{"id":5430,"date":"2017-03-18T16:22:14","date_gmt":"2017-03-18T16:22:14","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/03\/18\/abaperezida-ba-afurika-bageze-aho-gusinzirira-aho-bicaye-kubera-iza-bukuru-59551\/"},"modified":"2025-02-12T16:53:27","modified_gmt":"2025-02-12T14:53:27","slug":"abaperezida-ba-afurika-bageze-aho-gusinzirira-aho-bicaye-kubera-iza-bukuru-59551","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430","title":{"rendered":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2)"},"content":{"rendered":"<p>Hasozwa inkuru yatambutse ku wa 13 Werurwe, yavugaga ku bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika bakomeje kugundira ubuyobozi ubu bakaba bageze aho umuntu yavuga ko basinzirira mu biro cyangwa aho bicaye mu ruhame, twabizezaga ko hazakorwa igice cya kabiri.<br \/>\nUretse no kuba umuntu yavuga ko aba baperezida basinzirira mu ruhame, ubundi iyo umuntu yageze mu myaka 70, 80 cyangwa 90 kumwita umukambye nta cyaha kiba kirimo, yewe n\u2019intege aba afite nubwo yaba yarariye neza ate, ntabwo aba ameze nk\u2019ukiri munsi ya 60.<br \/>\nMu gice cya mbere cy\u2019inkuru, bwo hanagaragaraga ingero za bamwe mu baperezida bagenda bakibera mu bitaro kubera indwara z\u2019iza bukuru, bakamara imyaka basa nkaho ibiro byimuriwe mu bitaro, iyo batoye agatege nibwo ba minisitiri birukankira mu bitaro bajya kumubaza \u201ctuzakore iki? Wa mushinga ugeze aha, dusinyire bigeze aha,\u2026\u201d ibi wabireba ugansanga ni ikibazo cy\u2019imiyoberere yo muri Afurika.<br \/>\nUshobora kwibaza uti, ese iyo umuntu ageze mu myaka 90 aba yumva ko ari we ushoboye byose kurusha abakiri bato? Ikibazo cyo kugera ku buyobozi ku baperezida ba Afurika, bakumva ko batabuvaho nicyo gikomeje kugaragara.<br \/>\nUwaba yarabonye Perezida Obama arira ubwo yasezeraga muri White house agiye guhigamira Donald Trump, nibwo benshi babonye ko iyi ntebe y\u2019ubuperezida iryoha, benshi bagiye bagaruka kuri ayo marangamutima yagaragaje (Obama), bati: \u201cIyo USA iza kuba ari igihugu cyo muri Afurika, Obama aba ahinduye itegeko Nshinga pe\u201d.<br \/>\nIbi rero byo guhindura itegeko Nshinga, perezida akajya ku butegetsi afite imyaka 40, akazarinda agera ku myaka 80 cyangwa 90 nabyo ugasanga ari ikibazo, bigaragaza ko demokarasi muri Afurika igicumbagira.<br \/>\nMuri iki gice turareba cyane ba perezida bari mu myaka 70, igice cyatambutse Robert Mugabe wa Zimbabwe w\u2019imyaka 92 niwe wazaga ku isonga, kuko we uretse no gusinzirira mu ruhame, aragenda akagwa kubera intege nke.<br \/>\n <strong>1.Jos\u00e9 Eduardo dos Santos:<\/strong><br \/>\nDos Santos ni perezida wa Angola, uyu mukambwe afite imyaka 74 y\u2019amavuko, yavutse ku wa 28 Kanama 1948, mu mujyi wa Luanda. Yicaye ku ntebe y\u2019Ubuperezida ku wa 21 Nzeli 1979. Santos ubu ukiri kuri iyi ntebe amaze imyaka 38 agihanyanyaza bisobanuye ko umwana wavutse icyo gihe ubwo yafataga ubutegetsi, ubu nawe abyiruye.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUyu munyapolitiki mbere y\u2019uko aba perezida yaciye mu nzira ndende rimwe na rimwe z&#8217;amakuba ashingiye kuri politiki, mu 1961 yaje kugera naho ahungira muri Congo Brazaville ari nabwo yahise yinjira mu ishyaka MPLA, iki gihe Angola yari ikiri mu maboko ya Portugal yarikoronezaga.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59555 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg\" alt=\"santos\" width=\"849\" height=\"493\" \/><\/a><br \/>\nSantos n\u2019ubwo ubu ashyirwa ku rutonde rw\u2019abasaziye ku buperezida, yagize uruhare rukomeye kugirango Angola ibone ubwigenge.<br \/>\nAkiva mu buhunzi muri Congo nibwo yahise ajya mu mutwe wa gisirikare  <em>People&#8217;s Armed Forces of Liberation of Angola<\/em>  (FAPLA), wari umutwe wa gisirikare wari ushamikiye ku ishyaka MPLA.<br \/>\nMu mwaka w\u20191975 nibwo Santos yagizwe Minisitiri w\u2019Intebe wa mbere wa Angola w\u2019ububanyi n\u2019amahanga n\u2019ubutwererane ubwo yari imaze kubona ubwigenge ku wa 11 Ugushyingo 1975.<br \/>\nUbwo Perezida wa mbere wa Angola, Ant\u00e0\u00b3nio Agostinho Neto yitabaga Imana, nibwo Santos yahise atorerwa kuba perezida mu 1979, kuva uwo munsi kugeza magingo aya ni perezida akaba n\u2019umugaba w\u2019ikirenga w\u2019ingabo.<\/p>\n<ol start=\"2\">\n<li> <strong> Denis Sassou Nguesso: <\/strong> <\/li>\n<\/ol>\n<p>Ni perezida wa Congo Brazaville, ni umukambwe w\u2019imyaka 73 y\u2019amavuko, yavutse ku wa 23 Ugushyingo 1943, n\u2019ubwo uyu mukambwe asaziye ku buyobozi ntabwo amaze imyaka myinshi ku ntebe y\u2019ubuperezida ugereranyije na Santos, yagiye ku ntebe y\u2019ubuyobozi ku wa 25 Ukwakira 1999.<br \/>\nDenis Sassou amaze kuyobora manda 3 zikurikirana, ariko mbere yazo yagiye ahura n\u2019ibizazane akava ku ntebe imburagihe, akaba ari umunyapolitiki w\u2019impirimbanyi.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/denis.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59554 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/denis.jpg\" alt=\"denis\" width=\"854\" height=\"570\" \/><\/a><br \/>\nPerezida Dennis Sassou Nguesso yabaye Perezida wa Congo Brazaville mu bihembwe bidakurikirana, bwa mbere yabaye Perezida mu 1979 kugeza mu 1992.<br \/>\nKuva mu 1996 muri iki gihugu intambara z\u2019abaturage zavuzaga ubuhuha, Dennis Sassou n\u2019ingabo ze babashije guhirika ku butegetsi Perezida Pascar Lissouba, ahita ayobora igihugu imyaka ibiri y\u2019inzibacyuho kugera muri 2002 ubwo habaga amatora ya perezida.<\/p>\n<ol start=\"3\">\n<li> <strong>Yoweri Kaguta Museveni<\/strong> :<\/li>\n<\/ol>\n<p>Ni perezida wa Uganda kuva mu mwaka w\u20191986, uyu mukambwe w\u2019imyaka 72 y\u2019amavuko, yavutse ku wa 15 Kanama 1944 agera ku butegetsi tariki ya 29 Mutarama 1986.<br \/>\nMuseveni afata ubutegetsi, yari avuye mu ishyamba ayoboye ingabo z\u2019ishyaka NRM zahanganye kugeza zihiritse ubutegetsi bw\u2019abanyagitugu, Milton Obote na Idi Amin Dada.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Uganda-President-sleeping.png\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59553 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Uganda-President-sleeping.png\" alt=\"uganda-president-sleeping\" width=\"600\" height=\"300\" \/><\/a><br \/>\nIbi Museveni abishimirwa n\u2019abaturage ariko aho bigeze bamwe mu bamufashije guhirika ingoma y\u2019igitugu y\u2019aba baperezida batangajwe haruguru, barimo Dr Kizza Besigye na Amama Mbabazi, Gen Muntu Mugisha,.. bakomeje kumuhata igitutu bamusaba kurekura ubutegetsi.<br \/>\nKu rundi ruhande bamwe mu basirikare bakomeye bagakomeza kwibaza ku izamurwa mu ntera rya buri munsi rya Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Museveni, uyu munsi bakamuzamura mu mapeti ejo bakamuzamura mu myanya y\u2019ubuyobozi mu gisirikare.<br \/>\nIbi abasesenguzi mu bya politiki bakabifata nkaho Museveni yaba ashaka kubanza kumenyereza uyu muhungu we w\u2019imfura mu buyobozi nyuma akazamusimbura ku mwanya wa Perezida.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nUwavuga ko Perezida Museveni yatangiye gusinzirira mu ruhame ntabwo yaba agiye kure y\u2019ukuri kuko hari n\u2019amafoto yagiye agaragara yasinziriye, ibi ugasanga ari akazi kenshi kaba gafatanye n\u2019izabukuru.<br \/>\nImyaka 31 Perezida Museveni amaze kubuyobozi ndetse ubu akaba akomeje kugaragaza ko akibukeneye ni byabindi twatangiye tugarukaho ko uwabugezeho ahari aba atekereza ko abo aruta nta numwe Wabasha gucumbukura ikivi ngo akomereze aho yaragereje cyangwa se ngo nawe abe yaza ahanga udushya tugamije iterambere ry\u2019abaturage n\u2019igihugu muri rusange.<br \/>\n <strong>4.Jacob Gedleyihlekisa Zuma: <\/strong><br \/>\nNi perezida wa Afurika y\u2019Epfo, akaba umukambwe w\u2019imyaka 74 y\u2019amavuko, yavutse ku wa 12 Mata 1942, mu gace ka Nkandla mu ntara ya Kwazulu Natal.<br \/>\nZuma yicaye muri Perezidansi kuva ku itariki ya 9 Gicurasi 2009 mu mwaka wa 2014 atorerwa indi manda. Zuma ku ngoma ye Afurika y\u2019Epfo yongeye gusubira mu bihe bibi byagiye birangwa n\u2019imyigaragambyo ndetse n\u2019ubwicanyi cyane cyane bwibasira abimukira.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Zuma-Sleeping.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-59552 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/Zuma-Sleeping.jpg\" alt=\"zuma-sleeping\" width=\"640\" height=\"430\" \/><\/a><br \/>\nZuma nk\u2019umwe mu banyapolitiki barwanye urugamba rukomeye ndetse bakanafungwa imyaka n\u2019imyaka baharanira Demokarasi, uyu mugabo ari mu baperezida ubu umuntu yavuga ko banzwe n\u2019abaturage.<br \/>\nZuma yarezwe mu rukiko ari perezida, ashinjwa kunyereza umutungo wa Leta akawukoresha mu nyungu ze bwite ubwo yubakaga inyubako umusozi wose. Ibi abaturage barabigaye ko yinezeza mu gihe abaturage biyicira isazi mu maso.<br \/>\nKu myaka 75 ibura ukwezi kumwe, Jacob Zuma si rimwe cyangwa kabiri agaragaye mu ruhame yasinziriye, nabwo umuntu avuze ko ari ukunanirwa bigeretseho iza bukuru ntabwo yaba abeshye.<br \/>\nN\u2019ubwo bamwe bakunze kwisobanura kuri iki kibazo bavuga ko hayobora mu mutwe hatayobora imyaka, iyo usubije amaso inyuma usanga n\u2019imbaraga ziba zigenda zicendera.<br \/>\nImyaka 70 umuntu aba akwiye kwicara mu ntebe y\u2019icyubahiro nk\u2019uwakoreye igihugu neza akareka abandi bakayobora byaba byiza akitabazwa nk\u2019umujyanama dore ko aba ari n\u2019inararibonye muri politiki.<br \/>\nUbusanzwe Perezida si umuntu usanzwe mu nshingano ze n\u2019akazi aba agomba kuba yuzuza mu bya politiki ndetse n\u2019igisirikare,\u2026Aba ari nawe mugaba w\u2019ingabo w\u2019ikirenga, ukibaza ukuntu azaba arimo kurwana n\u2019ubuzima bwe bugeze mu masaziro, ukibaza na none ukuntu azasubira inyuma akajya guhangana n\u2019ibibazo hirya no hino mu gihugu by\u2019umutekano ugasanga ni amakuba.<br \/>\n <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n <strong> <em>Itangishatse Th\u00e9oneste\/Bwiza.com<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Hasozwa inkuru yatambutse ku wa 13 Werurwe, yavugaga ku bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika bakomeje kugundira ubuyobozi ubu bakaba bageze aho umuntu yavuga ko basinzirira mu biro cyangwa aho bicaye mu ruhame, twabizezaga ko hazakorwa igice cya kabiri. Uretse no kuba umuntu yavuga ko aba baperezida basinzirira mu ruhame, ubundi iyo umuntu yageze mu myaka 70, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5430","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Hasozwa inkuru yatambutse ku wa 13 Werurwe, yavugaga ku bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika bakomeje kugundira ubuyobozi ubu bakaba bageze aho umuntu yavuga ko basinzirira mu biro cyangwa aho bicaye mu ruhame, twabizezaga ko hazakorwa igice cya kabiri. Uretse no kuba umuntu yavuga ko aba baperezida basinzirira mu ruhame, ubundi iyo umuntu yageze mu myaka 70, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-03-18T16:22:14+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:53:27+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2)\",\"datePublished\":\"2017-03-18T16:22:14+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:53:27+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430\"},\"wordCount\":1138,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/santos.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430\",\"name\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/santos.jpg\",\"datePublished\":\"2017-03-18T16:22:14+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:53:27+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/santos.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/03\\\/santos.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5430#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2)\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA","og_description":"Hasozwa inkuru yatambutse ku wa 13 Werurwe, yavugaga ku bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika bakomeje kugundira ubuyobozi ubu bakaba bageze aho umuntu yavuga ko basinzirira mu biro cyangwa aho bicaye mu ruhame, twabizezaga ko hazakorwa igice cya kabiri. Uretse no kuba umuntu yavuga ko aba baperezida basinzirira mu ruhame, ubundi iyo umuntu yageze mu myaka 70, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-03-18T16:22:14+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:53:27+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2)","datePublished":"2017-03-18T16:22:14+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:53:27+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430"},"wordCount":1138,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430","name":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2) - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg","datePublished":"2017-03-18T16:22:14+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:53:27+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5430"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/03\/santos.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5430#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abaperezida ba Afurika bageze aho gusinzirira aho bicaye kubera iza bukuru (igice cya 2)"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5430","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5430"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5430\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5430"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5430"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5430"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}