{"id":51236,"date":"2022-09-06T12:08:00","date_gmt":"2022-09-06T12:08:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/09\/06\/uwabaye-visi-perezida-w-u-burundi-avuga-ko-ibiri-kuba-hagati-ya-ndayishimiye-na\/"},"modified":"2022-09-06T12:08:00","modified_gmt":"2022-09-06T12:08:00","slug":"uwabaye-visi-perezida-w-u-burundi-avuga-ko-ibiri-kuba-hagati-ya-ndayishimiye-na","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236","title":{"rendered":"Uwabaye Visi-Perezida w&#8217;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke"},"content":{"rendered":"<p><strong>Fr\u00e9deric Banyumvimvugira wigeze kuba Visi-Perezida w&#8217;u Burundi, avuga ko ibiri kuba hagati ya Perezida w&#8217;iki gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye na Alain-Guillaume Bunyoni usanzwe ari Minisitiri w&#8217;Intebe biteye inkeke, ku buryo bishobora guteza ingaruka zikomeye.<\/strong><\/p>\n<p>Ku wa Gatanu tariki ya 02 Nzeri ni bwo Perezida Ndayishimiye yasabye abo yise ibihangange bifite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi gusubiza inkota mu rwubati, kuko nta wuzabigerageza ngo bimugwe amahoro.<\/p>\n<p>Icyo gihe yavuze ko hari bamwe mu bo bafatanya kuyobora u Burundi biyita ibihangange bafite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi, gusa abasaba gushyira hasi kuko agahuru k\u2019imbwa kamaze gushya.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Mu bamfasha ndagira ngo iyo ushaka amahoro ntabwo ukina n\u2019igihugu. Igihugu ugitera akageri cyo kikagutera umugeri. Ndagira ngo mbwire abantu biyita ibihangange, shyira hasi. Shyira hasi agahuru k\u2019imbwa kahiye.&#8221;<\/p>\n<p>Perezida w\u2019u Burundi yagereranyije abashaka kumuhirika n\u2019uwitwa Maconco wari icyegera cy&#8217;umwami Mwezi w\u2019u Burundi utaranyuzwe no kuba yari yaramushyingiye ndetse akanamuha intara yo gutwara bikarangira ashatse kumuhirika, undi na we akamuteza ingabo ze zaje kumwivugana.<\/p>\n<p>Yasabye bariya yise ba \u2019Maconco\u2019 gusubiza inkota zabo mu rwubati, ngo kuko nibiba ngombwa ko arwana na bo azabikora kandi akabatsinda.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Ba Maconco nibasubize inkota mu rwubati, kuko bazapfa batahageze [ku butegetsi]. None umujenerali hari uwamuca mu rihumye akamukorera coup d\u2019etat yemwe? Uwo muntu ni nde? Naze ntacyo duhangane, ku izina ry\u2019Imana nzamunesha.&#8221;<\/p>\n<p>Yunzemo ati: &#8220;Abo rero baza bibikisha bavuga utugambo, ubabwire uti Neva amaze guhura n\u2019ibikomeye byinshi utwo ni ubusa imbere ye. Uti niba uri umugabo hagarara imbere ye.&#8221;<\/p>\n<p>Perezida Ndayishimiye yavuze ibi mu gihe hari amakuru amaze igihe avuga ko adacana uwaka na Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019igihugu cye, Alain-Guillaume Bunyoni.<\/p>\n<p>Bivugwa ko umwuka mubi hagati y&#8217;aba bagabo bombi bafite ipeti rya Jenerali ushingiye ku kuba uyu wa kabiri akunze kwitambika Umukuru w\u2019Igihugu muri gahunda zitandukanye, bijyanye no kuba asa n\u2019aho amurusha imbaraga.<\/p>\n<p>Ku bwa Bamvuginyumvira, Perezida Ndayishimiye ubwo yari mu mujyi wa Gitega nta wundi yabwiraga utari Bunyoni.<\/p>\n<p>Yabwiye Ijwi rya Amerika ati: &#8220;Umukuru w\u2019Igihugu ari kwiyama abo bakorana kandi ba hafi bumva neza ko nta wundi yaba avuga atari Minisitiri w\u2019Intebe we, cyane cyane ko na Minisitiri w\u2019Intebe we yavuze ati \u2018iyo umuntu ari kugira urusaku akuvuga nabi, umenye ko muri icyo gihe wamaze kumusumba\u2019. Bari gusubizanya nta n\u2019umwe uvuga undi mu izina.\u201d<\/p>\n<p>Bamvuginyumvira kuri ubu uba mu Bubiligi, yakomeje avuga ko iyo abayobozi bakuru nk\u2019aba bari ku isonga mu gihugu bahanganye nk\u2019uku, biba biteye inkeke.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Iyo bimeze uko Igihugu kiba kimaze kugwa mu kaga. Kuko ibyo umukuru w\u2019Igihugu azafata nk\u2019ingingo kugira ngo ahindure icyo kibazo kiri mu gihugu atari n\u2019ikindi, ahubwo ari abajura benshi batagikurikiza amategeko bigize intagondwa bigize indakorwaho; kandi na bo akaba ari bo benshi kurusha abari inyuma ya Perezida kuko nta wubazi.&#8221;<\/p>\n<p>Yunzemo ko hari amakuru avuga ko umuyobozi w\u2019Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi ndetse n\u2019abandi bayobozi bakomeye muri iki gihugu barimo ba Perezida b&#8217;imitwe yombi mu nteko Ishinga Amategeko baba bari kugirana inama za hato hato kuri iki kibazo kiri mu Burundi.<\/p>\n<p>Bamvuginyumvira avuga kandi ko ibi bibazo bimaze iminsi bivugwa nyuma yuko Perezida Ndayishimiye ashatse guhindura imikorere ya CNDD-FDD yagiye iha rugari bamwe mu bakomeyemo bagakora ibikorwa binyuranyije n\u2019amategeko.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Uyu munsi kuba bimaze kugenda uko, Perezida Evariste Ndayishimiye byaramugoye uburyo iryo tsinda yarikura mu nzira kugira ngo ahindure ibintu. Ni zo ngorane zihari.&#8221;<\/p>\n<p>Avuga ko ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye bizagira ingaruka ku mutekano w\u2019abanyagihugu, kuko byagaragaje ko mu Burundi hari ikibazo ku buryo ibyemezo bizafatirwa mu buyobozi bukuru batazabihuriraho.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;N&#8217;iyo Perezida yashaka guhindura ibyo bintu, Minisitiri w\u2019Intebe ntabwo azabishyiraho umukono kuko Minisitiri w\u2019Intebe ari muri iryo tsinda ryigometse, noneho Perezida agashaka kubahindura kandi barahawe uburenganzira n\u2019ishyaka CNDD-FDD.&#8221;<\/p>\n<p>Perezida Ndayishimiye abo yita ibihangange abashinja ibyaha birimo ubucuruzi bwa magendu, ndetse no kwikubira ubucuruzi burimo ubw&#8217;ifumbire n&#8217;ibikomoka kuri Peteroli ku buryo bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw&#8217;Abarundi.<\/p>\n<p>Ni ikibazo yiyemeje guhagurukira ubwe ndetse ababigaragaramo akaba yaravuze ko azabahana bikomeye.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Fr\u00e9deric Banyumvimvugira wigeze kuba Visi-Perezida w&#8217;u Burundi, avuga ko ibiri kuba hagati ya Perezida w&#8217;iki gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye na Alain-Guillaume Bunyoni usanzwe ari Minisitiri w&#8217;Intebe biteye inkeke, ku buryo bishobora guteza ingaruka zikomeye. Ku wa Gatanu tariki ya 02 Nzeri ni bwo Perezida Ndayishimiye yasabye abo yise ibihangange bifite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-51236","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uwabaye Visi-Perezida w&#039;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uwabaye Visi-Perezida w&#039;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Fr\u00e9deric Banyumvimvugira wigeze kuba Visi-Perezida w&#8217;u Burundi, avuga ko ibiri kuba hagati ya Perezida w&#8217;iki gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye na Alain-Guillaume Bunyoni usanzwe ari Minisitiri w&#8217;Intebe biteye inkeke, ku buryo bishobora guteza ingaruka zikomeye. Ku wa Gatanu tariki ya 02 Nzeri ni bwo Perezida Ndayishimiye yasabye abo yise ibihangange bifite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-09-06T12:08:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Uwabaye Visi-Perezida w&#8217;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke\",\"datePublished\":\"2022-09-06T12:08:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236\"},\"wordCount\":684,\"commentCount\":14,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236\",\"name\":\"Uwabaye Visi-Perezida w'u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-09-06T12:08:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=51236#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uwabaye Visi-Perezida w&#8217;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uwabaye Visi-Perezida w'u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uwabaye Visi-Perezida w'u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA","og_description":"Fr\u00e9deric Banyumvimvugira wigeze kuba Visi-Perezida w&#8217;u Burundi, avuga ko ibiri kuba hagati ya Perezida w&#8217;iki gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye na Alain-Guillaume Bunyoni usanzwe ari Minisitiri w&#8217;Intebe biteye inkeke, ku buryo bishobora guteza ingaruka zikomeye. Ku wa Gatanu tariki ya 02 Nzeri ni bwo Perezida Ndayishimiye yasabye abo yise ibihangange bifite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2022-09-06T12:08:00+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Uwabaye Visi-Perezida w&#8217;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke","datePublished":"2022-09-06T12:08:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236"},"wordCount":684,"commentCount":14,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=51236#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236","name":"Uwabaye Visi-Perezida w'u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-09-06T12:08:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=51236"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=51236#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uwabaye Visi-Perezida w&#8217;u Burundi avuga ko ibiri kuba hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni biteye inkeke"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/51236","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=51236"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/51236\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=51236"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=51236"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=51236"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}