{"id":55069,"date":"2023-01-09T10:20:00","date_gmt":"2023-01-09T08:20:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=55069"},"modified":"2023-01-09T10:20:00","modified_gmt":"2023-01-09T08:20:00","slug":"uko-adf-yapanze-kugaba-ibitero-mu-nama-ya-chogm-i-kigali-umugambi-ugapfuba","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069","title":{"rendered":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba"},"content":{"rendered":"<p><strong>Raporo impuguke za Loni ziheruka gusohora igaragaza ko mu mwaka ushize umutwe wa ADF wapanze kugaba ibitero by&#8217;iterabwoba ahantu hatandukanye, harimo no mu mujyi wa Kigali.<\/strong><\/p>\n<p>Ni ibikubiye muri raporo ivuga cyane ku kibazo cy&#8217;umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho na ADF ibarizwa ziriya mpuguke za Loni zasohoye ku wa 30 Ukuboza 2022.<\/p>\n<p>Muri Gicurasi umwaka ushize ni bwo Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze umuburo w&#8217;uko mu mujyi wa Goma hashobora kugabwa igitero cy&#8217;iterabwoba.<\/p>\n<p>Mu nyandiko itanga umuburo iyi Ambasade yanyujije ku rubuga rwayo rwa Internet ku itariki ya 12 Gicurasi 2022, yavuze ko icyo gitero cyagombaga kugabwa ku bwato itatangaje bwagombaga guhaguruka ku nkombe z&#8217;ikiyaga cya Kivu i Goma, isaba abaturage ba Amerika baba i Goma kwitwararika.<\/p>\n<p>Iby&#8217;icyo gitero cy&#8217;iterabwoba cyanatanzweho umuburo n&#8217;abahagarariye dipolomasi y&#8217;u Bufaransa, mu itangazo ryo ku wa 17 Kamena 2022. U Bufaransa na bwo bwatanze umuburo w&#8217;uko hari ibyago byinshi by&#8217;uko i Goma hagabwa igitero cy&#8217;ubwiyahuzi.<\/p>\n<p>Raporo y&#8217;impuguke za Loni ivuga ko amakuru izo mpuguke zavanye mu nzego za dipolomasi, iz&#8217;ubutasi ndetse no kuri umwe mu bakorana na ADF avuga ko uriya mutwe ufite inkomoko muri Uganda ari wo wagombaga kugaba biriya bitero byikanzwe i Goma.<\/p>\n<p>Iriya raporo nk&#8217;uko ACTUALITE.CD yabitangaje ivuga ko ubwato bwagombaga kugabwaho igitero ari ubwagombaga guhaguruka i Goma bwerekeza mu mujyi wa Bukavu.<\/p>\n<p>Ibimenyetso byakusanyijwe na ziriya mpuguke byerekana ko usibye icyo gitero, ADF yari yanateguye kugaba ibitero mu Rwanda, by&#8217;umwihariko mu nama ya CHOGM yabereye i Kigali hagati y&#8217;itariki ya 20 n&#8217;iya 25 Kamena 2022.<\/p>\n<p>Iby&#8217;ibyo bitero cyakora cyo ngo byaje gupfuba &#8220;nyuma y&#8217;itabwa muri yombi no kuburirwa irengero kuri benshi mu bakoranaga na ADF.&#8221;<\/p>\n<p>Raporo y&#8217;impuguke za Loni yunzemo ko ziriya mpuguke zakiriye amakuru yizewe y&#8217;uko hari abarwanyi ba ADF muri kiriya gihe bari bamaze kugera i Goma mu rwego rwo gutegura ibitero ku Rwanda.<\/p>\n<p>Amakuru avuga ko uwitwa Meddie Meddie Nkalubo ari we wari umuhuzabikorwa w&#8217;ibindi bitero Musa Baluku usanzwe ari umuyobozi mukuru wa ADF yari yateguye mu mijyi ya Goma na Bunia yo muri Congo; ndetse n&#8217;uwa Kampala muri Uganda.<\/p>\n<p><strong>Si ubwa mbere ADF igerageza kugaba ibitero by&#8217;iterabwoba mu Rwanda<\/strong><\/p>\n<p>Ku itariki ya 1 Ukwakira 2021 Urwego rw\u2019Igihugu rw&#8217;Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko ku bufatanye n\u2019izindi nzego z\u2019umutekano, hafashwe abantu 13 mu mezi ya Kanama na Nzeri 2021, bakekwaho gukorana na ADF.<\/p>\n<p>Abafashwe bari mu mugambi wo gutera ibisasu ahantu hatandukanye mu Umujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Icyo gihe hanafashwe ibintu bitandukanye byagombaga kwifashishwa mu gukora ibisasu birimo imisumari, insinga, intambi, sim card n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Ibyo bisasu ngo byagombaga guterwa ku nyubako ndende ya Kigali City Tower no kuri sitasiyo i Nyabugogo, &#8220;nubwo ngo imigambi y\u2019ibanze yaje guhindurwa yari iyo kwibasira abayobozi b\u2019Ingabo na Polisi by\u2019u Rwanda.&#8221;<\/p>\n<p>Meddie Nkalubo washyizwe mu majwi na raporo y&#8217;impuguke za Loni nanone ni we wari uyoboye umugambi w&#8217;ibitero byagombaga kwibasira Kigali.<\/p>\n<p>Nkalubo asanzwe ari umwe mu bantu bakomeye muri ADF haba mu icengezamatwara ndetse no mu buyobozi bw\u2019uyu mutwe, mu ntara ya Ituri.<\/p>\n<p>Ismael Niyonshuti, umunyarwanda winjijwe muri uyu mugambi na Nkalubo binyuze kuri mugenzi we Abdulaziz wasanze Nkalubo muri RDC muri Werurwe 2021, afatwa nk\u2019uwari ku ruhembe rw\u2019ibi bikorwa.<\/p>\n<p>Nkalubo kandi ngo yaje kohereza mu Rwanda uwitwa Omar Farouk alias Adamu Nyange, wagombaga gutegura ibyo bitero afatanyije na Niyonshuti.<\/p>\n<p>Indi raporo impuguke za Loni zasohoye mu myaka yashize yavugaga ko &#8220;Ku mabwiriza ya Farouk na Nkalubo, wari wasobanuye ko umugambi wabo ari uguhora ku bikorwa by\u2019ingabo z\u2019u Rwanda kuri ASWJ muri Cabo Delgado in Mozambique, Niyonshuti yinjijemo inshuti ze nyinshi.&#8221;<\/p>\n<p>Iyo raporo ivuga ko &#8220;mbere y\u2019ukwezi kumwe ngo bariya bantu 13 bafatirwe mu Rwanda, inzego za dipolomasi n\u2019iperereza zari zamenyesheje iri tsinda ko hari ibyago by\u2019igitero cya ADF, gishamikiye ku bikorwa n\u2019ingabo z\u2019u Rwanda muri Mozambique.&#8221;<\/p>\n<p>Amakuru ahuriza ku icengezamatwara ryo kurwanya u Rwanda ryari ryatangijwe n\u2019abashyigikiye Da\u2019esh ku mbuga nkoranyambaga, kubera ko Ingabo z\u2019u Rwanda zari zatangiye kurwanya ishami ryabo muri Mozambique, rya ISCAP.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Raporo impuguke za Loni ziheruka gusohora igaragaza ko mu mwaka ushize umutwe wa ADF wapanze kugaba ibitero by&#8217;iterabwoba ahantu hatandukanye, harimo no mu mujyi wa Kigali. Ni ibikubiye muri raporo ivuga cyane ku kibazo cy&#8217;umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho na ADF ibarizwa ziriya mpuguke za Loni zasohoye ku [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[132],"class_list":["post-55069","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-featured-post"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Raporo impuguke za Loni ziheruka gusohora igaragaza ko mu mwaka ushize umutwe wa ADF wapanze kugaba ibitero by&#8217;iterabwoba ahantu hatandukanye, harimo no mu mujyi wa Kigali. Ni ibikubiye muri raporo ivuga cyane ku kibazo cy&#8217;umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho na ADF ibarizwa ziriya mpuguke za Loni zasohoye ku [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2023-01-09T08:20:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba\",\"datePublished\":\"2023-01-09T08:20:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069\"},\"wordCount\":687,\"commentCount\":2,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Featured Post\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069\",\"name\":\"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2023-01-09T08:20:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=55069#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA","og_description":"Raporo impuguke za Loni ziheruka gusohora igaragaza ko mu mwaka ushize umutwe wa ADF wapanze kugaba ibitero by&#8217;iterabwoba ahantu hatandukanye, harimo no mu mujyi wa Kigali. Ni ibikubiye muri raporo ivuga cyane ku kibazo cy&#8217;umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho na ADF ibarizwa ziriya mpuguke za Loni zasohoye ku [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2023-01-09T08:20:00+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba","datePublished":"2023-01-09T08:20:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069"},"wordCount":687,"commentCount":2,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Featured Post"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=55069#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069","name":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2023-01-09T08:20:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=55069"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=55069#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uko ADF yapanze kugaba ibitero mu nama ya CHOGM i Kigali, umugambi ugapfuba"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/55069","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=55069"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/55069\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=55069"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=55069"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=55069"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}