{"id":54152,"date":"2022-12-05T10:09:50","date_gmt":"2022-12-05T10:09:50","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2022\/12\/05\/igisubizo-cya-tshisekedi-kuri-p-kagame-wemeye-kumwibira-akabanga-ku-bijyanye-n\/"},"modified":"2022-12-05T10:09:50","modified_gmt":"2022-12-05T10:09:50","slug":"igisubizo-cya-tshisekedi-kuri-p-kagame-wemeye-kumwibira-akabanga-ku-bijyanye-n","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152","title":{"rendered":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#8217;intambara"},"content":{"rendered":"<p><strong>Perezida F\u00e9lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w&#8217;u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n&#8217;ububi bw&#8217;intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y&#8217;u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga.<\/strong><\/p>\n<p>Mu ntangiriro z&#8217;Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n&#8217;u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya kabiri; mu rwego rwo gukemura ikibazo cy&#8217;umutwe wa M23.<\/p>\n<p><iframe width=\"560\" height=\"315\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/yHnMG6zM8XE\" title=\"YouTube video player\" frameborder=\"0\" allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen><\/iframe><\/p>\n<p>Yabivuze mu ijambo yagejeje ku banye-Congo ryatambutse kuri Radiyo na Televiziyo by&#8217;igihugu (RTNC).<\/p>\n<p>Icyo gihe yavuze ko u Rwanda ashinja gufasha uriya mutwe rwitwaje &#8220;ibirego by\u2019ibinyoma&#8221; by\u2019uko Igisirikare cya Congo (FARDC) gifasha umutwe witwaje intwaro wa FDLR, rugahitamo guhungabanya umutekano wo mu burasirazuba bwa RDC kugira ngo rubone uko rusahura amabuye y\u2019agaciro ari muri kiriya gice.<\/p>\n<p>Yavuze ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo nka RDC bafite amahitamo abiri, cyane ay\u2019intambara ashobora kwifashishwa mu minsi iri imbere.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Mu rwego rwo gukemura iki kibazo, twari dufite amahitamo abiri: dipolomasi cyangwa intambara. Niyemeje gushyigikira amahitamo ya mbere n\u2019ubwo bisobanuye ko aya kabiri ashobora kuza ku bwo kubura umusaruro.&#8221;<\/p>\n<p>Tshisekedi kandi yashimangiye ko kuba igihugu cye gishyize imbere amahitamo yo gushaka amahoro bidasobanuye ko ari &#8220;ikimenyetso cy\u2019intege nke cyangwa ubushobozi buke bwo kwishora mu bitekerezo byintambara yeruye&#8221; yo kurwanya abo yise ko bakomeje gukoresha nabi ukwihangana kwe n\u2019abaturage be.<\/p>\n<p>Si ubwa mbere Perezida F\u00e9lix Tshisekedi yari yikomanze ku gatuza avuga ko RDC n\u2019u Rwanda bashobora kuzisanga mu ntambara yeruye, kuko muri Nyakanga uyu mwaka na bwo yabikomojeho ubwo yaganiraga n&#8217;ikinyamakuru Financial Times.<\/p>\n<p>Ku wa Gatatu tariki ya 30 Ugushyingo 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yari mu Ngoro y&#8217;Inteko Ishinga Amategeko y&#8217;u Rwanda aho yari amaze kwakirira indahiro ya Dr Sabin Nsanzimana wagizwe Minisitiri w\u2019Ubuzima na Dr Yvan Butera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri; yasubije mugenzi we wa Congo ko niba yifuza kumenya ububi bw&#8217;intambara yazamwegera akabumubwira.<\/p>\n<p>Atiriwe avuga amazina yagize ati: &#8220;Numvise hari uwavuze ko atarenza ingohe kujya mu ntambara n&#8217;u Rwanda. Nzi ibijyanye n\u2019intambara, niba ushaka kubimenya uzaze nkubwire. Nzi ububi bwayo, kandi niba hari ikintu cyiza wakwifuza kugira, nta kirenze amahoro.&#8221;<\/p>\n<p>Ni amagambo asa n&#8217;atarakiriwe neza na Tshisekedi, bituma ku Cyumweru tariki ya 04 Ukuboza na we yihutira gusubiza mugenzi we w&#8217;u Rwanda.<\/p>\n<p>Perezida wa Congo ubwo yahuraga n\u2019itsinda ry\u2019intumwa z\u2019urubyiruko rwo muri Congo Kinshasa barenga 250, yavuze ko ari ikimwaro kuri Perezida Kagame wavuze ko azi neza ibijyanye n&#8217;intambara; avuga ko iyo aza kuba ari we yagahisemo kwicecekera.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Yirata kuba gashozantambara, inzobere mu ntambara. Bimuteye ishema, gusa njye iyo nza kuba ndi we nakabihishe, nakagize isoni zo kwigerekaho ibikorwa bibiba urupfu no gusenya. Biteye isoni; nanavuga ko ari agahomamunwa.&#8221;<\/p>\n<p>Kuri ubu abakuru b&#8217;ibihugu byombi bakomeje guterana amagambo, mu gihe hari ibiganiro bimaze iminsi bihuza RDC n&#8217;u Rwanda ku buhuza bwa Perezida Jo\u00e3o Louren\u00e7o wa Angola; mu rwego rwo guhosha umwuka mubi ukomeje gututumba.<\/p>\n<p>Ni ibiganiro cyakora cyo kugeza ubu bitaragira umusaruro ufatika bitanga.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida F\u00e9lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w&#8217;u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n&#8217;ububi bw&#8217;intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y&#8217;u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z&#8217;Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n&#8217;u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,132],"class_list":["post-54152","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-featured-post"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#039;intambara - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#039;intambara - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida F\u00e9lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w&#8217;u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n&#8217;ububi bw&#8217;intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y&#8217;u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z&#8217;Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n&#8217;u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-12-05T10:09:50+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#8217;intambara\",\"datePublished\":\"2022-12-05T10:09:50+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152\"},\"wordCount\":515,\"commentCount\":8,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"Featured Post\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152\",\"name\":\"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n'intambara - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2022-12-05T10:09:50+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=54152#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#8217;intambara\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n'intambara - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n'intambara - BWIZA","og_description":"Perezida F\u00e9lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w&#8217;u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n&#8217;ububi bw&#8217;intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y&#8217;u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z&#8217;Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n&#8217;u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2022-12-05T10:09:50+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#8217;intambara","datePublished":"2022-12-05T10:09:50+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152"},"wordCount":515,"commentCount":8,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","Featured Post"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=54152#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152","name":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n'intambara - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2022-12-05T10:09:50+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=54152"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=54152#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n&#8217;intambara"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/54152","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=54152"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/54152\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=54152"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=54152"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=54152"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}