{"id":6178,"date":"2017-05-15T13:07:49","date_gmt":"2017-05-15T13:07:49","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/05\/15\/ibihugu-10-bya-mbere-bifite-igipolisi-kirangwa-no-guhubuka-gukabije\/"},"modified":"2025-02-12T16:04:54","modified_gmt":"2025-02-12T14:04:54","slug":"ibihugu-10-bya-mbere-bifite-igipolisi-kirangwa-no-guhubuka-gukabije","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178","title":{"rendered":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije"},"content":{"rendered":"<p>Igipolisi ubusanzwe akazi kacyo ni ugutuma amategeko y\u2019igihugu yubahirizwa muri rubanda. Inshingano zacyo ziba ari ugutuma ituze rikomeza kubaho, gufata abanyabyaha no kurwanya ubugizi bwa nabi, ariko akazi kacyo ntabwo ari uguhana. Ntabwo ari urwego rugena niba umuntu agomba gupfa cyangwa guhanwa. Igipolisi kigendera ku mategeko no ku itegeko nshinga kandi kikanatuma ayo mategeko yubahirizwa. Nyamara, hirya no hino ku isi igipolisi hari aho kigera kikarengera ku nshingano zacyo ari yo mpamvu tugiye kubagezaho urutonde rw\u2019ibihugu 10 bifite igipolisi kirangwa no guhubuka bikabije.<\/p>\n<p>[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p> <strong><br \/>\n10. Brazil<\/strong> <\/p>\n<p>Mu mwaka ushize wa 2016 igipolisi cya Brazil cyaravuzwe cyane kubera imikino olimpike iki gihugu cyakiriye mu mujyi wa Rio de Janeiro. Ibyakozwe n\u2019iki gipolisi icyo gihe byinshi byagizwe ibanga, ariko igipolisi cya Brazil kizwiho kwica abantu iyo kirimo kurwanya abagizi ba nabi no kurwanya kwigarurira ubutaka mu buryo butemewe. Bivugwa ko iki gipolisi cyahawe uburenganzira na guverinoma bwo gukora inshingano zacyo uko kibyifuza. Imfu hafi ya zose zitezwa n\u2019iki gipolisi, bivugwa ko ziba zabaye igipolisi kigerageza kwirwanaho. Ikibazo kikaba ari uko igipolisi gikoresha guhubuka mu kurwanya ubuhubutsi bw\u2019abagizi ba nabi.<\/p>\n<p><figure id=\"attachment_63751\" aria-describedby=\"caption-attachment-63751\" style=\"width: 667px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-63751 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg\" alt=\"Muri Brazil n'abana ntibababarirwa\" width=\"667\" height=\"445\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-63751\" class=\"wp-caption-text\">Muri Brazil n&#8217;abana ntibababarirwa<\/figcaption><\/figure><br \/>\n <strong><br \/>\n09. Afghanistan<\/strong> <\/p>\n<p>Muri iki gihugu hari video iherutse kujya ku karubanda igaragaza umuntu washakaga kwiturikirizaho igisasu akekwaho kuba Umutalibani, arimo gukururwa  mu muhanda yazirikiwe amaboko mu mugongo bamuziritse ku modoka. Ibi byabereye mu Ntara ya Kandahar ariko ubuyobozi bw\u2019iyi ntara busobanura ko iyo video ari impimbano ibyo bintu bitabaye, gusa ahantu byabereye ngo hayoborwa na Gen Abdul Raziq uzwiho gufata abantu n\u2019imbohe nabi. Bivugwa ko abakekwaho ibyaha muri iki gihugu bakubitwa bakongera bagakubitwa mbere yo gushyikirizwa inkiko.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Afghanistan-Police-Force.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63755\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Afghanistan-Police-Force.jpg\" alt=\"afghanistan-police-force\" width=\"683\" height=\"385\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n08. Iran<\/strong> <\/p>\n<p>Usubije amaso inyuma ukareba imyigaragambyo yiswe iya Ashura mu 2009 wahita ubona urwego rw\u2019ubuhubutsi bw\u2019igipolii cya Iran. Igipolisi ndetse n\u2019ubuyobozi batangaje ko iyo myigaragambyo yaguyemo abantu 36, ariko abigaragambyaga bavuga ko uwo mubare ari muto cyane. Muri iyo myigaragambyo, abaturage bakoze mu Ukuboza 2009 nyuma y\u2019amatora ya perezida bavugaga ko yabayemo kwiba amajwi, igipolisi cyakoresheje imbaraga z\u2019umurengera n\u2019ubuhubutsi bukabije ku baturage baraswaho, barakubitwa. Ibi byatumye abaturage bongera kwigaragambya ubwo Iran yakiraga inama yamaganaga ubwicanyi bukorerwa Abirabura b\u2019Abanyamerika, ibintu abaturage bafashe nko kwigaragaza uko batari ku bayobozi b\u2019iki gihugu.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Iran-police-brutality.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63749\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Iran-police-brutality.jpg\" alt=\"iran-police-brutality\" width=\"651\" height=\"434\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n07. Haiti<\/strong> <\/p>\n<p>Guhubuka kw\u2019igipolisi cya Haiti nabyo ngo ni ibintu bimaze kumenyerwa. Ubu buhubutsi bukaba bwaratangiye kwigaragaza ubwo ikirwa cya \u00e0\u017dle-\u00e0\u00a0-Vache guverinoma yifuzaga kugira ahantu nyaburanga. Ngo aho gukurikiza amahame ajyanye no kwimura abari batuye ahashaka gushyirwa ibikorwa bifitiye igihugu inyungu, ngo imashini zahise zitangira gusenya amazu, igipolisi nacyo kigaragaza guhubuka gukabije mu guhangana n\u2019abaturage batari bashyigikiye icyo gikorwa. Icyo gihe ngo abaturage barakubiswe nta kurobanura ndetse nab a pasitoro n\u2019abagore ntibareberwa izuba.<\/p>\n<p>Umukuru w\u2019igipolisi wari uriho aho hantu icyo gihe yasimbujwe undi ngo ahangane n\u2019abigaragambyaga. Ikibabaje ngo kikaba ari uko abaturage ari bo batanga imisoro ivamo imishahara y\u2019abo bapolisi bahindukira bakabakorera ibikorwa binyuranyije n\u2019amategeko.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Haiti-Police.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63757\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Haiti-Police.jpg\" alt=\"haiti-police\" width=\"669\" height=\"376\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n06. Kenya<\/strong> <\/p>\n<p>Igihugu cya Kenya kuri uru rutonde dukesha Wonderlist kiza ku mwanya wa gatandatu mu bifite igipolisi gihubuka bikabije. Iki gihugu ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika gifite ibibazo bitandukanye birimo n\u2019ikibazo cya ruswa iri ku rwego rwo hejuru. Mu 2016 abaturage bishoye mu mihanda bamagana guverinoma na ruswa iyirangwamo, ariko bahura n\u2019ibihano bikomeye by\u2019abashinzwe umutekano. Abigaragambyaga barakubiswe barongera barakubitwa ndetse igipolisi gifata ingamba zikakaye zo gutatanya abigaragambyaga.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/573b81671a00002f00c28b8c.jpeg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63758 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/573b81671a00002f00c28b8c.jpeg\" alt=\"KENYA-POLITICS-UNREST-POLICE\" width=\"720\" height=\"476\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n05. u Burusiya<\/strong> <\/p>\n<p>Igipolisi cy\u2019u Burusiya nacyo kivugwa mu birangwa no guhubuka no gukoresha ingufu z\u2019umurengera, aho gishinjwa no kwicira abantu muri za kasho. Igikorwa kibabaje igipolisi cy\u2019u Burusiya giherutse gukora, ni igihe uwahoze avugiriza ingoma itsinda ryamamaye mu myaka ya za 70 witwa Sergei Pestov wari watawe muri yombi asanzwe mu igaraji rye ashinjwa gutunga ibiyobyabwenge. Umunsi wakurikiyeho, umugore we niwe witabajwe nyuma yo kubona umurambo hatari hamenyekanye nyirawo umugore we avuga ko ari uw\u2019umugabo we, nyamara igipolisi cyo kivuga ko uwo munsi kimufata cyahise kimurekura nimugoroba.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Russia-police-brutality.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63752\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Russia-police-brutality.jpg\" alt=\"russia-police-brutality\" width=\"638\" height=\"425\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n04. Somalia<\/strong> <\/p>\n<p>Igihugu cya Somalia ni igihugu cyugarijwe n\u2019ibibazo byinshi birimo n\u2019ikibazo cy\u2019intambara n\u2019iterabwoba. Abapolisi basaga 1,000 b\u2019iki gihugu bari batorejwe mu Budage baje kugira gutya baburirwa irengero havugwa ko bagiye kwiyunga ku mutwe w\u2019iterabwoba mu 2009. Igipolisi iki gihugu rero gifite gifite ikibazo cyo kudahembwa neza bigatuma abapolisi bajya mu bindi bikorwa bakuramo amafaranga. Kwinjira mu ngo z\u2019abantu guhatira abaturage kubaha ruswa ngo bimaze kumenyerwa ku bapolisi muri iki gihugu.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Somali-police-force.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63759\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Somali-police-force.jpg\" alt=\"somali-police-force\" width=\"677\" height=\"451\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n03. Misiri<\/strong> <\/p>\n<p>Muri iki gihugu ibintu byarushijeho kumera nabi nyuma y\u2019Impinduramatwara ya Cyarabu aho bivugwa ko mu 2015 gusa hagaragaye ikibazo cy\u2019iyicarubozo ryakorewe abaturage bagera kuri 600, hatabwa muri yombi abagera ku 40,000, abagera ku 1265 baburirwa irengero mu gihe abagera kuri 267 bishwe. Ibi byose ngo bikaba byarakozwe n\u2019igipolisi hagamijwe gushyigikira iyi mpinduramatwara yasize ikuye Hosni Mubarak ku butegetsi.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Egypt-protesters.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63761\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/Egypt-protesters.jpg\" alt=\"APTOPIX Mideast Egypt\" width=\"645\" height=\"480\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n02. Afurika y&#8217;Epfo<\/strong> <\/p>\n<p>Muri iki gihugu imibare igaragaza ko umubare w\u2019abaturage bicwa na polisi ugenda wiyongera buri mwaka aho imibare igaragaza iyicarubozo no gufata ku ngufu bikorwa n\u2019abapolisi izamuka. Mu 2016 gusa, abantu 244 barishwe mu gihe abagera ku 124 bafashwe ku ngufu bikozwa n\u2019abapolisi, mu gihe abantu 145 bakorewe iyicarubozo.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/World-Capital-of-Police-Brutality.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63753\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/World-Capital-of-Police-Brutality.jpg\" alt=\"world-capital-of-police-brutality\" width=\"665\" height=\"439\" \/><\/a><\/p>\n<p> <strong><br \/>\n01. USA<\/strong> <\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/American-police-1.png\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-63754\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/American-police-1.png\" alt=\"american-police-1\" width=\"668\" height=\"445\" \/><\/a><\/p>\n<p>Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nicyo kiza imbere mu kugira igipolisi kirangwa n\u2019ubuhubutsi n\u2019ubugizi bwa nabi bivugwa ko byarushijeho kugira ubukana nyuma y\u2019igitero cyo kuwa 11 Nzeri 2001. Nyuma y\u2019itangira ry\u2019intambara yiswe iyo kurwanya iterabwoba, abapolisi bo muri iki gihugu bahawe ubudahangarwa ku burenganzira bw\u2019abaturage. Mu minsi ishize, cyagiye kirangwa n\u2019ubwicanyi bukabije inzirakarengane zikicwa nyuma y\u2019urubanza rubogamye. Iki gipolisi kandi cyagiye kirangwa no kwibasira Abirabura bo muri iki gihugu uketsweho akantu gato cyangwa akabeshyerwa agahita yicwa kubera uruhu rwe.<\/p>\n<p> <em> <strong><b><a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/b><\/strong> <\/em><br \/>\n\u00a0<\/p>\n<p> <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Igipolisi ubusanzwe akazi kacyo ni ugutuma amategeko y\u2019igihugu yubahirizwa muri rubanda. Inshingano zacyo ziba ari ugutuma ituze rikomeza kubaho, gufata abanyabyaha no kurwanya ubugizi bwa nabi, ariko akazi kacyo ntabwo ari uguhana. Ntabwo ari urwego rugena niba umuntu agomba gupfa cyangwa guhanwa. Igipolisi kigendera ku mategeko no ku itegeko nshinga kandi kikanatuma ayo mategeko yubahirizwa. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-6178","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Igipolisi ubusanzwe akazi kacyo ni ugutuma amategeko y\u2019igihugu yubahirizwa muri rubanda. Inshingano zacyo ziba ari ugutuma ituze rikomeza kubaho, gufata abanyabyaha no kurwanya ubugizi bwa nabi, ariko akazi kacyo ntabwo ari uguhana. Ntabwo ari urwego rugena niba umuntu agomba gupfa cyangwa guhanwa. Igipolisi kigendera ku mategeko no ku itegeko nshinga kandi kikanatuma ayo mategeko yubahirizwa. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-05-15T13:07:49+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T14:04:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije\",\"datePublished\":\"2017-05-15T13:07:49+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:04:54+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178\"},\"wordCount\":934,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/05\\\/police-beating-kids.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178\",\"name\":\"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/05\\\/police-beating-kids.jpg\",\"datePublished\":\"2017-05-15T13:07:49+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T14:04:54+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/05\\\/police-beating-kids.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/05\\\/police-beating-kids.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6178#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA","og_description":"Igipolisi ubusanzwe akazi kacyo ni ugutuma amategeko y\u2019igihugu yubahirizwa muri rubanda. Inshingano zacyo ziba ari ugutuma ituze rikomeza kubaho, gufata abanyabyaha no kurwanya ubugizi bwa nabi, ariko akazi kacyo ntabwo ari uguhana. Ntabwo ari urwego rugena niba umuntu agomba gupfa cyangwa guhanwa. Igipolisi kigendera ku mategeko no ku itegeko nshinga kandi kikanatuma ayo mategeko yubahirizwa. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-05-15T13:07:49+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T14:04:54+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije","datePublished":"2017-05-15T13:07:49+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:04:54+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178"},"wordCount":934,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178","name":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg","datePublished":"2017-05-15T13:07:49+00:00","dateModified":"2025-02-12T14:04:54+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6178"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/05\/police-beating-kids.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6178#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibihugu 10 bya mbere bifite igipolisi kirangwa no guhubuka gukabije"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6178","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6178"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6178\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6178"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6178"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6178"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}