{"id":4749,"date":"2017-01-31T09:44:35","date_gmt":"2017-01-31T09:44:35","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/01\/31\/abasirikare-4-batahiriwe-n-urugamba-ubu-bakaba-bari-mu-mazi-abira\/"},"modified":"2025-02-12T17:06:46","modified_gmt":"2025-02-12T15:06:46","slug":"abasirikare-4-batahiriwe-n-urugamba-ubu-bakaba-bari-mu-mazi-abira","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749","title":{"rendered":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira"},"content":{"rendered":"<p>Abasirikare aho bava bakagera baba bafite imyitwarire ngenderwaho badashobora kurengaho, iyi myitwarire kandi akenshi iba itandukanye bitewe n\u2019igihugu cyangwa umutwe wa gisirikare.<br \/>\nMu gihe afashe icyemezo cyo kuyirengaho (discipline) agashaka gushyira imbere ibyo we yiyumvamo cyangwa yifuza, rimwe na rimwe afatirwa ibihano, agafungwa cyangwa akirukanwa, yaba afite ubwinyagamburiro agahunga cyangwa se agasigara ahanganye n\u2019abo batahirizaga umugozi umwe.<br \/>\nMu karere k\u2019ibiyaga bigari hari abasirikare bagerageje kwerekana ko hari icyo bashaka kugeraho gifite inyungu rusange ariko ugasanga intambwe zabo zigarukiye hagati ubu bakaba bari mu mazi abira. Muri abo hazamo:<br \/>\n <strong>1.Gen Laurent Nkunda<\/strong> : Kuva mu 1993 ubwo Nkunda yinjiraga mu gisirikare cy\u2019Inkotanyi, yagumye mu ntambara kugeza tariki 2 Mutarama 2009. Uyu mugabo yari akirwana intambara z\u2019urudaca ariko kugeza magingo aya ari mu mazi abira bitewe n\u2019ibyaha ashinjwa.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-55781\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png\" alt=\"nkunda\" width=\"635\" height=\"423\" \/><\/a><br \/>\nNyuma yaho Inkotanyi zifatiye igihugu Nkunda we yahise asubira iwabo muri Congo dore ko avuka i Rutshuru muri Kivu y\u2019Amajyaruguru. Mu mwaka w\u20191997-1998 yari mu rugamba rutoroshye rwo guhirika Marchal Mobutu, uru rugamba rwaje kugera ku ntego Desire Kabila afata ubutegetsi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nMu ntambara ya Kabiri ya Congo 2000-2003 yagizwe Major mu mutwe wa RCD aza kugirwa General mu ngabo za Congo mu mwaka wa 2004 ubwo habagaho guhuriza hamwe imitwe yose yarwaniraga muri Congo.<br \/>\nAfatanyije n\u2019ingabo yayoboraga bigometse kuri Leta, baguma iyo mu mashyamba y\u2019i Masisi maze batangira guhata igitutu Leta ndetse banashinga umutwe Congr\u00e9s National Pour la Defense du Peuple (CNDP) wari ufite igisirikare na politiki.<br \/>\nUyu mutwe wari ugamije guharanira uburenganzira bw\u2019abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, yararwanye imyaka n\u2019imyaka ariko byaje kurangira atageze ku ntego.<br \/>\nKuba umuntu yavuga ko urugamba rutamuhiriye ntabwo yaba abeshye kuko ubu ari mu buhungiro mu Rwanda ndetse anashinjwa ibyaha birimo iby\u2019intambara n\u2019ibyibasiriye inyoko muntu, gukoresha abana mu ntambara,&#8230; By&#8217;umwihariko na Leta ya Congo ikaba imushaka.<br \/>\n <strong>2.Gen Bosco Ntaganda<\/strong> : Uyu mugabo nawe yagiye aca mu mateka akomeye y\u2019intambara kuva mu 1990 ubwo yinjiraga mu gisirikare cy\u2019Inkotanyi, yararwanye akava aha akajya hariya ariko ibyo ashinjwa nibimuhama amateka ye azahita arangira nabi cyangwa arangirire muri gereza.<br \/>\n<img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-55783\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/ntaganda-1024x768.jpg\" alt=\"ntaganda\" width=\"621\" height=\"466\" \/><br \/>\nNtaganda yabaye umuyobozi muri CNDP ndetse no muri M23, ibyo yaharaniraga ni bimwe n\u2019ibyo Nkunda yari agamije muri CNDP .<br \/>\nNtaganda ashinjwa ibyaha byinshi birimo ubwicanyi, gufata abagore n\u2019abakobwa ku ngufu no guhindura abakobwa bato abacakara b\u2019imibonano mpuzabitsina akanabagabiza abasirikare yayoboraga.<br \/>\nIkindi kandi ashinjwa kwinjiza mu gisikare abana anabizeza ibitangaza birimo n\u2019abagore, mu ijambo yababwiraga ko nta musirikare ubura umugore w\u2019ubuntu.<br \/>\nKubera ibyaha uyu mugabo ashinjwa yaje kwitwa izina ribi rya \u201cTerminator\u201d mbese nk\u2019umusirikare utari usanzwe wicaga akanakiza.<br \/>\nAho yaboneye ko urugamba rumunaniye Ntaganda yaje guhungira muri Ambasade ya Amerika i Kigali ari nayo yamwohereje i La Haye muri Werurwe 2013.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>3.Gen Niyombare<\/strong> : We ubwe ubwo yari ari kuri mikoro ya radiyo yo mu Burundi ku wa 13 Gicurasi 2015, ubwo batangazaga ko bahiritse ku butegetsi Perezida Nkurunziza, yatangaje ko babikoze bitewe n\u2019ubuyobozi bubi bwa Perezida Nkurunziza bukomeje gushyira abaturage ku ngoyi bubica, bubafunga,\u2026<br \/>\n<img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-55784\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/niyombare.jpg\" alt=\"niyombare\" width=\"608\" height=\"403\" \/><br \/>\nIri jambo rya Gen Niyombare ryanejeje benshi mu Burundi batavugaga rumwe na perezida, umunezero wari wose baramuririmba harimo n\u2019abashakaga kumuterura ngo bamufate nk\u2019intwari ibavanye kuri iyo ngoyi yavugaga.<br \/>\nGusa ubwo butwari abaturage bari batangiye kumurata ntabwo bwamaze amasaha menshi kuko ubaze mu minsi waba ubeshye, n\u2019ibyo yatangaje ntabwo yabitangarije kuri radiyo y\u2019igihugu.<br \/>\nNiyombare wari watangaje Coup d\u2019Etat, abari ku ruhande rwa Perezida bamuhase urufaya rw\u2019amasasu birangira abonye ko yibeshye ahita afata inzira y\u2019ubuhunzi, ubu ntawe uzi aho yahungiye.<br \/>\nUyu musirikare wari wagaragaje ko hari icyo ashaka ndetse anagaragaza ko ari ku bw\u2019inyungu z\u2019abaturage, ubu nawe ari mu mazi abira ku buryo yigaragaje byanamuviramo gufungwa, ashinjwa byinshi mu Burundi ndetse anafatirwa ibihano na Loni USA.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>4.Gen Makenga<\/strong> : Uyu musirikare nawe yamenyekanye umunsi M23 yari yakamejeje muri Congo muri za 2012 na 2013, ibyo yaharaniraga ntaho bitaniye n\u2019ibya Nkunda na Bosco Ntaganda, \u201cguhanira uburenganzira bw\u2019abakongomani bavuga ikinyarwanda\u201d.<br \/>\n<img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-55782 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/Sultani-Makenga-008.jpg\" alt=\"sultani-makenga-008\" width=\"650\" height=\"390\" \/><br \/>\nMu mpera za 2013, ubwo M23 yamanikaga amaboko ikemera ko ishyize hasi intwaro nibwo Gen Makenga yahise ahungira muri Uganda na bamwe mu basirikare bari bafatanyije urugamba.<br \/>\nN\u2019ubwo ibya Makenga bikomeza kuba urujijo bitewe n\u2019amakuru amuvugwaho, uyu munsi ngo yatorotse inkambi, ejo igisirikare cya Uganda kigatangaza ko ari ibinyoma, bakongera bati yongeye kugaba ibitero muri Congo bwacya bati ni ibinyoma; uyu nawe ntabwo yorohewe.<br \/>\nUretse no kuba atarageze ku ntego ye ubu akaba ari mu buhunzi, Gen Sultani Makenga ashinjwa n\u2019agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu guhutaza uburenganzira bwa muntu.<br \/>\nUbutaha Bwiza.com izabagezaho igice cya kabiri cy\u2019abandi basirikare bagiye batangira urugamba bagaragaza ko bafite intego ifitiye imbaga akamaro nyuma bakaza kwisanga mu bibazo bishobora no gutuma amateka yabo arangira nabi. Kimwe n\u2019uko nawe watanga igitekerezo cy\u2019umusirikare wumva wazaza kuri uru rutonde.<br \/>\nK<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><br \/>\n <strong> <em>Itangishatse Th\u00e9oneste\/Bwiza.com<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abasirikare aho bava bakagera baba bafite imyitwarire ngenderwaho badashobora kurengaho, iyi myitwarire kandi akenshi iba itandukanye bitewe n\u2019igihugu cyangwa umutwe wa gisirikare. Mu gihe afashe icyemezo cyo kuyirengaho (discipline) agashaka gushyira imbere ibyo we yiyumvamo cyangwa yifuza, rimwe na rimwe afatirwa ibihano, agafungwa cyangwa akirukanwa, yaba afite ubwinyagamburiro agahunga cyangwa se agasigara ahanganye n\u2019abo batahirizaga [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-4749","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Abasirikare aho bava bakagera baba bafite imyitwarire ngenderwaho badashobora kurengaho, iyi myitwarire kandi akenshi iba itandukanye bitewe n\u2019igihugu cyangwa umutwe wa gisirikare. Mu gihe afashe icyemezo cyo kuyirengaho (discipline) agashaka gushyira imbere ibyo we yiyumvamo cyangwa yifuza, rimwe na rimwe afatirwa ibihano, agafungwa cyangwa akirukanwa, yaba afite ubwinyagamburiro agahunga cyangwa se agasigara ahanganye n\u2019abo batahirizaga [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-01-31T09:44:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T15:06:46+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira\",\"datePublished\":\"2017-01-31T09:44:35+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:06:46+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749\"},\"wordCount\":812,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/nkunda.png\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749\",\"name\":\"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/nkunda.png\",\"datePublished\":\"2017-01-31T09:44:35+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T15:06:46+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/nkunda.png\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/01\\\/nkunda.png\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4749#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA","og_description":"Abasirikare aho bava bakagera baba bafite imyitwarire ngenderwaho badashobora kurengaho, iyi myitwarire kandi akenshi iba itandukanye bitewe n\u2019igihugu cyangwa umutwe wa gisirikare. Mu gihe afashe icyemezo cyo kuyirengaho (discipline) agashaka gushyira imbere ibyo we yiyumvamo cyangwa yifuza, rimwe na rimwe afatirwa ibihano, agafungwa cyangwa akirukanwa, yaba afite ubwinyagamburiro agahunga cyangwa se agasigara ahanganye n\u2019abo batahirizaga [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-01-31T09:44:35+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T15:06:46+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira","datePublished":"2017-01-31T09:44:35+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:06:46+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749"},"wordCount":812,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749","name":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png","datePublished":"2017-01-31T09:44:35+00:00","dateModified":"2025-02-12T15:06:46+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4749"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/01\/nkunda.png"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4749#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abasirikare 4 batahiriwe n\u2019urugamba ubu bakaba bari mu mazi abira"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4749","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=4749"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4749\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=4749"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=4749"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=4749"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}