{"id":50483,"date":"2022-08-11T17:46:57","date_gmt":"2022-08-11T17:46:57","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/08\/11\/sena-iratabariza-abanyarwanda-bakoreye-mu-burundi-badahabwa-amafaranga-ya\/"},"modified":"2022-08-11T17:46:57","modified_gmt":"2022-08-11T17:46:57","slug":"sena-iratabariza-abanyarwanda-bakoreye-mu-burundi-badahabwa-amafaranga-ya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483","title":{"rendered":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo"},"content":{"rendered":"<p><strong>Umutwe wa Sena mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda uratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi ubwo bari impunzi, badahabwa amafaranga y\u2019ubwiteganyirize (pansiyo).<\/strong><\/p>\n<p>Iki kibazo cyagejejwe mu nteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa 10 Kanama 2022, bamwe muri ba senateri barimo Havugimana Emmanuel na Andr\u00e9 Twahirwa bagaragaza ko aba Banyarwanda babayeho nabi, kandi ikibazo cyabo kimaze igihe kirekire kizwi.<\/p>\n<p>Senateri Havugimana yasobanuye ko imwe mu mbogamizi aba Banyarwanda bahura na zo ari uko bagiye mu kiruhuko cy\u2019izabukuru batarakora mu Rwanda imyaka 15 isabwa n\u2019urwego rw\u2019ubwiteganyirize (RSSB). Ati: \u201cBamwe bishwe n\u2019ubukene bukabije, ntibahawe pansiyo. Abandi bashaje batarayihabwa. Birababaje.\u201d<\/p>\n<p>Abasaba amafaranga y\u2019ubwiteganyirize harimo abakoreye muri ibi bihugu byombi. Senateri Twahirwa arasaba ko imisanzu batanze yahuzwa, bagafashwa kubona amafaranga y\u2019ubwiteganyirize. Ati: \u201cDukwiye gushaka uburyo bwo gukurikirana iki kibazo kugira ngo gikemuke, imisanzu batanze hano no mu Burundi ihuzwe kugira ngo bahabwe pansiyo.\u201d<\/p>\n<p>BWIZA yagiranye ikiganiro n\u2019umwe muri aba Banyarwanda basaba guhabwa ubwiteganyirize. Ni Kayigi Pierre Claver w\u2019imyaka 71 y\u2019amavuko, wabaye umwarimu mu mashuri yisumbuye mu Burundi kuva mu 1972 kugeza mu 1994 ubwo yatahaga mu Rwanda rumaze kubohorwa n\u2019ingabo za RPA zari zishamikiye kuri RPF Inkotanyi.<\/p>\n<p>Kayigi asobanura ko ubwo yageraga mu Rwanda yakomeje umwuga w\u2019ubwarimu, akora no muri Minisiteri zitandukanye zirimo iyitwaga MININTER (yari ishinzwe umutekano w&#8217;imbere n&#8217;iterambere ry&#8217;abaturage) na MIJEMA yari ishinzwe urubyiruko, akora no mu kigega cya Leta cyitwaga Caisse Sociale (yahindutse RSSB) kugeza mu 2006 ubwo yajyaga mu kiruhuko cy\u2019izabukuru.<br \/>\n<figure id=\"attachment_50481\" aria-describedby=\"caption-attachment-50481\" style=\"width: 620px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-50481\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg\" alt=\"Kayigi ni umwe mu Banyarwanda bakoreye mu Burundi basaba guhabwa amafaranga ya pansiyo\" title=\"Kayigi ni umwe mu Banyarwanda bakoreye mu Burundi basaba guhabwa amafaranga ya pansiyo\" class=\"caption\" align=\"center\" width=\"620\" height=\"360\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg 620w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773-300x174.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 620px) 100vw, 620px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-50481\" class=\"wp-caption-text\">Kayigi ni umwe mu Banyarwanda bakoreye mu Burundi basaba guhabwa amafaranga ya pansiyo<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Uyu musaza yasobanuye ko we na bagenzi be, bose hamwe bari 1800, batashye mu Rwanda nyuma yo mu 1994, Leta y\u2019u Rwanda igirana n\u2019iy\u2019u Burundi imishyikirano, yemera kohereza imisanzu y\u2019ubwiteganyirize bw&#8217;aba Banyarwanda (3 batanze na 4.5% y&#8217;uruhare rwa Leta bakoreraga) kugira ngo bazahabwe aya pansiyo.<\/p>\n<p>Ibi kandi bigaragara mu nyandiko yo ku wa 28 Werurwe 2016 aba Banyarwanda bakoze bagaragaza ikibazo cyabo. Bagize bati: \u201c[Leta y\u2019u Rwanda yasabye] ko imisanzu y\u2019Abanyarwanda bakoreye i Burundi, yiyongereyeho iya Leta y\u2019u Burundi, yazanwa mu Rwanda kugira ngo bahabwe pansiyo hakurikijwe uburambe mu kazi mu bihugu byombi.\u201d<\/p>\n<p>Ngo Leta y\u2019u Rwanda yemeye gutanga pensiyo ishingiye ku burambe ku kazi mu bihugu byombi, ndetse &#8220;Leta y\u2019u Burundi [mu Gushyingo 2013] yihutiye kohereza mu Rwanda ya misanzu nk\u2019uko byumvikanyweho mu mishyikirano\u201d, ariko kugeza ubu nta pansiyo barahabwa kandi imisanzu yabo imaze igihe mu isanduku ya RSSB.<\/p>\n<p>Kayigi avuga ko mu gihe bari bategereje guhabwa pansiyo, ndetse na RSSB yaramaze kubyemera, Minisitiri w\u2019imari n\u2019igenamigambi (MINECOFIN) yarabyanze, asobanura guverinoma ko gushyira mu bikorwa iki cyemezo bizahombwa Leta amafaranga y\u2019u Rwanda miliyari 16 kubera ko ngo imisanzu yaturutse mu Burundi nta nyungu yari iyiherekeje.<\/p>\n<p>Yagize ati: &#8220;RSSB yasabaga inkunga ya Leta kugira ngo ibashe gutanga izo pansiyo. Noneho twaje kumenya ko Minisiteri ya Finance itabyemeye. Yavugaga ko bitashoboka ahubwo ngo bagira scenario y&#8217;uko babona imisanzu. Ibyo twaje kubimenya. Hanyuma hari ikindi, ni uko amafaranga RSSB yasabaga ni miliyari 2 na miliyoni 900, ni yo yasabaga Leta y&#8217;u Rwanda kugira ngo RSSB iyashyira kuri ya misanzu bari babonye, ibashe gutanga pansiyo kuri abo bantu. Ntibyakunze, Minisiteri ya Finance yavuze ko itashobora gutanga ayo mafaranga, ahubwo ko bashobora kuduha imisanzu uko yaje.&#8221;<\/p>\n<p>Inyandiko banditse isobanura impamvu yo kudahabwa pansiyo na ibisobanura iti: \u201cImpamvu ivugwa ituma hadatangwa pansiyo kuri abo Banyarwanda ngo ni uko imisanzu yaje nta nyungu ziyiherekeje. Hanavugwa ko kuyitanga byateza Leta igihombo kigera kuri miliyari 16, tukaba tutumva icyo gihombo cy\u2019izo miliyari aho gituruka n\u2019uburyo cyabazwe.\u201d<\/p>\n<p>Uyu Minisitiri wari mu nshingano icyo gihe, tariki ya 8 Ukuboza 2015 yabwiye abagize guverinoma ko aba Banyarwanda nta pansiyo bakwiye guhabwa, ahubwo ngo bakwiye gusubizwa imisanzu yabo yaturutse mu Burundi. Iki cyemezo inama ya guverinoma yaragishyigikiye ariko baracyanze, basaba ko icyafatiwe mu mishyikirano y&#8217;ibihugu byombi cyubahirizwa.<\/p>\n<p>BWIZA ifite kopi y\u2019ibaruwa y\u2019uwari Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Angelique Kantengwa yo muri Gashyantare 2014 ivuga ko izaha aba Banyarwanda 1800 pansiyo nta mananiza muri Werurwe 2014, hashingiwe ku burambe buteranyije bwo mu bihugu byombi. Ifite indi yo ku wa 29 Werurwe 2019, ubwo uru rwego rwayoborwaga na Tusabe Richard ibahamagarira kujya gufata imisanzu yabo, aho kuba pansiyo.<\/p>\n<p>Iki kinyamakuru kandi gifite kopi y\u2019ibaruwa aba Banyarwanda bandikiye Tusabe Richard tariki ya 3 Mata 2019, bamumenyesha ko badashobora gufata iyi misanzu, basaba guhabwa pansiyo nk\u2019uko byemerejwe mu mishyikirano ya Leta y\u2019u Rwanda n\u2019iy\u2019u Burundi. Kopi zayo zoherejwe mu mutwe w&#8217;Abadepite, muri Sena, mu biro bya Minisitiri w&#8217;Intebe, mu Rwego rw&#8217;Umuvunyi no mu biro by&#8217;Umukuru w&#8217;Igihugu.<\/p>\n<p>Kayigi arasaba buri rwego rurebwa n&#8217;iki kibazo kubafasha. Abasenateri bo barasaba abayobozi bashya ba RSSB, Umuyobozi Mukuru Regis Mugemanshuro na Louise Kanyonga umwungirije gukurikirana iki kibazo, bagafasha aba Banyarwanda kubona pansiyo nk&#8217;uko babyemerewe.<br \/>\n<figure id=\"attachment_50482\" aria-describedby=\"caption-attachment-50482\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-50482\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema.jpg\" alt=\"Umuyobozi Mukuru mushya wa RSSB, Mugemanshuro, arasabwa gukurikirana iki kibazo\" title=\"Umuyobozi Mukuru mushya wa RSSB, Mugemanshuro, arasabwa gukurikirana iki kibazo\" class=\"caption\" align=\"center\" width=\"800\" height=\"533\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema.jpg 800w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema-300x200.jpg 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema-768x512.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema-330x220.jpg 330w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema-420x280.jpg 420w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/mugema-615x410.jpg 615w\" sizes=\"(max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-50482\" class=\"wp-caption-text\">Umuyobozi Mukuru mushya wa RSSB, Mugemanshuro, arasabwa gukurikirana iki kibazo<\/figcaption><\/figure><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umutwe wa Sena mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda uratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi ubwo bari impunzi, badahabwa amafaranga y\u2019ubwiteganyirize (pansiyo). Iki kibazo cyagejejwe mu nteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa 10 Kanama 2022, bamwe muri ba senateri barimo Havugimana Emmanuel na Andr\u00e9 Twahirwa bagaragaza ko aba Banyarwanda babayeho nabi, kandi ikibazo cyabo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":11,"featured_media":50481,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,132,133],"class_list":["post-50483","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-featured-post","tag-in-business-today"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umutwe wa Sena mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda uratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi ubwo bari impunzi, badahabwa amafaranga y\u2019ubwiteganyirize (pansiyo). Iki kibazo cyagejejwe mu nteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa 10 Kanama 2022, bamwe muri ba senateri barimo Havugimana Emmanuel na Andr\u00e9 Twahirwa bagaragaza ko aba Banyarwanda babayeho nabi, kandi ikibazo cyabo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-08-11T17:46:57+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"620\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"360\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"TUYIZERE JD\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483\"},\"author\":{\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\"},\"headline\":\"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo\",\"datePublished\":\"2022-08-11T17:46:57+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483\"},\"wordCount\":813,\"commentCount\":8,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/08\\\/img_20220811_100411_773.jpg\",\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"Featured Post\",\"In Business Today\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483\",\"name\":\"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/08\\\/img_20220811_100411_773.jpg\",\"datePublished\":\"2022-08-11T17:46:57+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/08\\\/img_20220811_100411_773.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2022\\\/08\\\/img_20220811_100411_773.jpg\",\"width\":620,\"height\":360,\"caption\":\"Kayigi ni umwe mu Banyarwanda bakoreye mu Burundi basaba guhabwa amafaranga ya pansiyo\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=50483#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320\",\"name\":\"TUYIZERE JD\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=11\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA","og_description":"Umutwe wa Sena mu nteko ishinga amategeko y\u2019u Rwanda uratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi ubwo bari impunzi, badahabwa amafaranga y\u2019ubwiteganyirize (pansiyo). Iki kibazo cyagejejwe mu nteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa 10 Kanama 2022, bamwe muri ba senateri barimo Havugimana Emmanuel na Andr\u00e9 Twahirwa bagaragaza ko aba Banyarwanda babayeho nabi, kandi ikibazo cyabo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2022-08-11T17:46:57+00:00","og_image":[{"width":620,"height":360,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"TUYIZERE JD","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"TUYIZERE JD","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483"},"author":{"name":"TUYIZERE JD","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320"},"headline":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo","datePublished":"2022-08-11T17:46:57+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483"},"wordCount":813,"commentCount":8,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg","keywords":["Amamenyesha","Featured Post","In Business Today"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483","name":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg","datePublished":"2022-08-11T17:46:57+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=50483"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2022\/08\/img_20220811_100411_773.jpg","width":620,"height":360,"caption":"Kayigi ni umwe mu Banyarwanda bakoreye mu Burundi basaba guhabwa amafaranga ya pansiyo"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=50483#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Sena iratabariza Abanyarwanda bakoreye mu Burundi badahabwa amafaranga ya pansiyo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/23bc6fcf8397844ac5f6526e796e3320","name":"TUYIZERE JD","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=11"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/50483","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/11"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=50483"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/50483\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/50481"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=50483"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=50483"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=50483"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}