{"id":4448,"date":"2017-01-12T22:33:54","date_gmt":"2017-01-12T22:33:54","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/01\/12\/ese-koko-ikibazo-cy-039-umwanda-uvugwa-mu-barimu-cyaba-ari-ukuri\/"},"modified":"2025-02-12T17:11:35","modified_gmt":"2025-02-12T15:11:35","slug":"ese-koko-ikibazo-cy-039-umwanda-uvugwa-mu-barimu-cyaba-ari-ukuri","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448","title":{"rendered":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu  cyaba ari ukuri?"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Leta y\u2019u Rwanda irasaba abarezi hirya no hino mu gihugu kurwanga umwanda ku mubiri, mu myambaro, aho baba n\u2019ahandi hatandukanye. Ibi bikaba ari bimwe mu byagarutsweho na Minisitiri w\u2019Intebe Anastase Murekezi mu muhango wo gusoza itorero ry\u2019abarimu mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 12 Mutarama 2017<\/em> <\/strong> .<br \/>\nMu ijambo rye yagejeje ku barimu basozaga itorero Indemabigwi ndetse n\u2019abandi bose bari muri iki gikorwa hirya no hino mu gihugu muri rusange, yabasabye kurangwa n\u2019imyitwarire iboneye ku buryo buri wese yagira icyo abigiraho ariko anagaruka cyane ku kibazo cy&#8217;umwanda mu barimu.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nYagize ati\u201dmurasabwa kandi kurangwa n\u2019umuco w\u2019isuku. Isuku niyo soko y\u2019ubuzima. Turashaka umwarimu uri simati, turashaka umwalimu ufite isuku ku mubiri ku myambaro no mu ishuri yigamo.\u201d<br \/>\nYakomeje avuga ko u Rwanda rushaka umwalimu w\u2019intangarugero ku banyeshuri be ku buryo bamwigiraho indangagaciro zitandukanye.<br \/>\nUretse kuba abanyeshuri bagomba gukurikiranwa n\u2019aba barimu, Minisitiri Murekezi yanabahaye inshingano zo gukurikirana abaturage baturanye kuko batagomba guturana n\u2019abanyamwanda.<br \/>\nYagize ati\u201dmuri abayobozi, abaturage banyu nabo barabareba ntabwo mugomba guturana n\u2019abaturage batarangwa n\u2019indangagaciro kandi muhari, mugomba nabo kubatoza.\u201d<br \/>\nMinisitiri yagarutse kuri izi mpanuro nyuma y&#8217;uko hagiye hagaragara ikibazo cy&#8217;abarimu bafite umwanda mu duce dutandukanye tw&#8217;igihugu ndetse abandi bagashinjwa kutita ku banyeshuri barera n&#8217;aho babigishiriza.<br \/>\nMu kwezi kw&#8217;Ukuboza 2016, umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry\u2019imibereho myiza mu karere ka Muhanga Mukagatana Fortun\u00e9e <em> <\/em> yatangaje imitwarire idasanzwe yasanganye bamwe mu barezi bo muri kariya karere mu igenzura ryabaye, aho yavuze ko hari abarimu badatinya guhagararaa imbere y&#8217;abanyeshuri basa nabi n&#8217;ibindi.<br \/>\nUyu muyobozi avuga ko hari igenzura ryakorewe mu bigo by\u2019amashuri bagasanga hari umwarimu wambaye umupira ucitse igice kimwe ngo kidahuye n\u2019ikindi ku buryo yamwegereye akamubaza niba yarabuze uko adodesha  uwo mupira ntiyagira igisubizo amuha.<br \/>\n<figure id=\"attachment_54067\" aria-describedby=\"caption-attachment-54067\" style=\"width: 729px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-54067\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg\" alt=\"    COMMENTS Mu nama y\u2019umunsi yahuje ubuyobozi bw\u2019Akarere ka Muhanga, abayobozi b\u2019ibigo by\u2019amashuri abanza n\u2019ayisumbuye, Mukagatana Fortun\u00e9e umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry\u2019imibereho myiza muri aka Karere yanenze cyane bamwe mu barimu bafite umwanda ukabije inyuma ko nta rugero rwiza baba baha abo barera. Fortun\u00e9e  Mukagatana umuyobozi wa Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage asaba abarezi kurangwa n'isuku bakayitoza abana barera Fortun\u00e9e Mukagatana umuyobozi wa Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry\u2019imibereho myiza y\u2019abaturage asaba abarezi kurangwa n\u2019isuku bakayitoza abana barera\" width=\"729\" height=\"523\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-54067\" class=\"wp-caption-text\">COMMENTS<br \/>Mu nama y\u2019umunsi yahuje ubuyobozi bw\u2019Akarere ka Muhanga, abayobozi b\u2019ibigo by\u2019amashuri abanza n\u2019ayisumbuye, Mukagatana Fortun\u00e9e umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry\u2019imibereho myiza muri aka Karere yanenze cyane bamwe mu barimu bafite umwanda ukabije inyuma ko nta rugero rwiza baba baha abo barera.<br \/>Fortun\u00e9e Mukagatana umuyobozi wa Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry&#8217;imibereho myiza y&#8217;abaturage asaba abarezi kurangwa n&#8217;isuku bakayitoza abana barera<br \/>Fortun\u00e9e Mukagatana umuyobozi wa Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry\u2019imibereho myiza y\u2019abaturage asaba abarezi kurangwa n\u2019isuku bakayitoza abana barera<\/figcaption><\/figure><br \/>\nUretse uyu murezi yasanze yambaye umwenda wacitse avuga ko yabonye n\u2019undi wari ufite umwanda ukabije ku mubiri ngo amusabye ko yajya yoga mwalimu amusubiza ko niba abishoboye yamwimurira ku kindi kigo gifite isuku.<br \/>\nMukagatana ati \u201cMwibaze namwe uko umwarimu nk\u2019uwo yigisha abana isuku kandi nawe ntayo agira. Ushobora kwambara umwenda ushaje ariko umeshe usa neza.\u201d<br \/>\nUretse ikibazo cy&#8217;umwanda ugaragara ku mubiri cyagarutsweho n&#8217;uyu muyobozi ndetse n&#8217;abandi batandukanye muri aka karere, banagarutse ku kibazo cy&#8217;umwanda ugaragara mu bwiherero mu bigo by&#8217;amashuri bitandukanye, indwara y&#8217;udukoko two mu buriri tuzwi nk&#8217;ibihri n&#8217;ibindi.<br \/>\n <strong>Ese ikibazo cy&#8217;umwanda mu barezi cyaba giterwa n&#8217;amikoro macye nk&#8217;uko babivuga?<\/strong><br \/>\nAbarimmu benshi batangaza ko amikoro yabo atabemerera kubaho nk&#8217;abandi bakozi ba leta bo mu zindi nzego zitandukanye bityo n&#8217;umwanda ukaba waboneraho kuza.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>Umushahara wa mwalimu uhagaze ute?<\/strong><br \/>\nIkibazo cy\u2019umushahara mucye w\u2019abarimu ushobora no gutuma isuku babarirwaho itagerwaho neza, cyakomeje kugaragara mu gihe ingengo y\u2019imari yagenewe uburezi mu 2016\/2017, byagaragaye ko yiyongereye ariko umushahara wa mwarimu wo ntiwiyongereye.<br \/>\nMinisiteri y\u2019uburezi yagaragaje ko umushahara wa mwarimu wagenewe miliyari 88.948 z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda muri 2016\/2017, mu gihe mu ngengo y\u2019imari ya 2015\/2016 yari miliyari 82.640 naho 2014\/2015 akaba yari miliyari 77.734. ibi bigaragaza ko ingengo y\u2019imari yiyongereye ariko umushahara wa mwalimu ukomeza kuba wwundi ahubwo bakabasaba kuyoboka ibigo by\u2019imari biciriritse ngo basabe inguzanyo.<br \/>\nUbusanzwe umwarimu ukirangiza amashuri yisumbuye (A2) agenerwa umushahara ungana n\u2019ibihumbi 44 ku kwezi, urangije icyiciro cya mbere cya kaminuza(A1) agahabwa ibihumbi 90, mu gihe urangije kaminuza (A0) ahabwa ibihumbi 120 andi mafaranga ashobora kurengaho akaba ari agahiimbazamushyi ahobora kugenerwa n\u2019ikigo akoreraho.<br \/>\nMu kiganiro umunyabanga mukuru wa Sendika y\u2019abarimu mu Rwanda (SNER), Faustin Harerimana yagiranye n\u2019ikinyamakuru The NewTimes mu mwaka ushize wa 2016, nawe yashimangiye ko umushahara wa mwalimu koko utajyanye n\u2019igihe bityo bigatuma atabasha kwibonera ibyangombwa byibanze mu buzima ugereranyije n\u2019uburyo ibintu byinshi bikomeje guhenda ku isoko.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>Icyifuzo cy\u2019abarimu cyatewe utwatsi<\/strong><br \/>\nNyuma yo kubona ko umwalimu atihagije kubera umushahara udahagije ugereranyije n\u2019ugenerwa abandi bakozi ba leta, abarimu basabye  ko bashyirirwaho iguriro ry\u2019abarimu ryihariye ku buryo bajya babona ibiribwa n\u2019ibindi byabafasha ku giciro cyihariye nk\u2019uko bibaho ku zindi nzego zitandukanye.<br \/>\nKu itariki ya 8 Kamena 2016, umwe mu badepite yabajije niba nta bundi buryo abarimu bakoroherezwa harimo kubonerwa iguriro ryihariye. Ati: \u201cNabazaga ngo ku ruhande rw\u2019Umwalimu Sacco nta buryo abarimu bashobora koroherezwa ngo babone isoko bahahiramo rifite ibiciro bito nk\u2019uko wenda hari ahandi byagiye bikorwa kandi bigashoboka<br \/>\nMuri uku kwezi na none, nibwo Minisitiri w\u2019imari n\u2019igenamigambi, Amb. Gatete Claver yabwiye abagize Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, ko atari ikintu cyoroshye gushyiraho iguriro ryihariye ry\u2019abarimu.<br \/>\nYagize ati: \u201crwose mutubabarire, nitugenda tugashyiraho iguriro ritishyura imisoro ry\u2019abarimu, ubutaha tugashyiraho iry\u2019abadamu, ubutaha tugashyiraho iry\u2019abandi, sinzi ya misoro twavugaga ko bizashoboka kuko niyo iza gukora biriya byose.\u201d<br \/>\nNubwo umushahara wa mwalimu wongerewe, baracyataka ubukene baterwa no kuba amafaranga bahembwa adafashije mu gihe baba bakoze akazi k\u2019indashyikirwa ko kurerera igihugu nubwo basabwe gukora imishinga ibyara inyungu nabwo hakaba hakirimo inzitizi nyinshi.<br \/>\nMu mpanuro yatanze, Minisitiri Murekezi yanaboneyeho umwanya wo kwihaniza abarimu bakirangwa n\u2019ibyaha bya ruswa ndetse n\u2019abandi bakora ibyaha bitandukanye birimo no gusambanya abanyeshuri barera n\u2019ibindi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n <strong>Nsengimana@Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta y\u2019u Rwanda irasaba abarezi hirya no hino mu gihugu kurwanga umwanda ku mubiri, mu myambaro, aho baba n\u2019ahandi hatandukanye. Ibi bikaba ari bimwe mu byagarutsweho na Minisitiri w\u2019Intebe Anastase Murekezi mu muhango wo gusoza itorero ry\u2019abarimu mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 12 Mutarama 2017 . Mu ijambo rye yagejeje [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-4448","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Leta y\u2019u Rwanda irasaba abarezi hirya no hino mu gihugu kurwanga umwanda ku mubiri, mu myambaro, aho baba n\u2019ahandi hatandukanye. Ibi bikaba ari bimwe mu byagarutsweho na Minisitiri w\u2019Intebe Anastase Murekezi mu muhango wo gusoza itorero ry\u2019abarimu mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 12 Mutarama 2017 . Mu ijambo rye yagejeje [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-01-12T22:33:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:11:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri?\",\"datePublished\":\"2017-01-12T22:33:54+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:11:35+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448\"},\"wordCount\":967,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/fortunee.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448\",\"name\":\"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/fortunee.jpg\",\"datePublished\":\"2017-01-12T22:33:54+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:11:35+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/fortunee.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/fortunee.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4448#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA","og_description":"Leta y\u2019u Rwanda irasaba abarezi hirya no hino mu gihugu kurwanga umwanda ku mubiri, mu myambaro, aho baba n\u2019ahandi hatandukanye. Ibi bikaba ari bimwe mu byagarutsweho na Minisitiri w\u2019Intebe Anastase Murekezi mu muhango wo gusoza itorero ry\u2019abarimu mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 12 Mutarama 2017 . Mu ijambo rye yagejeje [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-01-12T22:33:54+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:11:35+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri?","datePublished":"2017-01-12T22:33:54+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:11:35+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448"},"wordCount":967,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448","name":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri? - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg","datePublished":"2017-01-12T22:33:54+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:11:35+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4448"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/fortunee.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4448#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ese koko ikibazo cy&#039;umwanda uvugwa mu barimu cyaba ari ukuri?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4448","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=4448"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4448\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=4448"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=4448"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=4448"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}