{"id":5718,"date":"2017-04-11T20:13:02","date_gmt":"2017-04-11T20:13:02","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/04\/11\/intambara-iratutumba-korea-ya-ruguru-irarasa-amerika-niba-idahagaritse\/"},"modified":"2025-02-12T16:38:56","modified_gmt":"2025-02-12T14:38:56","slug":"intambara-iratutumba-korea-ya-ruguru-irarasa-amerika-niba-idahagaritse","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718","title":{"rendered":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi"},"content":{"rendered":"<p>Guhera mu cyumweru gishize kugeza magingo aya icyuka cy\u2019intambara ikaze gikomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Korea ya Ruguru.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nKCNA bya Biro Ntaramakuru bya Korea ya Ruguru muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, byatangaje ko magingo aya ingabo ibihumbi n\u2019ibihumbagiza za Korea ya Ruguru ziryamiye amajanja [  <strong>Army Standby Class One<\/strong>  ] aho bivugwa ko nta gihindutse urugamba ruzarema kandi ko iherezo Korea ya Ruguru izatsinda uru rugamba nta shiti.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-61027 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg\" alt=\"l1\" width=\"771\" height=\"487\" \/><\/a><br \/>\nIbi byose kandi bije biherekeje imyitozo kabuhariwe y\u2019intambara Amerika n\u2019ingabo zayo ziteganya gukorera mu Nyanja y\u2019Ubushinwa muri iyi minsi ya vuba ,ibintu Korea ya Ruguru ivuga ko iyi myitozo iramutse ikozwe bwaba ari uburyo bwo guha isomo Amerika n\u2019abambari bayo [  <strong>The American Allied Countries<\/strong>  ] barimo na Korea y\u2019Epfo.<br \/>\n\u201cIki gikorwa Amerika yenda gukora cyo gutera Korea ya Ruguru kirerekana neza urwego ubushotoranyi bwayo bugezeho kandi butakibasha kwihanganirwa \u00e2\u20ac\u00b3 aya akaba ari amagambo yatangajwe n\u2019Umuvugizi wa Ministeri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga wa Korea ya Ruguru.<br \/>\nUyu muvugizi kandi yakomeje avuga ati: \u201cKorea ya Ruguru yiteguye kwivuna umwanzi kuri buri buryo bwose Amerika yashozamo intambara \u00e2\u20ac\u00b3.<br \/>\nMu minsi ishize Perezida Trump yasabye Ubushinwa kutarebera ubushotoranyi Korea ya Ruguru ikomeza gukora mu karere gakikije inyanja y\u2019Ubuhinde.<br \/>\nDonald Trump kandi yahise atangaza ko ibi abisaba Ubushinwa mu rwego rwo gufataniriza hamwe kugirango bashakire amahoro akarere  ariko ko n\u2019Ubushinwa butabishatse Amerika yabyikorera ubwayo.<br \/>\nKorea ya Ruguru ariko yahise isubiza byihuse ko nta na rimwe yashyirwaho igitutu ngo ibuzwe gukomeza gucura intwaro za kirimbuzi.<br \/>\nMinisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019amahanga ya Korea ya Ruguru ibinyujije mu muvugizi wayo yagize ati \u201c Tuzaha igisubizo gikomeye Amerika ku bushotoranyi bwayo, tuzaba kandi twirwanaho tunerekane imbaraga kabuhariwe z\u2019amaboko yacu \u00e2\u20ac\u00b3.<br \/>\nIbyo kandi birangiye ngo Amerika izirengere ingaruka zikomeye zizava mu ntambara ishaka gushoza kuko ngo itazayihira.<br \/>\nIkinyamakuru Rodong Sinmun cyandikirwa muri Korea ya Ruguru cyatangaje ibi bikurikira:<br \/>\n\u201cIngabo za Korea ya Ruguru  zicungira hafi ibikorwa by\u2019ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi intego yayo ntabwo ari ugusenya ibirindiro bya Korea y\u2019Epfo gusa, ko ahubwo ingabo za Korea ya Ruguru zizakubita hasi ibiri ku butaka bwa Amerika ikabyubika byose \u00e2\u20ac\u00b3!<br \/>\nMuri uku guterana amagambo kandi na Korea y\u2019Epfo ntiyasigaye kuko Perezida w\u2019agateganyo wayo Bwana Hwang Kyo-ahn yavuze ko Korea ya Ruguru ibyo iri gukora ari \u201c The Greater  Provocations \u00e2\u20ac\u00b3nko kuvuga ko ari ubushotoranyi bukabije butakwihanganirwa.<br \/>\nKorea y\u2019Epfo kandi yahaye amabwiriza Ingabo zayo yo kuryamira amajanja zikaba zahangana n\u2019ibitero ibyo aribyo byose kandi ngo izi ngabo zikaba zigomba gukorana ubudahumbya niza Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikambitse muri ako karere mu bufatanye bwayo basanganywe.<br \/>\nPerezida Trump kandi ubwo yahuraga na mugenzi we w\u2019Ubushinwa, Xi Jipping mu cyumweru gishize yamusabye kwongera imbaraga mu kubuza ko ibikorwa by\u2019ubushotoranyi bya Korea ya Ruguru byakomeza, aho yakomeje amwibutsa ko ibi bibaye byaramira umubano n\u2019ubucuruzi Amerika ifitanye n\u2019Ubushinwa ko kandi uyu mubano hakwiriye kwirindwa ko wazatokozwa n\u2019ibikorwa bya Korea ya Ruguru.<br \/>\nKorea ya Ruguru kandi iri mu myiteguro yo kwizihiza isabukuru y\u2019amavuko ya Kim Il Sung ufatwa nk\u2019umubyeyi wa Korea ya Ruguru akaba na sekuru wa Kim Jong Un uri ku butegetsi ubu.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/kim.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-61026 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/kim.jpg\" alt=\"kim\" width=\"638\" height=\"333\" \/><\/a><br \/>\nMuri iyo sabukuru hateganyijwe kuzakorwa akarasisi katigeze kabaho mu buzima bwa Korea ya Ruguru i Pyongyang ,biravugwa ko kandi Korea ya Ruguru iteganya kuzahita inagerageza ibisasu byayo bya karahabutaka ku nshuro ya gatandatu, ikintu Amerika ivuga ko itazazuyaza guhita yinjira mu rugamba niba nta gihindutse.<br \/>\nIbi kandi bikomeje kwamaganwa n\u2019amahanga yose harimo n\u2019Akanama k\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi .<br \/>\nMu mihanda ya Pyongyang hakomeje kugaragara abagabo benshi n\u2019abagore bari kwitoza kuzahanyurana ishema muri aka karasisi kazaba kayobowe na Perezida Kim Jong Un ubwe bwite.<br \/>\nMu nkuru dukesha Reuters bya Biro ntaramakuru by\u2019Abongereza dusangamo ko Perezida wa Syria, Bwana Bashar Al-Assad yoherereje ubutumwa bw\u2019ishimwe mugenzi we wa Korea ya Ruguru amushimira ku ngamba iki gihugu gikomeje kugaragaza zo kutavogerwa n\u2019abo yise ba mpatsibihugu bo mu Burengerazuba bw\u2019isi.<br \/>\nUbwo butumwa bugira buti \u201c Mu bucuti bukomeye ibihugu byacu uko ari bibiri bisanganwe, twifatanyije mu kwizihiza isabukuru mu gihe twembi turi kurwana n\u2019abashaka kudukururaho intambara zigamije kwigarurira isi no kuba aribo bagena uko isi igomba kugenda, baba bashaka ko badukuraho uburenganzira bwacu bwo kwigenera uko tugomba kubaho\u201d nkuko na KNCA News ibitangaza.<br \/>\nUburusiya nabwo burarekereje mu gukurikiranira hafi ukuntu Amerika isa n\u2019iri guhuzagurika ku butegetsi bushya bwa Donald Trump bwigaragaza nk\u2019ubukiri bubisi ariko uku kuba bushya bikaba aribyo bishobora guteza akaga inzira ya dipolomasi ubusanzwe yakabaye ikemura ibi byose .<br \/>\nHanakekwa kandi ko uku gutseta ibirenge kw\u2019inzira za dipolomasi ari byo bizashyira biteje intambara itazorohera umwe wese kuri iyi si mubazaba bayishoje yaba Amerika ,Korea zombi cyangwa ibindi bihugu bitandukanye.<br \/>\nByose kandi birakorwa mu gihe Korea ya Ruguru ubu yamaze kubaka ubushobozi bwo kuba yarimbura Amerika ikoresheje ibitwaro bya kirimbuzi byayo nkuko twabigarutseho dutangira iyi nkuru !<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nMinisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga w\u2019Uburusiya, Bwana Sergei Lavlov nyuma yo kubonana n\u2019Umunyamabanga wa Leta wa Amerika, Bwana Rex Tillerson ko Uburusiya bubabajwe n\u2019ukwiyongera kw\u2019umwuka mubi hagati ya Korea ya Ruguru n\u2019Amerika ngo kuko kwibwira ko Amerika yakwifasha uru rugamba  ntacyo ubwabyo byayigezaho .<br \/>\nSergei Lavlov yatangaje ko Loni yakagombye kwihutira gukura ikitwa intwaro za kirimbuzi cyose mu karere gaherereye mu mwigimbakirwa wa Korea [ Korean Peninsula ] kandi ibi bikaba byareba umwe wese hadatunzwe agatoki igihugu kimwe rukumbi nkaho ibindi bitazitunze.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nUburusiya kandi bwamaganiye kure Amerika kuri Misiles zayo iherutse kurasa kuri Syria ku wa gatanu ushize ,mu cyo bwise kwica amategeko no guhungabanya ubusugire bwa Syria.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/indege.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-61028 size-large\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/indege-1024x683.jpg\" alt=\"indege\" width=\"1024\" height=\"683\" \/><\/a><br \/>\nUbwato bw\u2019Intambara kabuhariwe U.S Navy Carl Vinson ngo kuri ubu bwiteguye kuva ku nkengero za Australia bukerekeza hafi y\u2019amazi y\u2019inyanja ya Pacifica mu gace kegereye inkombe za Korea nkuko Reuters ikomeza ibivuga.<br \/>\nLeta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zatangaje ko ubu bwato bwayo bw\u2019intambara bizabufata icyumweru ngo bugere aho bugomba gushinga ibirindiro .<br \/>\nKorea y\u2019Epfo n\u2019Ubushinwa kuri uyu wa mbere bamaze kwemeranya ko niba Korea ya Ruguru itaretse umugambi wayo wo kugerageza ikindi gisasu cya kirimbuzi ,ibyo bihugu byombi bizahita biyifatira ibihano mu by\u2019ubukungu.<br \/>\nAmakuru y\u2019ubutasi atangwa na za satellites za Amerika, avuga  ko Korea ya Ruguru yamaze kwitegura kugerageza igisasu cyayo ku  nshuro ya gatandatu uko byagenda kose ibi ikaba ngo izabikorera kuri  Punggye Nuclear Site.<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n <em> <strong>Marshall Eugene David\/Bwiza.com<\/strong> <\/em><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Guhera mu cyumweru gishize kugeza magingo aya icyuka cy\u2019intambara ikaze gikomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Korea ya Ruguru. \u00a0 KCNA bya Biro Ntaramakuru bya Korea ya Ruguru muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, byatangaje ko magingo aya ingabo ibihumbi n\u2019ibihumbagiza za Korea ya [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5718","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Guhera mu cyumweru gishize kugeza magingo aya icyuka cy\u2019intambara ikaze gikomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Korea ya Ruguru. \u00a0 KCNA bya Biro Ntaramakuru bya Korea ya Ruguru muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, byatangaje ko magingo aya ingabo ibihumbi n\u2019ibihumbagiza za Korea ya [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-04-11T20:13:02+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:38:56+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi\",\"datePublished\":\"2017-04-11T20:13:02+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:38:56+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718\"},\"wordCount\":1074,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/l1.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718\",\"name\":\"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/l1.jpg\",\"datePublished\":\"2017-04-11T20:13:02+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:38:56+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/l1.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/l1.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5718#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA","og_description":"Guhera mu cyumweru gishize kugeza magingo aya icyuka cy\u2019intambara ikaze gikomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Korea ya Ruguru. \u00a0 KCNA bya Biro Ntaramakuru bya Korea ya Ruguru muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, byatangaje ko magingo aya ingabo ibihumbi n\u2019ibihumbagiza za Korea ya [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-04-11T20:13:02+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:38:56+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi","datePublished":"2017-04-11T20:13:02+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:38:56+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718"},"wordCount":1074,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718","name":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg","datePublished":"2017-04-11T20:13:02+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:38:56+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5718"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/l1.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5718#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Intambara iratutumba: Korea ya Ruguru irarasa Amerika niba idahagaritse ubushotoranyi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5718","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5718"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5718\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5718"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5718"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5718"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}