{"id":65739,"date":"2024-03-02T14:15:01","date_gmt":"2024-03-02T12:15:01","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=65739"},"modified":"2024-03-02T14:15:01","modified_gmt":"2024-03-02T12:15:01","slug":"u-bwongereza-buzariha-u-rwanda-frw-miliyoni-244-kuri-buri-mwimukira-ruzakira","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739","title":{"rendered":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira"},"content":{"rendered":"<p><strong>Ikigo gishinzwe kugenzura amafaranga leta y&#8217;u Bwongereza ikoresha, cyahishuye ko iki gihugu kizariha u Rwanda byibura miliyoni 370 z&#8217;ama-Pounds, muri gahunda yacyo yo kohereza mu Rwanda abimukira.<\/strong><\/p>\n<p>Ni amafaranga na Frw miliyari 603 uyavunje mu mafaranga y&#8217;u Rwanda.<\/p>\n<p>Icyo kigo cyanahishuye kandi ko kuri buri muntu umwe uzoherezwa mu Rwanda, u Bwongereza buzamutangaho ama-Pounds150,000 (miliyoni 244Frw) mu gihe cy&#8217;imyaka itanu.<\/p>\n<p>Ishyaka Labour, rikomeye mu mashyaka atavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi mu Bwongereza, ryavuze ko iyi mibare mishya yo muri iyo raporo y&#8217;ikigo cy&#8217;igihugu cy&#8217;ubugenzuzi bw&#8217;imikoreshereze y&#8217;imari (National Audit Office, NAO) ari &#8220;igisebo ku gihugu&#8221;.<\/p>\n<p>Iri shyaka ryunzemo ko riteganya gukuraho iyi gahunda mu gihe ryaba ritsinze amatora ateganyijwe mu Bwongereza.<\/p>\n<p>Minisiteri y&#8217;ubutegetsi bw&#8217;igihugu mu Bwongereza yo yatangaje ko &#8220;kudakora ikintu na kimwe ntibyabura kugira ibiguzi [ingaruka] bikomeye.&#8221;<\/p>\n<p>Umuvugizi w&#8217;iyo Minisiteri yunzemo ati: &#8220;Keretse tugize icyo dukora, [naho ubundi] ikiguzi cyo gucumbikira abasaba ubuhungiro cyitezwe kugera kuri miliyari 11 z&#8217;ama-Pounds i buri mwaka bitarenze mu 2026.&#8221;<\/p>\n<p>Iyi Minisiteri kandi yagaragaje ko &#8220;ubwimukira bunyuranyije n&#8217;amategeko bupfiramo abantu ndetse bugatuma hakomeza kubaho ubucuruzi bw&#8217;abantu, kandi kubera iyo mpamvu birakwiye ko dushyira amafaranga mu bisubizo byo kumena uru ruhererekane rutarambye.&#8221;<\/p>\n<p>Raporo y&#8217;ikigo NAO yasohotse nyuma yuko abadepite bari bamaze igihe basaba ko habaho umucyo kurushaho ku mafaranga iyo gahunda yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro izatwara.<\/p>\n<p>Bijyanye n&#8217;iyo gahunda y&#8217;imyaka itanu, u Bwongereza byitezwe ko buzohereza mu Rwanda abantu babugezemo mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko, bagasaba ubuhungiro mu Rwanda.<\/p>\n<p>Intego y&#8217;iyi gahunda ni uguca intege abantu bambuka umuhora wa English Channel bari mu mato (ubwato) mato &#8211; ikintu Minisitiri w&#8217;intebe w&#8217;Ubwongereza Rishi Sunak yagize kimwe mu byihutirwa by&#8217;ingenzi ku butegetsi bwe.<\/p>\n<p>Ariko iyo gahunda yadindijwe n&#8217;ibirego byo mu nkiko ndetse nta muntu n&#8217;umwe uroherezwa mu Rwanda.<\/p>\n<p>Leta y&#8217;u Bwongereza ivuga ko ifite intego ko indege zitwaye abasaba ubuhungiro zizaba zahagurutse zerekeza mu Rwanda bitarenze mu ntangiriro y&#8217;impeshyi y&#8217;uyu mwaka.<\/p>\n<p>Itegeko ririmo gushaka kuvugurura iyo gahunda ryemejwe n&#8217;abadepite ndetse rizagibwaho impaka mu nteko ishingamategeko umutwe wa sena mu cyumweru gitaha, aho abarinenga bashobora kwifashisha iyi mibare mishya y&#8217;ikiguzi cy&#8217;iyo gahunda.<\/p>\n<p>Muri iyo gahunda, minisiteri y&#8217;ubutegetsi bw&#8217;igihugu yemeye kuriha amafaranga mu kigega cyo gufasha iterambere ry&#8217;ubukungu mu Rwanda, no gutanga andi mafaranga yo kuriha ikiguzi cyo gutunganya iyo gahunda no kwimurira abo bantu mu Rwanda.<\/p>\n<p>BBC ivuga ko kuva muri Mata (4) mu 2022, Ubwongereza bumaze kuriha u Rwanda miliyoni 220 z&#8217;amapawundi (miliyari 358Frw) muri icyo kigega cy&#8217;iterambere ry&#8217;ubukungu, ndetse mu myaka itatu iri imbere byitezwe ko buri mwaka buzaruriha inyongera ya miliyoni 50 z&#8217;amapawundi (miliyari 81Frw).<\/p>\n<p>Ayo yose hamwe ni miliyoni 370 z&#8217;amapawundi mu gihe cy&#8217;imyaka itanu.<\/p>\n<p>Mu gihe abantu barenga 300 baba boherejwe mu Rwanda, u Bwongereza bwariha muri cya kigega miliyoni 120 z&#8217;amapawundi (miliyari 195Frw) arihwa rimwe, ndetse n&#8217;andi mapawundi 20,000 (miliyoni 32Frw) kuri buri muntu uhoherejwe.<\/p>\n<p>Hejuru yayo leta y&#8217;u Bwongereza yanatanga amapa-Pounds 150,874 kuri buri muntu yo kuriha ibiguzi bitandukanye nk&#8217;icumbi, ibiribwa n&#8217;uburezi.<\/p>\n<p>Aya mafaranga yahagarara igihe umuntu yaba ahisemo kuva mu Rwanda, ahubwo Ubwongereza bukariha ama-pounds 10,000 (miliyoni 16Frw) kuri buri muntu mu kumufasha kuva mu Rwanda.<\/p>\n<p>Iyi raporo y&#8217;ikigo NAO inahishura ko ikiguzi cyo gutegura iyi gahunda gishobora kwiyongera, kikava kuri miliyoni 20 z&#8217;amapawundi kikagera kuri miliyoni 28 z&#8217;amapawundi.<\/p>\n<p>Hanitezwe ko hari ibindi biguzi bizabaho mu gihe kiri imbere, harimo nk&#8217;ikigereranyo cy&#8217;amapawundi 11,000 kuri buri muntu ku ngendo z&#8217;indege zerekeza mu Rwanda.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikigo gishinzwe kugenzura amafaranga leta y&#8217;u Bwongereza ikoresha, cyahishuye ko iki gihugu kizariha u Rwanda byibura miliyoni 370 z&#8217;ama-Pounds, muri gahunda yacyo yo kohereza mu Rwanda abimukira. Ni amafaranga na Frw miliyari 603 uyavunje mu mafaranga y&#8217;u Rwanda. Icyo kigo cyanahishuye kandi ko kuri buri muntu umwe uzoherezwa mu Rwanda, u Bwongereza buzamutangaho ama-Pounds150,000 (miliyoni [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-65739","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ikigo gishinzwe kugenzura amafaranga leta y&#8217;u Bwongereza ikoresha, cyahishuye ko iki gihugu kizariha u Rwanda byibura miliyoni 370 z&#8217;ama-Pounds, muri gahunda yacyo yo kohereza mu Rwanda abimukira. Ni amafaranga na Frw miliyari 603 uyavunje mu mafaranga y&#8217;u Rwanda. Icyo kigo cyanahishuye kandi ko kuri buri muntu umwe uzoherezwa mu Rwanda, u Bwongereza buzamutangaho ama-Pounds150,000 (miliyoni [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2024-03-02T12:15:01+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira\",\"datePublished\":\"2024-03-02T12:15:01+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739\"},\"wordCount\":586,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739\",\"name\":\"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2024-03-02T12:15:01+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=65739#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA","og_description":"Ikigo gishinzwe kugenzura amafaranga leta y&#8217;u Bwongereza ikoresha, cyahishuye ko iki gihugu kizariha u Rwanda byibura miliyoni 370 z&#8217;ama-Pounds, muri gahunda yacyo yo kohereza mu Rwanda abimukira. Ni amafaranga na Frw miliyari 603 uyavunje mu mafaranga y&#8217;u Rwanda. Icyo kigo cyanahishuye kandi ko kuri buri muntu umwe uzoherezwa mu Rwanda, u Bwongereza buzamutangaho ama-Pounds150,000 (miliyoni [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2024-03-02T12:15:01+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira","datePublished":"2024-03-02T12:15:01+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739"},"wordCount":586,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=65739#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739","name":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2024-03-02T12:15:01+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=65739"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=65739#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Bwongereza buzariha u Rwanda Frw miliyoni 244 kuri buri mwimukira ruzakira"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/65739","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=65739"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/65739\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=65739"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=65739"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=65739"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}