{"id":45293,"date":"2022-03-10T10:55:33","date_gmt":"2022-03-10T10:55:33","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/03\/10\/u-burusiya-busobanura-byimbitse-icyo-bupfa-na-ukraine-n-icyo-bugamije\/"},"modified":"2022-03-10T10:55:33","modified_gmt":"2022-03-10T10:55:33","slug":"u-burusiya-busobanura-byimbitse-icyo-bupfa-na-ukraine-n-icyo-bugamije","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293","title":{"rendered":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije"},"content":{"rendered":"<p><strong>Guverinoma y\u2019u Burusiya yasobanuye icyo Leta ipfa n\u2019iya Ukraine cyatumye ingabo zayo zitangiza ibikorwa bidasanzwe (special military operations), ku rundi ruhande amahanga yise gushoza intambara.<\/strong><\/p>\n<p>Ni nyuma y\u2019aho amahanga akomeje kwamagana u Burusiya, abushinja kuvogera ubusugire n\u2019ubwigenge bya Ukraine, ibihugu bikomeye ku Isi biri mu burengerazuba bikanabufatira ibihano byinshi by\u2019ubukungu.<\/p>\n<p>Ni mu gihe kandi u Burusiya buhamya ko ibitangazamakuru mpuzamahanga byo mu Burengerazuba birimo kugoreka ibiri kubera muri Ukraine, impamvu byabaye n\u2019ikigamijwe.<\/p>\n<p><strong>Ubwigenge bwa Donetsk na Luhansk<\/strong><\/p>\n<p>Misiyo\/Ambasade y\u2019u Burusiya mu Burundi yasobanuye mu buryo burambuye uruhande rwa Guverinoma kuri iki kibazo cyo muri Ukraine, amahanga akomeje kwita intambara.<\/p>\n<p>Iyi misiyo yavuze ubutegetsi bwa Ukraine (igihugu gituranye n\u2019u Burusiya) bwahindutse mu 2014, bigizwemo uruhare n\u2019abo hanze barwanya u Burusiya.<\/p>\n<p>Ngo bitewe n\u2019umugambi ubutegetsi bushya bwari bufite wo kurwanya u Burusiya, muri Repubulika ya Crimea igize Ukraine habaye amatora ya kamarampaka, abantu 95% bashyigikira icyemezo cyo kwiyunga n\u2019u Burusiya, ariko ubu butegetsi bwo burakirwanya.<\/p>\n<p>Yasobanuye ko muri uwo mwaka no mu ntara ya Donetsk na Luhansk na bo bakoze amatora yemeza ko bifuza ubwigenge, bakiyomora kuri Ukraine, banahita batangaza ishyirwaho rya Repubulika ya Donetsk n\u2019iya Luhansk. <\/p>\n<p>Iyi misiyo ivuga ko icyo gihe Leta ya Ukraine yamaganye ibyavuye mu matora y\u2019izi ntara, itangiza intambara yo kwica abazituyemo. Iti: \u201cUkraine yahise ihakana ibyavuye mu matora, itangiza intambara yo kwica abenegihugu muri izi ntara ebyiri.\u201d<\/p>\n<p><strong>Amasezerano ya Minsk<\/strong><\/p>\n<p>Iyi misiyo isobanura ko hashingiwe kuri gahunda y\u2019u Burusiya yo guharanira amahoro n\u2019umutekano, yagize uruhare mu isinywa ry\u2019Amasezerano ya Minsk y\u2019impande zishyamiranye yo mu 2015, yari agamije guhagarika intambara muri izi ntara ebyiri zihuriye mu karere ka Donbas.<\/p>\n<p>Ariko ivuga ko Leta ya Ukraine itigeze yubahiriza ibikubiye mu masezerano ya Minsk, ahubwo yakomeje kurwanya abo muri Donbas, hiyongeraho umugambi wo gushaka kwinjira mu muryango wa NATO\/OTAN.<\/p>\n<p>Ngo ibyo u Burusiya bwarabyanze kubera impungenge z\u2019uko ingabo za NATO \u201czishobora guhungabanya amahoro n\u2019umutekano\u201d cyane ko buzishinja kuba intandaro y\u2019intambara zabaye muri Yugoslavia, Iraq na Libya. Iti: \u201cNi yo mpamvu iyinjira rya Ukraine mu ngabo za Ukraine rigaragara nk\u2019ubushotoranyi bukomeye ku Burusiya.\u201d<\/p>\n<p>Iyi misiyo ivuga ko muri Nyakanga 2021 no muri Mutarama 2022, u Burusiya bwateguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bigamije gushakira igisubizo ikibazo cyo muri Ukraine, iti: \u201cNyamara ibyari biraje ishinga u Burusiya ku byerekeye umutekano wabwo, nta na kimwe cyahawe agaciro.\u201d<\/p>\n<p><strong>Intwaro kirimbuzi<\/strong><\/p>\n<p>Muri Gashyantare 2022, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yatangaje ko igihugu cye gishobora guhabwa intwaro kirimbuzi. Ibi ngo Guverinoma y\u2019u Burusiya yabifashe nk\u2019iterabwoba.<\/p>\n<p>Iyi misiyo ivuga ko hashingiwe ku kuba Ukraine yari yaranze kubahiriza amezerano ya Minsk, USA ntihe agaciro ibyifuzo by\u2019u Burusiya, Perezida Zelensky akatangaza ko bashobora guhabwa intwaro kirimbuzi, Perezida Putin yahise yemeza ubwigenge bwa Donetsk na Luhansk, anatangiza ku mugaragaro ibikorwa bidasanzwe by\u2019ingabo muri Ukraine tariki ya 24 Gashyantare 2022.<\/p>\n<p>Muri ibi bikorwa, u Burusiya buvuga ko ingabo zabwo zitera ibisasu gusa ku bikorwa by\u2019igisirikare cya Ukraine, buti: \u201cNtizitera ibisasu ku nzu z\u2019abenegihugu kandi zikora ibishoboka kugira ngo ibyangirika bibe bike bishoboka.\u201d<\/p>\n<p><strong>Ikigamijwe<\/strong><\/p>\n<p>Misiyo y\u2019u Burusiya isobanura ko icyo ingabo zabwo zigamije ari uguca intege ubutegetsi bwa Ukraine no gushyiraho ubudafite aho bwegamiye.<\/p>\n<p>Gusa ngo muri ibi bikorwa, Leta y\u2019u Burusiya iranakora ibishoboka kugira ngo iki kibazo kibonerwe igisubizo, binyuze mu biganiro by\u2019amahoro.<\/p>\n<p>Naho ku bihano amahanga akomeje gufatira u Burusiya, ngo birabogamye kandi ntibyubahirije amategeko.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Guverinoma y\u2019u Burusiya yasobanuye icyo Leta ipfa n\u2019iya Ukraine cyatumye ingabo zayo zitangiza ibikorwa bidasanzwe (special military operations), ku rundi ruhande amahanga yise gushoza intambara. Ni nyuma y\u2019aho amahanga akomeje kwamagana u Burusiya, abushinja kuvogera ubusugire n\u2019ubwigenge bya Ukraine, ibihugu bikomeye ku Isi biri mu burengerazuba bikanabufatira ibihano byinshi by\u2019ubukungu. Ni mu gihe kandi u [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,133],"class_list":["post-45293","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Guverinoma y\u2019u Burusiya yasobanuye icyo Leta ipfa n\u2019iya Ukraine cyatumye ingabo zayo zitangiza ibikorwa bidasanzwe (special military operations), ku rundi ruhande amahanga yise gushoza intambara. Ni nyuma y\u2019aho amahanga akomeje kwamagana u Burusiya, abushinja kuvogera ubusugire n\u2019ubwigenge bya Ukraine, ibihugu bikomeye ku Isi biri mu burengerazuba bikanabufatira ibihano byinshi by\u2019ubukungu. Ni mu gihe kandi u [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-03-10T10:55:33+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije\",\"datePublished\":\"2022-03-10T10:55:33+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293\"},\"wordCount\":574,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293\",\"name\":\"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-03-10T10:55:33+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=45293#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA","og_description":"Guverinoma y\u2019u Burusiya yasobanuye icyo Leta ipfa n\u2019iya Ukraine cyatumye ingabo zayo zitangiza ibikorwa bidasanzwe (special military operations), ku rundi ruhande amahanga yise gushoza intambara. Ni nyuma y\u2019aho amahanga akomeje kwamagana u Burusiya, abushinja kuvogera ubusugire n\u2019ubwigenge bya Ukraine, ibihugu bikomeye ku Isi biri mu burengerazuba bikanabufatira ibihano byinshi by\u2019ubukungu. Ni mu gihe kandi u [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-03-10T10:55:33+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije","datePublished":"2022-03-10T10:55:33+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293"},"wordCount":574,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=45293#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293","name":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-03-10T10:55:33+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=45293"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=45293#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Burusiya busobanura byimbitse icyo bupfa na Ukraine n\u2019icyo bugamije"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/45293","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=45293"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/45293\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=45293"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=45293"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=45293"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}