{"id":66832,"date":"2024-04-04T17:00:00","date_gmt":"2024-04-04T15:00:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=66832"},"modified":"2024-04-04T17:00:00","modified_gmt":"2024-04-04T15:00:00","slug":"u-bufaransa-ntibwigeze-bugira-bushake-bwo-guhagarika-jenoside-yakorewe-abatutsi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832","title":{"rendered":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron"},"content":{"rendered":"<p><strong>Perezida Emmanuel Macron w&#8217;u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n&#8217;inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora.<\/strong><\/p>\n<p>Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n&#8217;inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.<\/p>\n<p>Perezida w&#8217;u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy&#8217;inumamo, gusa biteganyijwe ko azohereza i Kigali Minisitiri w&#8217;Ububanyi w&#8217;u Bufaransa, St\u00e9phane S\u00e9journ\u00e9 kugira ngo amuhagararire.<\/p>\n<p>Perezidansi y&#8217;u Bufaransa yatangaje ko ku munsi wo gutangiza icyunamo Perezida Macron azashyira ku mbuga nkoranyambaga ze amashusho azaba akubiyemo ubutumwa bwibutsa ko &#8220;ubwo gutsemba burundu Abatutsi byatangiraga, umuryango mpuzamahanga wari ufite uburyo bwo kubimenya no kugira icyo ukora&#8221; ndetse ko &#8220;u Bufaransa bwashoboraga guhagarika Jenoside bufatanyije n&#8217;inshuti zabwo zo mu burengerazuba bw&#8217;Isi na Afurika, gusa ntibugire ubushake&#8221;.<\/p>\n<p>Muri Gicurasi 2021 ubwo Perezida Emmanuel Macron yagiriraga uruzinduko rw&#8217;akazi mu Rwanda, yemeye uruhare rw&#8217;igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n&#8217;ubwo rutayibayemo umufatanyacyaha.<\/p>\n<p>Icyo gihe yavuze ko kuva mu 1990 ubwo hatangiraga urugamba rwo kubohora igihugu no mu 1993 mu gihe cy\u2019amasezerano ya Arusha yari agamije guhagarika imirwano hagati y\u2019ingabo za Leta ya Habyarimana n\u2019ingabo za RPF, u Bufaransa butumvise amajwi yose.<\/p>\n<p>Ati \u201cU Bufaransa ntabwo bwigeze bwumva ko mu gushaka gukumira intambara mu karere, bwagiye ku ruhande rw\u2019ubutegetsi bwateguraga Jenoside. Mu kwirengagiza intabaza zatangwaga n\u2019ababirebaga, u Bufaransa bwagize uruhare rukomeye mu byagejeje ku bibi bikomeye mu mateka, mu gihe bwashakaga kubikumira.\u201d<\/p>\n<p>Yavuze kandi ko no mu 1994 ubwo Jenoside yatangiraga, umuryango mpuzamahanga wakenerewe amezi atatu \u201cmaremare cyane\u201d, ariko utererana &#8220;ibihumbi by&#8217;Abatutsi b&#8217;inzirakarengane bicwaga&#8221;.<\/p>\n<p>Macron yanavuze ko ubwo abayobozi batangiraga kwemera ibyabaye, hakurikiyeho imyaka 27 yo kugerageza kwirengagiza ukuri.<\/p>\n<p>Ati \u201cKwemera ibyabaye n\u2019uruhare twagize, ni ikimenyetso gikomeye kandi kidaciye ku ruhande.\u201d<\/p>\n<p>Icyo gihe kandi yemeye ko u Bufaransa bubereyemo u Rwanda umwenda nyuma y\u2019igihe kirekire cyo guceceka, kandi ngo ni byo byonyine byatanga amahirwe yo kurenga ibyabaye, abantu bagafatanya kureba imbere.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Emmanuel Macron w&#8217;u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n&#8217;inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora. Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n&#8217;inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida w&#8217;u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy&#8217;inumamo, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-66832","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Emmanuel Macron w&#8217;u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n&#8217;inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora. Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n&#8217;inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida w&#8217;u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy&#8217;inumamo, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2024-04-04T15:00:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron\",\"datePublished\":\"2024-04-04T15:00:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832\"},\"wordCount\":337,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832\",\"name\":\"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2024-04-04T15:00:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=66832#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA","og_description":"Perezida Emmanuel Macron w&#8217;u Bufaransa yemeye ko igihugu cye n&#8217;inshuti zacyo bari bafite ubushobozi bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa habura ubushake bwo kubikora. Macron yabitangaje mu gihe habura iminsi itatu ngo Abanyarwanda n&#8217;inshuti zabo bibuke ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida w&#8217;u Bufaransa ntabwo azitabira umuhango wo gutangiza icyumweru cy&#8217;inumamo, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2024-04-04T15:00:00+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron","datePublished":"2024-04-04T15:00:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832"},"wordCount":337,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=66832#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832","name":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2024-04-04T15:00:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=66832"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=66832#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Bufaransa ntibwigeze bugira ubushake bwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi: Macron"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/66832","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=66832"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/66832\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=66832"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=66832"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=66832"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}