{"id":4938,"date":"2017-02-15T15:19:04","date_gmt":"2017-02-15T15:19:04","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/02\/15\/byinshi-utari-uzi-ku-ntambara-y-iminsi-6-yahanganishije-israel-n-abarabu-mu\/"},"modified":"2017-02-15T15:19:04","modified_gmt":"2017-02-15T15:19:04","slug":"byinshi-utari-uzi-ku-ntambara-y-iminsi-6-yahanganishije-israel-n-abarabu-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938","title":{"rendered":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967"},"content":{"rendered":"<p>Basomyi, ubushize twabagejejeho iby\u2019intambara y\u2019abasirikare b\u2019u Rwanda barwanye mu kitwaga Operation Kitona ku butaka bwa Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe cyatambutse.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNi inkuru yagaragaje ko abantu bayitabiriye kuyisoma ku bwinshi ari nacyo gitumye twihutira kubazanira amakuru n\u2019amateka y\u2019imwe mu ntambara karundura yabayeho nyuma y\u2019Intambara ya 3 y\u2019isi yose.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNushake uyite \u201cIntambara y\u2019Iminsi 6 \u201c  cyangwa se \u201cIntambara ya Kamena \u201c nkuko wanivugira \u201c Milhemet Sheshet Ha Yamin \u201c mu rurimi rw\u2019igiheburayo nkuko wanayita  \u201can-Naksah \u201c mu cyarabu n\u2019andi mazina yagiye ahabwa iyi ntambara yavugishije isi menshi ,uko byagenda kose iyi niyo ntambara yakarishye nyuma y&#8217;intambara ya 2 y&#8217;isi yose!<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>1.Mu minsi 6 gusa ingamba zamishe imituku isi yose icura umwijima [ Kurikira intambara ]!<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\nMbere na mbere ariko tubanze tuvuge muri make ko ubusanzwe kuva Israel yakwigenga bitashimishije ibihugu by\u2019Abarabu.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nKugeza aho na magingo aya buri gihugu cy\u2019Abarabu kiba cyumva cyahindura umuyonga  agahugu ka Israel gato mu buso ariko karundura mu mateka n\u2019imbaraga ndengakamere mu mpande zose.<br \/>\nByatangiye Republika Yunze Ubumwe y\u2019Abarabu [ ariyo Misiri cyangwa Egypt y\u2019iki gihe ] ikora ubukangurambaga buhambaye mu bindi bihugu by\u2019Abarabu ku ngingo yo kutihanganira na gato ukubaho kwa Israel nka Leta yigenga.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUyu muhamagaro waje kwitabirwa na za Leta nyinshi zo mu Burasirazuba bwo hagati, birumvikana Misiri yari ku ruhembe rw\u2019imbere.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-56936 size-large\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg\" alt=\"igifaru\" width=\"1024\" height=\"685\" \/><\/a><br \/>\nAriko kandi n\u2019andi mahanga akomeye yose y\u2019Abarabu nk\u2019ayitsamuye yasamiye hejuru iki gitekerezo cya Misiri inagaragara na magingo aya nk\u2019igihugu kigwijeho imbara za gisirikare na politiki byo ku rwego rwo hejuru mu mahanga yose agize ibihugu by\u2019Abarabu.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nTubibutse ko nubwo Misiri nta buhanga bw\u2019Ibitwaro bya kirimbuzi igira ariko bitayibuza kuza mu bihugu bifite igisirikare kihagazeho ku isi kuko iza mu bihugu 15 bya mbere ku isi ikaba n\u2019iya mbere muri Afrika ifite igisirikare gikaze kandi gihambaye.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nBuri wese cyangwa buri kimwe cyose muri ibyo bihugu by\u2019Abarabu cyumvaga bigitindiye gutangiza intambara maze Israel igasigara ari amateka masa masa ku ikarita y\u2019isi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yateguye ingabo kabuhariwe zigera ku 240.000 hamwe  n\u2019abandi basirikare basaga 307.000 bari bakusanyijwe n\u2019ibindi bihugu 4 aribyo Syria , Yordanian na Irak n\u2019ibikoresho by\u2019intambara byari byiganjemo ibifaru 2.504 n\u2019indege z\u2019intambara 957 .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nBeirut [ Liban ] nayo ntiyatanzwe kuko yahise ishyiramo indege rutura z\u2019intambara 2 muri make abasirikare bari bambariye urugamba ku ruhande rw\u2019Abarabu basagaga 547.000 .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAriko mu ntangiriro abambariye urugamba bakabakabaga 240.000 abandi barekereje ku ruhande hafi aho ngo nibiba ngombwa baze gutera ingabo mu bitugu ingabo z\u2019abarabu .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIsrael ariko nayo ntiyari yicaye ubusa muri uko kwambarira urugamba kuko nayo yakoze ku ngabo zayo zizwi ku izina rya Tsahal cyangwa se Israel Defence Forces IDF mu magambo ahinnye y\u2019icyongereza.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nSi aba gusa kandi kuko Israel y\u2019icyo gihe yabaraga abasirikare 240.000 mu Nkeragutabara zayo  [ Reserve Force ] kandi aba bakaba ari nabo bari bafite ubunararibonye mu by\u2019urugamba kenshi unasanga igihe cyose bahora bashyugumbwa imirwano dore ko nubwo ntawukunda intambara riko aba ba reservists ba Israel atari bo barota imirwano ibaye ! Bagashika n\u2019iyonka bakajya mu ntambara! Kuko mu maraso yabo bakunda kurwana.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIsrael n\u2019ibifaru byayo 800 bikomeye cyane hamwe n\u2019indege z\u2019intambara zisaga 300 yahise yiyemeza kurasana n\u2019abarabu mpaka kugeza ku musirikare wa nyuma kuko ntayandi mahitamo yari ifite.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n2.Ibijya gucika bica amarenga, Misiri ifungira amayira amato ya Israel ku kigobe cya Aqaba !<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUbusanzwe ikintu cyari cyarakunze guteza amakimbirane ni ubukomane bwa Suez bwaje gucukurwamo umugende unyuzwamo ibicuruzwa bigana imihanda yose ku isi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUyu mugende wa Suez [ The Suez Canal ] niwo uhuza inyanja 3, ukaba umugende karemano [ Artificial Canal ] wahanzwe kugirango ujye unyuzwamo amato yikoreye ibicuruzwa mu nzira iva mu nyanja Itukura n\u2019iy\u2019Ubuhinde uva cyangwa ugana Mediterranee.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAha rero niho hari hakunze kubaho gushotorana hagati ya Israel na Misiri ariko ntibikabye.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUbwo Misiri yafataga umwanzuro wo gufungira Israel inzira ziyigeza ku cyambu cya  <strong>Tiran<\/strong>  iki cyambu kiri ahantu neza neza hakikijwe n\u2019ubutayu bwa Sinai ari naho  Israel yinjirira ku mazi  mpuzamahanga yo ku Nyanja itukura .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nBy\u2019ukuri ibi byari nko gufunga amazuru Israel ngo idahumeka kuko iki nicyo cyambu gikomeye gihuza Israel n\u2019andi mahanga kabone nubwo Isreal ikora ku Nyanja nini yindi ya Mediterrannee ahagana Tel-Aviv.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIki ni icyambu Abaheburayo aho kugiheba bari guhebera urwaje bakarwana umuhenerezo n\u2019Abarabu mpaka habonetse umugabo utari akagabo  !<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUkwezi kumwe mbere y\u2019uko uru rugamba rutangira ku wa 27 Gicurasi 1967, uwari Prezida wa Misiri Bwana Gamal Abdel Nasser yabwiye Igisirikare cye kirwanira mu kirere ko \u201cMisiri yiteguye kurasa Israel \u201c ko kandi Israel yibeshye igatangiza urugamba abanya Misiri bayibwira ngo \u201c <strong>Ahlan wa-sahlan<\/strong>  \u201c bisobanuye mu cyarabu ngo \u201c <strong>Murakaza neza mboga zizanye<\/strong>  \u201d!<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNi nabwo mbere gato y\u2019iyi tariki kuwa 22-23 Gicurasi uyu Bwana Abdel Gamal Nasser yakojeje agati mu ntozi maze afungira Israel amazi n\u2019umuriro ategeka ko guhera ubwo nta bwato bwa Israel bwemerewe gutambuka kuri icyo cyambu cya Tiran cyasaga n\u2019igikikijwe n\u2019inkombe z\u2019Abarabu ku mpande zose.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nHakuno y&#8217;icyambu hari Misiri, hakurya hari Saudi Arabia naho amazi magari y\u2019inyanja itukura yinjirira aho kugeza ku butaka bwa Israel na Yordania ahazwi nko mu kigobe cya Aqaba.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNkuko twatangiye ariko tubabwira iyi ntambara yari ihuje amahanga menshi y\u2019Abarabu na Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nHano nubwo ariko twibandaga kuri Misiri nka gashozantambara,ntibikuraho ko Syria nayo yari irekereje mu Majyaruguru ya Israel n\u2019ingabo zayo kabuhariwe,yiteguye gusiribanga aka gahugu benshi batinya kandi kicecekeye .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nYordania nayo ariko yararumaga igahuha cyane ko Israel ngo yari yayiburiye kutisuka muri iyi ntambara ikanga, nayo yahoraga ikubita agatoki ku kandi kubera yasaga niri hafi neza neza y\u2019umuji wa Yerusalemu kurusha ibindi bihugu byose kandi ariwo pfundo ry\u2019intambara y\u2019abarabu.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nTubibutse ko Yordania ari yo iherereye hafi na West Bank cyangwa se Cisjordanie ku bakoresha igifaransa, utu tukaba ari uduce duherereyemo umurwa mukuru wa Palestine Ramallah hafi n\u2019umuji wa Yerusalemu mu burasirazuba bwa Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nLiban nayo nubwo nta gatege yari yifitiye ariko kuba ikora ku butaka bwa Israel yumvaga itatangwa cyane ko imitwe ya Hezbollah iharanira kubohoza ubutaka bw\u2019Abarabu Israel yigaruriye ariho yari ishinze ibirindiro .<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Kuba Liban yari yasinyiye kwinjira mu rugamba harimo nibura inyungu 2 ku Ngabo z\u2019Abarabu.<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\nInyungu ya 1 Ni uko Abarabu bashoboraga gukoresha ikirere cya Liban mu kurasa bitabagoye umuji wa Tel-Aviv n\u2019inkengero zayo.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nByanashobokaga ko ingabo zo ku butaka no mu mazi hamwe n\u2019ibisasu bya Irak byakoresha ikirere cya Liban kimwe na za Radars ziyobora ibisasu zashoboraga gushingwa muri Liban kabone nubwo nta gisirikare Beirut yari ifite cyakwisukira intarumikwa za Israel ariko Liban yari Starategy nziza mukurasa Israel.<br \/>\n\u00a0<\/p>\n<ol start=\"3\">\n<li> <strong> Ingabo za Syria na Liban mu Majyaruguru, Yordania mu Burasirazuba, Misiri ahasigaye hose Israel hagati nk\u2019ururimi,ikinyoma cy\u2019ubutasi bw\u2019Uburusiya!<\/strong> <\/li>\n<\/ol>\n<p>\u00a0<br \/>\nMu kwezi ku Ugushyingo mu 1966, Misiri yari yarakoze amasezerano yo gutabarana n\u2019igihugu cya Syria.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMu bigaragara aya masezerano mu bya gisirikare yahaye Misiri uburyo bwo kwiyumvira ko nubwo Israel yakomera gute itabasha ibisirikare bya Misiri na Syria cyane ko na nubu Syria iri mu bihugu bifite Ingabo zikaze kandi icyo gihe Syria yanakolonizaga mu mayeri igihugu cya Liban.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAha rero ninaho Gamal Abdel Nasser wa Misiri yahereye ashingira ku makuru yari ahawe n\u2019Uburusiya ko Israel yamaze kurundanya abasirikare ku mupaka wa Syria nyamara amubeshya yishakiraga isoko ry&#8217;ibitwaro by&#8217;Uburusiya !<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNawe ahera ko ategura ibitwaro n\u2019Abasirikare ku murongo ugabanya Israel na Misiri kuva kuri Gaza kugeza mu butayu bwa Sinai nko guha gasopo Israel ko ihirahiriye gutera Syria, Misiri nayo yahita iyitera rukabura gica.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNkuko twabibonye haruguru aha ni naho Misiri yafungaga umupaka w\u2019inyanja kuri Tiran maze uwari Prezida wa Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika Bwana Lyndon Johnson atangaza amagambo asa nk\u2019imbozi kuri Misiri agira ati :<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <em>\u201cNiba igikorwa cyo <\/em>  <em> <\/em>  <em>gufungira <\/em>  <em> <\/em>  <em>amayira ikindi gihugu cyashobora gushoza intambara ikaze , byaba ari agahomamunwa ko hagira uwibwira ko Ubwinjiriro bw\u2019amazi bwa Tiran bwakagombye kuba bufunzwe none. Ku bw\u2019ibyo rero uburenganzira bw\u2019inzirakarengane bugomba kubahirizwa haba ku butaka no mu nzira zo mu mazi kuri buri shyanga ryose riri ku isi\u201d .<\/em><br \/>\n\u00a0<br \/>\nUbwo kandi uko Misiri yagasinyanye na Syria amasezerano yo kurwanira hamwe ni nako ku wa 30 Gicurasi 1967, Misiri yasinyanaga andi masezerano yo kurwanira hamwe na Yordania binasa naho byabaye nk\u2019ikizere ntakuka ko Israel imaze kugotwa burundu.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yo ndetse yanafashe ingamba zo kwohereza Ingabo zayo ku butaka bwa Yordania kugirango zizahatangirize ibitero kuri Yerusalemu nko guhumbya.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>4.Imirwano nyirizina ,Operation Focus y\u2019ingabo zirwanira mu kirere za Israel yahahamuye Abarabu ku munsi wa 1 w\u2019intambara!<\/strong><br \/>\nIbyakorwaga byose na Misiri n\u2019Abarabu ariko Israel n\u2019ingabo zayo ntiyari yicaye ubusa kuko yifashishije urwego rwayo rw\u2019ubutasi ruzwi nka Mossad hamwe n\u2019izindi nzego z\u2019iperereza z\u2019imbere mu gihugu no hanze yacyo zari ziryamiye amajanja.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAha ariko usanga bivugwa ko na CIA ya Leta Zunze Ubumwe yari irekereje ku ruhande rwa Israel kuko nubwo ubutasi bw\u2019Uburusiya bwahaga amakuru Abarabu ,ari nako ingabo za Israel zafatanyaga n\u2019iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukusanya amakuru y\u2019imyiteguro y\u2019urugamba ku ruhande rw\u2019Abarabu.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMbere gato indege z\u2019intambara za Israel zakunze kugaragara zikora akarasisi k\u2019intambara mu kirere hafi 4 ku munsi ibintu byasaga no kwerekana igihagararo gikaze cy\u2019ingabo zirwanira mu kirere za Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAbarabu nabo bati twatanzwe nabo bahise batangiza imyireko y\u2019indege zabo z\u2019intambara ariko bo bakabikora 2 ku munsi. Nuko intambara iratutumba sinakubwira.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yakajije ibirindiro ku muhanda mukuru uhinguranya ubutayu bwa Sinai,aho Misiri yatekerezaga ko byakorohera Israel n\u2019ingabo zayo kunyuza ibitero ku buryo bworoshye.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNyamara IDF cyangwa se igisirikare cya Israel cyahisemo gutegura intambara kinyuze ahantu habo hashoboka Misiri n\u2019Abarabu batapfa gukeka ko umwanzi yahanyuza ibitero, ahantu hatari amayira niho Israel yapanze kurwanira.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/char.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-56937 size-large\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/char-1024x668.jpg\" alt=\"char\" width=\"1024\" height=\"668\" \/><\/a><br \/>\nJames Reston,umunyamakuru wa The New York Times yo kuwa 23 Gicurasi 1967 icyumweru n\u2019igice mbere yuko rwambikana yanditse agira ati :<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>\u201c <em>Mu kinyabupfura na morale, ibikoresho ndetse n\u2019ubushobozi buhambaye n\u2019ubunararibonye bw\u2019aba Jenerali ba Nasser wa Misiri n\u2019ingabo ze nzi, kabone nubwo bakwikusanya n\u2019Abarabu bose, biramutse habayeho ko Uburusiya butabafasha mu buryo bw\u2019imbonankubone ,ntabwo bahagarara n\u2019umunota n\u2019umwe imbere y\u2019ingabo za Israel<\/em> <\/strong>  <strong> <\/strong>  <strong>\u2026\u201d<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>James Reston<\/strong>  <strong> <\/strong> yongeyeho ko \u201cUbwo ingabo za Misiri zari 50.000 muri Yemen, aba Jenerali bazo n\u2019indege z\u2019intambara zabo ubwabo barananiwe ndetse indege zabo zikajya zihanura ubwazo, mwibaze umuntu wanananiwe kurwana muri Congo\u201d! James Reston.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nRaporo ya CIA bya Biro by\u2019ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo kuwa 26 Gicurasi 1967, nayo yunze mu rya James Reston wa The New York Times nayo ivuga ko ingabo za Israel zifite ubushobozi bwo gusukuma iza Misiri zikazambura icyambu cya Tiran ko ariko zizahatakariza abasirikare batabarika ndetse n\u2019ibikoresho byinshi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>4.1 Buri bucye Israel n\u2019Abarabu barwana ,Israel yari yapanze gutsinda Abarabu mu minsi 3 cyangwa 4 gusa [ kurikira\u2026]!<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\nKu itariki ya 1 Kamena habura iminsi 3 ngo rwambikane ku mpande zombi, inama y\u2019abaminisitiri ya Israel yarateranye hashyirwaho Guverinoma y\u2019Ubumwe bw\u2019igihugu ihabwa amabwiriza yo gutangiza intambara mbere yuko Abarabu barasa kuri Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nKu itariki ya 5 Kamena mu rukerera, ingabo za Israel zirwanira mu kirere Israel Air Force IAF mu magambo ahinnye zatangije igikorwa cya mbere cy\u2019urugamba kitiriwe Operation Focus!<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIndege zo mu bwoko bwa MIG zakorewe mu Bufaransa nizo ziyambajwe muri iyi Operation kabuhariwe y\u2019ingabo zirwanira mu kirere za Israel.<br \/>\nIndege 12 z\u2019intambara za Israel muri 200 yari itunze zo muri ubu bwoko nizo ziyambajwe mu gutangiza iki gikorwa ku ikubitiro .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nSaa 07h45 za mu gitondo ibirumbeti by\u2019intabaza bya Israel byavugiye icyarimwe mu gihugu cyose bimenyesha ko urugamba rutangiye ku mugaragaro.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yahuye n\u2019uruva gusenya kuko bitewe nuko itagiraga ahantu ho guhisha indege zayo z\u2019intambara mu kuzimu,Indege z\u2019intambara za Israel zigabije ikirere cya Cairo, ariko zirinda cyane kugurukira hejuru cyane zikanga ko zavumburwa na Radars za Misiri.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIndege z\u2019intambara za Israel zaciye ku nkengero y\u2019inyanja ya Meditterranee zigurukira hasi cyane zuburukira kuri Cairo abasirikare bakinywa icyayi abandi bakihumura. Izindi zaciye hepfo ku nkengero y\u2019inyanja itukura.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIngabo za Israel yakoze agashya zihengera Abagaba b\u2019ingabo za Misiri bagiye muri Sinai gusura ingabo zabo zari zugarije umupaka wa Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMaze aba ba Jenerali ba Misiri bagihagurutsa indege zabo indege za Israel nazo ziba zihagurutse bityo Ingabo za Misiri zijya mu rungabangabo ziyoberwa ibyabaye aba Pilotes ba Israel bivanga n\u2019indege ziherekeje ba ba Jenerali ba Misiri ariko bo bagendera hasi bihinduka agatogo.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nRadars za Misiri zareba zikabona ari indege zabo n\u2019izindi badasobakiwe!<br \/>\nRadars za Misiri ziboneraga indege z\u2019aba ba Jenerali ba Misiri naho ntibakamenye ko indege za Israel ziri kugurukana nazo ariko ziri hasi cyane y\u2019iza Misiri !<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri ibura iz\u2019irasa n\u2019izireka imbunda zihanura indege zihera mu cyeragati.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nImbunda za Misiri SA-2 zihanura indege zahawe amabwiriza yo kudahubuka kugirango zitikora mu nda aba Jenerali ba Misiri bakahatikirira.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nRadars za Yordania ariko zamenye ko Israel yatangiye intambara ziburira Misiri nyamara Israel ivangira itumanaho ry\u2019Abarabu .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nBirangira ingabo za Israel mu kanya gato nkako guhumbya zibasha kurasa no gusenya indege 338 za Misiri zabaga ziparitse ku bibuga y\u2019indege by\u2019igisirikare cya Misiri muri icyo gitondo i Cairo hahinduka umuyonga.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIsrael yashenye indege hafi ya zose za Misiri inica aba Pilotes 100 b\u2019ingabo za Misiri, ikintu cyayikoze mu nda Misiri itangira kuyoberwa ibiyibayeho!<br \/>\nMisiri yahatakarije indege 30 zo mu bwoko bwa Tu-16 Bombers , 40 II-28 Bombers 12 SU-7 MIG 21 zigera kuri 90 nizindi 20 zo mu bwoko bwa MIG-19s ,hamwe na 25 MIG-17 harimo na Kajugujugu n\u2019izindi ndege 32 .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIngabo za Israel kandi zashegeshe Radars SAM  za Misiri zose mu gihe indege 19 za Israel arizo zahasandariye habariwemo na 13 zahanuwe n\u2019imbunda zihanura indege izindi zikesurana n\u2019iza Misiri mu kirere zari zagerageje kuza gutabara.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIbi byatumye Israel yigaragaza nka kizigenza mu ntambara zo mu kirere [  <strong>Air<\/strong>   <strong>Power Superiority<\/strong>  ] kur wego ruhanitse kurusha urw\u2019Abarabu na Misiri.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIby\u2019uru rugamba rwo ku munsi wa mbere Misiri n\u2019Abarabu bavuze ko atari ukuri ko ari propaganda y\u2019ibitangazamakuru byo mu Burengerazuba bw\u2019isi ariko nyuma biza kugaragara ko kwari ukuri kwambaye ubusa!<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIbi ariko ntibyabujije Radio ya Misiri gutangaza intsinzi y\u2019Igisirikari cya Misiri nk\u2019imwe muri propaganda yo kudahahamura abanya Misiri no kudaca ingabo morali zari ku rugamba.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nRadio ya Cairo ubwayo yarihanikiriye itangaza ko Misiri yahanuye indege 70 za Israel byahe byo kajya.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>5.Intambara muri gace ka Gaza no mu butayu ba<\/strong>  <strong> <\/strong>  <strong> Sinai !<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yari yarateguye Diviziyo 7 muri Sinai ,izi Diviziyo zari zigabanijemo amatsinda 4 arwanisha ibifaru, 2 arwanisha ingabo zo ku butaka hamwe n\u2019irindi rikoresha twa Bulende duto [ Mechanized Infantry ].<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAbasirikare 100.000 , Tanki 950 hamwe na twa Bulende duto 1100 hamwe n\u2019ibibunda bya rutura birasa kure 1000 byari byiteguye guhangana no gusiribanga Israel.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIsrael nayo yari yakoze ku basoda bayo 70.000  bambariye urugamba ku rwego rukaze ,hamwe no ku bifaru byayo 700 muri za Burigade 6 ziherekejwe na Burigade 3 z\u2019Aba Paracommando bamanukira mu mitaka.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nBari baramaze kwiyegeranya ariko bucece habe no kuvuza ama Radio yabo y\u2019itumanaho.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIsrael yari itegereje imbarutso ngo rwambikane kahave!<br \/>\nIsrael ngo yari yapanze kurasira icyarimwe ku butaka no mu kirere ingabo za Misiri kandi ikajya izituruka ku ruhande [  <strong>Combined Force Flanking Approach<\/strong>  ] hariho kwirinda gusakirana icyamaso n\u2019Ibifaru bya Misiri.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nJenarali Major Israel Tal wa Israel yari ayoboye urugamba ahagana mu Majyaruguru ya Sinai, yinjira ku mpande 2 iya Khan Yunis na Nahal Oz.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMu kanya gato gahoro gahoro aba asumbirije ingabo za Misiri hafi n\u2019umupaka wa Rafah ku nkengero za Gaza.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nYakomeje yegera umugenda wa Suez na El-Qantarah el-Sharqiyya .Iki gitero cyari kiyobowe na Colonel Shmuel Gonen na Burigade ya 7 y\u2019ibifaru ya.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nJenerali Major Tal yasabye abasirikare be kandi kugota Khan Yunis birumvikana anasaba Colonel Manachem Aviram kunyura hepfo muri icyo gihe aba Paracommando bari bamaze gufata Rafah bamanukiye mu mitaka.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMuri iyi mirwano ariko Israel yarahakubitiwe kuko yahatakarije abasirikare batari bake ariko baranga bafata ako gace bibagoye kuko ingabo za Misiri zari zabaryanye karungu ariko birangira Khan Yunis ifashwe yose.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nColonel Gonen yatangarije itangazamakuru ko  Israel ihatakarije ingabo na za bulende ndetse ko Rafah yabaciyemo igikuba ariko cyatumye Misiri ihatakariza abasoda 2000 na Tanki 40 zikahatikirira.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nNguko uko Khan Yunis na Rafah byafashwe mu rugamba rutari rworoshye na Jenerali Major Israel Tal wari wungirijwe na Colonel Gonen .<br \/>\n <strong>                                          <\/strong> <\/p>\n<ol start=\"6\">\n<li> <strong> Urugamba rw\u2019urukatsa rwa Abu-Ageila rwari ruyobowe na Jenerali Major Ariel Sharon<\/strong>  <strong>.<\/strong> <\/li>\n<\/ol>\n<p>\u00a0<br \/>\nTuracyari muri Sinai ariko tugannye ahagana epfo ku nyanja itukura aha twavugaga hejuru harebaga Gaza n\u2019inyanja ya Meditterranee .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUbu turamanutse ku nyanja itukura hafi ya hahandi Misiri yari yarihaye gufunga icyambu cya Tiran ku Kigobe cya Aqaba.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nJenerali Majoro Ariel Sharon na Division ye y\u2019ibifaru ya 7 yari yatejemo .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nYarasukiye kuri Um-Katef asanga ingabo za Misiri zamwiteguye zari ziyobowe na Jenerali Majoro Sa\u2019adi Nagib wa Diviziyo ya 2 y\u2019ingabo za Misiri zirwanira ku butaka.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yari ihafite ingabo 16.000 na Batayo yitwaje ibisasu bisenya Bulende bya SU-100 byakozwe n\u2019aba Russia hamwe n\u2019ibifaru byabo bya T-34-85 byari byararwanye mu ntambara ya 2 y\u2019isi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMajoro Jenerali Ariel Sharon we yari afite abasirikare 14.000 bitwaje ibifaru bizwi nka AMX-13 ,Centurion na M50 Super Shermans .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nJenerali Sharon yari kumwe na Commandant Avram Yoffe aho bwakeye ingabo za Israel ziherekejwe n\u2019aba Paracommando bazo bari bamaze kwirara mu ndaki z\u2019abasirikare ba Misiri rukambikanira mu ndaki imbere indani.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/israel.png\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-56935\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/israel.png\" alt=\"israel\" width=\"585\" height=\"572\" \/><\/a><br \/>\nGusa Ariel Sharon yashatse gutomera Sinai asanga ingabo za Misiri zariye ibamba I Tarat Umm ,Umm Tarfa na Hill 181.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIndege y\u2019intambara ya Israel iba irahanuwe na Misiri intambara ihindura isura.<br \/>\nIngabo za Generali Majoro Ariel Sharon zarahatikiriye ariko zibasha hamwe n\u2019ibifaru byazo kwinjira muri Abu-Ageila .<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMuri iryo joro ahagana saa 10h00 Jenerali Ariel Sharon afashijwe naa Colonel Yekutiel Adam na Kajugujugu zabo babashije kubaka urukuta rw\u2019ibibunda birasa kure byo mu bwoko bwa Mortar 105 mm na 155 mm ngo rutigeze rubaho mu mateka y\u2019intambara Israel yarwanye.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAha niho undi mu Commandant wa Israel witwa Danny Matt ngo yakoze agashya atera ingabo za Misiri aziturutse inyuma asenyagura intwaro zabo zirasa kure muri uru rugamba Israel yahatakarije abasirikare 40 abandi 140 barahakomerekera.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>6.1 Jenerali Majoro Ariel Sharon ngo yaba yarategetse ibifaru bya Israel kwivanga n\u2019ibya Misiri bigatsonyorana amaso ku maso!<\/strong><br \/>\n <strong> <\/strong><br \/>\nUm-Katef imaze gufatwa Jenerali Sharon yahise afata umwanzuro wari utarabaho, ategeka ibifaru bya Israel gusatira ibya Misiri bikajya bigongana nta mbabazi hakarebwa ibikomeye kurusha ibindi.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIbi ngo byabereye amayobera aba Commandants b\u2019Ingabo za Israel bari guhuza ibikorwa by\u2019intambara bose barahirira Jenerali Sharon waje no kuba ikirangirire muri iyi ntambara yari ikaze kurusha izindi zose Israel yarwanye kubera utwo duhangano yazanyemwo!<br \/>\n\u00a0<br \/>\nIbifaru 40 bya Misiri byarahatsonyokeye naho 9 bya Israel nabyo bihahurira n\u2019uruva gusenya.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nMisiri yahatakarije abasirikare 300 abandi 100 bafatwa mpiri mu gihe Israel yahatakarije abagera kuri 14 n\u2019inkomere 41.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nAha niho Jenerali Avraham Yoffe yashoboye kwifashisha ingamba zombi za Jenerali Tal mu majyaruguru na Jenerali Ariel Sharon mu majyepfo  bya Sinai maze anyura hagati yabo arahinguranya mu gicuku aba yigaruriye Abu- Ageila yose.<br \/>\nIbi byose ariko yaba ukwigarurira Rafah na Khan Yunis ndetse na Abu-Ageila nta na rimwe ingabo za Israel zari bwinjire muri Gaza na rimwe .<br \/>\nMinisitiri w\u2019Ingabo za Israel, Bwana Moshe Dayan yari yabahaye gasopo kutinjira muri Gaza.<br \/>\nIbi ariko byarangiye habayeho kutabyumvikanaho hagati y\u2019uwari umugaba w\u2019Ingabo za Israel, Jenerali Itzak Rabin waje gutegeka ingabo gufata Gaza kubera abanya Palestines bari batangiye kurasa ku midugudu ya Nirim na Kissufim muri Israel Gaza nayo kuva ubwo iraraswa  ifatwa ityo.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUru rwari urugamba rwo mu itangiriro ubutaha tuzabagezaho intambara ya West Bank hafi na Yeruzalemu hamwe no mu birwa bya Golan ku mupaka wa Syria mpaka iminsi 6 uko byagenze.<br \/>\nNi urugamba ruzaba ruryoshye bitangaje! [ BIRACYAZA ]<br \/>\n <em> <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong> <\/em><br \/>\n <strong> <em>Eugene David Marshall- Bwiza.com<\/em> <\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Basomyi, ubushize twabagejejeho iby\u2019intambara y\u2019abasirikare b\u2019u Rwanda barwanye mu kitwaga Operation Kitona ku butaka bwa Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe cyatambutse. \u00a0 Ni inkuru yagaragaje ko abantu bayitabiriye kuyisoma ku bwinshi ari nacyo gitumye twihutira kubazanira amakuru n\u2019amateka y\u2019imwe mu ntambara karundura yabayeho nyuma y\u2019Intambara ya 3 y\u2019isi yose. \u00a0 Nushake uyite \u201cIntambara [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[],"class_list":["post-4938","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-zicukumbuye"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Basomyi, ubushize twabagejejeho iby\u2019intambara y\u2019abasirikare b\u2019u Rwanda barwanye mu kitwaga Operation Kitona ku butaka bwa Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe cyatambutse. \u00a0 Ni inkuru yagaragaje ko abantu bayitabiriye kuyisoma ku bwinshi ari nacyo gitumye twihutira kubazanira amakuru n\u2019amateka y\u2019imwe mu ntambara karundura yabayeho nyuma y\u2019Intambara ya 3 y\u2019isi yose. \u00a0 Nushake uyite \u201cIntambara [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-02-15T15:19:04+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"16 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967\",\"datePublished\":\"2017-02-15T15:19:04+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938\"},\"wordCount\":3179,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/02\\\/igifaru-1024x685.jpg\",\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938\",\"name\":\"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/02\\\/igifaru-1024x685.jpg\",\"datePublished\":\"2017-02-15T15:19:04+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/02\\\/igifaru-1024x685.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/02\\\/igifaru-1024x685.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=4938#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA","og_description":"Basomyi, ubushize twabagejejeho iby\u2019intambara y\u2019abasirikare b\u2019u Rwanda barwanye mu kitwaga Operation Kitona ku butaka bwa Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe cyatambutse. \u00a0 Ni inkuru yagaragaje ko abantu bayitabiriye kuyisoma ku bwinshi ari nacyo gitumye twihutira kubazanira amakuru n\u2019amateka y\u2019imwe mu ntambara karundura yabayeho nyuma y\u2019Intambara ya 3 y\u2019isi yose. \u00a0 Nushake uyite \u201cIntambara [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-02-15T15:19:04+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"16 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967","datePublished":"2017-02-15T15:19:04+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938"},"wordCount":3179,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg","articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938","name":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967 - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg","datePublished":"2017-02-15T15:19:04+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=4938"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/02\/igifaru-1024x685.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=4938#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Byinshi utari uzi ku ntambara y\u2019iminsi 6 yahanganishije Israel n\u2019Abarabu mu 1967"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4938","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=4938"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/4938\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=4938"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=4938"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=4938"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}