{"id":5495,"date":"2017-03-22T17:08:09","date_gmt":"2017-03-22T17:08:09","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/03\/22\/abasaga-%c2%bd-mu-bakozi-ba-rwanda-revenue-na-rura-bafite-amadosiye-y-akazi-atuzuye\/"},"modified":"2025-02-12T16:52:37","modified_gmt":"2025-02-12T14:52:37","slug":"abasaga-%c2%bd-mu-bakozi-ba-rwanda-revenue-na-rura-bafite-amadosiye-y-akazi-atuzuye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495","title":{"rendered":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Inteko rusange y\u2019Abadepite isanga hari ivugurura rikwiye gukorwa mu bijyanye n\u2019imitangirwe y\u2019imirimo ku bakozi bo mu nzego n\u2019ibigo bya leta mu rwego rwo kunoza serivizi zihabwa abagana izo nzego.<\/em> <\/strong><br \/>\nIbi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Komisiyo y\u2019imibereho y\u2019Abaturage yagezaga ku Nteko Rusange y\u2019Abadepite raporo y\u2019ibikorwa bya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta y\u2019umwaka wa 2015\/2016 ndetse na gahunda y\u2019ibikorwa biteganyijwe mu mwaka wa 2016\/2017.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nBimwe mu bibazo byagaragajwe n\u2019abadepite muri raporo yayo, harimo ikibazo cyagarutsweho cyane cyo kutuzuza imyaka 3 ku mwanya umukandida yari arimo mbere yo gupiganirwa undi mwanya, no kutuzuza ibisabwa ku mwanya w\u2019umurimo upiganirwa aho mu mapiganwa hari ahabaye amakosa yo kwemerera umukandida gupiganwa kandi ari ku rutonde rw\u2019abakuwe mu bakozi ba Leta.<br \/>\nBagarutse kandi ku byerekeye uburyo abakozi bashyirwa mu myanya y\u2019imirimo ya Leta, aho abakozi bagengwa na Sitati Rusange igenga abakozi ba Leta mu nzego 28 zagenzuwe, hari inzego 12 zifite abakozi bari mu myanya badafite amadosiye yujuje ibisabwa n\u2019amategeko.<br \/>\nHon. Ngabo Amiel  yatanze urugero ku kigo cy\u2019igihugu gishinzwe kwegeranya imisoro n\u2019amahoro (RRA), aho abasaga 85% by\u2019amadosiye y\u2019abakozi yagenzuwe atujuje ibisabwa; ndetse no mu kigo cy\u2019igihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), abaharirwa hejuru ya 68% by\u2019amadosiye y\u2019abakozi yagenzuwe nayo atujuje ibisabwa.<br \/>\nDepite Ngabo Amiel yakomeje avuga ko hari n\u2019inzego zidashyikiriza MIFOTRA urutonde rw&#8217;abatsinze ipiganwa ntibabonerwe imyanya kugira ngo bashyirwe muri databank ndetse anagaragaza andi manyanga menshi akorwa n\u2019abakozi bo mu bigo bya leta mu guhuguza imyanya no kuyitanga ku batarayitsindiye.<br \/>\nAha banagaragaje ko raporo ku isesengura ryakozwe ku manza zaburanishijwe hagati ya2009-2012 na 2012-2015 mu nzego za leta, igaragaza inzego zigera kuri 24 zateje igihombo leta bitewe n\u2019ibyemezo abayobozi bagiye bafatira abakozi hadakurikijwe amategeko y\u2019imicungire y\u2019abakozi n\u2019ibindi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nNi mu gihe ubushakashatsi bwakozwe ku buryo abaturage banyurwa n\u2019imitangire y\u2019akazi mu nzego z\u2019imirimo ya Leta bwagaragaje ko igipimo rusange cy\u2019imyumvire ku mitangire y\u2019akazi cyazamutse kikagera kuri 70.9 %kivuye kuri 67% muri 2012\/2013<br \/>\n <strong>Umwe mu batangabuhamya wabuze akazi yari yatsinze ikizamini<\/strong><br \/>\nUmusore witwa Innocent Byukusenge ukomoka mu karere ka Ngororero yaganiriye na bwiza.com ku kibazo yagize cyo gukora ikizamini cy\u2019akazi mu karere ka Muhanga ndetse akagitsinda ariko akaza kwimwa umwanya we. Avuga ko yakoranye ikizamini n\u2019abandi benshi ndetse akabarusha amanota ariko ntaze guhabwa akazi<br \/>\nYagize ati\u201dnize indimi n\u2019ubwanditsi (Arts, modern languages and publishing) muri kaminuza y\u2019u Rwanda. Umwanya nasabye muri aka karere nari nzi neza ko nywemerewe kuko hari n\u2019abandi twiganye bawufite ndetse no mu rwego rw\u2019intara y\u2019amajyepfo. Nari nasabye akazi ko kubika inyandiko (archiviste).<br \/>\nUyu musore akomeza avuga ko yakoze ibizamini byose by\u2019akazi ndetse akanabitsinda cyaba icyo kwandika ndetse no kuvuga ariko bakamubwira ngo nagende bazamutumaho aze ku kazi.<br \/>\nNyuma rero ngo nibwo yakomeje kujya abaza aho bigeze kugeza umunsi abandi barahiriyeho kujya mu mirimo y abo ariko we ntarahire kandi yari yatsinze.<br \/>\nYagize ati\u201duwitwa Patrick ari nawe admin w\u2019akarere yaje kumbwira ngo umwanya natsindiye ntunkwiye kuko ibyo nize ntibiwunyemerera.\u201d<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nAvuga ko ibyo yize bihura neza n\u2019ibyo yari yatsindiye mu kizamini ndetse ko nta n\u2019uwamurushaga. Kugeza ubu avuga ko yicaye mu rugo kuko nta kazi afite mu gihe atazi uwamugiriye mu mwanya.<br \/>\nIkibazo cya ruswa no gutanga imyanya y\u2019akazi ku bo itagenewe kimaze gufata indi ntera mu Rwanda ndetse kikaba gishobora gukaza umurego mu gihe kidafatiwe ingamba zikomeye, dore ko cyanatangiye kugaragara guhera mumyaka yashize.<br \/>\nKu itariki ya 20 Nyakanga 2015, nibwo polisi y\u2019u Rwanda yerekanye babiri bakurikiranyweho icyaha cy\u2019ubufatanyacyaha mu gutanga no kwaka ruswa mu bijyanye no kubona imyanya y\u2019akazi ka leta.<br \/>\nAba bagabo barimo Mujyanama Elizaphan Philos w\u2019imyaka 32 y\u2019amavuko, ukomoka mu karere ka Gatsibo, akaba yari umukozi wa Ralga ariko mu buryo budahoraho, kuko yabakoresherezaga ibizami mu turere dutandukanye akanabikosora bakamuhemba, ariko ubusanzwe avuga ko yigisha mu ishuri rikuru ryo muri Nyagatare( East African University), undi ni uwitwa Ntaganda John w\u2019imyaka 37 y\u2019amavuko wo mu mujyi wa Kigali, uyu ngo bakaba baraturanye nkuko bombi babivuga ariko nta handi baziranye.<br \/>\nNkuko yari asanzwe abikorera ikigo cya Ralga rero, uyu Mujyanama ku italiki ya 21 gicurasi 2015, yagiye gukoresha ikizamini ku mwanya w\u2019ushinzwe amasoko mu karere ka Gicumbi, umwanya wahatanirwaga n\u2019abantu benshi.Kubera ko ariwe wateguraga akanakosora ibizami, yatahanye iwe impapuro abakandida bakoreyeho, maze ku  bwumvikane bwe na Ntaganda, uyu amusanga iwe amuha urupapuro ruriho ibisubizo kugirango afate urundi abyandukure ari narwo ruzakosorwa, maze uro yakoreyeho mbere bakarurigisa, aha ni naho havuye intandaro yo kumukeka doreko urupapuro rwe rwasaga muri byose n\u2019urw\u2019ukosora.<br \/>\nKu itariki ya tariki ya 17 Gashyantare 2017 hagaragaye amanyanga mu bizamini by\u2019akazi i Kayonza, aho uwari yagize 9 yahawe 96, naho ufite 38 ahabwa 90 ibi byose bikaba bbyari bigamije guha imirimo abatayitsindiye.<br \/>\nUretse izi ngero zatanzwe, hari n\u2019izindi nyinshi zigenda zigaragara hirya no hino mu gihugu.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nKuri uyu wa gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017, nibwo Sena y\u2019u Rwanda yasabye ku bijyanye n\u2019iyi raporo ko hakongerwa imbaraga gukorwa inyigo y\u2019uburyo ibizamini byajya bikoreshwa n\u2019urwego rumwe rugahabwa inshingano yo gushakira inzego zaLeta abakozi.<br \/>\nYasabye kandi Guverinoma gushyira mu mategeko igihe ntarengwa cyo gushyira abakozi mu myanya no gusaba inzego zose za Leta kucyubahiriza ndetse no gukora urutonde rw\u2019abateje Leta igihombo giturutse ku makosa bakoze mu micungire y\u2019abakozi ba Leta no gushyiraho uburyo bwo kubishyuza bigakorwa mu gihe kitarenze amezi 3 kandi Sena ikazagezwaho raporo. Yasabye kandi ko habaho gusuzuma mu buryo bwihuse ko abakora ibyaha n&#8217;amakosa mu gushaka, gushyira mu myanya abakozi no kubacunga babiryozwa.<br \/>\n <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a style=\"font-weight: inherit\" href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a style=\"font-weight: inherit\" href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n<a href=\"mailto:Nsengimana@Bwiza.com\">Nsengimana@Bwiza.com<\/a><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inteko rusange y\u2019Abadepite isanga hari ivugurura rikwiye gukorwa mu bijyanye n\u2019imitangirwe y\u2019imirimo ku bakozi bo mu nzego n\u2019ibigo bya leta mu rwego rwo kunoza serivizi zihabwa abagana izo nzego. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Komisiyo y\u2019imibereho y\u2019Abaturage yagezaga ku Nteko Rusange y\u2019Abadepite raporo y\u2019ibikorwa bya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta y\u2019umwaka wa 2015\/2016 ndetse [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5495","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Inteko rusange y\u2019Abadepite isanga hari ivugurura rikwiye gukorwa mu bijyanye n\u2019imitangirwe y\u2019imirimo ku bakozi bo mu nzego n\u2019ibigo bya leta mu rwego rwo kunoza serivizi zihabwa abagana izo nzego. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Komisiyo y\u2019imibereho y\u2019Abaturage yagezaga ku Nteko Rusange y\u2019Abadepite raporo y\u2019ibikorwa bya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta y\u2019umwaka wa 2015\/2016 ndetse [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-03-22T17:08:09+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:52:37+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye\",\"datePublished\":\"2017-03-22T17:08:09+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:37+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495\"},\"wordCount\":949,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495\",\"name\":\"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-03-22T17:08:09+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:37+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5495#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA","og_description":"Inteko rusange y\u2019Abadepite isanga hari ivugurura rikwiye gukorwa mu bijyanye n\u2019imitangirwe y\u2019imirimo ku bakozi bo mu nzego n\u2019ibigo bya leta mu rwego rwo kunoza serivizi zihabwa abagana izo nzego. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Komisiyo y\u2019imibereho y\u2019Abaturage yagezaga ku Nteko Rusange y\u2019Abadepite raporo y\u2019ibikorwa bya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta y\u2019umwaka wa 2015\/2016 ndetse [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-03-22T17:08:09+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:52:37+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye","datePublished":"2017-03-22T17:08:09+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:37+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495"},"wordCount":949,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5495#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495","name":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-03-22T17:08:09+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:37+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5495"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5495#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abasaga \u00bd mu bakozi ba Rwanda Revenue na RURA, bafite amadosiye y\u2019akazi atuzuye"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5495","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5495"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5495\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5495"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5495"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5495"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}