{"id":44628,"date":"2022-02-14T07:02:31","date_gmt":"2022-02-14T07:02:31","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/02\/14\/nyamvumba-yaroroherejwe-dosiye-y-umusizi-bahati-irabyutswa-perezida-nyusi-mu\/"},"modified":"2022-02-14T07:02:31","modified_gmt":"2022-02-14T07:02:31","slug":"nyamvumba-yaroroherejwe-dosiye-y-umusizi-bahati-irabyutswa-perezida-nyusi-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628","title":{"rendered":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#8217;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#8217;icyumweru"},"content":{"rendered":"<p>Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Gashyantare 2022 cyaranzwe n\u2019inkuru nyamukuru zitandukanye, zerekeye ubutabera, umutekano na politiki.<\/p>\n<p>Harimo ko:<\/p>\n<p><strong>Niger yirukanye Abanyarwanda 8 yohererejwe na UN<\/strong><\/p>\n<p>Guverinoma ya Niger tariki ya 7 yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 yari yarohererejwe n\u2019urwego mpuzamahanga mpanabyaha rw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, IRMCT. <\/p>\n<p>IRMCT yari yarohereje aba Banyarwanda ibakuye ku rukiko rwa Arusha rwashyiriweho u Rwanda, nyuma y\u2019aho bamwe muri bo bari baragizwe abere, abandi barangiza ibihano ku byaha bya jenoside bari bakurikiranweho.<\/p>\n<p>Mu Kuboza 2021 ni bwo IRMCT yabwiye akanama ka UN gashinzwe umutekano ko yohereje aba Banyarwanda, hashingiwe ku masezerano y\u2019ubwumvikane bwayo na Niger, gusa iki gihugu cyaje kwisubira ku mpamvu \u2018za dipolomasi\u2019, kirabirukana.<\/p>\n<p><strong>Perezida Kagame yavuze kuri FDLR<\/strong><\/p>\n<p>Perezida Paul Kagame ubwo yayoboraga umuhango w\u2019irahira ry\u2019abayobozi bashya muri Minisiteri y\u2019Ibikorwaremezo tariki ya 8, yaciye amarenga ko ingabo z\u2019u Rwanda zishobora kuzasanga umutwe witwaje intwaro wa FDLR muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).<\/p>\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yavuze ko FDLR imaze imyaka irenga 25 muri RDC kandi muri iki gihugu harashyizweho ingamba zigamije kuyirwanya n\u2019indi mitwe, ariko kugeza ubu ikaba ikiriyo. <\/p>\n<p>Yavuze ko u Rwanda ruri kumvikana n\u2019impande zirebwa n\u2019ikibazo cya FDLR, kandi ubwumvikane nibubura, kikarenga umurongo, ku buryo cyahungabanya umutekano, igihugu kizacyikemurira.<\/p>\n<p><strong>Nyamvumba yagabanyirijwe igihano<\/strong><\/p>\n<p>Urukiko rw\u2019ubujurire tariki ya 7 rwagabanyirije igihano Robert Nyamvumba wabaye umuyobozi ushinzwe ingufu muri Minisiteri y\u2019ibikorwaremezo nyuma y\u2019aho arutakambiye hamwe na Perezida Paul Kagame.<\/p>\n<p>Urukiko rwisumbuye rwari rwarakatiye Nyamvumba igifungo cy\u2019imyaka itandatu, rumuca n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga miliyari 21.6 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusaba indonke ya miliyari 7.<\/p>\n<p>Gusa mu bujurire, Nyamvumba wahakanaga icyaha mu maburanisha yabanje, yemeye icyaha, anasaba imbabazi, yongeraho ko atabone iyi hazabu. Urukiko rwamukatiye imyaka ibiri n\u2019igice, rumuca n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga miliyoni 50.<\/p>\n<p><strong>Ibyavuye mu iperereza ku ibura rya Bahati<\/strong><\/p>\n<p>Abanditsi b\u2019ibitabo hamwe n\u2019abasizi bakomeye ku Isi barenga 100 bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukurikirana ikibazo cy\u2019izimira ry\u2019Umunyarwanda Bahati Innocent wari umaze kwamamara mu busizi mbere yo kuburirwa irengero tariki ya 7 Gashyantare 2021.<\/p>\n<p>Aba banditsi mu rwandiko bageneye Umukuru w\u2019Igihugu, bamumenyesheje ko urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rumaze umwaka rutangaje ko rwatangije iperereza ku izimira rya Bahati, ariko rukaba rutaratangaza ibyarivuyemo.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019aho inkuru y\u2019aba banditsi yamenyekaniye, Polisi y\u2019u Rwanda na RIB byatangaje ko birashyira hanze ibyavuye muri iri perereza mu gihe cya vuba. RIB yemeje ko bizakorwa nyuma y\u2019icyumweru cyangwa bibiri.<\/p>\n<p><strong>Perezida Nyusi mu Rwanda<\/strong><\/p>\n<p>Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi tariki ya 10 yagiriye uruzinduko rw\u2019umunsi umwe mu Rwanda, aganira na Perezida Kagame ku byo ingabo z\u2019ibihugu byombi zimaze kugeraho mu kurwanya umutwe w\u2019iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.<\/p>\n<p>Perezida Nyusi yageze mu Rwanda, avuye i Bruxelles mu Bubiligi, aho yari amaze iminsi itatu mu ruzinduko rw\u2019akazi yahuriyemo n\u2019abahagarariye ibihugu bigize umuryango w\u2019Ubumwe bw\u2019Uburayi, EU.<\/p>\n<p>Uyu Mukuru w\u2019Igihugu mu kiganiro yagiranye n\u2019abo muri EU, yabagejejeho impungenge z\u2019uko ubutumwa bw\u2019amahoro bw\u2019ingabo z\u2019u Rwanda n\u2019iz\u2019umuryango wa Afurika y\u2019amajyepfo, SADC, bushobora kutamara igihe kinini bitewe n&#8217;ikibazo cy&#8217;ubushobozi bw&#8217;amafaranga, azisabira inkunga kugira ngo zitazavayo vuba.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Gashyantare 2022 cyaranzwe n\u2019inkuru nyamukuru zitandukanye, zerekeye ubutabera, umutekano na politiki. Harimo ko: Niger yirukanye Abanyarwanda 8 yohererejwe na UN Guverinoma ya Niger tariki ya 7 yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 yari yarohererejwe n\u2019urwego mpuzamahanga mpanabyaha rw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, IRMCT. IRMCT yari yarohereje aba Banyarwanda ibakuye ku rukiko rwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,133],"class_list":["post-44628","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#039;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#039;icyumweru - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#039;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#039;icyumweru - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Gashyantare 2022 cyaranzwe n\u2019inkuru nyamukuru zitandukanye, zerekeye ubutabera, umutekano na politiki. Harimo ko: Niger yirukanye Abanyarwanda 8 yohererejwe na UN Guverinoma ya Niger tariki ya 7 yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 yari yarohererejwe n\u2019urwego mpuzamahanga mpanabyaha rw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, IRMCT. IRMCT yari yarohereje aba Banyarwanda ibakuye ku rukiko rwa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-02-14T07:02:31+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#8217;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#8217;icyumweru\",\"datePublished\":\"2022-02-14T07:02:31+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628\"},\"wordCount\":524,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628\",\"name\":\"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y'umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z'icyumweru - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-02-14T07:02:31+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44628#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#8217;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#8217;icyumweru\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y'umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z'icyumweru - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y'umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z'icyumweru - BWIZA","og_description":"Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Gashyantare 2022 cyaranzwe n\u2019inkuru nyamukuru zitandukanye, zerekeye ubutabera, umutekano na politiki. Harimo ko: Niger yirukanye Abanyarwanda 8 yohererejwe na UN Guverinoma ya Niger tariki ya 7 yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 yari yarohererejwe n\u2019urwego mpuzamahanga mpanabyaha rw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, IRMCT. IRMCT yari yarohereje aba Banyarwanda ibakuye ku rukiko rwa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-02-14T07:02:31+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#8217;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#8217;icyumweru","datePublished":"2022-02-14T07:02:31+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628"},"wordCount":524,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=44628#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628","name":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y'umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z'icyumweru - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-02-14T07:02:31+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=44628"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44628#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Nyamvumba yaroroherejwe, dosiye y&#8217;umusizi Bahati irabyutswa, Perezida Nyusi mu Rwanda; inkuru z&#8217;icyumweru"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/44628","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=44628"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/44628\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=44628"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=44628"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=44628"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}