{"id":5539,"date":"2017-03-25T15:19:31","date_gmt":"2017-03-25T15:19:31","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/03\/25\/aho-green-party-imenyeye-ko-ivugwa-mu-kirego-cya-nyamwasa-yabinyomoje\/"},"modified":"2025-02-12T16:52:00","modified_gmt":"2025-02-12T14:52:00","slug":"aho-green-party-imenyeye-ko-ivugwa-mu-kirego-cya-nyamwasa-yabinyomoje","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539","title":{"rendered":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje"},"content":{"rendered":"<p>\u00a0<\/p>\n<p>Ishyaka riharanira demokarasi n\u2019ibidukikije mu Rwanda, ntiryari rizi ko rivugwa mu kirego Kayumba Nyamwasa yatanze mu rukiko nyafurika rw\u2019uburenganzira bwa muntu. Harimo ko ryaba ryarashinzwe na Kagame, aho ribimenyeye, abayobozi byaryo babinyomoje,batanga n\u2019impanuro.<\/p>\n<p>Ikirego Kayumba Nyamwasa yashyikirije urukiko nyafurika, cyavugaga ko Green Party yashinzwe na Kagame, kandi ko gahunda ya Tora Oya yari ukujijisha. Tora Oya ni gihunda ya Green Party yakanguriraga abantu gutora Oya muri Referanduma ya 2015, yari igamije guhindura Itegeko Nshinga.<\/p>\n<p>[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Iki kirego cyatanzwe mu 2015, ariko iri shyaka ryabimenye muri iki cyumweru, ubwo uru rukiko rwapangaga guca urubanza.<\/p>\n<p> <strong><br \/>\nGreen Party irabihakana, igatanga n\u2019ibimenyetso <\/strong> <\/p>\n<p>Umunyamabanga mukuru wa DGPR ushinzwe itangazamakuru, Tuyishimwe Jean Deo avuga ko ibibazo iri shyaka rihura nabyo kuva rishingwa kugeza ubu, ari ikimenyetso ko nta kwaha uko ari ko kose rikoreramo. Ibyo bibazo ni iterabwoba n\u2019urugomo bishyirwa ku barwanashyaka baryo; iyicwa, ifungwa n\u2019inyuruzwa rya bamwe mu baririmo, ndetse no gutinda kwemererwa gukorera mu gihugu. Tuyishime ati \u201cIyo tuba dukorera mu kwaha kwa FPR na Perezida Kagame, urugomo twagiriwe muri Saint Paul ntiruba rwarabaye ngo abantu bacu bakomeretswe. Uwari Visi Perezida Rwisereka Kagwa Andre yapfuye urupfu rw\u2019amayobera, iyo tuba dukorana na FPR iba yaradufashije bigasobanuka\u201d.<\/p>\n<p>Tuyishime kandi agaruka ku murwanashyaka wa Green Party, Munyeshyaka Jean Damascene waburiwe irengero na nuba bakaba nta kanunu ke  bafite, ndetse n\u2019undi wafunzwe mu guhe iri shyaka ryatangiye gahunda yo kuburizamo amatora ya Referandum.<\/p>\n<p>Ikindi kimenyetso atanga, ni uburyo abunganizi mu manza batereganye urubanza rwa Green Party, banga kwiteranya na FPR. Ati \u201cIbaze abavoka batanu bagiye bikura mu rubanza rwacu, tukunganirwa n\u2019uwa gatandatu?\u201d<\/p>\n<p> <strong><br \/>\n\u201cUmwungeri mwiza\u2026\u201d na \u201cPolitiki ya Facebook\u201d<\/strong> <\/p>\n<p>Tuyishime Jean Deo, avuga ko \u201cumwungeri mwiza amenya intama ze\u201d, n\u2019umunyapolitiki mwiza ni ubana n\u2019abo avuganira. Ati \u201ciyo politiki ya whattsapp na fesibuku twe niyo twanze, bituma abanyapolitiki baba hanze badufata nk\u2019abakorera mu kwaha k\u2019ubutegetsi nyamara sibyo\u201d.<\/p>\n<p>Akongera ati \u201cba Kayumba babonye twariyemeje gukorera mu Rwanda \u2014nubwo ibibazo bitabura- birababaza. Tubonye noneho uburenganzira busesuye barashenguka, tugiye muri forumu biba ibindi. Ubu noneho tugeze aho kwiyamamariza kuyobora iki gihugu. Ni ibintu umuntu uba hanze atapfa kumva.\u201d<\/p>\n<p>Tubibutse ko kuri uyu wa 24 werurwe aribwo urukiko Nyafurika rw\u2019Uburenganzira bwa Muntu rwafashe umwazuro wo gutesha agaciro ibirego bya Kayumba nyamwasa na bagenzi be ruvuga ko rwataye igihe icyaregerwaga cyarangiye.<\/p>\n<p> <strong><br \/>\nKaregeya Jean Baptiste<\/strong> <\/p>\n<p> <strong><br \/>\nSoma uko itangazo rinyomoza Green Party yatugejejeho rimeze ntacyo dukuyemo<\/strong> <\/p>\n<p>ISHAKA GREEN PARTY   MU RWANDA SIRYA  NYAKUBAHWA PREZIDA  KAGAME  SINAWE WARISHINZE N\u2019IKINYOMA  CYAMBAYE UBUSA!!<\/p>\n<p>DUHEREYE KU NKURU YATAMBUTSE MU KINYAMAKURU CYANDIKIRWA MU RWANDA  BWIZA.COM aho mu mutwe wiyo nkuru bagira bati:<\/p>\n<p>Kayumba Nyamwasa aremeza ko ishyaka Green Party ryashinzwe na Perezida w\u2019u Rwanda <em>;<\/em>  <em>nkuko hasi mu nkuru bashingira ku nyandiko yandikiwe urukiko rwa Africa rushinzwe uburenganzira bwa muntu<\/em>  AFRICAN     COURT  ON  HUMAN  AND  PEOPLES\u2019<\/p>\n<p>Aho  mu mutwe wa gatanu w\u2019iyi baruwa RNC  yashikirijwe urukiko iri mu rurimi rw\u2019icyongereza igira iti:  <em>The Applicants allege that the filingty\u2019in ofthea courts in Rwanda to challenge the amendment of Article 101 of the Constitution, <\/em><br \/>\n <em>is a sham since this Party is a creation of the President of the Republic of Rwanda and that the whole<\/em>   <em>exercise is intended to lend legitimacy to the process <\/em> bishatse kuvugako,ubusabe bw\u2019ishyaka Green Party mu nkiko z\u2019u Rwanda bwo gusaba ko itegeko nshinga ritakorwaho bwari urwiyerurutso kuko ngo iri shyaka ryashinzwe na perezida w\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Ku ruhande rwacu rw\u2019ishaka rya GREEN PARTY nkuko twabivuze kera nta Muyobozi numwe w\u2019uRwanda dukorera mu kwaha kwe turi Ishyaka ryigenga ritavuga rumwe na Leta,abibuka mu gihe twatangazaga ko tugiye kwiyambaza ubutabera dutambamira ivugururwa ry\u2019itegeko nshinga ry\u2019uRwanda cyane ku ngingo ya 101 riyigize twashatse abavoka bagera muri batanu banga kuburana urwo rubanza, abatangaza ibyo kandi birengagije amateka y\u2019itotezwa ry\u2019Ishaka ryacu aho abantu bagiye bafungwa dore ko n\u2019umunsi haba inama ya Kongere y\u2019ishyaka DGPR twemeza umukandida Uhagarariye Ishaka Green Party yaraye mu buroko mu gihe abarwanashyaka bacu bamwe i Rusizi bahatiriwe kurahira ku mbaraga mu Murenge wa Kanjongo, mu Karere ka Gicumbi ho Perezida w\u2019ishyaka ryacu DGPR yagabweho n\u2019igitero n\u2019inzego z\u2019ibanze harimo Gitifu w\u2019Akagali na home guard  zimusaba kwegura akagaruka muri RPF. Ibi byose nibyerekana ko Ishyaka ryacu ritari muri iyo shusho batubonamo kuko nta mu PSD, PL cyangwa PDC barakora ibyo.<\/p>\n<p>Kuri aba banyapotiliki rero twabagira inama yo kuza ahubwo gukorera Poltiki mu gihugu bagafatanya n\u2019andi mashyaka mu ruhando rwa Politiki nkuko ba Mandela naba Patrice Lumumba bitanga aho kuyikorera hanze y\u2019igihugu. Icyiza kiraharanirwa bakemera kunyura mu makoni akomeye ishyaka ryacu ryanyuzemo Umukandida wacu akaba na Perezida wa Green Party n\u2019ababere Intangarugero aho yirengagije ibyo bibazo byose akemera gukinira hagati mu kibuga.<\/p>\n<p>TUYISHIME Jean Deo <\/p>\n<p>Umunyamabanga mukuru ushinzwe itangazamakuru<\/p>\n<p>N\u2019itumanaho muri GREEN PARTY OF RWANDA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u00a0 Ishyaka riharanira demokarasi n\u2019ibidukikije mu Rwanda, ntiryari rizi ko rivugwa mu kirego Kayumba Nyamwasa yatanze mu rukiko nyafurika rw\u2019uburenganzira bwa muntu. Harimo ko ryaba ryarashinzwe na Kagame, aho ribimenyeye, abayobozi byaryo babinyomoje,batanga n\u2019impanuro. Ikirego Kayumba Nyamwasa yashyikirije urukiko nyafurika, cyavugaga ko Green Party yashinzwe na Kagame, kandi ko gahunda ya Tora Oya yari ukujijisha. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5539","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"\u00a0 Ishyaka riharanira demokarasi n\u2019ibidukikije mu Rwanda, ntiryari rizi ko rivugwa mu kirego Kayumba Nyamwasa yatanze mu rukiko nyafurika rw\u2019uburenganzira bwa muntu. Harimo ko ryaba ryarashinzwe na Kagame, aho ribimenyeye, abayobozi byaryo babinyomoje,batanga n\u2019impanuro. Ikirego Kayumba Nyamwasa yashyikirije urukiko nyafurika, cyavugaga ko Green Party yashinzwe na Kagame, kandi ko gahunda ya Tora Oya yari ukujijisha. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-03-25T15:19:31+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:52:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje\",\"datePublished\":\"2017-03-25T15:19:31+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539\"},\"wordCount\":801,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539\",\"name\":\"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-03-25T15:19:31+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:52:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5539#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA","og_description":"\u00a0 Ishyaka riharanira demokarasi n\u2019ibidukikije mu Rwanda, ntiryari rizi ko rivugwa mu kirego Kayumba Nyamwasa yatanze mu rukiko nyafurika rw\u2019uburenganzira bwa muntu. Harimo ko ryaba ryarashinzwe na Kagame, aho ribimenyeye, abayobozi byaryo babinyomoje,batanga n\u2019impanuro. Ikirego Kayumba Nyamwasa yashyikirije urukiko nyafurika, cyavugaga ko Green Party yashinzwe na Kagame, kandi ko gahunda ya Tora Oya yari ukujijisha. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-03-25T15:19:31+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:52:00+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje","datePublished":"2017-03-25T15:19:31+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539"},"wordCount":801,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5539#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539","name":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-03-25T15:19:31+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:52:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5539"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5539#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Aho Green Party imenyeye ko ivugwa mu kirego cya Nyamwasa, yabinyomoje"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5539","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5539"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5539\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5539"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5539"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5539"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}