{"id":5349,"date":"2017-03-13T15:11:15","date_gmt":"2017-03-13T15:11:15","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/03\/13\/abaperezida-ba-afurika-bageze-aho-gusinzirira-aho-bicaye-kubera-iza-bukuru\/"},"modified":"2025-02-12T16:54:38","modified_gmt":"2025-02-12T14:54:38","slug":"abaperezida-ba-afurika-bageze-aho-gusinzirira-aho-bicaye-kubera-iza-bukuru","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349","title":{"rendered":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru"},"content":{"rendered":"<p>Iyo witegereje bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika, yaba iya none n\u2019igihe cyashize usanga ikibazo cyo gusazira ku  buyobozi kugera aho basinzirira aho bicaye mu ruhame kwa bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu cyangwa abami bagiye bayobora uyu mugabane atari agaseseshwarumuri!<br \/>\nGusa akenshi kubera ubudahangarwa buhambaye bwa banyakubahwa usanga itangazamakuru ritabavugaho cyane kubera kugira agahanga gato rikakarinda uruguma.<br \/>\nHari abavuga bati \u201c Imyaka myinshi ku muntu nka Perezida w\u2019igihugu iki cyangwa kiriya ntahuriro yagirana n&#8217;uburyo ubu cyangwa buriya bw&#8217;imitegekere ye&#8221; .<br \/>\nIbi rero umuntu yabyemera atabyemera atyo byaterwa n\u2019amarangamutima cyangwa inyungu afite kuri iyo myumvire.<br \/>\nUkuri kw\u2019ibintu nuko uwavuga ko amagara mazima [ Physical Fitness ] ku muntu w\u2019umuyobozi wese ari ikintu cy\u2019ingenzi ntiyaba agiye kure y\u2019ukuri,kabone n\u2019ubwo yaba Perezida uyu cyangwa uriya.<br \/>\nUbusanzwe Perezida si umuntu usanzwe mu nshingano ze n\u2019akazi aba agomba kuba yuzuza kandi arinawe aba aramuswa amabanga y\u2019igihugu cyose haba mu gihe cy\u2019amahoro n\u2019amage, umukuru w\u2019igihugu yakagombye kuba ari umuntu ufite ubuzima buzira umuze ku rwego rwo hejuru kandi rusobanutse.<br \/>\nMu nkuru yacu turagerageza guterera akajisho kuri bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu by\u2019umugabane wa Afurika bagenda basigwa n\u2019amagara uko bwije n\u2019uko bukeye, nyamara hakanabaho aho usanga nta n\u2019akanunu ko kurekura imbehe cyangwa ubutegetsi usanga bafite!<br \/>\nEse kabone n\u2019ubwo ikinyamakuru Bwiza.com tutabonye uko twakora icukumbura rihagije ku cyo abaturage b\u2019ibyo bihugu baba babivugaho wowe usoma iyi nkuru ubitekerezaho iki?<br \/>\nKuba umwanya utari muto cyangwa se iminsi itari mike usanga uwitwa Perezida aba yibereye ibwotamasimbi mu kwivuza ndetse hakaba n\u2019abajyayo bakibera muri koma neza neza bakibagirana ni ibintu umuntu atabona ngo aceceke !<br \/>\n <strong>1.Ku mwanya wa mbere hari Perezida Abdelaziz Bouteflika wa Algeria <\/strong><br \/>\nUmukambwe Abdelaziz Bouteflika ni Perezida wa Algeria ku va mu 1999, mu 2004 kandi uyu musaza nabwo  yatsinze amatora,yemwe no mu 2009 yegukana indi ntsinzi hamwe no mu 2014 arayitsindagira kugeza magingo aya niwe Perezida wa kimwe mu bihugu binini kuri uyu mugabane.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59156 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg\" alt=\"abdelaz\" width=\"768\" height=\"384\" \/><\/a><br \/>\nAbdelaziz Bouteflika ariko ubu ntawe uzi niba no mu matora y\u2019umukuru w\u2019igihugu mu 2019 azaba agihumeka cyangwa niba nanagezayo aziyamamaza cyane ko amagara ye amugeze kure.<br \/>\nAbdelaziz Bouteflika yavutse kuwa 02 Werurwe 1937 ubu akaba afite imyaka 80 ifunze.<br \/>\nMu mateka ye ya hafi nuko ahagana muri za 1963 kugeza mu 1978 ,Abdelaziz Bouteflika yabaye Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga wa Algeria, ikintu usanga cyaramuhaye amahirwe yo kuba umwe mu banyapolitiki rurangiranwa bo muri Algeria ndetse no mu bihugu bya Afurika y\u2019Abarabu  [ African Maghreb Countries ].<br \/>\nUyu mukuru w\u2019igihugu uzamusanga mu tugare tumwe dutwara abafite ubumuga runaka [ icyo sicyo kibazo ariko ] mugabo inshuro wamusanga atari muri bya byuma bahumekeramo bimwongerera umwuka ni nkeya !<br \/>\nKenshi usanga buri kinyamakuru cyo muri Algeria n\u2019Ubufaransa gihora kiteze gutanguranwa n\u2019ikindi gutangaza inkuru y\u2019itabaruka ry\u2019uyu musaza w\u2019umu Perezida !<br \/>\nKumubona kuri Televiziyo asoma imbwirwaruhame wumva umufitiye impuhwe ari naho usanga abantu bibaza bati \u201cEse umuntu nk\u2019uyu arinda arushya iminsi kubera iki igihugu cye nta bandi bantu bakiyobora bafite\u201d!<br \/>\nBiti ihi se hakabaho kwibaza impamvu aba basaza batagira umutima wo kurekura ubutegetsi bakabuha abakiri bato, bo bakicara bakaruhuka nubundi bafatwa nk\u2019abanyacyubahiro.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nInshingano zo kuba Umugaba w\u2019Ikirenga w\u2019Ingabo , wahita wibaza uti ubu se koko ntibyagorana kuba umusaza nkuyu yayobora ingabo igihugu gitewe we yibereye  muri ICU [ Intensive Care Unit ] mu bitaro nabyo byo mu mahanga !<br \/>\n <em> <strong>1.1 Bouteflika atangira amabwiriza  ku gitanda kandi agakoresha ikaramu yandika ku gapapuro akajya ahereza Abaminisitiri ubundi agaca amarenga kubera ko yagobwe ururimi!<\/strong> <\/em><br \/>\nIbyo kurwara kwa Abdelaziz Bouteflika no kuba yarakunze kwibera mu bitaro byaje gutangira ahagana muri za 2005, ku wa 26 Ugushyingo muri uwo mwaka,  uyu mukuru w\u2019igihugu yararyamishijwe mu bitaro byo mu Bufaransa igifu cye cyaracitse udusebe [ Gastric Ulcer Hemorrhage] aha hantu byashobokaga ko yahapfira ariko Imana ikinga akaboko mu byumweru 3 yahamaze atumva ibibera hanze!<br \/>\nGusa amakuru y\u2019ibihuha yavugaga ko Abdelaziz Bouteflika yaba yari arwaye kanseri yo mu gifu bigahishwa kugirango abaturage ba Algeria banamukunda kubi badakuka umutima.<br \/>\nMuri 2006 nabwo yasubiye kwivuza, muri 2013 uyu musaza yibereye mu bitaro mu mujyi wa Paris ari muri koma amezi 4 yose ntawe uzi akanunu ke !<br \/>\nMu Gushyingo 2014 kandi Abdelazaz Bouteflika yashyizwe muri Grenoble Hospital bimwe mu bitaro byihagazeho mu mujyi wa Paris na none.<br \/>\nGuhera mu mwaka wa 2016 kugeza magingo aya, Bwana Abdelaziz Bouteflika yibera muri koma, niyo agize ngo arasa n\u2019ukanguka guhera ubwo abaminisitiri n\u2019abandi bayobozi bakuru barahurura n\u2019udutabo n\u2019udukaramu nuko akabandikira ibyo bakora buri umwe wese akigendera akajya gushyira mu bikorwa amabwiriza n\u2019amarenga  ya Perezida, namwe munyumvire koko!<br \/>\nUbuse koko nkuko twabivuze haruguru, igihugu kiramutse gitewe abagaba b\u2019ingabo bajya baza gufata amategeko n\u2019amarenga ku gitanda cya Perezida bakabona gukimirana bakajya kurwana, ubwo ibyo byaba ari akahe gakoryo koko !<br \/>\n <strong>2.Ku mwanya wa kabiri hari Gen. Paul Barth\u00e9lemy Biya\u2019a Bi Mvondo wa Cameroon!<\/strong><br \/>\nNyakubahwa Paul Barth\u00e9lemy Biya\u2019a Bi Mvondo <strong> <\/strong> yavutse kuwa 13 Gashyantare mu 1933 kugeza ubu akaba yibitseho umurundo w\u2019imyaka 84 akaba akomoka mu gace k\u2019Amajyepfo ya Cameroon ahitwa Mvomeka mu Ntara y\u2019Amajyepfo.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/paul-biya-3.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59157 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/paul-biya-3.jpg\" alt=\"paul-biya-3\" width=\"900\" height=\"750\" \/><\/a><br \/>\nUyu musaza akaba ajunguje iki gihugu imyaka 35 bamwe mu bana bo muri Cameroon bavutse agifata ubutegetsi ubu nabo ni abakambwe abandi barububa imburagihe.<br \/>\nPaul Berth\u00e9lemy Biya\u2019a bi Mvondo uyu ariko nawe akaba ararwana n\u2019ubuzima kuko ari kwa kundi nawe ahora mu kwivuza gukomeye, ikintu abaturage ba Cameroon batangiye kwibaza, nawe umunsi umwe bazumva umwuka waheze.<br \/>\nUyu musaza uri muri Politiki kuva mu 1968 yagiye agira imyanya ikomeye muri politiki ya Cameroon kugeza abaye Perezida.<br \/>\nGuhera mu 1964 Paul Biya yabaye Umuyobozi muri Misiteri y\u2019Uburezi muri Cameroon ndetse anayibera Umunyamabanga mukuru kugeza mu 1965.<br \/>\nKuva ubwo mu 1968-1975 yabaye umunyamabanga muri Prezidansi ya Cameroon ku butegetsi bwa Bwana Ahmadou Ahidjo ari nawe yaje gusimbura ku ngoma ubwo uyu Ahmadou Ahidjo yeguraga ku butegetsi igitaraganya ku mpamvu zasaga n\u2019izisunze Itegeko Nshinga ryari ririho icyo gihe.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nGusa ubwo uyu mugabo yeguraga Paul Biya yari amaze imyaka ikabakaba 7 ari Minisitiri w\u2019Intebe, kuva mu 1975- 1982 yahise afata ubutegetsi mu bintu wabonaga byari byateguwe neza .<br \/>\nUwavuga ko kuva Paul Biya yabaho mu busore bwe kugeza magingo aya ari umugabo wo muri Perezidansi ntiyaba abeshya.<br \/>\nPaul Biya yigaragaje cyane mu gihe Cameroon yari mu ntambara zikaze zari ziyishyamiranyije na Nigeria, ibi bihugu bipfa ibirwa byo mu nkombe y\u2019inyanja bya Bakassi, amakimbirane yahoshejwe n\u2019Urukiko mpuzamahanga muri 2007 bigasoza Cameroon itsindiye uyu mwigimbakirwa.<br \/>\nIgitangaje kuri uyu mugabo Paul Biya ni ukuntu muri iyo myaka yose kuva 1964-1975, yanagiye abona imyanya muri Minisiteri ariko akanga akagumishwa ku mwanya w\u2019ubuyobozi bwa Biro muri Prezidansi  kugeza abaye Minisitiri w\u2019Intebe mu 1972 kuwa 30 Kamena.<br \/>\nIkintu cyaje gutangaza abaturage ba Cameroon ariko kidasanzwe ni ukuntu Bwana Ahmadou Ahidjo mu kwegura kwe yahisemo umusimbura nka Paul Biya .<br \/>\nIbyo bikaba mu gihe nta watekerezaga ko uyu mu Perezida wari Umusilamu yahitamo Umukristu wo mu idini Gatolika ritacanaga uwaka na Islam muri Cameroon ngo amusimbure.<br \/>\nIkindi kandi Paul Biya atarahabwaga amahirwe. Abantu bakomokaga mu Majyepfo ya Cameroon basaga nk\u2019abasuzugurwa n\u2019abo mu gice cy\u2019Amajyaruguru cyasaga n\u2019ikiganjemo idini ya Islam, Ahmadou Ahidjo yakomokagamo ariko bigasa n\u2019aho Ahmadou Ahidjo yasaga n\u2019uwamaze gutegura Paul Biya kuzamusimbura ahereye kera kandi akaba yari yaramubereye inkoramutima cyane imyaka yose bamaranye mu Ngoro y\u2019Umukuru w\u2019Igihugu ashinzwe imirimo yo mu Biro bye.<br \/>\n <strong>2.1 Paul Biya yaje kudacana uwaka na Ahmadou Ahidjo wari umaze kwegura atangira kumuhiga<\/strong><br \/>\nKimwe mu bintu byagaragaje ukudacana uwaka na Bwana Ahmadou Ahidjo nuko ahagana mu 1982 nyuma yo kwegura kwe, uyu mugabo yagumye ku mwanya wa Perezida w\u2019ishyaka ryari riri ku butegetsi rya CNU [ Cameroon National Union ].<br \/>\nPaul Biya icyo gihe ni nabwo yagirwaga Visi Perezida w\u2019iryo shyaka atowe n\u2019akanama ka politiki y\u2019ishyaka kari kateranye igitaraganya.<br \/>\nAhmadou Ahidjo yakomeje kuba inkingi ya mwamba y\u2019ubutegetsi bwa Paul Biya kugeza mu 1983 ariko umubano wabo wagendaga uzamwo udutotsi gahoro gahoro .<br \/>\nKuva ubwo Paul Biya atangira gucungana ku jisho na Ahmadou Ahidjo kugeza ubwo Ahmadou Ahidjo yacerembye agakiza amagara ye akigira mu buhungiro muri France.<br \/>\nUbwo Ahmadou Ahidjo yahungaga Paul Biya yahise ateranya Komite nkuru y\u2019Ishyaka Cameroon National Union, hari kuwa 14 Nzeri 1983, maze Paul Biya ahita atangazwa nk\u2019Umukuru w\u2019ishyaka rya CNU ku mugaragaro.<br \/>\nKu wa 14 Mutarama, nyuma yaho gato Paul Biya yahise atangaza amatora ya Perezida yari ateganyijwe mu 1984 kuva ubwo kandi muri uwo mwaka Paul Biya yarokotse Coup d\u2019Etat byavuzwe ko yari yateguwe na Ahmadou Ahidjo aho yari muri France maze Bwana Paul Biya ategeka ko Ahmadou Ahidjo acirwa urubanza adahari [  <strong>Trial in absentia<\/strong>  ] mu rwego rwo kumurangiza burundu ubutazongera kurota kumwigerera.<br \/>\nMuri iyo Coup d\u2019Etat bivugwa ko yari yateguwe  n\u2019abasirikare barinda umukuru w\u2019igihugu bakomoka mu idini ya Islam no mu Majyaruguru ya Cameroon rwarambikanye hagati y\u2019abarinda ibiro by\u2019umukuru w\u2019igihugu, abagera ku 1000 bahasiga agatwe.<br \/>\nAbari ku ruhande rwa Paul Biya batahukana intsinzi, ikintu cyateye umujinya Paul Biya agahita afata umwanzuro wo gusenya Ishyaka rya Cameroon National Union maze ahita ashinga irindi rya CPDM [ The Cameroon People\u2019s Democratic  Movement ] mu mpinduka zabereye Bamenda mu Majyaruguru ya Cameroon .<br \/>\nNkuko bitangazwa na Times24.info,hatangiye gucicikana inkuru ko Paul Biya yaba arembejwe na kanseri ifata  ku dusabo tw\u2019intanga [  <strong>Cancer de prostate<\/strong>  ] ariko aya makuru aburirwa gihamya kugeza magingo aya.<br \/>\nMuri Werurwe 2015 kandi ikinyamakuru Lemonde.fr  cyandikirwa mu Bufransa cyatangaje ku mugaragaro ko Bwana Paul Biya yaba yari kwivuriza mu Bitaro Canton muri Geneva aho byavugwaga ko yaba yari asumbirijwe n\u2019uburwayi bw\u2019umutima na ya Kanseri twavuze haruguru.<br \/>\nMuri uru rugendo rwo kwivuza kandi byavuzwe ko Paul Biya yaba yarakoresheje Miliyari 1250 z\u2019ama CFA, amafaranga akoreshwa n\u2019ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika byahoze bikolonizwa n\u2019Ubufaransa.<br \/>\nAya makuru kandi akaba yaraje kwemezwa n\u2019Ikinyamakuru Camer.be kizobereye mu kwandika ku nkuru za Cameroon.<br \/>\nUwavuga ko Paul Biya nawe atorohewe n\u2019amagara ntiyaba akabije nubwo ntako atagize ngo arye ku butegetsi n\u2019iraha ryabwo.<br \/>\nImyaka isaga 50 muri Prezidansi ni akumiro ku mugabane wa Afurika gusa ngo agahugu umuco akandi uwako ariko ntibiba byumvikana ukuntu nka Paul Biya arinda yububa agasaza aka kageni koko nta karuhuko afashe! burya koko ubanza muri Afrika  ingoma ziryoha !<br \/>\n <strong>3.Ku mwanya wa 3 hari umukambwe, Robert Gabriel Karigamombe Mugabe<\/strong><br \/>\nRobert Gabriel Mugabe ni umwe mu bakuru b\u2019ibihugu bazwi cyane kandi bakunze kugarukwaho mu Itangazamakuru muri Afurika ndetse no hanze yayo.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Robert-Mugabe.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59159 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Robert-Mugabe.jpg\" alt=\"-\" width=\"768\" height=\"510\" \/><\/a><br \/>\nRobert Mugabe yavutse kuwa 21 Gashyantare 1924 ku myaka ye 93, biravugwa ko bishoboka kuba ariwe mukuru w\u2019igihugu usheshe akanguhe kuri uyu mugabane wa Afurika ndetse ahari no ku isi yose ubanza ntawumuhiga isusumira n\u2019ubusaza.<br \/>\nUyu musaza wabaye Perezida wa Zimbabwe kuva mu 1987 nyuma yo kuba Minisitiri w\u2019Intebe imyaka, kuva kuwa 18 Mata 1980 kugeza 31 Ukuboza 1987, ku myaka 7 amezi 8 n\u2019iminsi 13 aho uwari umukuru w\u2019igihugu yari Bwana Canaan Banana nawe wari uwusimbuyeho Bwana Abel Muzolewa.<br \/>\nMu minsi ya vuba kandi Mugabe yabaye Perezida w\u2019Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ikindi kandi .<br \/>\navugwa ko ariwe Perezida waba ufite impamyabumenyi nyinshi ku isi aho zikabakaba hejuru ya 7 kandi ziganjemo izo ku rwego rwa Phd cyangwa Doctorat ku bakoresha igifaransa.<br \/>\nPerezida Mugabe Robert ubu niwe Mukuru w\u2019Ishyaka rya ZANU-PF ryagize uruhare rwo guharanira ubwigenge bw\u2019icyahoze ari Rhod\u00e9sia y\u2019Epfo mu gihe cy\u2019Ubukoloni bw\u2019Abongereza, ubu niyo Zimbabwe ya none .<br \/>\nUwavuga ibya Robert Mugabe ariko ntiyabirangiza ahubwo twazabigarukaho mu nkuru zacu zitaha nibidukundira.<br \/>\nAbaturage ba Zimbabwe ntabwo bitaye ku bihano ibihugu byo mu Burengerazuba bw\u2019isi babafatiye, byatumye ifaranga ryabo rita agaciro ku rwego rutari rwabaho mu mateka y\u2019isi, ibyo ntibibuza ko aba baturage bakomeza gukunda Mugabe.<br \/>\nRobert Mugabe kandi akundwa n\u2019urubyiruko rwinshi rwo muri Afurika kugeza aho usanga abashaka gutebya cyangwa kubwirana amagambo y\u2019ubwenge badahwema gukoresha imvugo bakunze no kwitirira uyu musaza Robert Mugabe kandi biba bigaragara ko bamubeshyera nkana .<br \/>\nRobert Mugabe ku kigero cy\u2019imyaka 10, se umubyara yahise ata nyina maze Mugabe Robert agumana na nyina ariko akunda kwiga cyane kandi akaba umuhanga karundura mu burushyi yakuriyemo.<br \/>\nRobert Mugabe yabonye impamyabumenyi mu kwigisha afite imyaka 17, ahita agana muri Kaminuza ya Hare muri Afurika y\u2019Epfo maze ahita ahatangirira ishuri ryigisha iby\u2019ururimi rw\u2019icyongereza n\u2019amateka.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nAha niho yatangiye kwomekana n\u2019ibindi bikonyozi byo muri politiki yo hambere muri Afurika nka ba Mwalimu Yulius Nyerere, Keneth Kaunda,Herbert Chitepo ndetse na Robert Sobukwe bari impirimbanyi za demokarasi mu bihugu byabo.<br \/>\nTubibutse ko icyo gihe Zimbabwe nkuko twabivuze yitwaga Rhod\u00e9sie y\u2019Epfo mu gihe Zambia yo yari Rhod\u00e9sie ya ruguru.<br \/>\nRobert Mugabe kandi yakoze akazi ko kwigisha ahantu hatandukanye nko muri Ghana, Zambia n\u2019ahandi.<br \/>\nMu 1960 nibwo Robert Mugabe yatashye iwabo akubutse mu bwalimu maze atangiza ingengabitekerezo igendera ku mahame ya Mao Zedong wari warabaye impirimbanyi, yaharaniraga kubohoza Ubushinwa bwivana mu bukoloni bw\u2019Abayapani.<br \/>\nMuri uru rugamba Mugabe Robert yahahuriye na Bwana Nd\u00e9b\u00e9l\u00e9 Joshua Nkomo maze bakora Ishyaka rya National Democratic Party ryaje guhinduka Zimbabwe African Peoples Union (ZAPU), ako kanya rihita ritangira guhigwa bukware na Leta y\u2019abazungu yari iyobowe na Ian Smith w\u2019umwongereza.<br \/>\nMu 1963 nibwo Robert Mugabe yaje gushinga ishyaka rye bwite rya Zimbabwe African National  Union (ZANU) ashyigikiwe na Pasteur Ndabanigi Sithole hamwe n\u2019umwe mu ba Avocat witwaga Herbert Chitepo twabonye haruguru.<br \/>\nKuva ubwo ZAPU na ZANU bihinduka amashyaka 2 aho wasangaga ubwoko bwa Shona bwigiriye kwa Mugabe Robert maze ZAPU nayo yikora agatsiko ukwayo ku ruhande rw\u2019ubwoko bw\u2019aba Nd\u00e9b\u00e9l\u00e9s bwabugwaga mu ntege mu bwinshi muri Zimbabwe bwa Joshua Nkomo.<br \/>\nMu 1988 nibwo habayeho kwiyunga kwa ya moko 2 maze ZAPU yiyemeza gusenyukira muri ZANU maze Joshua Nkomo agirwa Visi Perezida wa Zimbabwe kuva ubwo Zimbabwe iba nkiyobowe n\u2019ishyaka rimwe kugeza ubwo Morgan Tsvangrai ashinze irindi shyaka mu myaka yashize, ryazanye amatwara arwanya Leta, ishyaka rya MDC [ <strong>The Movement for Democratic Change]<\/strong>  .<br \/>\nRobert Mugabe ariko ufite ibigwi bihambaye ntiyahwemye kunengwa guhembera inzangano hagati y\u2019aya moko 2 atumvikana y\u2019aba Shonas n\u2019aba Nd\u00e9mb\u00e9l\u00e9s .<br \/>\nByaje kugeza aho Bwana Ban Ki-moon, Jacob Zuma ndetse na Musenyeri Desmond Tutu unafite rya kamba ryitiriwe Amahoro rya Nobel batahwemye kugaragaza Mugabe Robert nk\u2019umuntu isi idacunze neza wakora amarorerwa aryanisha abanya Zimbabwe nk\u2019ayabaye mu Rwanda mu 1994.<br \/>\nMu kwezi gushize nibwo Bwana Robert Mugabe yavuzweho uburwayi bukaze bwanatumye ajyanwa kuvuzwa mu bitaro bikomeye byo muri Singapore .<br \/>\nAbakurikiranira hafi politiki ya Zimbabwe bavuga ko hagendewe ku mbaraga z\u2019ishyaka ZANU-PF ifite hamwe n\u2019igihagararo ubwe Robert Mugabe afite mu gihugu cye no mu matora ataha mu 2018 niyiyamamaza atazabura kuyatsinda.<br \/>\nEse uyu mukambwe ugeze mu zabukuru azashobora guhagarara kigabo akomeze ayobore iki gihugu !<br \/>\nNi mpamvu ki ariko aba basaza bataharira abakiri bato nabo bakagerageza ko mu bigaragara nabo ubwabo bafite ibyo bashimirwa bakoze bakiri abasore.<br \/>\nMuri iyi nkuru ntitubashije kubagezaho ubuzima bugerwa ku mashyi bwa Nyakubahwa Muhammadu Buhari wa Nigeria ubu twandika iyi nkuru, ikinyamakuru Wall Street Journal cyanditse ko yaba amaze kugaruka mu gihugu cye cya Nigeria nyuma y\u2019iminsi 10  yari amaze mu London mu Bwongereza .<br \/>\nMuri iyo minsi yose Leta ya Nigeria yakomeje guhisha ko uyu mugabo arembejwe n\u2019uburwayi, iyobya uburari ko yaba yari mu karuhuko gasanzwe ariko amakuru aranga akomeza gucicikana ko yari arembejwe n\u2019uburwayi na n\u2019ubu butaramenyekana.<br \/>\nKoko kugeza ubwo umuntu nka Perezida agera aho amanuka indege akabandarara akikubita hasi undi akibera muri koma imyaka 3, abandi ugasanga nuwabasaba kwandika amazina y\u2019ibihugu bitirirwa kuyobora byabagora kuyandika!<br \/>\nGutegeka cyangwa kuyobora birasanzwe ariko gutegeka ku mu Perezida wibera muri koma biragoye kumvikana ku babyiruka muri Afurika  abakiri bato bahora  bibaza iherezo ry\u2019aba bakambwe bikabayobera.<br \/>\n <strong> <a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n <strong> <em>Marshall Eugene David\/Bwiza.com<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Iyo witegereje bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika, yaba iya none n\u2019igihe cyashize usanga ikibazo cyo gusazira ku buyobozi kugera aho basinzirira aho bicaye mu ruhame kwa bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu cyangwa abami bagiye bayobora uyu mugabane atari agaseseshwarumuri! Gusa akenshi kubera ubudahangarwa buhambaye bwa banyakubahwa usanga itangazamakuru ritabavugaho cyane kubera kugira agahanga gato rikakarinda [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5349","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Iyo witegereje bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika, yaba iya none n\u2019igihe cyashize usanga ikibazo cyo gusazira ku buyobozi kugera aho basinzirira aho bicaye mu ruhame kwa bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu cyangwa abami bagiye bayobora uyu mugabane atari agaseseshwarumuri! Gusa akenshi kubera ubudahangarwa buhambaye bwa banyakubahwa usanga itangazamakuru ritabavugaho cyane kubera kugira agahanga gato rikakarinda [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-03-13T15:11:15+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:54:38+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"13 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru\",\"datePublished\":\"2017-03-13T15:11:15+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:54:38+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349\"},\"wordCount\":2562,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/Abdelaz.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349\",\"name\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/Abdelaz.jpg\",\"datePublished\":\"2017-03-13T15:11:15+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:54:38+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/Abdelaz.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/Abdelaz.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5349#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA","og_description":"Iyo witegereje bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika, yaba iya none n\u2019igihe cyashize usanga ikibazo cyo gusazira ku buyobozi kugera aho basinzirira aho bicaye mu ruhame kwa bamwe mu bakuru b\u2019ibihugu cyangwa abami bagiye bayobora uyu mugabane atari agaseseshwarumuri! Gusa akenshi kubera ubudahangarwa buhambaye bwa banyakubahwa usanga itangazamakuru ritabavugaho cyane kubera kugira agahanga gato rikakarinda [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-03-13T15:11:15+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:54:38+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"13 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru","datePublished":"2017-03-13T15:11:15+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:54:38+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349"},"wordCount":2562,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349","name":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg","datePublished":"2017-03-13T15:11:15+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:54:38+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5349"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Abdelaz.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5349#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5349","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5349"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5349\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5349"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5349"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5349"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}