{"id":5517,"date":"2017-03-24T10:31:09","date_gmt":"2017-03-24T10:31:09","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/03\/24\/kampani-zishinzwe-umutekano-zidahemba-abakozi-zigiye-kujya-zifungwa\/"},"modified":"2025-02-12T16:52:16","modified_gmt":"2025-02-12T14:52:16","slug":"kampani-zishinzwe-umutekano-zidahemba-abakozi-zigiye-kujya-zifungwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517","title":{"rendered":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi  zigiye kujya   zifungwa"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Umuyobozi w&#8217;ishami rirwanya iterabwoba muri Polisi y\u2019u Rwanda,Assistant Commissioner of Police (ACP) Denis Basabose, asanga abafite  kampani zishinzwe  umutekano  ku nyubako zitandukanye   badahemba abakozi bakoresha  ko ntacyo baba bashoboye bityo ko bagomba  kuva mu bucuruzi.<\/strong> <\/em><br \/>\nIbi ACP akaba yabivuze kuri  uyu wa Kane tariki  ya 23 Werurwe 2017 mu nama yari igamije kujya impaka ku mbogamizi no kunoza imikoranire hagati y\u2019inzego zishinzwe umutekano hafatwa ingamba ku bibangamiye umutekano muri iki gihe cyane cyane iterabwoba<br \/>\nAgaruka ku kuba hari bamwe  mu bashinzwe  umutekano mu nyubako zitandukanye usanga basinzirira ku kazi   abandi bagata akazi , ugasanga hari n&#8217;abatita ku   mutekano w&#8217;ibintu n&#8217;abantu binjira  muri  izi nyubako ahanini biba  bishingiye ku kuba abakoresha babo batabahemba abandi ntibabahembe neza ukanasanga bamwe bakora cyane  kandi ntibabone ikiruhuko.<br \/>\nACP Basabose akaba yasabye ko abakoresha ba Kampani zishinzwe  umutekano  bakongera  umubare w\u2019abakozi kandi  ko uwo bizagaragara ko yambura bikazamugaruka  ati\u2019\u2019 <em>Nituzajya dusanga hari  hari Kampani idahemba abakozi  tuzajya tuyifungira  ibyo mu byumve<\/em> \u2019\u2019<br \/>\nYungamo ati\u2019\u2019 <em>Abakoresha badahemba bagomba gufungirwa   bakava  muri business kuko ntabwo baba bashoboye ahubwo baba bateza umutekano muke aho kugira ngo bawucunge\u2019\u2019<\/em><br \/>\nAkaba yagiriye inama  abayobozi ba Kampani z\u2019umutekano yo gushyiraho ingamba zihamye mu gucunga umutekano w\u2019izo nzu zihurirwamo n\u2019abantu benshi kuko ari byo buryo bwiza bwo kuzirinda icyazihungabanyaho umutekano.<br \/>\nACP kandi  akaba yabasabye gukomeza inzira barimo ariko bakanashakisha uburyo bushya bwahangana kandi bukarusha imbaraga uwashaka guteza umutekano muke.<br \/>\nYasabye abayobora ziriya kompanyi guhora bagenzura imiterere y\u2019akazi n\u2019abakozi babo ,aho bibaye ngombwa bagasaba inkunga y\u2019impuguke zaba izo muri Polisi n\u2019ahandi kuko bafite ibyo babafasha.<br \/>\nAti:\u201d <em> Mugomba kugaragaza imbogamizi kandi mugashyiraho ingamba zagabanya cyangwa zigahangana n\u2019ibikorwa by\u2019abanzi b\u2019umutekano .\u201d<\/em><br \/>\nYaboneyeho gusaba abayobozi b\u2019Umujyi wa Kigali gufatanya na Polisi y\u2019u Rwanda kuzajya bakora igenzura rihoraho ku buryo umutekano wa ziriya nyubako ucunzwe.<br \/>\nAha yagize ati:\u201d  <em>Inyubako rusange zose zikwiriye kugira icyemezo cy\u2019umutekano mbere y\u2019uko zikorerwamo.<\/em> \u201d<br \/>\nYagaye kandi abafite akamenyero ku gushaka gukoresha abarinzi badafite ubunyamwuga ahahurirwa n\u2019abantu benshi kuko bishobora guha abakora iterabwoba icyuho, aho yagize Ati\u201d <em>Abakoresha inyubako bagomba guhitamo kompanyi zishoboye kandi nazo zigahitamo abarinzi b\u2019abanyamwuga<\/em> .\u201d<br \/>\nYabasabye guhora bafite ingamba zirimo ubugenzuzi buhoraho ku bo bakoresha kuri ziriya nyubako ndetse no gutunga ibikoresho bigezweho mu kazi kabo.<br \/>\nAbashinzwe umutekano ku nyubako zitandukanye bavuze ko iyi nama yabaye ingirakamaro kandi ibahumura kuri bimwe bihungabanya umutekano ahantu nka hariya.<br \/>\nRobert Musonera ushinzwe umutekano kuri Hotel des Milles Collines yashimiye ubuyobozi bwategiye inama ndetse n\u2019ibyayivugiwemo maze anizeza ko bizubahirizwa byose.<br \/>\nMugenzi we ushinzwe umutekano kuri Hotel Beausejour witwa Rubayiza Aloys, yavuze ko nyuma y\u2019iyi nama agiye gutegura imikorere myiza aho ashinzwe kuyobora aho yagize ati:\u201d  <em>Nize byinshi ku birebana no gusaka abinjira muri hotel, ubu ngiye gukora impinduka cyane cyane mu gukora icyatuma hangirika bike mu gihe cy\u2019impanuka.<\/em> \u201d<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nIyi nama yahuriyemo abayobozi muri kompanyi zigenga zishinzwe umutekano, abakorera ubucuruzi butandukanye ku nyubako zihuriramo abantu benshi nk\u2019amahoteli ndetse abashinzwe umutekano kuri izo nyubako,Umujyi wa Kigali  na Polisi, ikaba yagarutse ku buryo afatwa ingamba ku bibangamiye umutekano muri iki gihe cyane cyane iterabwoba.<br \/>\nBamwe mu bakozi  bakorera Kampani zishinzwe umutekano  bakaba barakunze kugaragaza ko hari abakoresha  badahemba abandi ntibahembe neza naho abandi bakabakoresha nta kiruhuko  babona.<br \/>\n <strong><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n <strong>Gabriel Habineza\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuyobozi w&#8217;ishami rirwanya iterabwoba muri Polisi y\u2019u Rwanda,Assistant Commissioner of Police (ACP) Denis Basabose, asanga abafite kampani zishinzwe umutekano ku nyubako zitandukanye badahemba abakozi bakoresha ko ntacyo baba bashoboye bityo ko bagomba kuva mu bucuruzi. Ibi ACP akaba yabivuze kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017 mu nama yari igamije kujya impaka ku [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5517","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya  zifungwa - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya  zifungwa - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umuyobozi w&#8217;ishami rirwanya iterabwoba muri Polisi y\u2019u Rwanda,Assistant Commissioner of Police (ACP) Denis Basabose, asanga abafite kampani zishinzwe umutekano ku nyubako zitandukanye badahemba abakozi bakoresha ko ntacyo baba bashoboye bityo ko bagomba kuva mu bucuruzi. Ibi ACP akaba yabivuze kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017 mu nama yari igamije kujya impaka ku [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-03-24T10:31:09+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:52:16+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa\",\"datePublished\":\"2017-03-24T10:31:09+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:16+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517\"},\"wordCount\":560,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517\",\"name\":\"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-03-24T10:31:09+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:16+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5517#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya  zifungwa - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya  zifungwa - BWIZA","og_description":"Umuyobozi w&#8217;ishami rirwanya iterabwoba muri Polisi y\u2019u Rwanda,Assistant Commissioner of Police (ACP) Denis Basabose, asanga abafite kampani zishinzwe umutekano ku nyubako zitandukanye badahemba abakozi bakoresha ko ntacyo baba bashoboye bityo ko bagomba kuva mu bucuruzi. Ibi ACP akaba yabivuze kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017 mu nama yari igamije kujya impaka ku [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-03-24T10:31:09+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:52:16+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa","datePublished":"2017-03-24T10:31:09+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:16+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517"},"wordCount":560,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5517#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517","name":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-03-24T10:31:09+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:16+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5517"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5517#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kampani zishinzwe umutekano zidahemba abakozi zigiye kujya zifungwa"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5517","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5517"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5517\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5517"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5517"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5517"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}