{"id":48172,"date":"2022-05-28T06:56:06","date_gmt":"2022-05-28T06:56:06","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/05\/28\/rdc-yahagaritse-ingendo-za-rwandair-ku-butaka-bwayo-ambasaderi-karega\/"},"modified":"2022-05-28T06:56:06","modified_gmt":"2022-05-28T06:56:06","slug":"rdc-yahagaritse-ingendo-za-rwandair-ku-butaka-bwayo-ambasaderi-karega","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172","title":{"rendered":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa"},"content":{"rendered":"<p><strong>Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe imyanzuro iremereye irimo guhamagaza Ambasaderi Vincent Karega no guhagarika ingendo za RwandAir ku butaka bwa kiriya gihugu, nyuma yo gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.<\/strong><\/p>\n<p>Ni imyanzuro iri mu yafatiwe mu nama nkuru ya Gisirikare yateranye ku mugoroba w&#8217;ejo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gicurasi 2022.<\/p>\n<p>Ni inama yayobowe na Perezida F\u00e9lix Antoine Tshisekedi, gusa initabirwa n&#8217;abarimo abakuriye imitwe yombi igize inteko ishinga amategeko, abahagarariye urwego rw&#8217;ubutabera ndetse n&#8217;abakuriye inzego z&#8217;umutekano.<\/p>\n<p>Yateranye nyuma y&#8217;icyumweru kirenga muri Teritwari ya Rutshuru n&#8217;iya Nyiragongo zombi zo mu ntara ya Kivu y&#8217;Amajyaruguru habera imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya Ingabo za FARDC ndetse n&#8217;inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.<\/p>\n<p>Inama yateranye ku munsi w&#8217;ejo Leta ya Congo Kinshasa yayemerejemo ko M23 ihabwa ubufasha n&#8217;u Rwanda, nk&#8217;uko bigaragara mu myanzuro yayo.<\/p>\n<p>Iti: &#8220;Mu gihe guverinoma ya Congo yari igitegereje raporo y\u2019urwego ruhuriweho rwo kugenzura ibikorwa rwatabajwe n\u2019u Rwanda (EJVM), twatunguwe no kubona bica mu kwihorera nk&#8217;uko byari byatangajwe. Ubufasha bugaragara buhabwa uyu mutwe witwaje intwaro ni igihamya.&#8221;<\/p>\n<p>RDC yashimangiye ibyo irega u Rwanda ivuga ko hari &#8220;ibikoresho bya gisirikare&#8221; zagaragaye ku butaka bwayo, &#8220;amashusho&#8221; afitwe n&#8217;Ingabo zayo ndetse &#8220;n&#8217;ubuhamya bwakusanyijwe mu baturage&#8221; byerekana bihagije ko M23 ifashwa n&#8217;ingabo z&#8217;u Rwanda&#8221;.<\/p>\n<p>Yashinje u Rwanda ko imyitwarire yarwo ihora yisubiramo nta kindi igamije kitari &#8220;kuburizamo ibikorwa byo kugarura ituze&#8221; byagezweho n&#8217;Inama ya Nairobi.<\/p>\n<p>Mu byemezo Congo Kinshasa yahise ifata, harimo kuvana M23 mu biganiro ikomeje kugirana n&#8217;imitwe yitwaje intwaro biri kubera i Nairobi ndetse uyu mutwe ugafatwa nk&#8217;uwitwaje intwaro.<\/p>\n<p>RDC kandi yafashe icyemezo cyo &#8220;Guhita ihagarika ingendo za Sosiyete ya RwandAir ku butaka bwayo&#8221; no &#8220;guhamagaza Ambasaderi w&#8217;u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo kumumenyesha ko hari ibyo Guverinoma ya RDC itemeranya [n&#8217;iy&#8217;u Rwanda]&#8221;.<\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga wa RDC, Christophe Lutundula; ubwo yagezaga ijambo ku nama nyobozi y\u2019Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ku wa Gatatu w\u2019iki cyumweru, na we yashinje byeruye u Rwanda gufasha M23, yamagana yivuye inyuma icyo yise umugambi warwo wo guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;U Rwanda rurakomeje. Mu minota 10 ishize mbivuze ntashidikanya, u Rwanda rwagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Rumangabo muri RDC. Ni gute uyu munsi, umunsi twizihizaho ivuka ry\u2019umuryango wacu aho dukwiriye gutekereza ku hazaza, dushobora kwitwara nk\u2019aho nta cyabaye? Mbivuze neza, M23 ibifashijwemo n\u2019u Rwanda yateye ingabo mpuzamahanga za MONUSCO.&#8221;<\/p>\n<p>Guverinoma y\u2019u Rwanda binyuze muri Yolande Makolo usanzwe ari umuvugizi wayo, iheruka kwamagana ibirego by\u2019iya RDC, igaragaza ko imirwano uyu mutwe urimo n\u2019Ingabo za FARDC ari amakimbirane y\u2019abanye-Congo ubwabo adafite aho ahurira n\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Imirwano iri hagati ya FARDC na M23 ni amakimbirane ari hagati y\u2019abanye-Congo ubwabo. Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga wa RDC akwiriye gusobanura impamvu FARDC iri gufatanya na FDLR\/Interahamwe barashe ku butaka bw\u2019u Rwanda ku wa 19 Werurwe 2022 no ku wa 23 Gicurasi 2022.&#8221;<\/p>\n<p>Ku wa Mbere Tariki ya 23 Gicurasi ni bwo mu Kinigi ho mu karere ka Musanze haguye ibisasu byaturutse ku butaka bwa RDC, bikomeretsa abaturage benshi ndetse binangiza n\u2019imitungo itari mike.<\/p>\n<p>Makolo yavuze ko &#8220;n\u2019ubwo byemewe n\u2019amategeko ko u Rwanda rusubiza ibitero byisubiramo bya RDC ku butaka bwacu, u Rwanda ntiruri mu mirwano ikomeje kubera mu burasirazuba bwa RDC ndetse ntirushaka kwishora mu bibazo by\u2019imbere mu gihugu cya RDC.&#8221;<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko u Rwanda rwifuza gufatanya n\u2019ibihugu bituranye na rwo mu gushaka igisubizo kirambye cy\u2019umutekano muke uri mu karere.<\/p>\n<p>Yavuze ko iyi ari yo mpamvu igisirikare cy\u2019u Rwanda cyasabye urwego rwa EJVM gukora iperereza ryihuse kuri biriya bisasu biheruka kugwa mu turere twa Musanze na Burera biturutse ku butaka bwa Congo Kinshasa.<\/p>\n<p>Hagati aho RDC na yo yamaganye ibirego byo kuba ifatanya na FDLR mu kurwanya M23, ivuga ko ari ibihimbano.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe imyanzuro iremereye irimo guhamagaza Ambasaderi Vincent Karega no guhagarika ingendo za RwandAir ku butaka bwa kiriya gihugu, nyuma yo gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23. Ni imyanzuro iri mu yafatiwe mu nama nkuru ya Gisirikare yateranye ku mugoroba w&#8217;ejo ku wa Gatanu, tariki ya 27 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-48172","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe imyanzuro iremereye irimo guhamagaza Ambasaderi Vincent Karega no guhagarika ingendo za RwandAir ku butaka bwa kiriya gihugu, nyuma yo gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23. Ni imyanzuro iri mu yafatiwe mu nama nkuru ya Gisirikare yateranye ku mugoroba w&#8217;ejo ku wa Gatanu, tariki ya 27 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-05-28T06:56:06+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa\",\"datePublished\":\"2022-05-28T06:56:06+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172\"},\"wordCount\":658,\"commentCount\":4,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172\",\"name\":\"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-05-28T06:56:06+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48172#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA","og_description":"Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe imyanzuro iremereye irimo guhamagaza Ambasaderi Vincent Karega no guhagarika ingendo za RwandAir ku butaka bwa kiriya gihugu, nyuma yo gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23. Ni imyanzuro iri mu yafatiwe mu nama nkuru ya Gisirikare yateranye ku mugoroba w&#8217;ejo ku wa Gatanu, tariki ya 27 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2022-05-28T06:56:06+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa","datePublished":"2022-05-28T06:56:06+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172"},"wordCount":658,"commentCount":4,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=48172#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172","name":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-05-28T06:56:06+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=48172"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48172#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"RDC yahagaritse ingendo za RwandAir ku butaka bwayo, Ambasaderi Karega arahamagazwa"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/48172","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=48172"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/48172\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=48172"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=48172"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=48172"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}