{"id":47137,"date":"2022-04-26T11:18:13","date_gmt":"2022-04-26T11:18:13","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/04\/26\/evode-uwizeyimana-avuga-ko-iby-abarwanya-kohereza-abimukira-mu-rwanda-ari-nk\/"},"modified":"2022-04-26T11:18:13","modified_gmt":"2022-04-26T11:18:13","slug":"evode-uwizeyimana-avuga-ko-iby-abarwanya-kohereza-abimukira-mu-rwanda-ari-nk","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137","title":{"rendered":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#8217;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#8216;nk&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko&#8217;"},"content":{"rendered":"<p><strong>Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko abakomeje kwamagana amasezerano y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza ajyanye no kohereza abimukira bidashobora gukoma mu nkokora uyu mugambi kuko wumvikanyweho n\u2019Ibihugu ubwabyo kandi bibifitiye uburenganzira bityo abigereranya n&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko.<br \/>\n<em><\/h2>\n<p>Senateri Evode Uwizeyimana yabivugiye mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, cyibanze kuri aya masezerano akomeje guteza impaka mu bantu batandukanye b&#8217;imihanda yose.<\/p>\n<p>Ku Cyumweru cya Pasika, Umushumba Mukuru w\u2019Itorero ry\u2019Abangilikani ku Isi akaba na Musenyeri mukuru wa Canterbury, Justin Welby, yagaragaje ko u Bwongereza butari bukwiye kwikoreza umutwaro u Rwanda ku nshingano zagombaga gukorwa n\u2019iki Gihugu cy\u2019i Burayi.<\/p>\n<p>Uyu Musenyeri yatangaje ibi yiyongereye ku bandi benshi barimo Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y\u2019u Bwongereza, Abanyamategeko banyuranye, Abanyapolitiki ndetse n\u2019imiryango igera mu 160 irimo Irengera ikiremwamuntu n\u2019iharanira uburenganzira bwa muntu irimo nka Human Righs Watch, na bo bamaganye iyi gahunda y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza.<\/p>\n<p>Theresa May wigeze kuba Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019u Bwongereza na we ari mu bamaganye iyi gahunda ndetse n\u2019Ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ubwaryo na ryo ryamaganye iki gikorwa.<\/p>\n<p>Mu Rwanda kandi Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR\/Democratic Green Party of Rwanda) na ryo ryamaganye iyi gahunda rivuga ko u Rwanda na rwo rufite abaturage rugomba kwitaho aho kuruzaniraho abandi bagombaga gukurikiranwa n\u2019ikindi Gihugu cyabakiriye.<\/p>\n<p>Senateri Evode Uwizeyimana abajijwe n\u2019Umunyamakuru niba ibi bitangazwa n\u2019abakomeje kwamagana iyi gahunda bidashobora kuburizamo iyi gahunda, yavuze ko ibi atari byo byatuma iyi gahunda ipfuba. Yagize ati \u201c (&#8230;) biriya ni urusaku nk\u2019abasinzi basindiye mu isoko ntacyo byahindura.\u201d<\/p>\n<p><strong>Ikibazo gishobora guturuka hehe?<br \/>\n<\/strong><\/p>\n<p>Hon Uwizeyimana avuga ko ikibazo ahubwo cyabaho ari uko ariya masezerano ashobora kuzagera mu Nteko Ishinga Amategeko, ntibayatore.<\/p>\n<p>Avuga ko kubera ko aya masezerano agomba kuzaherekezwa n\u2019imari izatangwa n\u2019u Bwongereza, bityo ko akenera kuzabanza kunyura mu Nteko Ishinga Amategeko kugira ngo atorwe kandi ko biriya bihugu bihora biba bidashaka ko hari igihungabanya ubukungu bwabyo.<\/p>\n<p>Icyakora avuga ko Boris Johnson atapfa gutangiza uyu mushinga atizeye ko uzatambuka mu gihe uzaba ugejejwe mu Nteko Ishinga Amategeko dore ko ishyaka rye rifitemo imyanya myinshi bityo ko byoroshye kuzabumvisha uyu mushinga.<\/p>\n<p>Senateri Evode Uwizeyimana usanzwe ari n\u2019impuguke mu Mategeko Mpuzamahanga, avuga ko u Bwongereza butikuyeho inshingano nk&#8217;uko bikomeje gutangazwa n\u2019abamagana aya masezerano ahubwo ko buzimuriye mu Rwanda kuko buzakomeza gutunga no kwita ku Bimukira bazoherezwa mu Rwanda.<\/p>\n<p>Ati \u201cNtabwo wavuga ngo u Bwongereza bwikuyeho ikibazo, icyo bakoze ni \u2018delocalisation\u2019, bazakomeza gukurikirana aba bantu.\u201d<\/p>\n<p>Evode Uwizeyimana avuga ko imiryango mpuzamahanga ikomeje kwamagana iyi gahunda ibiterwa no kuba igiye kubura akazi. Ati \u201cNk\u2019Abavoka bo muri UK, babatwaye akazi, ayo mafaranga yose uvuga [ayo u Bwongereza buzifashisha mu kwita ku bazoherezwa mu Rwanda]\u2026akazi kagiye, na HCR ayo mafaranga ni yo yabonaga.\u201d<\/p>\n<p>Uyu musenateri avuga ko ikibabaje ari uko hari abamagana bariya bimukira nyamara bashobora kuzaza bagatanga umusanzu wabo mu kuzamura u Rwanda, akavuga ko igihe cyose abimukira bataba ikibazo.<\/p>\n<p>Ati \u201cAba bantu bashobora kuza bakaza harimo inzobere mukeneye,\u2026n\u2019uyu Muminisitiri wasinye aya masezerano [Priti Patel] na we akomoka mu Buhindi, na we ni umwimukira uyu Ambasaderi wa UK uri hano, ni Umwarabu.\u201d<\/p>\n<p>Ati \u201cBamwe baravuga ngo \u2018Igihugu ni gito\u2019 ngo \u2018 Abantu bo mu Rwanda na bo ntibafite akazi\u2019 ubu turi mu Isi yubaka umuturage w\u2019Isi [Global citizen] umuntu ufite ubumenyi azajya guhaha n\u2019ahandi.\u201d<\/p>\n<p>Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y\u2019u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko aya masezerano yasinywe ku bwumvikane bw\u2019Ibihugu bibiri bifite ubwigenge bwabyo kandi biyasinya ku bwumvikane bityo ko ntawari ukwiye kuyamagana kuko agamije gushakira umuti ikibazo cyugarije Isi.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko abakomeje kwamagana amasezerano y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza ajyanye no kohereza abimukira bidashobora gukoma mu nkokora uyu mugambi kuko wumvikanyweho n\u2019Ibihugu ubwabyo kandi bibifitiye uburenganzira bityo abigereranya n&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko. Senateri Evode Uwizeyimana yabivugiye mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":12,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-47137","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#039;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#039;nk&#039;urusaku rw&#039;abasinzi basindiye mu isoko&#039; - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#039;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#039;nk&#039;urusaku rw&#039;abasinzi basindiye mu isoko&#039; - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko abakomeje kwamagana amasezerano y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza ajyanye no kohereza abimukira bidashobora gukoma mu nkokora uyu mugambi kuko wumvikanyweho n\u2019Ibihugu ubwabyo kandi bibifitiye uburenganzira bityo abigereranya n&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko. Senateri Evode Uwizeyimana yabivugiye mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-04-26T11:18:13+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Fred Rugira\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137\"},\"author\":{\"name\":\"Fred Rugira\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\"},\"headline\":\"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#8217;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#8216;nk&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko&#8217;\",\"datePublished\":\"2022-04-26T11:18:13+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137\"},\"wordCount\":620,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137\",\"name\":\"Evode Uwizeyimana avuga ko iby'abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari 'nk'urusaku rw'abasinzi basindiye mu isoko' - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-04-26T11:18:13+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=47137#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#8217;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#8216;nk&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko&#8217;\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55\",\"name\":\"Fred Rugira\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=12\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby'abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari 'nk'urusaku rw'abasinzi basindiye mu isoko' - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby'abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari 'nk'urusaku rw'abasinzi basindiye mu isoko' - BWIZA","og_description":"Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko abakomeje kwamagana amasezerano y\u2019u Rwanda n\u2019u Bwongereza ajyanye no kohereza abimukira bidashobora gukoma mu nkokora uyu mugambi kuko wumvikanyweho n\u2019Ibihugu ubwabyo kandi bibifitiye uburenganzira bityo abigereranya n&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko. Senateri Evode Uwizeyimana yabivugiye mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-04-26T11:18:13+00:00","author":"Fred Rugira","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Fred Rugira","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137"},"author":{"name":"Fred Rugira","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55"},"headline":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#8217;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#8216;nk&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko&#8217;","datePublished":"2022-04-26T11:18:13+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137"},"wordCount":620,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=47137#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137","name":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby'abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari 'nk'urusaku rw'abasinzi basindiye mu isoko' - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-04-26T11:18:13+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=47137"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=47137#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Evode Uwizeyimana avuga ko iby&#8217;abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda ari &#8216;nk&#8217;urusaku rw&#8217;abasinzi basindiye mu isoko&#8217;"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/d9d3b9f5d9f5c181f02690704b58df55","name":"Fred Rugira","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=12"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/47137","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/12"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=47137"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/47137\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=47137"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=47137"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=47137"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}