{"id":61716,"date":"2023-09-16T08:59:14","date_gmt":"2023-09-16T06:59:14","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=61716"},"modified":"2023-09-16T08:59:14","modified_gmt":"2023-09-16T06:59:14","slug":"rwanda-ubwinshi-bw-imanza-gufunga-n-ubucucike-bikomeje-kubera-ihurizo-ubutabera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716","title":{"rendered":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera"},"content":{"rendered":"<p><strong>Gufatwa, guca urubanza, gushyira mu bikorwa icyemezo cy\u2019urukiko no gufungwa ni inzira ndende y\u2019ubutabera. Iyi nzira igendana n\u2019urusobe rw\u2019ibibazo biremereye urwego rw\u2019ubutabera. Imanza nyinshi, abamaze igihe bafunze bataburana, ubucucike bw\u2019abafunzwe\u2026 Ibi bitera kwibaza niba uwakoze icyaha wese ubutabera ahabwa ari ukumufunga. Hari izindi nzira zagakoreshejwe kandi ubutabera bugatangwa ku gihe kandi bwuzuye. Gusa inzira ni ndende. <\/strong> <\/p>\n<p>Mutimura Abed, amenyerewe mu batunganya amashusho akoreshwa mu ndirimbo z\u2019abahanzi mu Rwanda. Muri Gicurasi 2023 yafashwe n\u2019inzego z\u2019umutekano ashinjwa kugurutsa akadege gafata amashusho atabifitiye uburenganzira. Yaraburanye, asabirwa gufungwa imyaka ibiri irimo umwaka umwe usubitse  n\u2019ihazabu ya miliyoni eshanu z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda. Nyuma yo kujuririra icyo gihano, urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhanishije igifungo cy\u2019umwaka umwe usubitse n\u2019ihazabu ya miliyoni ebyiri z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda. Igihe uru rubanza rwarimo, abantu benshi batirengagije ko icyaha yashinjwe giteganywa n\u2019itegeko (nubwo nyirubwite yavugaga ko yari amaze igihe abikora ariko atazi ko ari icyaha) bakomeje kwibaza niba icyo cyaha uwashinjwaga yemeraga, agasabira imbabazi, asanzwe azwi  icyo akora n\u2019aho akorera, atagaragaza umugambi mubi w\u2019icyo gikorwa yari yakoze niba kumufunga ari bwo bwari uburyo bwiza bwo kumuhana.  Ese ibyo urukiko rwisumbuye rwakoze rumusubikira igihano rukamuca n\u2019ihazabu ntibyashoboraga gukorwa n\u2019umucamanza na mbere hose, atarinze yajya muri gereza kongera umurongo w\u2019imfungwa?<\/p>\n<p>Iki kibazo ni cyo gikomeza kugaruka iyo bigeze ku bwinshi bw\u2019imanza zicibwa zitanganya uburemere, n\u2019ubucucike bw\u2019abahanirwa ibyaha berekezwa iya gereza aho basanga undi mubare munini w\u2019imfungwa ngo barangize ibihano. Nyamara ariko bamwe bafite ibyaha byagahanwe mu buryo budafunga, bakaguma muri sosiyete batanga umusanzu ariko kandi batabereye igihugu umutwaro.<\/p>\n<p><strong>Ubujura, gukubita no gukomeretsa ku bushake ni ibyaha byiganje<\/strong><\/p>\n<p> Ubwo hatangizwaga umwaka w\u2019Ubucamanza wa 2023-2024, Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, yagaragaje ko icyaha cy\u2019ubujura, icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bikomeje kwiyongera, kuko uko ari bibiri gusa birengeje 50% y\u2019ibyaha byose bikorwa, bikaba byihariye 59,3% y\u2019ibyaha bikorwa muri rusange. Bikunze gufatirwamo urubyiruko. Isesengura ryakozwe n\u2019ubushinjacyaha ryagaragaje ko ibi byaha akenshi biba bifitanye isano n\u2019ubusinzi. Yagize ati \u201cAbenshi mu rubyiruko rukurikiranwaho icyaha cy\u2019ubujura, ahanini biterwa no gushaka amafaranga yo kwishora mu nzoga no mu biyobyabwenge. Iyo bamaze gusinda ni byo bikunze kuvamo ayo makimbirane bakarwana bikarangira havuyemo icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.\u201d<\/p>\n<p><strong><br \/>\nMuri rusange, 72,8% y\u2019ababikora, bari mu kigero cy\u2019imyaka iri munsi ya 30 y\u2019amavuko.<\/strong><\/p>\n<p><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-61714\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg\" alt=\"fulgence_inkuru_4.jpg\" align=\"center\" width=\"1798\" height=\"964\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg 1798w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4-300x161.jpg 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4-1024x549.jpg 1024w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4-768x412.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4-1536x824.jpg 1536w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4-860x461.jpg 860w\" sizes=\"(max-width: 1798px) 100vw, 1798px\" \/><\/p>\n<p>Kuba umubare w\u2019urubyiruko uri hejuru mu barangwamo gukora ibi byaha ni ikintu kibonwa mu ngeri zitandukanye. Imibare iheruka y\u2019Urwego rw\u2019u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) igaragaza ko abantu 89.034 ari bo bafungiye muri gereza 13 zo mu Rwanda bivuye ku bantu 85 000 muri 2022. Gusa iyi mibare ntirimo abari muri za transit centers, ibigo nka IWAWA, kasho na burigade. Muri bo, 7% ni abagore naho abasigaye ni igitsina gabo. Muri aba bafunze, abagera kuri 75,6% barakora ibihano bitarengeje imyaka 30 y\u2019igifungo. Abandi bafungwa 3,6% bakatiwe igihano kirenga imyaka 30, abandi 9,9% bakatiwe igihano cya burundu.  RCS ntibusanya n\u2019ubushinjacyaha ku mubare munini w\u2019urubyiruko rufunzwe kuko 57% y\u2019abafunzwe bafite imyaka iri munsi ya 40.  Mu mwaka wa 2022, abafungiye ibyaha bari 26,2% bafungiye ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, 17.2% bafungiye ibyaha bijyanye n\u2019ubujura, 11,2% b\u2019ibyaha byo gukubita no gukomeretsa na 11,4%  bafungiye ibiyobabwenge. Mu bafunzwe nibura 80% ntibigeze bakandagiza  ikirenge cyabo mu mashuri yisumbuye.<\/p>\n<p>Muri Mata 2023, Polisi y\u2019u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu 800 bakekwaho ibyaha by\u2019ubujura mu mezi abiri yari ashize (Gashyantare na Werurwe  na Werurwe).  Ubu bujura bwari bumaze iminsi uvugwa n\u2019abaturage bijujutiraga ko amatsinda y\u2019abajura abatega akabambura.  Uwari umuvugizi wa Polisi y\u2019u Rwanda agashinja urubyiruko cyane kuba ku isonga ry\u2019ibyo bikorwa.  Ati \u201cHari bamwe mu rubyiruko badashobora kugira icyo bakora, birirwa bahagaze. Abo barimo abatarigeze bagera mu ishuri, abarigezemo bakarita, n\u2019abarangije kwiga bakajya mu mijyi. [\u2026] Izo nsoresore zirirwa zihagaze ku muhanda zireba abantu bagiye gukora, ku mugoroba zigashaka kubashikuza.\u201d Kabera yavuze ko mu bamaze gutabwa muri yombi 19% ari abari munsi y\u2019imyaka 18, abagera kuri 61% bafite hagati y\u2019imyaka 19 na 30, naho 20% bafite hejuru y\u2019inyaka 30.<\/p>\n<p>Hejuru y\u2019iyi mibare polisi yagaragaje ko muri abo barimo 10% by\u2019abaheruka kuva mu bigo bishinzwe igororamuco bya Nyamagabe na IWAWA (mu mezi abiri yari ashize abasohotse bari ibihumbi bine). Aba Leta iba yafashe umwanya n\u2019ubushobozi ikabigisha kwirinda ubujura no gukoresha ibiyobyabwenge, ikabigisha imyuga ariko bagera hanze bamwe muri bo bagasubira muri ibyo bikorwa. Ibi by\u2019ubujura, bamwe banabyigira muri gereza. Ibyaha nk\u2019iby\u2019ubushukanyi bukoresheje ikoranabuhanga, aho bamwe mu barimo bahamagara abantu hanze bakoresheje amatelefoni batunze rwihishwa bakabambura amafaranga, abandi ugasanga aho kwiga umwuga wazabafasha, birirwa biga izindi tekiniki zo kwiba n\u2019iz\u2019ubugizi bwa nabi kuri bagenzi babo basanzemo, bagaruka bakaza ari ba ruharwa.<\/p>\n<p><strong><br \/>\nUbujiji, ubushomeri, ubukene<\/strong><\/p>\n<p>Kuba bamwe mu bafunzwe kuri urwo rugero batarageze no mu mashuri yisumbuye, bishyira iki icyiciro cy\u2019urubyiruko mu byago byinshi byo gukora ibyaha. Mugabe Christophe, impuguke  mu by\u2019imibanire y\u2019abantu (Sociologie) abisobanura atya: \u201cKuba urubyiruko rutarabashije gukomeza amashuri  yisumbuye ubwabyo ni ikibazo gifite isoko mu bushobozi buke bw\u2019imiryango, ku isonga hakazamo ubukene. Gusa hari n\u2019ahandi ushobora gusanga biterwa no kunanirana kw\u2019abana, ariko aho navuga ko imibare ari mike ugereranije n\u2019ababiterwa n\u2019ubukene, amakimbirane mu miryango\u2026 Abo rero iyo barebye imbere bakabura icyerekezo, bishora muri mpemuke ndamuke ibashyira mu kaga.\u201d<\/p>\n<p>Iyi mpemuke ndamuke itera bamwe ubujura, igatera abandi ikoreshwa ry\u2019ibiyobyabwenge, abandi bakishora mu zindi ngeso cyangwa ibindi byaha bagamije gushaka amaronko ya vuba.<\/p>\n<p>Mu gihe kuri bamwe kujya muri gereza ari akaga ku miryango isigara ihangayitse kubera kubura abari bayitunze, abandi bagahangayikishwa n\u2019ibihano bahawe,  hari bamwe muri abo ahubwo bahabona nk\u2019ubuhungiro bw\u2019ibibazo barimo mu buzima busanzwe.  Nderelimana Glorimas wo mu karere ka Kirehe yafunzwe imyaka 10 muri gereza ya Ntsinda  azira gusambanya umwana utaruzuza imyaka y\u2019ubukure. Yarangije igihano mu mwaka wa 2022. Ibi abibera umuhamya agira ati \u201cHari urubyiruko yemwe n\u2019abantu bakuru bafungaga bagakatirwa nk\u2019imyaka 3, 4 cyangwa 5.  Barabarekuraga hashira iminsi tukabona baragarutse, wamubaza impamvu asubiriye ati \u2018hanze ubuzima burakomeye no kubona icyo kurya ni danger (birakomeye, Ndlr).\u201c<\/p>\n<p>Kuri Glorimas, bene abo ubuzima burabacanga, bagahitamo gukora ibindi byaha bakagaruka bagafungwa aho nibura babaga bizeye ko bazabona iby\u2019ibanze. Ibi binashimangirwa n\u2019Umuvugizi wa Polisi y\u2019u Rwanda, ubwo yavugaga ku bujura bwari bukomeje kwiyongera mu mezi yashize agira ati \u201cAti \u201cmuri abo harimo n\u2019abavuye muri gereza banamazeyo igihe kirenga imyaka ibiri, nyamara bakomeje kwinangira banze kugororoka.\u201d  Mu rwenya rwinshi gusa ruvanze n\u2019agahinda, Mutimura Abed wafungiwe muri gereza ya Mageragere nawe, ati \u201dHari uwaje turimo gusenga ati \u2018ndagira ngo nshime Imana  ko impaye imyaka 10 ntishyura inzu, ntishyura ibiryo\u2019.\u201d Byumvikana ko harimo n\u2019abo gufunga biba bimeze nk\u2019aho ari ukubashyira ahashashe.<\/p>\n<p>Uretse aba, hari n\u2019abandi bakora ibyaha nk\u2019iby\u2019ubujura bakiyemeza gukora uburoko (gufungwa) imyaka yose bazahabwa, bataha ibyo bibye bakazabikomerezaho bubaka ubuzima. Bamwe mu bafunzwe bakunze kuvuga cyane abiba amafaranga mu mabanki, cyangwa bakayiba abantu ubundi bagahakana bivuye inyuma, urukiko rukabakatira ibihano bakabifungirwa,  bazataha bakaza bagakomeza ubuzima muri ya mafaranga bibye. Umwe mu bigeze gufungwa agira ati \u201dBirakorwa cyane, baba bari no muri gereza babyigamba cyane bati \u2018vuba nidusohoka tuzaba turyoshye.\u201d Bene aba bakora icyaha babizi kandi babishaka kandi bafite impamvu. Ugasanga no gufungwa bamaze kubipangira ku buryo biba bimeze nko kujyamo kurangiza umuhango.<\/p>\n<p>Benshi mu bishora mu byaha ni abadafite akazi, bahigira imibereho mu buryo bwose babonye. Imibare ya vuba  y\u2019Ikigo cy\u2019Ibarurishamibare mu Rwanda igaragaza ko abantu basaga ibihumbi 790 bangana na 17.2% by\u2019Abanyarwanda badafite akazi, aho bagabanutse bavuye kuri 24.3 ku ijana mu Gushyingo 2022. Iyi mibare yakusanyijwe muri Gashyantare 2023 yerekana ko nubwo ubushomeri bwagabanutseho 7.1%, iyo ugereranyije na Gashyantare 2022, bwazamutseho 0.7% kuko icyo gihe bwari kuri 16.5%.<\/p>\n<p>Mu bushomeri, abadafite akazi biganje mu rubyiruko kuko mu bafite imyaka hagati ya 16-24 buri kuri 21.8 ku ijana, mu bafite hagati y\u2019imyaka 25-34 bwari 17.3 ku ijana, mu gihe mu bafite imyaka hagati ya 35-54 bwari 15.7 ku ijana. Ibyiciro bifite ubushomeri bwo hasi ni abafite imyaka hagati ya 55-64 (13.1 ku ijana) n\u2019abarengeje 65 (9.7 ku ijana).<\/p>\n<p>Iyi mibare ni ikimenyetso kigaragaza ko, nk\u2019uko imibare ya RCS yabitangaje hejuru, abari munsi y\u2019imyaka 40 bihariye 80% by\u2019imfungwa, byumvikana neza ko no muri iyi mibare kuva ku myaka 16-34 ubushomeri buri hejuru. Aha niho usanga bamwe bahitamo kwishora mu bujura, abandi mu gukoresha ibiyobyabwenge, rimwe na rimwe ugasanga n\u2019abize bafite ubumenyi bashobora gukoresha mu kubaho ahubwo babukoresha mu buryo bubi burimo nk\u2019ubujura bukoresha ikoranabuhanga.<\/p>\n<p><strong>Ubundi buryo bwo gufunga no kugorora<br \/>\n<\/strong><\/p>\n<p>Aganira n\u2019ikinyamakuru igihe.com, Umuyobozi Mukuru w\u2019Umuryango uharanira kubaka igihugu kigendera ku mategeko (CERULAR), Mudakikwa John yagaragaje ko nubwo hari ibigo Leta yashyizeho nk\u2019umuti ushobora kugabanya ubujura bwiganje mu byaha, hakenewe gutekerezwa uburyo nyabwo bwo guherekeza ababivuyemo mu rugendo rwo kwiteza imbere. Ati \u201cKubajyana muri ibyo bigo biragaruka nanone ku kuba baherekezwa mu gukoresha bwa bumenyi. Nubaha ubumenyi ntihashyirweho uburyo bufatika uturere tuzajya tubafasha, nta kabuza bazabisubiramo kandi ibyo ntabwo byazaramba. Hakenewe gukora ibishoboka byose kugira ngo uturere duhabwe uburyo bwo kubaherekeza n\u2019igihe basoje ayo masomo yabo.\u201d<\/p>\n<p>Aha niho, bamwe mu baturage bavuga ko hari igihe uruhare mu gufasha uwafunzwe ruhabwa Leta kandi buri wese arufite. Umwe mu baturage ati \u201cAmategeko akora ibyayo agakura umunyacyaha muri sosiyete. Niba akuwemo nategurwe kuzagaruka atakiri wa wundi. Niba ari abigishwa imyuga bayigishwe, niba ari abaganirizwa baganirizwe. Hejuru y\u2019ibyo ariko hategurwe na sosiyete igomba kwakira abo bantu. Ese nk\u2019iyo urwo rubyiruko ruvuye IWAWA rwerekeza he? Rugera mu turere ruvukamo ruzi iyo myuga ntirubone urwakira. Abaturanyi bagakomeza kurubona muri ya ndorerwamo rwafatiwemo. Uwo muntu iyo adakurikiranwe kabiri, gatatu, asubira mu ngeso ibyo yatanzweho mbere byose bikaba imfabusa.\u2019\u2019<\/p>\n<p>Uretse aho mu bigo bitandukanye byashyizweho, umubare w\u2019imanza uriyongera mu nkiko, bivuze ko umubare w\u2019imfungwa n\u2019abagororwa bakatirwa nawo ari uko. Umuyobozi Mukuru w\u2019Urugaga rw\u2019Abavoka, Me Nkundabarashi Moise avuga ko ,kuba abantu benshi bakurikiranwa bafunzwe kandi umubare wabo ukaba uri hejuru ari ikibazo gikwiriye kuvugutirwa umuti kuko bashobora no gukurikiranwa badafunze kandi ubutabera bugatangwa. Ati \u201cmu mahame agenga ubutabera nshinjabyaha bigaragara ko kuburana umuntu adafunze ari ihame, ariko biragaragara ko irengayobora ariryo rishyirwa mu bikorwa, birakwiye ko twikosora [\u2026] Birashoboka ko dushobora gukurikirana abantu badafunze kandi ubutabera bugatangwa.\u201d Ibi Me Nkundabarashi yabitangaje ubwo hafungurwaga umwaka w\u2019ubucamanza 2023-2024.<\/p>\n<p>Uyu utifuje gutangaza amazina ye yari umuyobozi w\u2019ikigo cy\u2019ishuri mu karere ka Ruhango. Mu mwaka wa 2019, yashinjwe kunyereza umutungo we na bagenzi be. Nyuma y\u2019ibyumweru bitatu bafungiye mu bugenzacyaha no mushinjacyaha urukiko rwasanze nta mpamvu  zo kubakurikirana bafunze burabarekura bakurikiranwa bari hanze, bakajya bitaba ubushinjacyaha rimwe mu kwezi. Nyuma y\u2019amezi atandatu bitaba baje kuburanira mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga. Mu byaha bine baregwaga, bibiri babibaho abere ibindi barabihamywa. Bajuririra urukiko rukuru I Nyanza. Mu mwaka wa 2022 nabyo babigirwaho abere. Byose byabaye bari hanze, bitaba uko babisabwe kandi ntibatorotse.<\/p>\n<p>Uru ni urugero rumwe muri nyinshi rw\u2019uko gukurikiranwa umuntu ari hanze, iyo umucamanza abishatse,  bishoboka kandi ntibigire ingaruka ku butabera.  Umugore w\u2019uyu mugabo ati \u201cibaze iyo aba yarakurikiranwaga afunze uko yari gusanga turiho nyuma y\u2019imyaka itatu. Nubwo yahise ahagarikwa ku kazi yakoraga ariko nibura muri icyo gihe ari hanze, yabaga adushakishiriza imibereho tumubona, turi kumwe.\u201d Hari abandi ibyo bidashobokera, bagakurikiranwa bafunze, bagirwa abere bagasanga ibyabo, imiryango yabo n\u2019ibindi bikorwa byabarebaga byarazambye kandi ntibabe baregera indishyi kuko basa n\u2019abiruhukije iyi bavuye muri gereza bavuga bati \u201chaguma ubuzima ibintu ni ibishakwa.\u201d<\/p>\n<p><img decoding=\"async\" class=\" aligncenter size-full wp-image-61715\" src=\"https:\/\/new.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33.jpg\" alt=\"fulgence_33.jpg\" align=\"center\" width=\"1926\" height=\"670\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33.jpg 1926w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33-300x104.jpg 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33-1024x356.jpg 1024w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33-768x267.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33-1536x534.jpg 1536w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_33-860x299.jpg 860w\" sizes=\"(max-width: 1926px) 100vw, 1926px\" \/><\/p>\n<p>Me Nkundabarashi agaragaza ko abacamanza kugeza ubu baremerewe n\u2019amadosiye menshi y\u2019imanza bagomba guca, aho mu mwaka wa 2005 baciye izirenga ibihumbi 37, ariko ngo hageze muri 2022\/2023 baca imanza zigera ku 91,381.Avuga ko kuba buri mucamanza agomba guca izitari munsi ya 49 ku kwezi. Ni ukuvuga guca imanza zitari munsi y\u2019ebyiri ku munsi kandi akora iminsi itarenze 20 ku kwezi. Ku musesenguzi akaba n\u2019umunyamakuru Karegeya Jean Baptiste ibi bituruka  hasi. \u201cIrondo, polisi, gitifu barafata uwitwaye nabi bose bakajyana  muri kasho. Guhitamo ngo ujya parike ni uwuhe buri wese akabyikuraho ngo badakeka ko yariyemo, bakohereza kuri parike. Umucamanza nawe kuri wa mwanya mukeya no kugira ngo ashake ibimenyetso akaba aguhaye iminsi 30, yagira Imana yabona ibimenyetso bishinja umuntu, akamukatira.\u201d Kuri Karegeya, ubwinshi bw\u2019imanza bwica ubwiza bw\u2019imanza zicibwa (la quantit\u00e9 tue la qualit\u00e9) bigatera ubucucike ndetse n\u2019akarengane hamwe na hamwe.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu CLADHO, Dr. Emmanuel Safari ubwo yari mu kiganiro \u2018\u2019Urubuga rw\u2019Itangazamakuru\u2019\u2019 kinyura kuri Radio Isango star n\u2019andi maradiyo bafatanyije, muri Kamena umwaka ushize,  nawe yavuze ko kimwe mu bikomeza gutuma ubucucike muri Gereza butumbagira ari ukuba abantu bafashwe bakekwaho ibyaha benshi, baruhukirizwa muri gereza kabone nubwo baba bakekwaho ibyaha byoroheje. Yagize ati \u201cUsanga umuntu akora akantu gato agafungwa.. Ntabwo hariya hantu  ari ho hagorora gusa, no mu muryango baragorora.\u201d<\/p>\n<p>Semukanya utuye mu mujyi wa Kigali nawe asanga hari ukundi byakagenze. Kuri we,   Urwego rw\u2019u Rwanda rushinzwe Igorora ntacyo rwashinjwa nta n\u2019icyo rudakora kuko ruba rwahawe abo gufunga. Ahubwo abacamanza ni bo bagombye kureba niba uyu cyangwa uyu akwiye gufungwa, niba yakurikiranwa ari hanze agize icyo atanga, cyangwa yitaba mu gihe runaka\u2026<\/p>\n<p>Mu gushaka uburyo dosiye zishyikirizwa inkiko zagabanyuka, Leta y\u2019u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y\u2019Ubutabera ushinzwe guhuza Ibikorwa by\u2019Urwego rw\u2019Ubutabera, Nabahire Anastase, avuga ko mu mategeko yo mu Rwanda hongewemo uburyo bwatuma abakekwaho ibyaha cyangwa ababihamijwe bakurikiranwa badafunze, burimo ubwo kwambika abakurikiranwe ibikomo by\u2019ikoranabuhanga, imirimo nsimburagifungo ndetse n\u2019ingwate z\u2019amafaranga.<\/p>\n<p>Nubwo zimwe mu mpinduka ziteganywa n\u2019iyi politiki zitahise zitangira gushyirwa mu bikorwa, ariko hatangiye gukorwa ibizatuma ubwo buryo butangira gukoreshwa. Urugero Minisiteri y\u2019Ubutabera iri gutegura itegeko rizatuma imirimo nsimburagifungo itangira gukorwa aho kugira ngo umuntu afungirwe ibyaha bito akaba yakora imirimo ifitiye Igihugu akamaro. Impinduka zabaye mu mategeko yaba mu riteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange ndetse n\u2019iryekeye imiburanishirize y\u2019imanza z\u2019inshinjabyaha, zirimo ko ibyaha byoroheje nk\u2019icyo kutabasha kwishyura icyo umuntu yakoresheje mu tubari cyangwa muri resitora ndetse n\u2019ubujura buto nk\u2019ubw\u2019imyaka n\u2019amatungo, ababikoze bajya bahanishwa gukora imirimo nsimburagifungo.<\/p>\n<p>Muri ubwo buryo bwo kugabanya dosiye zifunga, Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, avuga ko ubushinjacyaha nabwo bwihaye intego yo kugabanya dosiye buregera inkiko, mu kwimakaza  inzira zo gukemura amakimbirane hakoreshejwe ubundi buryo buteganywa n\u2019amategeko. Muri ubu harimo nk\u2019ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, aho uregwa aganira n\u2019ubushinjacyaha, mbere y\u2019iperereza cyangwa mbere y\u2019urubanza. Ubu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha kandi bubaho ku bushake bw\u2019ukekwaho icyaha n\u2019ubushinjacyaha. Buzwi nka \u2018Plea Burgaining\u2019. Hari kandi n\u2019ubuhuza (mediation) ndetse no guca ihazabu. Kuri ubu buryo, Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego ko 50% y\u2019amadosiye aregerwa Ubushinjacyaha, yakemuka hatabayeho kuregera inkiko. Ati \u201cUyu muhigo twawugezeho, aho 51% y\u2019amadosiye yagarukiye mu Bushinjacyaha ataregewe Inkiko.\u201d <\/p>\n<p>Nanone kandi Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego yo kugabanya umubare w\u2019abantu baregerwa inkiko bafunze, aho bwifuzaga ko 60% y\u2019amadosiye bwakira, bazajya bakurikiranwa badafunze. Ati \u201cTukaba twarabigezeho ku kigero cya 48%. Bivuze ko amadosiye yarimo abafunze bageze kuri 48% twabafunguye kugira ngo bakurikiranwe badafunze.\u201d Gusa Umushinjacyaha Mukuru avuga ko hari n\u2019ibyaha bikomeje kwiyongera, ku buryo hakenewe ingamba zo kubirwanya, zigomba guhurirwaho n\u2019inzego zinyuranye.<\/p>\n<p>Nubwo ubutabera bukora ibyabwo, ubushinjacyaha bugashyiraho ingamba, ngo birakwiye ko n\u2019umuryango nyarwanda usobanurirwa ko gukurikiranwa umuntu adafunze bitavuga ko ubutabera butari gutangwa. Henshi iyo uwakoreye icyaha agaragaye hanze adafunze, benshi bakunze kubyita intege nke z\u2019ubutabera, bagashinja ababishinzwe ruswa cyangwa kwirengagiza ibirego byatanzwe.<\/p>\n<p>Muri sosiyete yaciye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingaruka zayo, intambara, byiyongera ku bindi bibazo bitandukanye birimo ubushomeri, ubukene \u2026 ni ngombwa ko abaturage bumva ko gufunga buri gihe atari umuti, ko ahubwo uhanwa hari n\u2019ubundi buryo akurikiranwamo hanze kandi ntibibuze ubutabera kuba bwatanzwe.  Gusa, urugendo ku ihana ridafunga ruracyari rurerure nubwo ingamba z\u2019ihinduramyumvire mu butabera zatangiye.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Gufatwa, guca urubanza, gushyira mu bikorwa icyemezo cy\u2019urukiko no gufungwa ni inzira ndende y\u2019ubutabera. Iyi nzira igendana n\u2019urusobe rw\u2019ibibazo biremereye urwego rw\u2019ubutabera. Imanza nyinshi, abamaze igihe bafunze bataburana, ubucucike bw\u2019abafunzwe\u2026 Ibi bitera kwibaza niba uwakoze icyaha wese ubutabera ahabwa ari ukumufunga. Hari izindi nzira zagakoreshejwe kandi ubutabera bugatangwa ku gihe kandi bwuzuye. Gusa inzira ni [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":61714,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[131],"class_list":["post-61716","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-zicukumbuye","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Gufatwa, guca urubanza, gushyira mu bikorwa icyemezo cy\u2019urukiko no gufungwa ni inzira ndende y\u2019ubutabera. Iyi nzira igendana n\u2019urusobe rw\u2019ibibazo biremereye urwego rw\u2019ubutabera. Imanza nyinshi, abamaze igihe bafunze bataburana, ubucucike bw\u2019abafunzwe\u2026 Ibi bitera kwibaza niba uwakoze icyaha wese ubutabera ahabwa ari ukumufunga. Hari izindi nzira zagakoreshejwe kandi ubutabera bugatangwa ku gihe kandi bwuzuye. Gusa inzira ni [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2023-09-16T06:59:14+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1798\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"964\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"BWIZA\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"13 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716\"},\"author\":{\"name\":\"BWIZA\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/f6bac101d28fc295759d9005ee45fbe2\"},\"headline\":\"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera\",\"datePublished\":\"2023-09-16T06:59:14+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716\"},\"wordCount\":2557,\"commentCount\":1,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2023\\\/09\\\/fulgence_inkuru_4.jpg\",\"keywords\":[\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716\",\"name\":\"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2023\\\/09\\\/fulgence_inkuru_4.jpg\",\"datePublished\":\"2023-09-16T06:59:14+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2023\\\/09\\\/fulgence_inkuru_4.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2023\\\/09\\\/fulgence_inkuru_4.jpg\",\"width\":1798,\"height\":964,\"caption\":\"fulgence_inkuru_4.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=61716#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/f6bac101d28fc295759d9005ee45fbe2\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=3\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA","og_description":"Gufatwa, guca urubanza, gushyira mu bikorwa icyemezo cy\u2019urukiko no gufungwa ni inzira ndende y\u2019ubutabera. Iyi nzira igendana n\u2019urusobe rw\u2019ibibazo biremereye urwego rw\u2019ubutabera. Imanza nyinshi, abamaze igihe bafunze bataburana, ubucucike bw\u2019abafunzwe\u2026 Ibi bitera kwibaza niba uwakoze icyaha wese ubutabera ahabwa ari ukumufunga. Hari izindi nzira zagakoreshejwe kandi ubutabera bugatangwa ku gihe kandi bwuzuye. Gusa inzira ni [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2023-09-16T06:59:14+00:00","og_image":[{"width":1798,"height":964,"url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"BWIZA","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"BWIZA","Est. reading time":"13 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716"},"author":{"name":"BWIZA","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/f6bac101d28fc295759d9005ee45fbe2"},"headline":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera","datePublished":"2023-09-16T06:59:14+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716"},"wordCount":2557,"commentCount":1,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg","keywords":["In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716","name":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg","datePublished":"2023-09-16T06:59:14+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=61716"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#primaryimage","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2023\/09\/fulgence_inkuru_4.jpg","width":1798,"height":964,"caption":"fulgence_inkuru_4.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=61716#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rwanda: Ubwinshi bw\u2019imanza, gufunga n\u2019ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/f6bac101d28fc295759d9005ee45fbe2","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=3"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/61716","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=61716"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/61716\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/61714"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=61716"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=61716"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=61716"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}