ari umudivantisite, bemeranywa ko azayafata kuwa mbere aribwo ku cyumweru bahise bayiba.\n<\/div>\n<div>\nSP Hitayezu yasabye abantu kwirinda kubika amafaranga menshi mu ngo zabo, anasaba abantu kwirinda ubujura no gushaka gukira vuba. Yavuze ati:\u201dTurashishikariza abantu kubika amafaranga yabo mu mabanki, ndetse no kwishyurana bigakorwa hakoreshejwe sheki kugirango hirindwe ko amafaranga yabo yakwibwa cyangwa. Turasaba kandi abantu kwirinda ubujura no gushaka gukira vuba kuko Polisi y\u2019u Rwanda itazihanganira abishora mu bikorwa nk\u2019ibi.\u201d<br \/>\nMu gihe iperereza rikomeje, aba bakobwa bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro.\n<\/div>\n<div>\nNibahamwa n\u2019icyaha bazahanishwa ingingo ya 300 yo mu gitabo cy\u2019amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ikaba ivuga ko Umuntu wese ukora ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z\u2019agaciro k\u2019icyibwe cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUndi Polisi y\u2019u Rwanda yerekanye ni Kubwimana watawe muri yombi tariki 13 Ukuboza nyuma yo gufatanwa kashe 22 z\u2019ibigo bitandukanye hamwe n\u2019ibyangombwa mpimbano yakoze birimo indangamuntu n\u2019ikarita ya Polisi y\u2019u Rwanda.\n<\/div>\n<div>\nSP Hitayezu yavuze ko uyu musore yafashwe nyuma y\u2019amakuru Polisi yari yahawe n\u2019abaturage, Polisi ikohereza umuntu ngo agende bamukorere ibyangombwa mu rwego rw\u2019iperereza, akaza kugwa gitumo amaze kubikora agiye kubiha uwo yari yabikoreye.<br \/>\nYanavuze ko Polisi yahise imusangana n\u2019ibindi byangombwa byinshi, hakaba hari n\u2019abandi bagishakishwa bafatanya nawe muri ibi bikorwa.\n<\/div>\n<div>\nYasabye abaturage kwirinda gukora ibyangombwa n\u2019inyandiko mpimbano, no guca inzira z\u2019ubusamo mu gushaka ibyangombwa kuko hari inzego zishinzwe kubitanga ku buryo bworoshye.<br \/>\nGuhimba cyangwa guhindura inyandiko bihanwa n\u2019ingingo ya 609 y\u2019igitabo cy\u2019amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, uwabikoze  ahanishwa igifungo kirenze  imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi( 7) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugaza kuri (3.000.000).<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n <em> <strong>@Bwiza.com<\/strong> <\/em>\n<\/div>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Polisi y\u2019u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Ukuboza yeretse itangazamakuru abantu 3 bakekwaho ubujura no gukora impapuro mpimbano. Abakekwaho ubujura ni abakobwa 2 bitwa Nikuze Louange w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Gisagara na Twizeyimana Seraphine nawe w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Musanze, bari abakozi bo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-3979","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Polisi y\u2019u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Ukuboza yeretse itangazamakuru abantu 3 bakekwaho ubujura no gukora impapuro mpimbano. Abakekwaho ubujura ni abakobwa 2 bitwa Nikuze Louange w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Gisagara na Twizeyimana Seraphine nawe w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Musanze, bari abakozi bo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-12-17T07:56:33+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:30:26+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura\",\"datePublished\":\"2016-12-17T07:56:33+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:30:26+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979\"},\"wordCount\":650,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979\",\"name\":\"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2016-12-17T07:56:33+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:30:26+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=3979#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA","og_description":"Polisi y\u2019u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu tariki ya 16 Ukuboza yeretse itangazamakuru abantu 3 bakekwaho ubujura no gukora impapuro mpimbano. Abakekwaho ubujura ni abakobwa 2 bitwa Nikuze Louange w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Gisagara na Twizeyimana Seraphine nawe w\u2019imyaka 22 ukomoka mu karere ka Musanze, bari abakozi bo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-12-17T07:56:33+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:30:26+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura","datePublished":"2016-12-17T07:56:33+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:30:26+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979"},"wordCount":650,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3979#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979","name":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2016-12-17T07:56:33+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:30:26+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=3979"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=3979#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kigali: Herekanwe abakobwa 2 bakekwaho ubujura"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3979","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=3979"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/3979\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=3979"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=3979"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=3979"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}