{"id":48824,"date":"2022-06-16T16:57:44","date_gmt":"2022-06-16T16:57:44","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/06\/16\/bavuzaga-induru-ubuhamya-bw-abimukira-bari-bagiye-koherezwa-mu-rwanda-bava-mu\/"},"modified":"2022-06-16T16:57:44","modified_gmt":"2022-06-16T16:57:44","slug":"bavuzaga-induru-ubuhamya-bw-abimukira-bari-bagiye-koherezwa-mu-rwanda-bava-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824","title":{"rendered":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza"},"content":{"rendered":"<p><strong>Mu ijoro rya tariki ya 14 Kamena 2022, indege ya mbere yari kuvana abimukira mu Bwongereza iberekeza mu Rwanda yagombaga guhaguruka, nyuma yo guhabwa uburenganzira n\u2019inkiko z\u2019iki gihugu cyo ku mugabane w\u2019Uburayi.<\/strong><\/p>\n<p>Ariko indege itarahaguruka, haje icyemezo cy\u2019urukiko rwo kuri uyu mugabane rushinzwe uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, gihagarika iyoherezwa ry\u2019aba bimukira mu Rwanda, ndetse ubwo abari bayirimo bahise basohorwamo.<\/p>\n<p>Ni icyemezo cyababaje guverinoma y\u2019u Bwongereza, kuko Umunyamabanga ushinzwe umutekano w\u2019imbere, Priti Patel, yagaragaje ko atumva neza uburyo uru rukiko rubabuza gushyira mu bikorwa igikorwa cyiza, kibafasha kurinda imipaka yabo.<\/p>\n<p><strong>Bavugije induru bazi ko nta kabuza baroherezwa<\/strong><\/p>\n<p>Ikinyamakuru The Independent cyo mu Bwongereza cyavuganye na bamwe muri aba bimukira bari muri iyi ndege, bagisobanurira ko bari bahangayitse bikomeye ku buryo banavugije induru, kugira ngo abapolisi bari babacungiye umutekano babarekure.<\/p>\n<p>Zoran ni umusore w\u2019imyaka 25 y\u2019amavuko ukomoka muri Iran, akaba yarageze mu Bwongereza akoresheje ubwato buto mu minsi 40 ishize, ahunze ubutegetsi bwa Iran avuga ko bwashakaga kumwica.<\/p>\n<p>Ubwo yari agiye kujya mu ndege, ngo yumvaga ameze nk\u2019ugiye gupfa, ndetse ngo yanagerageje gusaba abapolisi bari bamuherekeje kumureka, ariko barabimwangira, bamumenyesha ko ahubwo natoroka ibintu bimubera bibi.<\/p>\n<p>Yagize ati: &#8220;Numvaga meze nk\u2019ugiye gupfa. Numvaga meze nk\u2019aho nta bindi bintu naciyemo mbere. Abapolisi bambwiye bati \u2018nugerageza gutoroka cyangwa ukiruka, ibyawe biraba bibi cyane\u2019. Nababwiye ko ntashaka  kujyayo ariko nari mfite umukandara mu nda, kandi nari nambaye amapingu. Ninsubira muri Iran, Leta izanyica.&#8221;<\/p>\n<p>Iki kinyamakuru gisobanura ko ubwo Zoran yinjiraga mu ndege, yahamagaye inshuti ye ayibwira ko agiye. Mu ijwi rye, ngo yumvikana asakuza, kandi ngo n\u2019abandi barimo barasakuzaga.<\/p>\n<p>Undi mwimukira yitwa Mohamed, na we akaba akomoka muri Iran. Uyu mwimukira w\u2019imyaka 45 y\u2019amavuko asobanura ko yahunze atinya ihohoterwa rishingiye ku iyobokamana.<\/p>\n<p>Mohamed ngo yavanwe mu kigo cya Colbrook gicumbikiwemo abimukira, aherekejwe n\u2019abapolisi batanu. Avuga ko muri uwo mwanya nta wundi mwimukira yabonye, keretse abo yasanze mu ndege.<\/p>\n<p>Ubwo yari ategereje koherezwa mu Rwanda, yumvaga agiye guhohoterwa, yibaza ati: &#8220;Ni ikihe cyaha nakoze ku buryo nafatwa ntya? Byari biteye ubwoba cyane.\u201d<\/p>\n<p>Mu ndege, Mohamed yasobanuye ko harimo bagenzi be ndetse n\u2019abapolisi babarirwa muri 12 bari bacunze umutekano wabo. Ngo ni bo batakambiraga, bavuza induru kugira ngo babagirire impuhwe.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Harimo abandi bantu benshi. Bari bambaye amakote y\u2019umuhondo. Numvaga ari nk\u2019abafana bandeba. Ntabwo nashakaga kureba inyuma ariko abandi ntibabishakaga, banavuza induru. Numvise umwe avuga ati \u2018ikiganza kirandya! Nimundeke!\u201d<\/p>\n<p>Abandi bimukira batanze ubuhamya ni Taha w\u2019imyaka 36 y\u2019amavuko na Rasool w\u2019imyaka 25 bombi bo mu bwoko bwa Kurd muri Iraq. Bo babonaga koherezwa mu Rwanda birutwa no gupfa.<\/p>\n<p>Taha ati: &#8220;Nahitamo urupfu aho koherezwa mu Rwanda\u201d, na ho Rasool ati: \u201cNtabwo wabigereranya n\u2019urupfu, urupfu ni rwiza. Ntabwo natekerezaga ko ibi byambaho, ko banjyana mu kindi gihugu cya kure ya buri kimwe nzi.\u201d<\/p>\n<p>Mohamed yavuze ko bamaze iminota 40 bari mu ndege, moteri yaka, nyuma umwe mu bashinzwe serivisi zayo abageraho, abamenyesha ko batacyoherejwe mu Rwanda.<\/p>\n<p>Bamaze kumenyeshwa iki cyemezo, barishimye ariko ngo n\u2019abapolisi bari babacunze barishimye. Ati: &#8220;Abarinzi b\u2019umutekano ndetse n\u2019abandi bari bishimye. Baraduhobeye, baradushimira. Byagaragaraga ko bageragezaga kubahiriza amabwiriza. Ni ikintu na bo batari bishimiye.&#8221;<\/p>\n<p>Iki gikorwa kimaze kuburizwamo, Minisitiri Patel yatangaje ko abanyamategeko ba guverinoma y\u2019u Bwongereza bari gusuzuma ibyemezo byafashwe mu rwego rw\u2019amategeko kandi ko nta kabuza gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, hashingiwe ku masezerano yasinywe tariki ya 14 Mata 2022 izabaho.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu ijoro rya tariki ya 14 Kamena 2022, indege ya mbere yari kuvana abimukira mu Bwongereza iberekeza mu Rwanda yagombaga guhaguruka, nyuma yo guhabwa uburenganzira n\u2019inkiko z\u2019iki gihugu cyo ku mugabane w\u2019Uburayi. Ariko indege itarahaguruka, haje icyemezo cy\u2019urukiko rwo kuri uyu mugabane rushinzwe uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, gihagarika iyoherezwa ry\u2019aba bimukira mu Rwanda, ndetse ubwo abari bayirimo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-48824","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu ijoro rya tariki ya 14 Kamena 2022, indege ya mbere yari kuvana abimukira mu Bwongereza iberekeza mu Rwanda yagombaga guhaguruka, nyuma yo guhabwa uburenganzira n\u2019inkiko z\u2019iki gihugu cyo ku mugabane w\u2019Uburayi. Ariko indege itarahaguruka, haje icyemezo cy\u2019urukiko rwo kuri uyu mugabane rushinzwe uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, gihagarika iyoherezwa ry\u2019aba bimukira mu Rwanda, ndetse ubwo abari bayirimo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-06-16T16:57:44+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza\",\"datePublished\":\"2022-06-16T16:57:44+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824\"},\"wordCount\":568,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824\",\"name\":\"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-06-16T16:57:44+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=48824#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA","og_description":"Mu ijoro rya tariki ya 14 Kamena 2022, indege ya mbere yari kuvana abimukira mu Bwongereza iberekeza mu Rwanda yagombaga guhaguruka, nyuma yo guhabwa uburenganzira n\u2019inkiko z\u2019iki gihugu cyo ku mugabane w\u2019Uburayi. Ariko indege itarahaguruka, haje icyemezo cy\u2019urukiko rwo kuri uyu mugabane rushinzwe uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, gihagarika iyoherezwa ry\u2019aba bimukira mu Rwanda, ndetse ubwo abari bayirimo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-06-16T16:57:44+00:00","author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza","datePublished":"2022-06-16T16:57:44+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824"},"wordCount":568,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=48824#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824","name":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-06-16T16:57:44+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=48824"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=48824#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Bavuzaga induru; ubuhamya bw\u2019abimukira bari bagiye koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/48824","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=48824"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/48824\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=48824"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=48824"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=48824"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}