{"id":44856,"date":"2022-02-22T16:40:11","date_gmt":"2022-02-22T16:40:11","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/02\/22\/gisimba-wahawe-ishimwe-na-perezida-kagame-yamaganye-murumuna-we-wamwise\/"},"modified":"2022-02-22T16:40:11","modified_gmt":"2022-02-22T16:40:11","slug":"gisimba-wahawe-ishimwe-na-perezida-kagame-yamaganye-murumuna-we-wamwise","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856","title":{"rendered":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi"},"content":{"rendered":"<p><strong>Mutezintare Gisimba Damas wahawe ishimwe na Perezida Paul Kagame kubera ko yarokoye abantu babarirwa muri 400 mu gihe cya jenoside yakorerwaga Abatutsi, yamaganye murumuna we Gisimba Jean-Fran\u00e7ois uba ku mugabane w\u2019Uburayi wamwise umusinzi.<\/strong><\/p>\n<p>Dasmas yamenyekanye cyane ku kigo cyareraga imfubyi mbere na nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi cyitwa \u2018Gisimba Memorial Center\u2019 cyubatswe i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Mu buhamya yahaye Igihe mu Gushyingo 2015, yasobanuye uburyo yarokoye abantu 425 barimo abana 325 n\u2019abakuru 80 biganjemo abagore; barimo abo yaharereraga n\u2019abahahungiye ubwo jenoside yakorwaga.<\/p>\n<p>Damas yasobanuye ko aba bose yabarinze ubwicanyi bw\u2019Interahamwe zakundaga kugera kuri iki kigo cy\u2019imfubyi, rimwe na rimwe akaziha ibiryo zigasubirayo. Yemeza ko abo yari acumbikiye zishe batarenze 12.<\/p>\n<p>Ibi bikorwa ni byo byatumye ahabwa ishimwe mu bagize uruhare mu kurwanya jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse anagirwa \u2018Umurinzi w\u2019Igihango\u2019, yambikwa umudali mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame tariki ya 6 Ugushyingo 2015.<br \/>\n<img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-44854\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg\" alt=\"damas.jpg\" data-description=\"Ikigo Gisimba Memorial Center giherereye i Nyamirambo\" align=\"center\" width=\"700\" height=\"394\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg 700w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas-300x169.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 700px) 100vw, 700px\" \/><\/p>\n<p>Mu kiganiro yagiranye na DW muri Mata 2019, Damas yavuze uko yakiriye aya mashimwe. Ati: \u201cNumvise abantu banyita intwari kubera ko nakoze ibintu byiza muri jenoside. Ariko ku bwanjye ndashimira Imana, yo yanshoboje kubikora. Ntabwo nari niteze ishimwe riturutse ku wo ari we wese. Habayeho ukutikunda kandi ntekereza kko hari abandi bantu babikoze. Ku bw\u2019amahirwe make turi bake.\u201d<\/p>\n<p><strong>Murumuna we yamwise umusinzi<\/strong><\/p>\n<p>Gisimba Jean Fran\u00e7ois uba mu Budage, aherutse gushyira hanze igitabo yise \u2018L\u00e0 o\u00f9 il y a de l&#8217;Amour, Il y a de la Place (Where there is Love, There is Room\/Ahari Urukundo, Haboneka Umwanya)\u2019 gisobanura mu ncamake uko iki kigo cyareraga imfubyi cyari gifite ubushobozi bwo kwakira abana 60, cyarokokeyemo abarenga 400.<\/p>\n<p>Mu iriburiro ry\u2019iki gitabo cy\u2019impapuro 142 kiri ku rubuga Oasis Editions, umwanditsi yagize ati: \u201cIkigo cy\u2019imfubyi cya Gisimba, inzu yubakiwe kwakira abana bagera kuri 60 b\u2019imfubyi cyangwa baturuka mu miryango ikennye, yakiriye abantu barenga 400. Mu mezi atatu, abavandimwe bo kwa Gisimba barazwe iyi nzu n\u2019ababyeyi babo bapfuye, bakoresheje amayeri yose kugira ngo barokoke ubu bwicanyi, banarokore ubuzima bw\u2019ababahungiyeho.\u201d<\/p>\n<p>Muri iki gitabo ariko, uyu mwanditsi yasobanuye ko nta ruhare runini mukuru we yagize mu kurokora abari barahungiye muri iki kigo, cyane ko ngo akenshi yabaga yasinze, agataha mu ijoro adandabirana.<\/p>\n<p>Uyu mwanditsi ariko mu kiganiro yagiranye na DW, yavuze ko igikorwa cyo kurokora abantu muri iki kigo bakigizemo uruhare nk\u2019abavandimwe batatu; we, Damas na Elvis Gisimba hamwe n\u2019Umunyamerika Carl Wilkens wajyanaga ibiribwa n\u2019amazi muri iki kigo. Ati: \u201cUmuvandimwe wanjye (Damas) yagize uruhare rwe nk\u2019uko natwe twarugize.\u201d<\/p>\n<p><strong>Damas n\u2019abarokotse bamagana bimwe mu byanditswe<\/strong><\/p>\n<p>Damas avuga ko yasomye iki gitabo, asanga murumuna we hari aho yamuharabitse. Mu kiganiro na Bwiza TV, yagize ati: \u201cHanditsemo ibinyoma gusa, hagakurikiraho no kwitaka, akavuga ubutwari bwe ariko byose bikubiye mu binyoma. Amparabika ko nari umusinzi, ko nataye inshingano zanjye, abantu bampungiyeho bazi ko baje kubona ubufasha bunturutseho, ariko batangazwa no kubona ko kuva saa moya za mu gitondo kugeza saa mbiri n\u2019igice z\u2019ijoro, nabaga ndi kuri butike, nywa inzoga, ngataha nijoro nadandabiranye, nasinze.\u201d<\/p>\n<p>Reba iki kiganiro hano <iframe width=\"560\" height=\"315\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/Gvioug-fyKc\" title=\"YouTube video player\" frameborder=\"0\" allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen><\/iframe><\/p>\n<p>Umurinzi w\u2019Igihango avuga ko murumuna we atigeze avuga butike yabaga yabaga yagiye kunyweramo, akanemeza ko nta butike yakoraga kubera ko zose Interahamwe zari zarazisahuye. Ngo ahubwo inzoga ni Interahamwe gusa zabaga zizifite. Ati: \u201cUbwo ni ukuvuga ko nari inshuti y\u2019Interahamwe rero! Birababaje.\u201d<\/p>\n<p>Mukarurangwa Immacul\u00e9e uri mu barokokeye muri iki kigo cy\u2019imfubyi avuga kuri iki gitabo, ati: \u201cMu by\u2019ukuri hari ibintu bikubiyemo njyewe nabonye ari nko gupfobya jenoside kubera ko iyo umuntu yandika igitabo, akandika yiyitirira ibintu atakoze kandi ahubwo uwatugiriye neza, twebwe tubona nk\u2019umuntu wari ufite ubumuntu burenze kuko yitanze ku buryo buhebuje ari we mukuru we Damas Gisimba, akamusebya muri icyo gitabo [\u2026]\u201d<\/p>\n<p>Mukarurangwa asobanura ko mu gihe Damas yarokoraga abantu, murumuna we yari yihishe kimwe n\u2019abandi, cyane ko ngo yari n\u2019umunyabwoba. Ati: \u201cUwo murumuna we na we yari yihishe kimwe n\u2019abandi. Yari umuntu w\u2019umunyabwoba cyane, yahoraga yihishe kimwe n\u2019abari bahahungiye.\u201d<\/p>\n<p>Uyu mutangabuhamya avuga ko impamvu yumvikanisha ko ibyo murumuna wa Damas yanditse harimo ibinyoma, ari uko mbere y\u2019uko mu Rwanda umuntu ahabwa izina ry\u2019Umurinzi w\u2019Igihango, iyari Komisiyo y\u2019Ubumwe n\u2019Ubwiyunge na Unity Club Intwararumuri byabanzaga kumukoraho ubushakashatsi.<br \/>\n<img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-44855\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/umut.png\" alt=\"umut.png\" data-description=\"Mukarurangwa yemeza ko murumuna wa Damas yabaga yihishe nk'abandi\" align=\"center\" width=\"789\" height=\"447\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/umut.png 789w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/umut-300x170.png 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/umut-768x435.png 768w\" sizes=\"(max-width: 789px) 100vw, 789px\" \/><\/p>\n<p>Undi warokokeye muri iki kigo, yemeje ko yasanze ibyo murumuna wa Damas yanditse muri iki gitabo ari ibinyoma bitagira ikizima. Ati: \u201cIbyo Jean-Fran\u00e7ois Gisimba yanditse muri iki gitabo ni ibinyoma, nta kizima kirimo. Urebye ni ukwitaka akivuga, ntabwo avuga ukuri kwabereye aha. Igitangaje ni uko atavuga ibyabaye aha kuva ku munsi wa mbere, kugera ku munsi wa nyuma. Ahera mu mpera z\u2019ukwezi kwa Gatandatu kandi twarahamaze amezi hafi atatu, rero akavuga akantu gato cyane ko kwitaka, ko yakijije abantu kandi ntabyo yakoze.&#8221;<\/p>\n<p>Uyu yavuze ko bitakumvikana ukuntu Damas yaba yari umusinzi, kandi kuri iki kigo yari ameze nk\u2019umupolisi cyangwa umusirikare waharindaga. Ati: &#8220;Yirirwaga azenguruka aha, areba aho Interahamwe zituruka, inyinshi zari abantu b\u2019abaturanyi baziranye na we, akirirwa abasaba imbabazi, akirirwa abaha amafaranga, akirirwa akora muri stock, akabaha ibyo kurya kugira ngo arebe ko bwakira kabiri.&#8221;<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko Jean-Fran\u00e7ois yasigaye ayoboye iki kigo hamwe n\u2019umugore wa Damas, mu minsi ya nyuma gihe ubwo Damas yamenyaga ko arimo guhigwa, ashakisha aho yakwimurira iki kigo n\u2019abari bagihungiyemo.<\/p>\n<p>Damas n&#8217;aba batangabuhamya barasaba inzego zibifitiye ububasha gutesha agaciro iki gitabo, kuko ngo gitesha agaciro uyu Murinzi w&#8217;Igihango, kikanapfobya jenoside yakorewe Abatutsi.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mutezintare Gisimba Damas wahawe ishimwe na Perezida Paul Kagame kubera ko yarokoye abantu babarirwa muri 400 mu gihe cya jenoside yakorerwaga Abatutsi, yamaganye murumuna we Gisimba Jean-Fran\u00e7ois uba ku mugabane w\u2019Uburayi wamwise umusinzi. Dasmas yamenyekanye cyane ku kigo cyareraga imfubyi mbere na nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi cyitwa \u2018Gisimba Memorial Center\u2019 cyubatswe i Nyamirambo mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":44854,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,132],"class_list":["post-44856","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-featured-post"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mutezintare Gisimba Damas wahawe ishimwe na Perezida Paul Kagame kubera ko yarokoye abantu babarirwa muri 400 mu gihe cya jenoside yakorerwaga Abatutsi, yamaganye murumuna we Gisimba Jean-Fran\u00e7ois uba ku mugabane w\u2019Uburayi wamwise umusinzi. Dasmas yamenyekanye cyane ku kigo cyareraga imfubyi mbere na nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi cyitwa \u2018Gisimba Memorial Center\u2019 cyubatswe i Nyamirambo mu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-02-22T16:40:11+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"700\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"394\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi\",\"datePublished\":\"2022-02-22T16:40:11+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856\"},\"wordCount\":893,\"commentCount\":4,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/02\\\/damas.jpg\",\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"Featured Post\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856\",\"name\":\"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/02\\\/damas.jpg\",\"datePublished\":\"2022-02-22T16:40:11+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/02\\\/damas.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/02\\\/damas.jpg\",\"width\":700,\"height\":394,\"caption\":\"damas.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=44856#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA","og_description":"Mutezintare Gisimba Damas wahawe ishimwe na Perezida Paul Kagame kubera ko yarokoye abantu babarirwa muri 400 mu gihe cya jenoside yakorerwaga Abatutsi, yamaganye murumuna we Gisimba Jean-Fran\u00e7ois uba ku mugabane w\u2019Uburayi wamwise umusinzi. Dasmas yamenyekanye cyane ku kigo cyareraga imfubyi mbere na nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi cyitwa \u2018Gisimba Memorial Center\u2019 cyubatswe i Nyamirambo mu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-02-22T16:40:11+00:00","og_image":[{"width":700,"height":394,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi","datePublished":"2022-02-22T16:40:11+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856"},"wordCount":893,"commentCount":4,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg","keywords":["Amamenyesha","Featured Post"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856","name":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg","datePublished":"2022-02-22T16:40:11+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=44856"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/02\/damas.jpg","width":700,"height":394,"caption":"damas.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=44856#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Gisimba wahawe ishimwe na Perezida Kagame yamaganye murumuna we wamwise umusinzi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/44856","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=44856"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/44856\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/44854"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=44856"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=44856"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=44856"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}