{"id":61247,"date":"2023-08-30T09:10:25","date_gmt":"2023-08-30T07:10:25","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=61247"},"modified":"2023-08-30T09:10:25","modified_gmt":"2023-08-30T07:10:25","slug":"rusizi-umugabo-ushinjwa-amarozi-yiciwe-mu-ruhame","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247","title":{"rendered":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame"},"content":{"rendered":"<p><em> <strong>Amakuru aturuka mu mudugudu wa Shara,akagari ka Kamurehe, umurenge wa Gashonga, akarere ka Rusizi ni ay\u2019iyicwa ry\u2019umugabo w\u2019imyaka 44 witwaga Mukeshimana Viateur, wishwe n\u2019abaturage barimo Nyandwi Evariste w\u2019imyaka 28 n\u2019abavandimwe be 5 barimo bashiki be 2, abakekwa bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashonga, mu gihe hakomeje iperereza.<\/strong> <\/em><\/p>\n<p>Uwahaye amakuru Bwiza.com, yavuze ko iyicwa rya Mukeshimana  Viateur wari umaze igihe kinini akekwaho n\u2019abaturanyi be  amarozi, ryabaye mu ma saa kumi n\u2019igice z\u2019umugoroba  wo ku Cyumweru,ku wa 27 Kanama,ubwo muri uyu mudugudu haberaga inama yateguraga imurikabikorwa riba kuri uyu wa 30 Kanama muri uyu murenge.<\/p>\n<p>Avuga ko ubwo inama yari iyobowe n\u2019umukuru w\u2019uwo mudugudu yari irimbanije, bagiye kubona bakabona uwitwa Nyandwi Evariste afashwe n\u2019ikimeze nk\u2019igicuri, yikubise hasi abaye nk\u2019uhwera, asambagurika, avuga ngo Mukeshimana Viateur na we wari uri muri iyo nama naze amusengere,ni we umugize atyo.<\/p>\n<p>Ibi bintu we n\u2019abandi baturage bavuga ko bisa n\u2019i byari byateguwe, uwikubise hasi  bakimwegura ngo bamuramire inama ikomeze,bagiye kubona babona abantu  bafite intwaro gakondo zirimo ibibando,bapfupfunutse mu ntoki no mu nzu ziri hafi aho bari bihishemo, barimo abandimwe 5 b\u2019uwari wituye hasi, muri abo 5 harimo bashiki be 2, batangiye guhondagura Mukeshimana Viateur, n\u2019ugize ngo aramutabara agakubitwa, ibyari inama bihinduka isoko.<\/p>\n<p>Induru ngo zaravuze,abaturage baramutabara, batangazwa ahubwo no kubona  Nyandwi Evariste wari wikubise hasi yarabye,na we ahise amera nk\u2019ukize, atangira kufatanya n\u2019abandi gukubita Mukeshimana.Bakahahera bavuga ko ari nk\u2019ibyo  bari bapanze ngo babone uburyo bahohotera Mukeshimana, mu ruhame.<\/p>\n<p>Umukuru w\u2019umudugudu wari uyoboye inama  ngo yabonye bikomeye yinyabya ku ruhande ahamagara Gitifu w\u2019ako kagari Minani Jean de Dieu wari  mu birori byari byabereye iwabo ku Nkombo,amubwira ibibaye,Gitifu amugira inama yo  guhamagara inzego z\u2019umutekano ngo zifate abateje ako kavuyo bagakubitira n\u2019umuturanyi wabo mu nama mu ruhame gutyo, uwakubiswe akajyanwa ku biro by\u2019akagari,bisa no kumuhungisha abo baturanyi bari barakaye bikabije.<\/p>\n<p>Ati: \u201cNubwo ibiro by\u2019ako kagari biri kure ugereranije n\u2019aho inama yaberaga, bamujyanyeyo,bageze mu nzira,bari kumwe na Mudugudu, bamwe batanze igitekerezo cy\u2019uko ubwo bamwamuruyeho abamuhondaguraga,akaba ashobora kugenda,batamunogeje,aho kujyanwa ku biro by\u2019akagari,yagira abamuherekeza akajya kuri RIB, Sitasiyo ya Gashonga gutanga ikirego,akanyura iy\u2019igiturage, mu ntoki zihari ngo agereyo vuba.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Yarakomeje ati: \u201cUbwo yari mu nzira aganayo, yagiye kubona akabona igisa n\u2019igitero cya ba bantu kimwikubiseho, kiramufata kimutwara mu maboko kimugarura aho inama yaberaga kuri santere y\u2019ubucuruzi ya Shara, kimushyira hasi kiramukubita kugeza ashizemo umwuka,mu ruhame rw\u2019abaturage, n\u2019ugize ngo aramutabara cyangwa arababaza ibyo bakora,bica umuntu, na we agakubitwa, bamwe bariruka  bakwira imishwaro,abandi bakomeza kuvuza induru gusa kugeza uwakubitwaga apfuye.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Igitangaje ngo ni uko mu bamukubitaga kugeza apfuye harimo na bashiki be, ngo nyina umubyara akavuga ko ngo bidakwiye kurangirira ku kumukubita gusa ahubwo bakwiye kuzana lisansi bakamutwikana n\u2019umugore we n\u2019abana bose, nk\u2019uko babibona i Bukavu n\u2019ahandi muri RDC ku wo bakekaho amarozi,ubujura  cyangwa ikindi, ngo byatuma n\u2019abandi barozi bagira ubwoba bakabireka.<\/p>\n<p>Bwiza.com yavuganye n\u2019umwe mubigeze kuyobora aka kagari, avuga ko kuhashinjanya amarozi  biri ku ntera ndende kuko hari n\u2019abaturage batakijya aho abandi bari kubera gukekwaho amarozi arimo ibyo bita ibishumurano ngo baterereza umuntu bikamugiraho ingaruka.<\/p>\n<p> Bakavuga ko nk\u2019umukobwa babishumurije atabona umugabo,  ababishumurijwe bandi uwacuruzaga cyangwa wabonaga amafaranga mu bundi buryo akajya amuca mu myanya y\u2019intoki, abandi bakarwaragurika bamwe bakanapfa,hakaba n\u2019abo bavuga ko bishwe n\u2019ibirozi  bita ibitamikano,akavuga ariko ko bagerageje kubakoresha inama kenshi bababwira ko iyo myumvire yo kwanga bagenzi babo atari yo, kubavamo bikananirana.<\/p>\n<p>Ati: \u201cIgikomeye cyane kibirimo ni uko usanga biri mu miryango imwe iba yaragize ikimeze nk\u2019isubiranamo, aho n\u2019abo mu muryango w\u2019umuntu baba bamushinja ayo marozi, bigakurura umwiryane ukomeye n\u2019ubwumvikane buke  mu miryango no mu baturanyi. Bigera n\u2019aho umwana w\u2019umuturanyi ashobora kwicwa n\u2019inzara umureba ntube wagira icyo umuramiza,ngo mu kanya adataka umutwe cyangwa igicurane bakavuga ko ari wowe umwishe ugasanga nawe urahaguye.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Asanga hakenewe imbaraga z\u2019ubuyobozi n\u2019inzego z\u2019umutekano,abaturage bakigishwa  ko ibyo gukekera abaturanyi cyangwa abavandimwe babo amarozi atari byo, kuko n\u2019uwishwe n\u2019uburwayi ,bwaba ubusanzwe cyangwa ubutunguranye, nubwo yaba impanuka yo mu muhanda,bavuga ko yarozwe. <\/p>\n<p>Basobanuriwe neza bakivanamo iyo myumvire, bakigishwa ibijyanye n\u2019uburenganzira bwa muntu,byaba ngombwa n\u2019abo bakekwa bagatumizwa bakaganirizwa, bakanahumurizwa kuko hari n\u2019aho n\u2019abana babo batinya kujya mu bandi babita abana b\u2019abarozi, bishobora no kubaviramo guta amashuri kubera ipfunwe mu bandi, ngo uru rwikekwe  n\u2019iri hezwa ry\u2019akato mu bandi byagabanuka.<\/p>\n<p>Avuga ko bigaragara cyane mu midugudu ya Shara na Gasharu, bigatera urwikekwe rwinshi, bikanasubiza inyuma ubumwe bwabo, bagahora bahigana ngo bararogerana, aho gushaka icyabahuza ngo bahanire iterambere.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019aka karere, Dr Kibiriga Anicet, yabwiye Bwiza.com  ko bakibimenya bihutiye gukorana inama n\u2019abaturage, babasaba kureka ingeso mbi nk\u2019izi zo kwihanira bigeze n\u2019aho abantu bicira umuturanyi wabo imbere y\u2019abandi baturage, ko  bidakwiye,  iperereza rikomeje ngo abazabigaragarwaho bose bazahanwe hakurikijwe amategeko.<\/p>\n<p>Ati: &#8220;Bareke urwango rw\u2019ubusa ngo runaka araroga. Amarozi nk\u2019inzego za Leta ntituyemera kuko si muganga uba wayemeje.Ugize ikibazo akwiye kugana muganga aho kujya guhohotera umuturanyi we. Ntidushobora kwemera ko abaturage bahohoterana bene ako kageni, ni byo twabasobanuriye kandi n\u2019izindi nama turazitegura tuzabiganireho na bo birambuye.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Umurambo wa Mukeshimana  wajyanywe mu bitaro bya Mibilizi gukorerwa isuzuma mbere y\u2019ishyingurwa.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru aturuka mu mudugudu wa Shara,akagari ka Kamurehe, umurenge wa Gashonga, akarere ka Rusizi ni ay\u2019iyicwa ry\u2019umugabo w\u2019imyaka 44 witwaga Mukeshimana Viateur, wishwe n\u2019abaturage barimo Nyandwi Evariste w\u2019imyaka 28 n\u2019abavandimwe be 5 barimo bashiki be 2, abakekwa bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashonga, mu gihe hakomeje iperereza. Uwahaye amakuru Bwiza.com, yavuze ko iyicwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":9,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126],"class_list":["post-61247","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Amakuru aturuka mu mudugudu wa Shara,akagari ka Kamurehe, umurenge wa Gashonga, akarere ka Rusizi ni ay\u2019iyicwa ry\u2019umugabo w\u2019imyaka 44 witwaga Mukeshimana Viateur, wishwe n\u2019abaturage barimo Nyandwi Evariste w\u2019imyaka 28 n\u2019abavandimwe be 5 barimo bashiki be 2, abakekwa bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashonga, mu gihe hakomeje iperereza. Uwahaye amakuru Bwiza.com, yavuze ko iyicwa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2023-08-30T07:10:25+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Bahuwiyongera Sylvestre\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Bahuwiyongera Sylvestre\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247\"},\"author\":{\"name\":\"Bahuwiyongera Sylvestre\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/0d7286adcfb4c3c5c7ed9dc5e05b374e\"},\"headline\":\"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame\",\"datePublished\":\"2023-08-30T07:10:25+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247\"},\"wordCount\":899,\"commentCount\":1,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247\",\"name\":\"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2023-08-30T07:10:25+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61247#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/0d7286adcfb4c3c5c7ed9dc5e05b374e\",\"name\":\"Bahuwiyongera Sylvestre\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=9\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA","og_description":"Amakuru aturuka mu mudugudu wa Shara,akagari ka Kamurehe, umurenge wa Gashonga, akarere ka Rusizi ni ay\u2019iyicwa ry\u2019umugabo w\u2019imyaka 44 witwaga Mukeshimana Viateur, wishwe n\u2019abaturage barimo Nyandwi Evariste w\u2019imyaka 28 n\u2019abavandimwe be 5 barimo bashiki be 2, abakekwa bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashonga, mu gihe hakomeje iperereza. Uwahaye amakuru Bwiza.com, yavuze ko iyicwa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2023-08-30T07:10:25+00:00","author":"Bahuwiyongera Sylvestre","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Bahuwiyongera Sylvestre","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247"},"author":{"name":"Bahuwiyongera Sylvestre","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/0d7286adcfb4c3c5c7ed9dc5e05b374e"},"headline":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame","datePublished":"2023-08-30T07:10:25+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247"},"wordCount":899,"commentCount":1,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=61247#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247","name":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2023-08-30T07:10:25+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=61247"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61247#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/0d7286adcfb4c3c5c7ed9dc5e05b374e","name":"Bahuwiyongera Sylvestre","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=9"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/61247","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/9"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=61247"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/61247\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=61247"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=61247"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=61247"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}