{"id":5795,"date":"2017-04-17T12:51:36","date_gmt":"2017-04-17T12:51:36","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/04\/17\/abanyarwanda-bazinjira-mu-bwihugiko-buri-rugo-rumaze-gutunga-ubwiherero\/"},"modified":"2025-02-12T16:35:23","modified_gmt":"2025-02-12T14:35:23","slug":"abanyarwanda-bazinjira-mu-bwihugiko-buri-rugo-rumaze-gutunga-ubwiherero","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795","title":{"rendered":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Ikibazo cy\u2019imiryango itagira ubwiherero kimaze iminsi, ariko ubu noneho cyavugutiwe umuti. Minisitiri w\u2019Intebe yabwiye abadepite ko kitarenza amezi atatu, ubwo bivuga ko itora ryo muri Kanama rizasanga kimaze ukwezi gikemutse.<\/em>  <\/strong><br \/>\nMu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Cyasemakamba, mu mujyi wa Kibungo rwagati, hari imiryango ifite ubwiherero butaboneye: bwubakishije ibishwangara, ibirere n\u2019ibyatsi by\u2019ishyamba,&#8230; bumwe budasakaye, bukingishije ibitambaro nabyo bisa nabi. Ni ingo zirenze 4 zegeranye, n\u2019abagize iyo miryango ubwabo bagararaza ko baterwa ipfunwe no kutagira ubwiherero bwiza.<\/p>\n<p>Naho mu kagari ka Nkomangwa, umurenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, imiryango igera kuri 72 ntigira ubwiherero. Bamwe bituma mu bw\u2019abaturanyi, abandi ku gasozi. Muri iki gihe cy\u2019imvura, ababufite bahangayikishijwe n\u2019indwara zikomoka kuri uwo mwanda unyanyagiye hose.<\/p>\n<p>Umunyamabanga Nshingwabikorwa Simbi Sarah, avuga ko hari gahunda yo kubakira ubwiherero abatabufite ku bufatanye bw\u2019akarere na AEE (Umuryango w\u2019ivugabutumwa).<\/p>\n<p>Ubwo yasuraga akarere ka Gisagara, Guverineri w\u2019Intara y\u2019Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose avuga ko umuntu w\u2019umugabo utagira umusarani ari igisebo. Ati \u201cibaze umugore wawe agiye kwituma mu rutoki bakorosora bakamubona ikibuno, [\u2026] warangiza ukicara ngo ndi umugabo, nta bugabo bwawe!\u201d Benshi mu badafite ubwiherero bajya mu baturanyi, babinuba bakayoboka iy\u2019ibihuru.<br \/>\nMu karere ka Gicumbi, ngo kugeza ubu hari imiryango igera ku 1100 ifite ubwiherero buteye inkeke. Ariko ubuyobozi bw\u2019aka karere buvuga ko  buvuga ko hari icyahindutse cyane, kuko mu mpera za 2016 hari ubwiherero busaga ibihumbi 11 butujuje ibisabwa, ubu hakaba hasigaye 1\/10 cyabwo.<\/p>\n<p>Si aho gusa, ikibazo cy\u2019imiryango itagira aho yiherera kiri henshi mu gihugu: Musanze, Nyamirama ya Kayonza, Cyahafi ya Nyarugenge, Rusizi, Muhanga n\u2019ahandi. Mu karere ka Gasabo bivugwa i Kinyinya, ariko no mu murenge wa Remera hari ahitwa \u201cBannyahe\u201d, bivuga ko nta bwiherero buharangwa.<\/p>\n<p>Minisiteri y\u2019Ubuzima yemeza ko hafi kimwe cya kabiri cy\u2019indwara zakirwa kwa muganga zituruka ku isuku nke. Hirimo impiswi, inzoka zo mu nda, igituntu, indwara zo mu kanwa, iz\u2019uruhu na malariya.<\/p>\n<p> <strong>Amaherezo umuti uraboneka, igihe cy\u2019ubwihugiko kizagera ubwiherero bwarabonetse<\/strong> <\/p>\n<p>Depite Gatabazi JMV ukomoka mu karere ka Gicumbi, yagaragaje impungenge z\u2019umubare munini w\u2019imiryango itagira ubwiherero mu karere avukamo, ubwo byavugwaga mu nama.<\/p>\n<p>Nk\u2019intumwa ya rubanda, ntibyaciriye aho, kuko yakibajije umukuru wa Guverinoma ubwo yajyaga mu nteko. Ati \u201cabantu babura ubwiherero bate, ko ibikoresho bihari (ibiti) n\u2019abayobozi bakaba bahari? Uko twaciye nyakatsi mu mwaka umwe, ukwezi kumwe kurahagije ngo abanyarwanda babe bafite ubwiherero, byakunda\u201d.<\/p>\n<p>Undi munyarwanda nawe, atangazwa no kuba hari abaturage batagira ubwiherero, mu gihugu kirimo imitwe y\u2019intore inyuranye. Ati \u201cnta muyobozi utaranyuze mu itorero, dufite intore zo ku rugerero zimara umwaka mu baturage, hari abajyanama b\u2019ubuzima n\u2019abandi, habura iki ngo dufatanye abo bantu babone imisarane?\u201d<\/p>\n<p>Aha yakomozaga ku mitwe nk\u2019isonga wa ba Gitifu, Inkeshwakurama ry\u2019abaganga, Mutima w\u2019urugo ry\u2019abagore, Intagamburuzwa n\u2019Indemyabigwi, NDLR &#8211; <em>Umusanzu w\u2019Impamyabigwi z\u2019abanyamakuru wo ni uyu, ni rwo ruhembe zirasaniraho<\/em> .<br \/>\nUmwaka ushize 2016, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y\u2019Ubutegetsi bw\u2019Igihugu, Dr. Alivera Mukabaramba yari yahize ko 2016 irangira nta muryango udafite ubwiherero, nyamara kugeza ubu mu turere twinshi iracyagaragaramo.<br \/>\nTariki ya 4 Mata, Minisitiri W\u2019intebe, Murekezi Anastase, yemereye abadepite ko mu mezi atatu gusa nta munyarwanda uzaba adafite ubwiherero. Ni ukuvuga muri Nyakanga 2017, habura ukwezi kumwe ngo habe itora rya Perezida wa Repubulika. Abanyarwanda bazagana ubwihugiko bitorera mu ibanga, ariko bazabe bavuye mu ngo zifite ubwiherero.<\/p>\n<p> <strong>Karegeya Jean Baptiste<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikibazo cy\u2019imiryango itagira ubwiherero kimaze iminsi, ariko ubu noneho cyavugutiwe umuti. Minisitiri w\u2019Intebe yabwiye abadepite ko kitarenza amezi atatu, ubwo bivuga ko itora ryo muri Kanama rizasanga kimaze ukwezi gikemutse. Mu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Cyasemakamba, mu mujyi wa Kibungo rwagati, hari imiryango ifite ubwiherero butaboneye: bwubakishije ibishwangara, ibirere n\u2019ibyatsi by\u2019ishyamba,&#8230; bumwe budasakaye, bukingishije [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-5795","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ikibazo cy\u2019imiryango itagira ubwiherero kimaze iminsi, ariko ubu noneho cyavugutiwe umuti. Minisitiri w\u2019Intebe yabwiye abadepite ko kitarenza amezi atatu, ubwo bivuga ko itora ryo muri Kanama rizasanga kimaze ukwezi gikemutse. Mu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Cyasemakamba, mu mujyi wa Kibungo rwagati, hari imiryango ifite ubwiherero butaboneye: bwubakishije ibishwangara, ibirere n\u2019ibyatsi by\u2019ishyamba,&#8230; bumwe budasakaye, bukingishije [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-04-17T12:51:36+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:35:23+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero\",\"datePublished\":\"2017-04-17T12:51:36+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:35:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795\"},\"wordCount\":556,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795\",\"name\":\"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-04-17T12:51:36+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:35:23+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5795#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA","og_description":"Ikibazo cy\u2019imiryango itagira ubwiherero kimaze iminsi, ariko ubu noneho cyavugutiwe umuti. Minisitiri w\u2019Intebe yabwiye abadepite ko kitarenza amezi atatu, ubwo bivuga ko itora ryo muri Kanama rizasanga kimaze ukwezi gikemutse. Mu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Cyasemakamba, mu mujyi wa Kibungo rwagati, hari imiryango ifite ubwiherero butaboneye: bwubakishije ibishwangara, ibirere n\u2019ibyatsi by\u2019ishyamba,&#8230; bumwe budasakaye, bukingishije [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-04-17T12:51:36+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:35:23+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero","datePublished":"2017-04-17T12:51:36+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:35:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795"},"wordCount":556,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5795#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795","name":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-04-17T12:51:36+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:35:23+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5795"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5795#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Abanyarwanda bazinjira mu bwihugiko, buri rugo rumaze gutunga ubwiherero"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5795","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5795"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5795\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5795"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5795"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5795"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}