{"id":6632,"date":"2017-08-02T07:38:35","date_gmt":"2017-08-02T07:38:35","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/08\/02\/iteka-rya-minisitiri-w-intebe-ryabaye-intandaro-yo-kutubahiriza-amategeko\/"},"modified":"2025-02-12T15:54:43","modified_gmt":"2025-02-12T13:54:43","slug":"iteka-rya-minisitiri-w-intebe-ryabaye-intandaro-yo-kutubahiriza-amategeko","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632","title":{"rendered":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko"},"content":{"rendered":"<p>Mu mategeko ashyirwaho mu Rwanda, hari amwe afite ingingo zivuga ko ibigenga ishyirwamubikorwa ryayo, bizagenwa n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe. Iyo iryo teka ridasohokeye ku gihe cyangwa ntirinasohoke ni kimwe mu bibangamira ishyirwamubikorwa ry\u2019itegeko n\u2019intandaro yo kuryica, ibi rero bikagira ingaruka zikomeye ku bantu iryo tegeko ryari ryashyiriweho kurengera.<\/p>\n<p>Niko byagenze ku itegeko No 32\/2015 Ryo kuwa 11\/6\/2015, rigena ibyo kwimura abantu ku mpamvu z\u2019inyungu rusange. Nk\u2019uko byagaragajwe n\u2019ubushakashatsi bwakozwe na LAF (Legal Aid Forum), ikigo gitanga inama n\u2019ubufasha mu mategeko, bwasohotse mu 2015, aho bugaragaza ko abaturage batishimiye uburyo bagiye bimurwamo ndetse n\u2019ingurane bahawe idahwanye n\u2019ibyari byangirijwe.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Nk\u2019uko bitangazwa n\u2019impuguke mu by\u2019amategeko Me Frank Mugisha, umukozi wa LAF akaba n\u2019umwe mu bakoze ubwo bushakashatsi, ngo kuba iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ritarasohoka ni intandaro yo kudashyirwa mu bikorwa kw\u2019itegeko ryo kwimura abantu ku mpamvu z\u2019inyungu rusange.<\/p>\n<p>Mu ngingo yaryo ya 8 interuro ibanza, riteganya ko hashyirwaho komite zishinzwe kugenzura imishinga yo kwimura abantu, ku mpamvu z\u2019inyungu rusange no kwemeza ishingiro ryayo. Naho interuro ya nyuma ikavuga ko \u201citeka rya Minisitiri w\u2019intebe rishyiraho imiterere, imikorere, inshingano n\u2019abagize komite zishinzwe kugenzura imishinga yo kwimura abantu ku mpamvu z\u2019inyungu rusange.<\/p>\n<p>Amabwiriza ya Minisitiri w\u2019intebe No 003\/03 yo kuwa 03\/12\/2013 ateganya ko, amategeko yose afite iteka rya Minisitiri w\u2019intebe bijyanye bigomba kujya bisohokera rimwe, cyangwa nibura iri teka rigasohoka bitarenze amezi 2 itegeko ritangiye gukurikizwa.<\/p>\n<p>Kuva itegeko rigena ibyo kwimura abantu ku mpamvu z\u2019inyungu rusange risohotse, hashize imyaka ibiri iteka rya minisitiri w\u2019intebe ritarasohoka, komite zateganywaga gushyirwaho n\u2019iri teka nta zashyizweho, mu gihe icyo komite zagombaga gukora, aricyo kwiga ishingiro ry\u2019imishinga ituma habaho kwimura abantu ku mpamvu z\u2019inyungu rusange, cyakomeje gukorwa mu buryo bunyuranije n\u2019icyo amategeko ateganya.<\/p>\n<p>Ibi kandi si ubwa mbere bibaye kuko hariho andi mategeko yagiye asohoka ariko iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ntirikorwe, bityo amategeko ntiyubahirizwe cyangwa ntashyirwe mu bikorwa, ndetse hamwe na hamwe hagakorwa ibidakurikije amategeko, cyangwa hakiyambazwa inzira z\u2019inkiko mu gihe byagombaga kuba byarateganijwe n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe.<\/p>\n<p>Ingero zigaragara mu itegeko No 59\/2008 ryo kuwa 10\/9\/2008 rikumira kandi rihana ihohoterwa iryo ari ryo ryose rishingiye ku gitsina, ingingo ya 39 igika cya 4 aho rivuga ku bijyanye n\u2019igabana ry\u2019umutungo w\u2019ababanaga ku buryo butemewe n\u2019amategeko, byagombaga kugenwa n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ariko rikaba ritarakozwe.<\/p>\n<p>Itegeko No 32\/2016 ryo kuwa 28\/8\/2016 naryo, mu ngingo yaryo ya 105 igika cya 3 ivuga ku itangwa rya kopi y\u2019inyandiko y\u2019ivuka. Iteka rya Minisitiri riteganywa muri iri tegeko nta ryigeze rikorwa.<\/p>\n<p> <strong>Ubuyobozi bwemera ko icyi kibazo cyabayeho<\/strong> <\/p>\n<p>Bwana Munyaburanga Cyprien ni Umuyobozi ushinzwe iyandikwa ry\u2019amategeko mu biro bya Minisitiri w\u2019intebe, yemera ko habayeho ubukererwe mu gukora amateka ateganywa mu mategeko atandukanye, ndetse yemera ko ibyo bimaze kubaho inshuro zirenze imwe. Gusa yemeza ko hagiye habaho impamvu zitandukanye zatumye bidakorwa nk\u2019uko byari biteganijwe.<\/p>\n<p>Impamvu ya mbere ngo ni impamvu tekinike mu rwego rw\u2019amategeko. Bwana Munyaburanga atangaza ko ubusanzwe iteka rya Minisitiri w\u2019intebe rikorwa rishingiye ku itegeko ryamaze kwemeza no gutangazwa mu igazeti ya Leta, akaba ariyo mpamvu gusohokana n\u2019iryo tegeko bidakunze gushoboka. Ikindi ngo itegeko riba rifite inzego nyinshi zirifiteho inshingano, iyo nzira yo kurihererekanya kugirango rigere aho ritunganye risohorwe mu igazeti nayo igafata igihe.<\/p>\n<p>Gusa ngo iki kibazo bagifitiye umuti. Bwana Munyaburanga akomeza atangaza ko hari komisiyo ya  Leta yashyizweho ishinzwe ivugururwa ry\u2019amategeko, ikaba ariyo izajya yiga imishinga yose y\u2019amategeko n\u2019amateka ikabishyikiriza inzego zishinzwe kuyemeza, ibi rero ngo bikazakemura ikibazo cy\u2019ubukererwe bw\u2019amateka bwajyaga bubaho hato na hato.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n<p> <strong>Francine Andrew Mukase<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu mategeko ashyirwaho mu Rwanda, hari amwe afite ingingo zivuga ko ibigenga ishyirwamubikorwa ryayo, bizagenwa n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe. Iyo iryo teka ridasohokeye ku gihe cyangwa ntirinasohoke ni kimwe mu bibangamira ishyirwamubikorwa ry\u2019itegeko n\u2019intandaro yo kuryica, ibi rero bikagira ingaruka zikomeye ku bantu iryo tegeko ryari ryashyiriweho kurengera. Niko byagenze ku itegeko No 32\/2015 Ryo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-6632","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu mategeko ashyirwaho mu Rwanda, hari amwe afite ingingo zivuga ko ibigenga ishyirwamubikorwa ryayo, bizagenwa n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe. Iyo iryo teka ridasohokeye ku gihe cyangwa ntirinasohoke ni kimwe mu bibangamira ishyirwamubikorwa ry\u2019itegeko n\u2019intandaro yo kuryica, ibi rero bikagira ingaruka zikomeye ku bantu iryo tegeko ryari ryashyiriweho kurengera. Niko byagenze ku itegeko No 32\/2015 Ryo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-08-02T07:38:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:54:43+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko\",\"datePublished\":\"2017-08-02T07:38:35+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:54:43+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632\"},\"wordCount\":617,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632\",\"name\":\"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-08-02T07:38:35+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:54:43+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6632#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA","og_description":"Mu mategeko ashyirwaho mu Rwanda, hari amwe afite ingingo zivuga ko ibigenga ishyirwamubikorwa ryayo, bizagenwa n\u2019iteka rya Minisitiri w\u2019intebe. Iyo iryo teka ridasohokeye ku gihe cyangwa ntirinasohoke ni kimwe mu bibangamira ishyirwamubikorwa ry\u2019itegeko n\u2019intandaro yo kuryica, ibi rero bikagira ingaruka zikomeye ku bantu iryo tegeko ryari ryashyiriweho kurengera. Niko byagenze ku itegeko No 32\/2015 Ryo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-08-02T07:38:35+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:54:43+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko","datePublished":"2017-08-02T07:38:35+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:54:43+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632"},"wordCount":617,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6632#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632","name":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-08-02T07:38:35+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:54:43+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6632"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6632#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Iteka rya Minisitiri w\u2019intebe ryabaye intandaro yo kutubahiriza amategeko"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6632","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6632"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6632\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6632"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6632"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6632"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}