{"id":50457,"date":"2022-08-10T22:01:14","date_gmt":"2022-08-10T22:01:14","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/08\/10\/p-kagame-yavuze-ko-igitutu-amerika-yashyira-ku-rwanda-ngo-rurekure-rusesabagina\/"},"modified":"2022-08-10T22:01:14","modified_gmt":"2022-08-10T22:01:14","slug":"p-kagame-yavuze-ko-igitutu-amerika-yashyira-ku-rwanda-ngo-rurekure-rusesabagina","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457","title":{"rendered":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga"},"content":{"rendered":"<p><strong>Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rudatewe ubwoba n&#8217;igitutu rushobora kotswa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisaba ko rwarekura Paul Rusesabagina, ashimangira ko ntacyo gishobora kugeraho.<\/strong><\/p>\n<p>Umukuru w&#8217;Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nyakanga, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter atanga igitekerezo ku butumwa bw&#8217;umwe mu barukoresha.<\/p>\n<p>Ubutumwa Perezida Kagame yavugagaho ni ubw&#8217;uwitwa Nathalie Munya (Munyampenda) usanzwe ayobora Kaminuza ya Kepler.<\/p>\n<p>Ni ubutumwa uyu mudamu yanditse kuri Twitter na we atanga igitekerezo ku nkuru y&#8217;igitekerezo Martin Ngogawahoze ari Umushinjacyaha Mukuru mu Rwanda yanyujije mu kinyamakuru Pan-African Review.<\/p>\n<p>Ni inkuru yanditswe mu gihe u Rwanda ruteganya kwakira Anthony Blinken, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n&#8217;Amahanga.<\/p>\n<p>Byitezwe ko Anthony Blinken azagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame ku ngingo zirimo ikibazo cy&#8217;umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, ndetse binitezwe ko ngo ashobora kotsa igitutu Umukuru w&#8217;Igihugu amusaba kurekura Paul Rusesabagina.<\/p>\n<p>Ni Rusesabagina kuri ubu ufungiye muri gereza ya Nyarugenge, nyuma yo gukatirwa igifungo cy&#8217;imyaka 25 nyuma yo guhamywa ibyaha by&#8217;iterabwoba byakorewe ku butaka bw&#8217;u Rwanda mu myaka yashize.<\/p>\n<p>Uyu mugabo cyakora cyo afungiye mu Rwanda mu gihe asanzwe afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igihugu yari anaturutsemo mbere y&#8217;uko afatirwa i Kigali muri Kanama 2020.<\/p>\n<p>Martin Ngoga mu nkuru ye yasobanuye ko bitumvikana buryo ki Amerika ikomeje umugambi wo kotsa u Rwanda igitutu kubera Rusesabagina, nyamara kugira ngo uyu mugabo afatwe byaragizwemo uruhare n&#8217;inzego zitandukanye.<\/p>\n<p>Ni inzego zirimo urushinzwe iperereza ry&#8217;imbere muri Amerika (FBI) rwamukozeho iperereza ku ruhare rwe mu gutera inkunga ibikorwa by&#8217;iterabwoba mu myaka 12 ishize.<\/p>\n<p>Ngoga yagaragaje ko uburyo Amerika iri gushaka kwivanga mu butabera bw&#8217;u Rwanda kubera Rusesabagina, ari ko u Buholandi bwabigenzaga ubwo u Rwanda rwarimo ruburanisha Ingabire Victoire Umuhoza. Yavuze kandi ko ari na ko u Bubiligi bumaze igihe bubigenza ku kibazo cya Rusesabagina.<\/p>\n<p>Uyu mugabo kuri ubu ukuriye abadepite b&#8217;inteko y&#8217;Umuryango wa Afurika y&#8217;Iburasirazuba (EALA) yabajije impamvu Blinken ateganya kotsa igitutu Perezida Kagame nk&#8217;umuyobozi ku kibazo cyakemuwe n&#8217;urwego rw&#8217;ubutabera.<\/p>\n<p>Yavuze ko niba ashaka kuzamura ikibazo cya Rusesabagina nta kindi agamije kitari ugushaka guha Abanyafurika amasomo ku miyoborere myiza, nyamara akwiye kuzirikana ko adakwiye kwica amahame n&#8217;amategeko agenga urwego rw&#8217;ubutabera.<\/p>\n<p>Nathalie Munya agendeye kuri iyi nyandiko ya Martin Ngoga, yagaragaje ko ibyo Amerika iri kugerageza gukora ari &#8220;kugira ngo ibone Rusesabagina arekurwe kubera uwo ari we, hatitawe ku byo yakoze.&#8221;<\/p>\n<p>Yavuze ko Amerika ititaye ku kazi kakozwe n&#8217;ubutabera ndetse n&#8217;abasivile icyenda baguye mu bitero umutwe wa FLN Rusesabagina yari abereye umuyobozi wagabye mu Rwanda.<\/p>\n<p>Munya yavuze ko ikibazo cya Rusesabagina ntaho gitaniye n&#8217;icya Ingabire.<\/p>\n<p>Yunzemo ko bene ibi bihugu byo mu Burengerazuba bw&#8217;Isi biba bibizi neza ko inzego zabyo zishinzwe gukurikiranira iyubahirizwa ry&#8217;amategeko ryakusanyije ibimenyetso zikanabitanga, ariko muri wa muco wabyo wo kumva ko bikwiye guha Afurika amasomo kuri demukarasi bikaba byumva ko Blinken &#8220;azotsa igitutu umuyobozi w&#8217;igihugu gifite ubusugire kugira ngo yivange mu nzira y&#8217;ubutabera.&#8221;<\/p>\n<p>Perezida Kagame asubiza uyu muntu ni ho yagaragarije ko ibyo gutera u Rwanda ubwoba bidashobora gukora.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Nta bwoba&#8230;hari ibintu bitapfa gukora muri ubwo buryo ahangaha.&#8221;<\/p>\n<p>Biteganyijwe ko Blinken nta gihindutse agera mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rudatewe ubwoba n&#8217;igitutu rushobora kotswa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisaba ko rwarekura Paul Rusesabagina, ashimangira ko ntacyo gishobora kugeraho. Umukuru w&#8217;Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nyakanga, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter atanga igitekerezo ku butumwa bw&#8217;umwe mu barukoresha. Ubutumwa Perezida [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-50457","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rudatewe ubwoba n&#8217;igitutu rushobora kotswa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisaba ko rwarekura Paul Rusesabagina, ashimangira ko ntacyo gishobora kugeraho. Umukuru w&#8217;Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nyakanga, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter atanga igitekerezo ku butumwa bw&#8217;umwe mu barukoresha. Ubutumwa Perezida [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-08-10T22:01:14+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga\",\"datePublished\":\"2022-08-10T22:01:14+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457\"},\"wordCount\":556,\"commentCount\":4,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457\",\"name\":\"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-08-10T22:01:14+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50457#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA","og_description":"Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rudatewe ubwoba n&#8217;igitutu rushobora kotswa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisaba ko rwarekura Paul Rusesabagina, ashimangira ko ntacyo gishobora kugeraho. Umukuru w&#8217;Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nyakanga, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter atanga igitekerezo ku butumwa bw&#8217;umwe mu barukoresha. Ubutumwa Perezida [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2022-08-10T22:01:14+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga","datePublished":"2022-08-10T22:01:14+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457"},"wordCount":556,"commentCount":4,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=50457#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457","name":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-08-10T22:01:14+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=50457"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50457#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/50457","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=50457"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/50457\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=50457"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=50457"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=50457"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}