{"id":6132,"date":"2017-05-12T08:26:02","date_gmt":"2017-05-12T08:26:02","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/05\/12\/nyamasheke-abantu-8-bakurikiranyweho-ingengabitekerezo-ya-jenoside\/"},"modified":"2025-02-12T16:05:34","modified_gmt":"2025-02-12T14:05:34","slug":"nyamasheke-abantu-8-bakurikiranyweho-ingengabitekerezo-ya-jenoside","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132","title":{"rendered":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside"},"content":{"rendered":"<p>Ubuyobozi bw\u2019akarere ka Nyamasheke buravuga ko kugeza ubu hamaze kugaragara abantu 8 bagaragaweho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, umwe akaba yaramugaragayeho ku wa 6 Mata bucya hatangira gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, abandi   bagenda bayigaragaza uko iminsi yagiye ihita kugeza ubu 8 bakaba bari mu maboko ya polisi.<br \/>\nMu kiganiro na Bwiza.com , umuyobozi w\u2019aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y\u2019abaturage ,madame Mukamana Claudette yavuze ko iyi ngengabitekerezo ya Jenosida yagiye irangwa n\u2019amagambo asesereza yagiye abwirwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ku bw\u2019amahirwe nta wagaragaje ibikorwa byo guhohotera uwarokotse Jenoside, haba mu buryo bwo kugira uwo bakomeretsa, bica, batemera itungo cyangwa bakorera ubundi bugome nk\u2019uko hari aho byagiye bigaragara hirya no hino mu gihugu.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\nYagize ati &#8220;muri abo bagaragaweho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside harimo 3 bo mu murenge wa Gihombo, 3 bo muri Kanjongo, 2 bo muri Bushenge n\u2019umwe wo muri Shangi. Muri aba bose barimo umugore  umwe wo mu murenge wa Bushenge,ubwo bari bavuye kwibuka  yagaragaweho n\u2019amagambo y\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside aho yavuze ngo ese ko bibuka Abatutsi bazize Jenoside, Abahutu baguye muri Kongo bo bazibukwa ryari&#8221;?<br \/>\nYakomeje agira ati &#8220;Abenshi aya magambo bagiye bayavugira mu kabari, mu mayira nk\u2019uko abantu bavuye kwibuka no mu ngo basanzeyo abarokotes Jenoside aho kubafata mu mugongo bakababwira amagambo mabi nk\u2019ayo akomeretsa,bose bakaba bari mu maboko ya polisi bari kubibazwa,kuko byabanje kugenzurwa bagasanga ari ingengabitekerezo ya Jenoside.\u2019\u2019<br \/>\nAsaba abaturage kudakinisha amagambo nk\u2019ayo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ihanwa n\u2019amategeko kandi ibihano bikarishye,akanasaba kandi abaturage kudahishira uwo ari we wese bazabona agaragarwaho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari uburozi bubi,  uyiketsweho bakaba bagomba kwihutira kumushyikiriza inzego zibishinzwe ngo abibazwe.<br \/>\nAvuga ko mu bakiri bato nta numwe wagaragayemo kuko muri abo, umuto ni ufite imyaka 39,akavuga ko  ikwiye gukumirirwa kure uhereye mu bakiri bato,kugira ngo aba bakuru bayibakwirakwizamo babure aho bamenera.<br \/>\nAbaturage baganiriye na Bwiza.com, na bo bavuze ko bitumvikana kuba ku nshuro ya 23 Abanyarwanda bibuka ariya mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abagitinyuka kurangwa n\u2019amagambo  cyangwa ibikorwa bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside,bakaba badakwiye kwihanganirwa.<br \/>\nKamatari Fran\u00e0\u00a7ois aragira ati &#8221; twumva umuntu ugisonga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ababwira amagambo  y\u2019ubugome cyangwa ashaka kubagirira nabi mu bundi buryo adakwiye kwihanganirwa na gato,akwiye kubibarizwa mu ruhame rw\u2019abandi baturage kugira  ngo na bo babone ko  buriya ari uburozi bubi budakwiye gukinishwa.\u2019\u2019<br \/>\nUbuyobozi bw\u2019aka karere buvuga ko kandi bwafashe ingamba zo gukomeza guhangana n\u2019abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside kimwe n\u2019abahakana Jenoside cyangwa bakanayipfobya.<br \/>\n <strong> <em><b><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/b><\/em> <\/strong><br \/>\n <strong> <em>Bahuwiyongera Sylvestre\/Bwiza.com<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubuyobozi bw\u2019akarere ka Nyamasheke buravuga ko kugeza ubu hamaze kugaragara abantu 8 bagaragaweho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, umwe akaba yaramugaragayeho ku wa 6 Mata bucya hatangira gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, abandi bagenda bayigaragaza uko iminsi yagiye ihita kugeza ubu 8 bakaba bari mu maboko ya polisi. Mu kiganiro na Bwiza.com , umuyobozi w\u2019aka karere [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-6132","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ubuyobozi bw\u2019akarere ka Nyamasheke buravuga ko kugeza ubu hamaze kugaragara abantu 8 bagaragaweho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, umwe akaba yaramugaragayeho ku wa 6 Mata bucya hatangira gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, abandi bagenda bayigaragaza uko iminsi yagiye ihita kugeza ubu 8 bakaba bari mu maboko ya polisi. Mu kiganiro na Bwiza.com , umuyobozi w\u2019aka karere [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-05-12T08:26:02+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:05:34+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside\",\"datePublished\":\"2017-05-12T08:26:02+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:05:34+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132\"},\"wordCount\":437,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132\",\"name\":\"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-05-12T08:26:02+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:05:34+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6132#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA","og_description":"Ubuyobozi bw\u2019akarere ka Nyamasheke buravuga ko kugeza ubu hamaze kugaragara abantu 8 bagaragaweho n\u2019ingengabitekerezo ya Jenoside, umwe akaba yaramugaragayeho ku wa 6 Mata bucya hatangira gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, abandi bagenda bayigaragaza uko iminsi yagiye ihita kugeza ubu 8 bakaba bari mu maboko ya polisi. Mu kiganiro na Bwiza.com , umuyobozi w\u2019aka karere [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-05-12T08:26:02+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:05:34+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside","datePublished":"2017-05-12T08:26:02+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:05:34+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132"},"wordCount":437,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6132#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132","name":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-05-12T08:26:02+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:05:34+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6132"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6132#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Nyamasheke Abantu 8 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6132","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6132"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6132\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6132"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6132"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6132"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}