{"id":6582,"date":"2017-07-28T11:34:59","date_gmt":"2017-07-28T11:34:59","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/07\/28\/ibintu-umuntu-wese-wemerewe-gutora-akwiye-kumenya-mbere-y-uko-ajya-gutora\/"},"modified":"2025-02-12T15:55:20","modified_gmt":"2025-02-12T13:55:20","slug":"ibintu-umuntu-wese-wemerewe-gutora-akwiye-kumenya-mbere-y-uko-ajya-gutora","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582","title":{"rendered":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora"},"content":{"rendered":"<p>Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y\u2019imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y\u2019uko Umunsi w\u2019Amatora ugera nk\u2019uko byatangajwe n\u2019Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y\u2019Amatora, Charles Munyaneza mu kiganiro yagiranye na The New Times.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p> <strong>Kumenya aho uzatorera<\/strong> <\/p>\n<p>Ibiro by\u2019itora bisaga 96% ntabwo byahindutse. Birashoboka cyane rero ko aho watoreye ubushize ari naho uzatorera.<\/p>\n<p>Niba utora yarimutse akaba ataramenya aho azatorera hashya, ashobora kuzifashisha Umunsi w\u2019Umuganda ngarukakwezi kuri uyu wa Gatandatu, mu kumenya aho azatorera kuko uyu muganda uzibera ku biro by\u2019amatora.<\/p>\n<p> <strong>Ese hakenewe ikarita y\u2019itora kugirango uzatore?<\/strong> <\/p>\n<p>Yego kandi Oya. Niba ufite ikarita y\u2019itora, uri uwo gushimwa, ariko ntibirangiye kuri wowe utayifite. Ushobora gukoresha indangamuntu ugatora mu gihe uri ku rutonde rw\u2019abemerewe gutora.<\/p>\n<p>Ibibazo byihariye nko ku banyamakuru n\u2019abasirikare, bashobora gukoresha amakarita yabo bagatorera aho baba bari hose bitewe n\u2019akazi barimo, ariko na none mu gihe bafite Indangamuntu kandi bari ku rutonde rw\u2019abemerewe gutora.<\/p>\n<p> <strong>Bigenda gute iyo ugeze ku biro by\u2019itora?<\/strong> <\/p>\n<p>Icyo usabwa gukora ni ukwerekana Indangamuntu yawe, ikarita y\u2019itora, hanyuma hagasuzumwa ko uri ku rutonde rw\u2019abemerewe gutora mbere yo gukomeza ujya gutora.<\/p>\n<p> <strong>Byagenda gute uramutse ukoze ikosa ku rupapuro rwawe rw\u2019itora? Ese wabona andi mahirwe?<\/strong> <\/p>\n<p>Oya. Utora aba afite amahirwe amwe kandi niyo mpamvu abantu bashishikarizwa kujya babanza kwitonda kuko hataboneka impapuro zo gutoreraho zisimbura izangijwe.<\/p>\n<p> <strong>Ni ryari uru rupauro rwo gutoreraho rufatwa nk\u2019urwangiritse?<\/strong> <\/p>\n<p>Hari ibintu byinshi bishobora gutuma ijwi ryawe riba impfabusa. Nko gushyira urupapuro rw\u2019itora mu gasanduku ariko utatoye, iyo wanditse ibindi bintu kuri uru rupapuro bitandukanye n\u2019icyo rwagenewe, ndetse n\u2019igihe utoye umukandida urenze umwe. Ibi byose bigira impfabusa ijwi ryawe.<\/p>\n<p> <strong>Ni ryari ibiro by\u2019itora bifungura n\u2019igihe bifunga?<\/strong> <\/p>\n<p>Ibiro by\u2019itora bizafungurwa saa moya za mugitondo bifungwe saa cyenda z\u2019amanywa.<\/p>\n<p> <strong>Utabasha kugera ku biro by\u2019itora yakohereza umutorera?<\/strong> <\/p>\n<p>Ntibishoboka. Ugomba gukora inshingano zawe nk\u2019umunyagihugu ku giti cyawe.<\/p>\n<p> <strong>Ufite ubumuga ashobora gutora?<\/strong> <\/p>\n<p>Yego. Mu gihe cyose uri ku rutonde rw\u2019abemerewe gutora, hashyizweho uburyo bwo gufasha abantu bafite ubumuga.<\/p>\n<p> <strong>Ninde utemerewe gutora?<\/strong> <\/p>\n<p>Ntabwo wemerewe gutora niba uri munsi y\u2019imyaka 18. Niba uteri ku rutonde rw\u2019abemerewe gutora, niba uteri Umunyarwanda, niba uri impunzi, cyangwa niba uri muri gereza.<\/p>\n<p>Niba warashinjijwe ibyaha ugakatirwa n\u2019urukiko ubwo uburenganzira bwo gutora warabwambuwe.<\/p>\n<p>Niba warahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba utararangiza igihano wahawe ntiwemerewe gutora.<\/p>\n<p> <strong>Ushobora kuganira uwo watoye ku biro by\u2019itora?<\/strong> <\/p>\n<p>Ibi ntabwo byemewe niyo mpamvu byitwa gutora mu ibanga.<\/p>\n<p> <strong>Uri Umusilamu kandi wambaye hijab, hari amabwiriza y\u2019imyambarire?<\/strong> <\/p>\n<p>Oya. Ushobora kwambara icyo wifuza cyose ariko ushishikarizwa kwambara byoroheje.<\/p>\n<p> <strong>Ese hazabaho gusaka abantu mu rwego rw\u2019umutekano?<\/strong> <\/p>\n<p>Gusaka by\u2019umutekano bishobora kuba mu gihe bibaye ngombwa.<\/p>\n<p> <strong>Ese Nshobora kwifotora ifoto ndi gutora?<\/strong> <\/p>\n<p>Oya. Wemerewe kwinjirana telephone yawe mu cyumba cy\u2019itora ariko ntiwemerewe gufata amafoto urimo. Nta nubwo wemerewe kwinjira mu cyumba harimo undi muntu. Ntiwemerewe kandi kwinjiranamo imbunda.<\/p>\n<p> <strong>Ninde wemerewe kuguma ku biro by\u2019itora?<\/strong> <\/p>\n<p>Indorerezi zanditse n\u2019abahagarariye abakandida bemewe gusigara ku biro by\u2019amatora, ariko abandi bashishikarizwa gutora wenda bakaba bagaruka nyuma amajwi yamaze kubarwa. Abandi bemerewe kuguma ku biro by\u2019itora n\u2019abakozi b\u2019ibiro by\u2019itora birumvikana.<\/p>\n<p> <strong>Ese amajwi abarwa gute?<\/strong> <\/p>\n<p>Amajwi ahita abarwa nyuma ya saa cyenda amatora arangiye kandi bikabera mu ruhame.<\/p>\n<p> <strong>Ni gute wamenya ibyavuye mu matora?<\/strong> <\/p>\n<p>Ku munsi w\u2019itora, hazatangawa 80% by\u2019ibyavuye mu matora. Ibi bisobanuye ko abantu bazajya kuryama bamenye uwatsinze, ariko ibya nyuma byavuye mu matora bizatangazwa nyuma y\u2019iminsi mikeya.<\/p>\n<p> <strong> Ese ugize ikindi kibazo wakwitabaza nde?<\/strong> <\/p>\n<p>Muri buri mudugudu hari abakorerabushake bane bashobora kugusobanurira buri kimwe. Niba wegereye ibiro bya komisiyo y\u2019amatora, ushobora kujyayo ukabaza kuko muri buri karere n\u2019intara hari ibiro.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y\u2019imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y\u2019uko Umunsi w\u2019Amatora ugera nk\u2019uko byatangajwe n\u2019Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y\u2019Amatora, Charles [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-6582","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y\u2019imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y\u2019uko Umunsi w\u2019Amatora ugera nk\u2019uko byatangajwe n\u2019Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y\u2019Amatora, Charles [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-07-28T11:34:59+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:55:20+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora\",\"datePublished\":\"2017-07-28T11:34:59+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:55:20+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582\"},\"wordCount\":663,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582\",\"name\":\"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-07-28T11:34:59+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:55:20+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6582#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA","og_description":"Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda bajye gutora perezida uzabayobora muri manda itaha y\u2019imyaka 7 , ndetse no mu gihe abakandida batatu bazaba bahanganye bakomeje kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, hari ibintu buri muntu wese uzatora akwiye kumenya mbere y\u2019uko Umunsi w\u2019Amatora ugera nk\u2019uko byatangajwe n\u2019Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y\u2019Amatora, Charles [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-07-28T11:34:59+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:55:20+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora","datePublished":"2017-07-28T11:34:59+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:55:20+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582"},"wordCount":663,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6582#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582","name":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-07-28T11:34:59+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:55:20+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6582"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6582#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y\u2019uko ajya gutora"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6582","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6582"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6582\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6582"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6582"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6582"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}