{"id":39849,"date":"2021-09-07T10:00:23","date_gmt":"2021-09-07T10:00:23","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2021\/09\/07\/amata-aranywa-umugabo-agasiba-undi-i-kigali\/"},"modified":"2021-09-07T10:00:23","modified_gmt":"2021-09-07T10:00:23","slug":"amata-aranywa-umugabo-agasiba-undi-i-kigali","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849","title":{"rendered":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali"},"content":{"rendered":"<p><strong>Hari abatuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko izamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata gishobora kubashyira mu mirire mibi kuko litiro y\u2019amata adatetse iragura hagati y\u2019amafaranga 400 na 500 mu gihe atetse agura amafaranga 600.<br \/>\n<em><\/h2>\n<p>Ubusanzwe abaguzi b\u2019abamata bavuga ko ilitiro imwe yaguraga hagati y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda 300 na 350.<\/p>\n<p>Iri zamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata abaturage baganiriye na Radio Flash bagaragaje impungenge ko bishobora kubagiraho ingaruka mu mibereho yabo ya buri munsi, harimo no kuba barwaza bwaki.<\/p>\n<p>Umwe yagize ati \u201cKuba amata ahenze muri iyi minsi, byatuma umwana wanjye  arwara bwaki,  nanjye bikangiraho ingaruka ndetse n\u2019abandi bose.\u201d<\/p>\n<p>Abasanzwe bagurisha amata n\u2019ibiyakomokaho ndetse n\u2019amata akorwa n\u2019inganda bavuga ko haribyo bacuruzaga bitakiboneka cyane, harimo yahurute na forumaje, ariko muri rusange ngo amata yaruriye ava ku mafaranga 500 ku gapaki ka 500ml kigera ku mafaranga 600.<\/p>\n<p>Umwe mu bayacuruza ati \u201cBarayaza ngo amata yarahenze bitewe n\u2019uko ubwatsi bwabuze izuba ryaravuye, turayafata kuko nta kundi twabigenza. Biratugora cyane n sinzi uburyo byakorwa kugira ngo abaturage babimenye, atari twebwe biturutseho, kuko ahanini agira ngo ni umucuruzi ushaka kumuhenda.\u201d<\/p>\n<p>Abasanzwe bayagurisha mu buryo bwo kudandaza mu bucuruzi buzwi nka Diary, bahamya ko amata yabuze bituma igiciro kiyongera.<\/p>\n<p>Shema Innocent ni umucuruzi ukorera Kabeza mu murenge wa Kanombe, avuga ko bitewe n\u2019ibura ry\u2019amata ubu litiro ayigurisha amafaranga 500 akayifatira hagati ya 350Rwf na 400Rwf.<\/p>\n<p>Shema aragira ati \u201cAmata yarabuze bitewe n\u2019uko ari ikibazo cy\u2019izuba nk\u2019ibisanzwe. Mbere byibura nafataga nka litiro 1000 ariko ubu  mfata litiro 100.\u201d<\/p>\n<p>BWIZA yageze mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze isanga litiro y&#8217;amata adatetse ku mucuruzi iragura amafaranga hagati ya 200 na 250.<\/p>\n<p>Urugaga Imbaraga rw\u2019Abahinzi n\u2019Aborozi ruvuga ko nk\u2019aborozi bakwiye kwiga kubyaza umusaruro ubwatsi n\u2019ibindi bihingwa igihe cy\u2019impeshyi kitaraza, rugasaba inzego zishinzwe ubuhinzi n\u2019ubworozi kurushaho kubegera rukabigisha uko bakitwara mu buryo bwo guhangana n\u2019ibihe by\u2019impeshyi.<\/p>\n<p>Umuvugizi warwo, Jean Paul Munyakazi  \u201cBirasaba ko duhindura imyumvire cyane cyane  tugakurikiza inama duhabwa na tekinike  z\u2019ubworozi mu buryo bwo gufata neza ubwatsi, ntitubusesagure mu gihe  cy\u2019imvura kuko tuzi ko bigira ingaruka mu gihe cy\u2019izuba tukagerageza kubika ubwatsi .\u201d <\/p>\n<p>Munyakazi yongeyeho ko \u201cInzego zishinzwe ubworozi  zikwiye gufasha aborozi mu buryo bwo kubika ubwatsi no kubufata neza, cyane ko iyo amata abaye macye, ibikomoka ku buhinzi n\u2019ubworozi bibaye bicye, bigira ingaruka ku gihugu muri rusange.\u201d<\/p>\n<p>Ikigo cy\u2019Igihugu cy\u2019Ubuhinzi n\u2019Ubworozi, RAB,  kivuga ko kimaze igihe kigisha aborozi uburyo bwo guhangana n\u2019ibihe by\u2019impeshyi burimo no guhunika ubwatsi kandi ko kizakomeza kubahugura, ariko kikabasaba guhindura imyumvire bagakora ubworozi bw\u2019umwuga kuko aribwo batazongera guhura n\u2019ibibazo biterwa n\u2019izuba.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019ishami rishinzwe ubworozi, ubushakatsi no gusakaza ibyavuye mu bushakashatsi muri RAB, Dr Fabrice Ndayisenga, ati  \u201cMuri gahunda dufite nka RAB abakozi bacu hirya no hino mu gihugu bagerageza kwerekana uko ibyo bisigazwa byo mu buhinzi bihunikwa, noneho nabo bakagira ubushake bwo kugira ngo babikore hirya no hino  aho batuye mu mirenge  bakabibika. Nko mu gihe cy\u2019izuba aho bigaragara ko biba byagabanutse  amtungo akarya bya bisigazwa.\u201d <\/p>\n<p>Dr Ndayisenga yunzemo ati \u201cNi igihe gito tuba dufite cy\u2019izuba ukwezi kwa Kamena, Nyakanga na Kanama ubwatsi bukongera bukaboneka. Ayo mezi nkeka ko atavamo igihe cyo guhungabanya ubworozi bwacu bityo abantu bagakora ubworozi batekanye n\u2019umusaruro ukazamuka muri rusange.\u201d<\/p>\n<p>RAB kivuga ko aborozi badakwiye guhungabanywa n\u2019ibihe by\u2019impeshyi kuko hari uburyo bwinshi bwo guhangana n\u2019ibi bihe igihe bikozwe kinyamwuga harimo guhunika ubwatsi, kudatwika ibyasigaye nyuma yo gusarura, gukoresha amahangari n\u2019ibindi, kandi ko kubufatanye na WASAC bari gushaka uko n\u2019ikibazo cy\u2019amazi kizakemuka aborozi ntibongere guhura nacyo.<\/p>\n<p>Ubusanzwe mu gihe cy\u2019impeshyi mu gihugu hose hakunze kugaragara ikibazo cy\u2019ibura ry\u2019amata bitewe n\u2019ibura ry\u2019ubwatsi ndetse n\u2019amazi aba yarakamye mu bice bimwe na bimwe.<\/p>\n<p><iframe width=\"560\" height=\"315\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/zNIeI-0lhbI\" title=\"YouTube video player\" frameborder=\"0\" allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen><\/iframe><\/p>\n<p><iframe width=\"560\" height=\"315\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/vwEHSDX7Rz8\" title=\"YouTube video player\" frameborder=\"0\" allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen><\/iframe><\/p>\n<p><strong>Kurikira ibiganiro n\u2019amavidewo binyura kuri Bwiza TV<\/strong>->https:\/\/www.youtube.com\/channel\/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Hari abatuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko izamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata gishobora kubashyira mu mirire mibi kuko litiro y\u2019amata adatetse iragura hagati y\u2019amafaranga 400 na 500 mu gihe atetse agura amafaranga 600. Ubusanzwe abaguzi b\u2019abamata bavuga ko ilitiro imwe yaguraga hagati y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda 300 na 350. Iri zamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata abaturage baganiriye na Radio [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":12,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-39849","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Hari abatuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko izamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata gishobora kubashyira mu mirire mibi kuko litiro y\u2019amata adatetse iragura hagati y\u2019amafaranga 400 na 500 mu gihe atetse agura amafaranga 600. Ubusanzwe abaguzi b\u2019abamata bavuga ko ilitiro imwe yaguraga hagati y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda 300 na 350. Iri zamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata abaturage baganiriye na Radio [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-09-07T10:00:23+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849\"},\"author\":{\"name\":\"Fred Rugira\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\"},\"headline\":\"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali\",\"datePublished\":\"2021-09-07T10:00:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849\"},\"wordCount\":644,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849\",\"name\":\"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2021-09-07T10:00:23+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=39849#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\",\"name\":\"Fred Rugira\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=12\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA","og_description":"Hari abatuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko izamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata gishobora kubashyira mu mirire mibi kuko litiro y\u2019amata adatetse iragura hagati y\u2019amafaranga 400 na 500 mu gihe atetse agura amafaranga 600. Ubusanzwe abaguzi b\u2019abamata bavuga ko ilitiro imwe yaguraga hagati y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda 300 na 350. Iri zamuka ry\u2019igiciro cy\u2019amata abaturage baganiriye na Radio [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2021-09-07T10:00:23+00:00","author":"Fred Rugira","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Fred Rugira","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849"},"author":{"name":"Fred Rugira","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55"},"headline":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali","datePublished":"2021-09-07T10:00:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849"},"wordCount":644,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=39849#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849","name":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2021-09-07T10:00:23+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=39849"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=39849#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Amata aranywa umugabo agasiba undi i Kigali"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55","name":"Fred Rugira","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=12"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/39849","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/12"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=39849"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/39849\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=39849"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=39849"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=39849"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}