{"id":4177,"date":"2016-12-27T12:53:29","date_gmt":"2016-12-27T12:53:29","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2016\/12\/27\/perezida-habyarimana-iyo-aza-kwigira-kuri-thomas-sankara-ntiyari-kugwa-mu\/"},"modified":"2025-02-12T17:15:54","modified_gmt":"2025-02-12T15:15:54","slug":"perezida-habyarimana-iyo-aza-kwigira-kuri-thomas-sankara-ntiyari-kugwa-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177","title":{"rendered":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand"},"content":{"rendered":"<p> <em>Thomas Sankara ni intwali ya Afurika, akaba yaratanze ubuzima bwe kugirango intekerezo ze nziza zivane abaturage ba Burkina Faso ku ngoyi ya ba Mpatsibihugu, ibikorwa bye by\u2019ubutwari benshi bamwibukiraho na Perezida Juvenal Habyarimana w\u2019u Rwanda iyo aza kubigenderaho aba yaramenye igakino k\u2019Abafaransa akicwa gitwari kurusha uko yasize u Rwanda.<\/em><br \/>\n<figure id=\"attachment_52298\" aria-describedby=\"caption-attachment-52298\" style=\"width: 594px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-52298 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg\" alt=\"habyara-3\" width=\"594\" height=\"392\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-52298\" class=\"wp-caption-text\"><em>Umusirikare Sankara na Mitterrand wari perezida w&#8217;Ubufaransa<\/em><\/figcaption><\/figure><br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>Ese Thomas Sankara ni muntu ki?<\/strong><br \/>\nYavutse mu 1949, i Yako muri Burkina Faso, avuka yitwa Thomas Isidore No\u00e0\u00abl Ou\u00e9draogo, akaba yarabaye umusirikare w\u2019igihugu ndetse aranakundwa cyane ku bw\u2019umutima wa kimuntu yabyirukanye, afite imbaraga n\u2019amahane, agakunda igihugu cye n\u2019abaturage bacyo.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52303\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara.jpg\" alt=\"sankara\" width=\"623\" height=\"404\" \/><\/a><br \/>\nKu myaka 19 gusa y\u2019amavuko nibwo Sankara yinjiye mu gisirikare, kubera imbaraga n\u2019ubuhanga yari afite, nyuma y\u2019umwaka umwe gusa yahise yoherezwa muri Madagascar guhugurwa mu bya gisirikare, agaruka mu kitwaga Haute Volta mu 1972.<br \/>\nMu 1974 Sankara yayoboye urugamba rukomeye rwaberaga ku mupaka w\u2019igihugu cye na Mali, aha yahavanye intsinzi ndetse n\u2019abantu benshi batangira gushyigikira ibitekerezo bya politiki bye, akomeza kugenda amenyekana mu murwa mukuru Ouagadougou.<br \/>\nUretse no kuba yari yaratangiye politiki, Sankara yari azwi dore ko yari n\u2019umucuranzi ukomeye, acuranga guitar muri Orchestre &#8220;Tout-\u00e0\u00a0-Coup Jazz&#8221;.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara2.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52304\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara2-1024x769.jpg\" alt=\"sankara2\" width=\"661\" height=\"496\" \/><\/a><br \/>\nSankara yagendaga kuri Moto ye (ipikipiki), iyi moto yatwaragaho abantu ku buntu, uwo aciyeho agenda n\u2019amaguru akamuha lifuti, ibi nabyo byatumye abantu bamukunda muri uwo mujyi, aho aciye hose bakamwishimira.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nMu 1976 Thomas Sankara yagizwe umuyobozi w\u2019ikigo cy\u2019abakomando, akaba yarakoranaga cyane na Blaise Compaore, Thomas Sankara yagizwe minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019amahanga mu 1981 ariko akomeza koroshya ubuzima bwe, ntiyishyira ejuru ahubwo akomeza kwigendera kuri ya moto ye.<br \/>\nNyuma y\u2019umwaka umwe gusa, mu 1982 Sankara yahise yivana kuri uyu mwanya wa Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019amahanga, atangaza ku mugaragaro ko atakomeza gukorana na Leta igizwe n\u2019ibisambo, abigwizaho imitungo kandi abaturage biyicira isazi mu maso.<br \/>\nUbu butegetsi yashinjaga gusahurira mu mifuka bwaje kuvanwaho, Sankara agirwa Minisitiri w\u2019intebe ariko uyu mwanya nawo ntiyawumazeho kabiri, yawukuweho aranafungwa na bagenzi be 2 b\u2019abofisiye, ibi bikorwa nyuma y\u2019uruzinduko rwa Christophe Mitterrand umuhungu wa Francois Mitterand yagiriye muri Burkina Faso.<br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52299\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/Habyara.jpg\" alt=\"habyara\" width=\"622\" height=\"414\" \/><br \/>\nIfungwa rya Sankara ntabwo ryanyuze abaturage, tariki ya 4 Kanama 1983 Sankara nibwo yabaye Perezida ku myaka 33 y\u2019amavuko, yibonaga nk\u2019impirimbanyi y\u2019impinduramatwara ndetse agafatira urugero ku zindi ntwari zagiye ziharanira impinduka mu bihugu byabo nka Fidel Castro na Ernesto Guevara bo muri Cuba.<br \/>\n <strong>Sankara amaze kuba Perezida<\/strong><br \/>\nSankara yaharaniraga ko habaho Leta Zunze Ubumwe za Afurica by\u2019umwihariko akagereranwa na Ernesto Geuvara bashingiye ku myitwarire ye.<br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52300\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara2-1024x673.jpg\" alt=\"habyara2\" width=\"639\" height=\"420\" \/><br \/>\nTaliki ya 15 Ukwakira 1987 Sankara yarishwe, yicanwa n\u2019abandi bofisiye bagera kuri 12 muri coup d\u2019Etat yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa na Blaise Compaore, wari incuti ye cyane, ahita afata ubutegetsi ariko amaraso ya Sankara akomeza kumukurikirana, kuva icyo gihe amwica kugera aho avuye ku butegetsi abebera muri 2014, ubu akaba ari mu buhungiro.<br \/>\n <strong>Ese Sankara yishwe na nde, yazize iki?<\/strong><br \/>\nCompaore akorera coup d\u2019Etat Sankara yamushinjaga gusenya umubano igihugu cyari gifitanye n\u2019ibihugu by\u2019amahanga cyane cyane iby\u2019i Burayi, ibi kandi koko ngo Sankara ntiyabikozwaga yumvaga yifuza ko umuturage wa Burkina Faso yishyira akizana, akabaho ku bwe adategereje ko abazungu baza bakamunaga mu kanwa kandi nabwo batamukunze.<br \/>\nSankara yagiye agaragara mu nama mu Bufaransa yambaye imyenda ye ya gisirikare n\u2019ipeti rye rya Kapiteni mu gihe abandi bakuru b\u2019ibihugu babaga bambaye amakote na za karuvati, ariko we ibyo akavuga ko ari ibya kizungu, ko we ari umusirikare w\u2019igihugu cye, umusirikare w\u2019abaturage b\u2019igihugu cye.<br \/>\nIbyo yakoraga ntibyanyuraga Francois Mitterand wari Perezida w\u2019Ubufaransa, dore ko hari n\u2019imbwirwaruhame (discours), za Sankara agaragariza agasuzuguro kadasanzwe Abafaransa imbere ya Mitterand byabaga bishengura.<br \/>\n <strong>Uruhare rw\u2019Ubufaransa mu rupfu rwa Sankara?<\/strong><br \/>\n\u201c <em>U Bufaransa, ku kigeranyo utamenya, bwagize uruhare mu rupfu rwa Sankara\u2026Ntibyumvikana gusiga mu gihirahiro abaturage ba Burkina Faso ku byabaye\u201d.<\/em>  Ibi ni ibyatangajwe na Andr\u00e9 Chassaigne, umudepite w\u2019Umufaransa wo mu ishyaka ry\u2019 Abakominisite aho avuga ko azotsa igitutu Guverinoma y\u2019u Bufaransa igashyiraho Komisiyo ishinzwe gucukumbura iby\u2019iyicwa rya Thomas Sankara.<br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52301\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/Habyara4.jpg\" alt=\"habyara4\" width=\"682\" height=\"450\" \/><br \/>\nUretse uyu mudepite, Leta ya Mitterand yagiye ishinjwa cyane kwivugana Sankara wagaragazaga ko ashaka ukwishyira akizana hamwe n\u2019abaturage be, dore ko Burkina Faso yari yarahawe ubwigenge n\u2019Ubufaransa mu 1960 ariko bagashaka gukomeza kuyivogera.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>Urupfu rwa Sankara rwasigiye irihe somo Perezida Habyarimana?<\/strong><br \/>\nAbaperezida nka Habyarimana Juvenal w\u2019u Rwanda, Mobutu wa Zayire, Bagaza w\u2019u Burundi\u2026 ni bamwe mu baperezida ba Afurika bakoreraga mu kwaha kwa Francois Mitterand ndetse bakaba baragiye bahurira mu nama zitandukanye na Thomas Sankara we utarakozwaga ibya Mpatsibihugu ari nacyo yazize.<br \/>\nNka Perezida Habyarimana wari umaze kubona ibyakorewe Sankara, Ubufaransa bubifitemo uruhare, umutego yaguyemo yari kuwukwepa agasaza neza, yanakwicwa agapfa nk\u2019intwari y\u2019u Rwanda mu gihe ubu avumwa kubera aho yarusize.<br \/>\nKuba hari impunzi z\u2019Abanyarwanda zabaga muri Uganda zagiye zihunga kuva mu 1959, zasabaga gutaha Habyarimana akavuga ko iyo ikirahure cyuzuye amazi ntawakongeraho andi ko yahita ameneka, ibi byanyuraga Francois Mitterand, akanamutiza umurindi.<br \/>\nMitterand yatizaga umurindi Habyarimana arwanya itaha ry\u2019impunzi z\u2019Abanyarwanda, mu gihe yabonaga ko imbaraga Ubufaransa bwari bufite mu Rwanda zishobora kugabanyuka, sisiteme ya gifarangofoni (syst\u00e8me Francophone) ikaba nk\u2019itsinzwe, hakinjira iya angorofoni (syst\u00e8me Anglophone).<br \/>\nUretse n\u2019izindi nyungu z\u2019ubucuruzi bw\u2019intwaro n\u2019ibindi Ubufaransa bwari bufite mu Rwanda, byatumaga bukomeza gushyigikira Habyarimana ariko umunsi yari avuye mu mishyikirano muri Tanzaniya yemeye ko impunzi zitaha, nibwo yishwe.<br \/>\nUrupfu rwe rwakurikiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaga miliyoni bicwa bazira ubusa, muri ubwo bwicanyi n\u2019ubundi Abafaransa bakomeje gutiza amaboko Interahamwe n\u2019abasirikare ba Leta.<br \/>\nNk\u2019uko Abafaransa bashinjwa kwivugana Sankara ni nako n\u2019ubu bashinjwa kwivugana Habyarimana ubwo yari avuye mu mishkirano yemeye gushyikirana na FPR Inkotanyi nazo zari zaratangiye kumwota igitutu.<br \/>\nIkinyamakuru Lib\u00e9ration cyo mu Bufaransa, ku wa gatatu tariki ya 9 Mutarama 2013, cyasohoye inkuru irimo ikimenyetso gishobora kugaragaza uruhare rwa Leta y\u2019u Bufaransa ku ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Habyarimana.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nIcyo kinyamakuru kivuga ko ubwo umucamanza w\u2019umufaransa Marc Tr\u00e9vidic yakoraga icukumbura ku ihanurwa ry\u2019iyo ndege, yavumbuye urupapuro rwemeza ko hari abasirikare b\u2019abajandarume 2, bakomoka mu Bufaransa, bapfiriye mu Rwanda muri Mata 1994.<br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52302\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara5-1024x666.jpg\" alt=\"habyara5\" width=\"625\" height=\"407\" \/><br \/>\nAbishwe ni umusirikare w\u2019umujandarume witwa Ren\u00e9 Maier, wari kumwe na Alain Didot wiciwe hamwe n\u2019umugore we Gilda Didot, bikaba bivugwa ko bishwe hagati y\u2019itariki ya 12 na 13 Mata 1994, ariko ngo iby\u2019urupfu rwabo bikaba bitarigeze bisobanuka kugeza iki gihe.<br \/>\nIkinyamakuru Lib\u00e9ration kibazaga niba urupfu rw\u2019abo bantu batatu, rutazabangamira ubushakashatsi bwa Tr\u00e9vidic, cyangwa se kitaba ikimenyetso kiganisha ku ruhare rwa Leta y\u2019u Bufaransa mu ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Habyarimana na Ntaryamira Cyprien wari Perezida w\u2019u Burundi.<br \/>\nAbo basirikare b\u2019abajandarume bishwe, bari abajyanama mu bya Tekiniki, bakaba bari bashinzwe n\u2019ibijyanye n\u2019itumanaho \u201ctransmission radio\u201d hagati ya Ambasade y\u2019u Bufaransa n\u2019igisirikare cy\u2019u Rwanda.<br \/>\nUmwanditsi w\u2019iyi nkuru avuga ko bishoboka ko bazize ko baba barumvise ibiganiro byabaye hagati ya Ambasade y\u2019u Bufaransa i Kigali n\u2019ingabo zari iz\u2019u Rwanda, mbere y\u2019uko indege yarimo Habyarimana ihanurwa, bityo Leta y\u2019u Bufaransa ikaba yarifuzaga ko amakuru ajyanye n\u2019iby\u2019iyo ndege atazagaragazwa.<br \/>\nHabyarimana Juv\u00e9nal yavutse kuwa 8 Werurwe 1937, yicwa tariki ya 6 Mata 1994. Yabaye Perezida wa Repubulika y\u2019u Rwanda kuva kuwa 5 Nyakanga 1973 kugeza kuwa 6 Mata 1994, yapfuye afite imyaka 57 akaba yari amaze imyaka 21 ku butegetsi yarahawe amazina (Umubyeyi, kinani,\u2026), ibyo yakoreye Abanyarwanda byaherekejwe na jenoside yakorewe Abatutsi, yari yarateguwe imyaka n\u2019imyaka ishyirwa mu bikorwa.<br \/>\nKuba Sankara yaramaze imyaka igera kuri 4 gusa ku butegetsi agapfa agifite amaraso ya gisore ku myaka 37 gusa, ibikorwa bye by\u2019ubutwari isi yose irabimurata ku buryo iyo na Habyarimana abigenderaho akima amatwi Abafaransa, umutego wo gupfa nabi ashobora kuba yari kuwusimbuka, yanawugwamo wenda ubu akaba yitwa intwari y\u2019u Rwanda, mu gihe ubu uvuga Habyarimana Abanyarwanda bakumva amaraso y\u2019inzirakarenga zishwe.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara-2.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-52305 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/sankara-2.jpg\" alt=\"sankara-2\" width=\"624\" height=\"351\" \/><\/a><br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n <em> <strong>Itangishatse Th\u00e9oneste\/Bwiza.com<\/strong> <\/em> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Thomas Sankara ni intwali ya Afurika, akaba yaratanze ubuzima bwe kugirango intekerezo ze nziza zivane abaturage ba Burkina Faso ku ngoyi ya ba Mpatsibihugu, ibikorwa bye by\u2019ubutwari benshi bamwibukiraho na Perezida Juvenal Habyarimana w\u2019u Rwanda iyo aza kubigenderaho aba yaramenye igakino k\u2019Abafaransa akicwa gitwari kurusha uko yasize u Rwanda. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ese Thomas Sankara ni [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-4177","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Thomas Sankara ni intwali ya Afurika, akaba yaratanze ubuzima bwe kugirango intekerezo ze nziza zivane abaturage ba Burkina Faso ku ngoyi ya ba Mpatsibihugu, ibikorwa bye by\u2019ubutwari benshi bamwibukiraho na Perezida Juvenal Habyarimana w\u2019u Rwanda iyo aza kubigenderaho aba yaramenye igakino k\u2019Abafaransa akicwa gitwari kurusha uko yasize u Rwanda. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ese Thomas Sankara ni [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2016-12-27T12:53:29+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:15:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand\",\"datePublished\":\"2016-12-27T12:53:29+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:15:54+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177\"},\"wordCount\":1320,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/12\\\/habyara-3.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177\",\"name\":\"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/12\\\/habyara-3.jpg\",\"datePublished\":\"2016-12-27T12:53:29+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:15:54+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/12\\\/habyara-3.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2016\\\/12\\\/habyara-3.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4177#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA","og_description":"Thomas Sankara ni intwali ya Afurika, akaba yaratanze ubuzima bwe kugirango intekerezo ze nziza zivane abaturage ba Burkina Faso ku ngoyi ya ba Mpatsibihugu, ibikorwa bye by\u2019ubutwari benshi bamwibukiraho na Perezida Juvenal Habyarimana w\u2019u Rwanda iyo aza kubigenderaho aba yaramenye igakino k\u2019Abafaransa akicwa gitwari kurusha uko yasize u Rwanda. [xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;] Ese Thomas Sankara ni [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2016-12-27T12:53:29+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:15:54+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand","datePublished":"2016-12-27T12:53:29+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:15:54+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177"},"wordCount":1320,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177","name":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg","datePublished":"2016-12-27T12:53:29+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:15:54+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4177"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2016\/12\/habyara-3.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4177#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Habyarimana iyo aza kwigira kuri Thomas Sankara ntiyari kugwa mu gatego ka Mitterand"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4177","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=4177"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4177\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=4177"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=4177"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=4177"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}