{"id":4498,"date":"2017-01-15T14:22:21","date_gmt":"2017-01-15T14:22:21","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/01\/15\/abashakishwaga-kubera-ubutekamutwe-bafashwe-bateganya-guteka-undi-umutwe\/"},"modified":"2025-02-12T17:11:07","modified_gmt":"2025-02-12T15:11:07","slug":"abashakishwaga-kubera-ubutekamutwe-bafashwe-bateganya-guteka-undi-umutwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498","title":{"rendered":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe"},"content":{"rendered":"<p>Polisi mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo bane ivuga ko bari mu gatsiko k\u2019abatekamutwe bambura abaturage.<\/p>\n<p>Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge ahakorerwa ubucuruzi butandukanye kuri uyu wa Kane ushize nyuma y\u2019ibirego abo bahemukiye babatanze n\u2019amakuru y\u2019aho babarizwa.<\/p>\n<p>Iperereza ry\u2019ibanze rya polisi ryagaragaje ko abo bagabo bane batekeye umutwe abantu batandukanye bakabambura amafaranga abarirwa muri miliyoni 13 z\u2019Amanyarwanda mu mezi macye ashize.<\/p>\n<p>Umwe mu batekewe umutwe utuye muri Nyarugenge, yambuwe agera muri miliyoni 1o mu mwaka ushize.<\/p>\n<p>Spt Emmanuel Hitayezu, umuvugizi wa polisi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko abakekwa bafashwe bari gutegura undi mugambi wo gushuka umuntu uba mu cyaro bakamwambura.<\/p>\n<p>Spt Hitayezu yagize ati: \u201c <em>Abakekwa uko ari bane, babarizwa mu gatsiko kamwe, bari ku rutonde rw\u2019abantu bashakishwa. Kuwa Kane, twabonye amakuru y\u2019abantu bamwe, bari barimo gutegura kunyanganya umuntu za miliyoni z\u2019amafaranga, maze bitunguranye nyuma yo kubafata, dusanga ari ba bantu bashakishwa ku byaha bisa nk\u2019ibyo bakoze ubushize<\/em> .\u201d<\/p>\n<p> <strong>Uko batekera umutwe abantu<\/strong> <\/p>\n<p>Bivugwa ko abakekwa bafataga inoti nka Magana z\u2019idolari rimwe bakarenzaho inoti z\u2019amadolari 100 bagashuka abantu kandi ngo bakaba bakundaga gukorera imbere no hanze ya banki z\u2019ubucuruzi.<\/p>\n<p>Ubusanzwe kenshi inoti z\u2019amadolari ziba ari iza nyazo, nubwo hari n\u2019igihe ngo bafata ibipapuro bakabikata neza bakabitwikiriza amadolari.<\/p>\n<p>Umwe mu bafashwe yiyitaga umukozi w\u2019umuherwe wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho ngo yasanze amadolari ahantu yabitswe nabi ariko atazi agaciro kayo.<\/p>\n<p>Ubwo yegeraga uwo ashaka gutekera umutwe yinjira cyangwa asohoka muri banki kubitsa cyangwa kubikuza, akamwibarisha agaciro k\u2019idolari akanamubaza niba yamufasha.<\/p>\n<p>Mu gihe baba bari muri ibyo, undi mutekamutwe ahita ahagera  nk\u2019uwumvise ibyo baganiraga agahita agaragaza ko yatanga ubufasha.<\/p>\n<p>Ubwo muri ubwo butekamutwe nibwo uwo bashaka kwambura agaragaza ko nawe hari icyo yakora, ariko agasabwa gusigira amafaranga uwo wiyita nyiri amafaranga, akajyana na wa wundi uje gutanga ubufasha kujya gupima ko ayo madolari ari mazima, ku biro by\u2019ivunjisha biri hafi.<\/p>\n<p>Icyo gihe rero nibwo bwa nyuma ugiye kwamburwa abona uwo muntu waje amwibarisha amusaba ubufasha, na wa wundi bajyanye kureba ko amadolari ari mazima nawe agahita amucikira mu nzira ntamenye aho anyuze.<\/p>\n<p>Ngo hari n\u2019igihe ugiye kwamburwa ahabwa inoti nke z\u2019amadolari ngo ajye gusuzumisha ko ari nzima, yasanga ari nzima agahita aha andi mafaranga menshi umutekamutwe atekereza ko atazi agaciro k\u2019amadolari.<\/p>\n<p>Umuvugizi wa polisi, Spt. Hitayezu avuga ko abafashwe basanzwe bafite inoti 350 z\u2019amadolari z\u2019idolari rimwe rimwe bayatwikirije inoti z\u2019ijana z\u2019amadolari kuri buri ruhande, byagaragaye ko bashakaga kuyakoresha mu gutekera umutwe undi muntu.<\/p>\n<p>[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Spt Hitayezu yagize ati: \u201c <em>Abantu nk\u2019aba bigira nk\u2019injiji nyuma ukaza gusanga birangiye ari wowe njiji. Nuhura n\u2019abantu nk\u2019aba..icya mbere ujye wibaza, kuki ari njye<\/em> ?&#8221;<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko inzira ya bugufi yo kugera ku bukire hari igihe iba inzira ya bugufi yo kugwa mu bukene, aboneraho gusaba abaturage kujya bakorana na polisi mu kumenya no gufata abatekamutwe nk\u2019aba.<\/p>\n<p>Ingingo ya 318 y\u2019amategeko ahana, ivuga ko umuntu wese ufashe iby\u2019abandi binyuze mu kumutekera umutwe cyangwa agakoresha amazina atari yo agamije kuzamura icyizere agatwara ibitari ibye, ahanishwa igifungo cy\u2019imyaka hagati y\u2019itatu n\u2019itanu n\u2019amande ari hagati ya miliyoni 3 na miliyoni 5 z\u2019Amanyarwanda.<\/p>\n<p> <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Polisi mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo bane ivuga ko bari mu gatsiko k\u2019abatekamutwe bambura abaturage. Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge ahakorerwa ubucuruzi butandukanye kuri uyu wa Kane ushize nyuma y\u2019ibirego abo bahemukiye babatanze n\u2019amakuru y\u2019aho babarizwa. Iperereza ry\u2019ibanze rya polisi ryagaragaje ko abo bagabo bane batekeye umutwe abantu batandukanye bakabambura amafaranga [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-4498","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Polisi mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo bane ivuga ko bari mu gatsiko k\u2019abatekamutwe bambura abaturage. Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge ahakorerwa ubucuruzi butandukanye kuri uyu wa Kane ushize nyuma y\u2019ibirego abo bahemukiye babatanze n\u2019amakuru y\u2019aho babarizwa. Iperereza ry\u2019ibanze rya polisi ryagaragaje ko abo bagabo bane batekeye umutwe abantu batandukanye bakabambura amafaranga [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-01-15T14:22:21+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:11:07+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe\",\"datePublished\":\"2017-01-15T14:22:21+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:11:07+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498\"},\"wordCount\":556,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498\",\"name\":\"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-01-15T14:22:21+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:11:07+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4498#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA","og_description":"Polisi mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagabo bane ivuga ko bari mu gatsiko k\u2019abatekamutwe bambura abaturage. Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge ahakorerwa ubucuruzi butandukanye kuri uyu wa Kane ushize nyuma y\u2019ibirego abo bahemukiye babatanze n\u2019amakuru y\u2019aho babarizwa. Iperereza ry\u2019ibanze rya polisi ryagaragaje ko abo bagabo bane batekeye umutwe abantu batandukanye bakabambura amafaranga [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-01-15T14:22:21+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:11:07+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe","datePublished":"2017-01-15T14:22:21+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:11:07+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498"},"wordCount":556,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4498#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498","name":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-01-15T14:22:21+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:11:07+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4498"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4498#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abashakishwaga kubera ubutekamutwe bafashwe bateganya guteka undi umutwe"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4498","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=4498"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4498\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=4498"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=4498"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=4498"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}