{"id":5942,"date":"2017-04-27T15:59:06","date_gmt":"2017-04-27T15:59:06","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/04\/27\/uburezi-tanzaniya-yemereye-mineduc-abarimu-b-igiswahili-mu-gihe-rugeretse-mu\/"},"modified":"2017-04-27T15:59:06","modified_gmt":"2017-04-27T15:59:06","slug":"uburezi-tanzaniya-yemereye-mineduc-abarimu-b-igiswahili-mu-gihe-rugeretse-mu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942","title":{"rendered":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Nyuma y\u2019aho ururimi rw\u2019igiswahili rwemerewe kujya mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda, Perezida Magufuli nawe yemeye gutanga abarimu. Ibi bibaye ariko mu gihe abarimu bigishaga icyongereza harimo n\u2019abatanzaniya, birukanwe mu buryo bavuga ko bunyuranije n\u2019itegeko, ubu urubanza rukaba rugeze mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.<\/strong>  <\/em><br \/>\n <em> <strong>Ibyibazwa na benshi kuri iyi ngingo ni byinshi: <\/strong> <\/em><br \/>\nEse MINEDUC yambuye abarimu b\u2019icyongereza, yiteguye kuzikubita agashyi ikishyura ab\u2019igiswahili, cyangwa bazigishiriza ubuntu?<br \/>\nEse mama, Magufuli azabohereza anabihembere?<br \/>\nEse umutanzaniya wumvise ibyabaye ku bavandimwe be, na bagenzi babo bava Kenya na Uganda, azemera kuza gukora uwo murimo, inkoni ikubise mukeba itararenzwa urugo?<br \/>\nTariki ya 20 Mata 2017, Minisitiri w\u2019uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba yasuye Tanzaniya, aganira na Perezida John Pombe Magufuli. Mu biganiro byabo, Magufuli yagarutse ku cyemezo u Rwanda rwafashe cyo kwigisha Igiswahili mu mashuri, avuga ko ari ibyo kwishimira kandi Tanzania yiteguye gutanga abarimu.<br \/>\nCyakora Minisitiri Musafiri we yarifashe, yirinda kugira icyo atangaza ku bijyanye no kuba Tanzania yemereye u Rwanda abarimu b\u2019Igiswahili, ati \u201d Ibiganiro byibanze ku burezi, ubufatanye mu guteza imbere inzego z\u2019ubumenyi, ikoranabuhanga n\u2019ubuvumbizi.\u201d<br \/>\n <strong>Abarimu b\u2019icyongereza mu buzima butubahiriza itegeko<\/strong><br \/>\nKuva mu mwaka wa 2009, abarimu batangiye kwigishwa ururimi rw\u2019icyongereza mu gihe cy\u2019ibiruhuko, ariko 2012 hashyirwaho abarimu bahoraho( school based mentors) mu bigo by\u2019amashuri ya Leta, bigisha buri munsi bagenzi babo b\u2019abarimu.<br \/>\nNibwo abasaga 900 baturutse mu bihugu byinshi by\u2019akarere, harimo n\u2019abatanzaniya, bashyizwe mu mashuri, bigera n\u2019aho umwe ashingwa ibigo bibiri. Bari biganjemo abagande n\u2019Abanyakenya, hakabamo Abanyekongo, Abarundi, Abatanzaniya, ndetse n\u2019Abanyarwanda.<br \/>\nBakorera mu bibazo byo kudahemberwa igihe, aho bashoboraga kumara amezi arenga atatu bategereje umushahara, kutavuzwa kandi biri mu masezerano, ndetse no kutishyurirwa ubwiteganyirize.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nAbanyamahanga bari bemerewe amafaranga abajyana iwabo mu kiruhuko, ariko benshi ntayo bahawe.<br \/>\nMuri Nyakanga 2015, nibwo REB yandikiye abamenta bose ko amasezerano y\u2019umurimo bari bafitanye arangirana na Kanama uwo mwaka, hatitawe ku gihe cyari gisigaye. Harimo abari bafite amasezerano agomba kurangira muri Mata 2016, basigaje amezi umunani.<br \/>\n <strong>Hirengagijwe amategeko, inzira zose zinyurwamo, REB irinangira, bijya mu nkiko<\/strong><br \/>\nIngingo ya 28 y\u2019 itegeko n\u00b0 13\/2009 ryo kuwa 27\/05\/2009 rigenga umurimo mu Rwanda, ivuga ku  iseswa ry\u2019amasezerano y\u2019akazi y\u2019igihe kizwi (Cessation du contrat de travail \u00e0\u00a0 dur\u00e9e d\u00e9termin\u00e9e), ntiyubahirijwe. <strong> <em><br \/>\n<\/em> <\/strong><br \/>\nIgira iti \u201c Amasezerano y\u2019akazi y\u2019igihe kizwi ahita arangira iyo icyo gihe cyateganyijwe kirangiye. Kwirukanwa bidashingiye ku mpamvu ziteganywa n\u2019amategeko cyangwa kwegura mbere y\u2019uko amasezerano y\u2019akazi y\u2019igihe kizwi arangira bituma uruhande rusheshe amasezerano rutanga indishyi zingana n\u2019umushahara w\u2019igihe cy\u2019amasezerano cyari gisigaye, hatirengagijwe izindi ndishyi zakwishyurwa. Amasezerano y\u2019akazi y\u2019igihe kizwi cyangwa ku murimo uzwi neza ashobora kurangizwa mbere y\u2019igihe cyateganyijwe iyo habayeho ikosa rikomeye cyangwa kumvikana hagati y\u2019impande zombi\u201d. <em><br \/>\n<\/em><br \/>\nAbamenta birukanwe, bitabaje inzira zose biranga, REB iratsimbarara. Habaye inama eshatu zihuza aba barimu na REB kuri Minisiteri y\u2019umurimo, mu rwego rwo kubumvikanisha no kubagira inama.<br \/>\nMuri ibyo byiciro byose, hitabye abasaga 200 barimo n\u2019abanyamahanga bagarukaga mu Rwanda gusaba kurenganurwa. Izi nama zitabirwaga n\u2019umukozi wa REB ushinzwe abakozi, ndetse n\u2019umunyamategeko wayo, hakaba n\u2019umunyamategeko wunganira aba barimu.<br \/>\nMu kwisobanura REB ishingira ku nteguza y\u2019ukwezi kumwe yabahaye, inavugwa mu masezerano bagiranye, nyamara ikirengagiza ko &#8221; <strong> <em>ikiri mu itegeko kirusha agaciro ikiri mu masezerano&#8221;.<\/em> <\/strong><br \/>\nHari amakuru avuga ko benshi mu banyamahanga bitabaje inkiko zo mu karere ka Afurica y\u2019Uburasirazuba n\u2019izo mu bihugu byabo, kuko bari baraje mu rwego rw\u2019umubano hagati y\u2019ibyo bihugu n\u2019u Rwanda, binyuze muri za Ambassade na Minisiteri z\u2019ububanyi n\u2019amahanga.<br \/>\nMu byo basaba, harimo kubahiriza amategeko, bagahembwa imishahara y\u2019amezi asigaye, guhabwa indishyi zijyanye no kuba nta cyemezo cy\u2019uko bakoreye REB bahawe (Attestation de service rendu).<br \/>\nRwabaye urwa ndanze, MIFOTRA ikora inyandiko mvugo ijyanwa mu rukiko, kuko kumvikana byananiranye.<br \/>\nMu bibazo barimo by\u2019ubushomeri, abarimu bishakamo amafaranga y\u2019umu avoka ibihumbi 500 (bumvikanye nawe kuyatanga mu byiciro), ndetse batanga n\u2019igarama ry\u2019urubanza, amafaranga ibihumbi 50.<br \/>\nMu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo i Rusororo, inama ntegurarubanza zimaze kuba ari eshatu, zitabirwa n\u2019impande zombi, ku ruhande rwa REB haza uwitwa Mandataire wa Leta utangwa na Minisiteri y\u2019Ubutabera. Iya nyuma ni iyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 26 Mata 2017.<br \/>\n <strong>Nabwo rwabuze gica<\/strong><br \/>\nUhagarariye Leta mu rubanza, avuga ko hakurikijwe ingingo ya 14 y\u2019amasezerano REB yagiranye n\u2019aba barimu, ivuga ko &#8220;yahagarikwa hashingiwe ku musaruro muke cyangwa ikosa rikomeye&#8221;, hagamijwe kuvugurura imikorere y\u2019uru rwego. Nyamara ibyo ntibivugwa muri Notice REB yabahaye.<br \/>\nMe Nsabimana Joseph, avuga ko ivugururwa (restructuration) riteganywa n\u2019ingingo ya 34 y\u2019itegeko  <em>n\u00b0 13\/2009 rigenga umurimo.<\/em><br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nIyo ngingo igira iti \u201cUmukoresha ashobora gusezerera umukozi umwe cyangwa benshi bitewe no kuvugurura imikorere y\u2019ikigo bikorwa kubera ingorane z\u2019ubukungu cyangwa guhindura ikoranabuhanga ryakoreshwaga hagamijwe kugira ngo ikigo kirusheho gukora neza. Abakozi bagabanywa mu kigo batondekwa hakurikijwe ubushobozi ku murimo, amashuri, uburambe muri icyo kigo n\u2019umubare w\u2019abo atunze ku buryo bwemewe n\u2019amategeko, bikitabwaho uko bikurikirana. Ibyo bimenyeshwa Umugenzuzi w\u2019umurimo mu nyandiko&#8221;.<br \/>\nMe Nsabimana ati \u201cNta ngorane z\u2019ubukungu zabaye kuko ikigo cya Leta ntigihomba, nta koranabuhanga rishya ryajemo, kandi babirukaniye rimwe bose, nta n\u2019umwe wasigaye, haba abamaze igihe n\u2019abashya, abize menshi n\u2019aba make, cyangwa ubushobozi\u201d. Yongeraho ko Umugenzuzi w\u2019umurimo atamenyeshejwe mbere mu nyandiko nk\u2019uko iyi ngingo ibiteganya.<br \/>\nIyi nama ntegurarubanza yanzuye ko ruzaburanwa mu mizi, isango yatanzwe ni kuwa mbere tariki ya 10 Nyakanga 2017 saa tatu.<br \/>\nNgiyo inzira y\u2019umusaraba abarimu b\u2019icyongereza banyuzemo kandi bakirimo, ngiyo iyo Magufuli ashaka kunyuzamo abananchi be, atitaye ku byabaye ku ba Museveni na Kenyatta.<br \/>\nNgibyo kandi bimwe mu bibazo abakozi banyuranamo n\u2019abakoresha, muri iki gihe isi yitegura kwizihiza umunsi w\u2019umurimo, tariki ya 1 Gicurasi. Minisiteri y\u2019umurimo ikaba isaba ibigo, birimo na REB, kugirana ubusabane n\u2019abakozi, barebera hamwe ibimaze kugerwaho, no gufata ingamba zo kurushaho kunoza umurimo. N\u2019uru rubanza ruzashyirwe mu byagezweho na REB.<br \/>\n<figure id=\"attachment_62370\" aria-describedby=\"caption-attachment-62370\" style=\"width: 697px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-62370 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg\" alt=\"reb\" width=\"697\" height=\"960\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-62370\" class=\"wp-caption-text\">Ibaruwa bandikiwe ibahagarika ku kazi<\/figcaption><\/figure><br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">K<\/a><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/em> <\/strong><br \/>\n <strong>Nsengiyumva Philippe<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Nyuma y\u2019aho ururimi rw\u2019igiswahili rwemerewe kujya mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda, Perezida Magufuli nawe yemeye gutanga abarimu. Ibi bibaye ariko mu gihe abarimu bigishaga icyongereza harimo n\u2019abatanzaniya, birukanwe mu buryo bavuga ko bunyuranije n\u2019itegeko, ubu urubanza rukaba rugeze mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo. Ibyibazwa na benshi kuri iyi ngingo ni byinshi: Ese MINEDUC yambuye abarimu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[14],"tags":[],"class_list":["post-5942","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-mu-mashuli"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Nyuma y\u2019aho ururimi rw\u2019igiswahili rwemerewe kujya mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda, Perezida Magufuli nawe yemeye gutanga abarimu. Ibi bibaye ariko mu gihe abarimu bigishaga icyongereza harimo n\u2019abatanzaniya, birukanwe mu buryo bavuga ko bunyuranije n\u2019itegeko, ubu urubanza rukaba rugeze mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo. Ibyibazwa na benshi kuri iyi ngingo ni byinshi: Ese MINEDUC yambuye abarimu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-04-27T15:59:06+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza\",\"datePublished\":\"2017-04-27T15:59:06+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942\"},\"wordCount\":1000,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/REB.jpg\",\"articleSection\":[\"mu-mashuli\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942\",\"name\":\"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/REB.jpg\",\"datePublished\":\"2017-04-27T15:59:06+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/REB.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/04\\\/REB.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=5942#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA","og_description":"Nyuma y\u2019aho ururimi rw\u2019igiswahili rwemerewe kujya mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda, Perezida Magufuli nawe yemeye gutanga abarimu. Ibi bibaye ariko mu gihe abarimu bigishaga icyongereza harimo n\u2019abatanzaniya, birukanwe mu buryo bavuga ko bunyuranije n\u2019itegeko, ubu urubanza rukaba rugeze mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo. Ibyibazwa na benshi kuri iyi ngingo ni byinshi: Ese MINEDUC yambuye abarimu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-04-27T15:59:06+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza","datePublished":"2017-04-27T15:59:06+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942"},"wordCount":1000,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg","articleSection":["mu-mashuli"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942","name":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg","datePublished":"2017-04-27T15:59:06+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=5942"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/04\/REB.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=5942#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uburezi:Tanzaniya yemereye MINEDUC abarimu b\u2019igiswahili, mu gihe rugeretse mu nkiko n\u2019ab\u2019icyongereza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5942","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5942"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5942\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5942"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5942"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5942"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}