{"id":52463,"date":"2022-10-13T08:19:48","date_gmt":"2022-10-13T08:19:48","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/10\/13\/u-rwanda-mu-banze-gushyigikira-icyemezo-cy-u-burusiya-cyo-kwiyomekaho-uduce-4\/"},"modified":"2022-10-13T08:19:48","modified_gmt":"2022-10-13T08:19:48","slug":"u-rwanda-mu-banze-gushyigikira-icyemezo-cy-u-burusiya-cyo-kwiyomekaho-uduce-4","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463","title":{"rendered":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#8217;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine"},"content":{"rendered":"<p><strong>Guverinoma y&#8217;u Rwanda iri mu bihugu byo hirya no hino ku Isi byamaze gutora umwanzuro wamagana u Burusiya ku cyemezo buheruka gufata cyo kwiyomekaho uturere tune twahoze ari utwa Ukraine.<\/strong><\/p>\n<p>Ku itariki ya 30 Nzeri ni bwo Perezida Vladimir Putin w\u2019u Burusiya, yatangaje ku mugaragaro ko uduce tune twari dusanzwe ari utwa Ukraine twamaze guhinduka utw\u2019igihugu cye.<\/p>\n<p>Ni nyuma y\u2019amatora ya kamarampaka yabaye mu kwezi gushize yo kwemeza niba utu duce twa Donetsk, Luhansk, Kherson na Zaporizhzhia tugomba guhinduka utw\u2019u Burusiya, nyuma y\u2019uko Ingabo zabwo zitwambuye iza Ukraine.<\/p>\n<p>Perezida Vladimir Putin mu ijambo yavugiye mu biro bye i Moscou, yashimye abatuye muri turiya duce ku bwo gukora amahitamo yabo.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Ibyavuye mu matora birazwi, bizwi neza. Abaturage bakoze amahitamo yabo, n\u2019ubwo kamarampaka yamaganwe nk\u2019itemewe n\u2019abo mu burengerazuba n\u2019impuguke mu by\u2019amategeko. Ndabizi ko Inteko ishinga amategeko izashyigikira uturere tune dushya tw\u2019u Burusiya kuko ibi ari ugushaka kw\u2019amamiliyoni y\u2019abaturage.&#8221;<\/p>\n<p>Perezida Putin yakomeje avuga ko ibyavuye muri ariya matora ari &#8220;uburenganzira karemano&#8221; bw\u2019abatoye.<\/p>\n<p>Perezida w\u2019u Burusiya yemeje ku mugaragaro turiya duce nk\u2019utw\u2019u Burusiya, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika n\u2019ibihugu bigize Umuryango w\u2019Ubumwe bw\u2019u Burayi bari barahiye ko batazigera na rimwe badufata nk\u2019utw\u2019u Burusiya.<\/p>\n<p>Icyemezo cyo kwigarurira turiya turere kandi cyatumye kuri uyu wa Gatatu i New ku Cyicaro Gikuru cy&#8217;Umuryango w&#8217;Abibumbye hateranira Inteko Rusange yatorewemo umwanzuro wamagana kuba u Burusiya bwaratwigaruriye.<\/p>\n<p>Ni umwanzuro washyigikiwe n&#8217;ibihugu 143 birimo n&#8217;u Rwanda, bitanu birawurwanya na ho 35 byiganjemo ibya hano ku mugabane wa Afurika bihitamo kwifata.<\/p>\n<p>Mu bihugu byarwanyije uriya mwanzuro harimo u Burusiya, u Bushinwa, Koreya ya Ruguru, Belarus, Syria na Nicaragua.<\/p>\n<p>Mu byahisemo kwifata harimo Algeria, Armenia, Bolivia, u Burundi, Repubulika ya Centrafrique, Congo-Brazzaville, u Bushinwa, Cuba, Eritrea, Eswatini, Ethiopia, Guin\u00e9e-Conakry, Honduras, u Buhinde, Kazakhstan, Kyrgyzstan, Leao, Lesotho, Mali, Mongolia na Mozambique.<\/p>\n<p>Hifashe kandi Namibia, Pakistan, Afurika y&#8217;Epfo, Sudani y&#8217;Epfo, Sri Lanka, Sudani, Tajikistan, Thailand, Togo, Uganda, Tanzania, Uzbekistan, Vietnam na Zimbabwe.<\/p>\n<p>U Rwanda rwahuje imbaraga n&#8217;ibihugu by&#8217;ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, u Bufaransa, u Budage, u Butaliyani, u Buyapani, Singapore, Canada n&#8217;ibindi.<\/p>\n<p>Kuba u Rwanda rwatoye uriya mwanzuro bisobanuye ko ruri mu bihugu bigitsimbaraye ko turiya turere tune tukiri utwa Ukraine.<\/p>\n<p>Ni mu gihe Perezida Vladimir Putin aheruka gutangaza ko abadutuyemo bagomba gihinduka Abarusiya by&#8217;iteka.<\/p>\n<p>Yavuze ko by\u2019umwihariko abayobozi ba Ukraine bakwiye guha &#8220;icyubahiro gikomeye&#8221; kiriya kimenyetso cy\u2019ugushaka kwa rubanda, yungamo ko u Burusiya buzarinda ubutaka bwabwo ku kiguzi icyo aricyo cyose mu rwego rwo \u2019guha imibereho itekanye&#8221; abaturage babwo.<\/p>\n<p>Putin kandi yavuze ko azubaka bundi bushya imijyi yagizwe amatongo n\u2019intambara yo kwigarurira turiya duce, ndetse akanateza imbere ibikorwaremezo, ubuzima ndetse n\u2019uburezi. Yavuze kandi ko azaharanira umutekano kugira ngo abaturage bose bumve bashyigikiwe n\u2019igihugu cyabo.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Guverinoma y&#8217;u Rwanda iri mu bihugu byo hirya no hino ku Isi byamaze gutora umwanzuro wamagana u Burusiya ku cyemezo buheruka gufata cyo kwiyomekaho uturere tune twahoze ari utwa Ukraine. Ku itariki ya 30 Nzeri ni bwo Perezida Vladimir Putin w\u2019u Burusiya, yatangaje ku mugaragaro ko uduce tune twari dusanzwe ari utwa Ukraine twamaze guhinduka [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[131],"class_list":["post-52463","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#039;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#039;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Guverinoma y&#8217;u Rwanda iri mu bihugu byo hirya no hino ku Isi byamaze gutora umwanzuro wamagana u Burusiya ku cyemezo buheruka gufata cyo kwiyomekaho uturere tune twahoze ari utwa Ukraine. Ku itariki ya 30 Nzeri ni bwo Perezida Vladimir Putin w\u2019u Burusiya, yatangaje ku mugaragaro ko uduce tune twari dusanzwe ari utwa Ukraine twamaze guhinduka [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-10-13T08:19:48+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#8217;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine\",\"datePublished\":\"2022-10-13T08:19:48+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463\"},\"wordCount\":488,\"commentCount\":22,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463\",\"name\":\"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy'u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-10-13T08:19:48+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=52463#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#8217;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy'u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy'u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA","og_description":"Guverinoma y&#8217;u Rwanda iri mu bihugu byo hirya no hino ku Isi byamaze gutora umwanzuro wamagana u Burusiya ku cyemezo buheruka gufata cyo kwiyomekaho uturere tune twahoze ari utwa Ukraine. Ku itariki ya 30 Nzeri ni bwo Perezida Vladimir Putin w\u2019u Burusiya, yatangaje ku mugaragaro ko uduce tune twari dusanzwe ari utwa Ukraine twamaze guhinduka [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2022-10-13T08:19:48+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#8217;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine","datePublished":"2022-10-13T08:19:48+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463"},"wordCount":488,"commentCount":22,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=52463#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463","name":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy'u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-10-13T08:19:48+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=52463"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=52463#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Rwanda mu banze gushyigikira icyemezo cy&#8217;u Burusiya cyo kwiyomekaho uduce 4 twa Ukraine"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/52463","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=52463"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/52463\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=52463"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=52463"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=52463"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}