{"id":68970,"date":"2024-07-02T14:20:00","date_gmt":"2024-07-02T12:20:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=68970"},"modified":"2024-07-02T14:20:00","modified_gmt":"2024-07-02T12:20:00","slug":"rdc-yiyambaje-ikindi-gihugu-ngo-kiyitize-ingabo-zo-kuyifasha-m23","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970","title":{"rendered":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23"},"content":{"rendered":"<p><strong>Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yitabaje Tchad ngo imuhe ingabo zo kumufasha guhangana n&#8217;umutwe wa M23, nk&#8217;uko amakuru aturuka muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika abivuga.<\/strong><\/p>\n<p>Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Tchad kumuha ingabo, ubwo yari mu ruzinduko rw&#8217;akazi yagiriye i Ndjamena mu mpera z&#8217;ukwezi gushize.<\/p>\n<p>Ni uruzinduko yahuriyemo anagirana ibiganiro na Perezida w&#8217;iki gihugu, Gen. Mahamat Idriss Deby Itno; ndetse ibihugu bayoboye bisinyana amasezerano atandukanye y&#8217;ubufatanye.<\/p>\n<p>Muri uru ruzinduko kandi Tshisekedi yambitswe na Gen. Deby umudali w&#8217;ishimwe, ndetse anitirirwa umwe mu mihanda y&#8217;i Ndjamena kubera uruhare yagize mu gukemura ibibazo bya Politiki byari muri Tchad mbere y&#8217;uko muri iki gihugu haba amatora y&#8217;Umukuru w&#8217;Igihugu.<\/p>\n<p>Kuva mu Ugushyingo 2021 Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ziri mu mirwano n&#8217;inyeshyamba za M23 kuri ubu zigenzura igice kinini cy&#8217;Intara ya Kivu y&#8217;Amajyaruguru.<\/p>\n<p>Mu rwego rwo guhangana n&#8217;izi nyeshyamba, ku ikubitiro Perezida Felix Antoine Tshisekedi yitabaje u Burundi bumwoherereza ibihumbi by&#8217;ingabo zo guha umusada FARDC, mbere y&#8217;uko anitabaza umuryango wa SADC na wo kuva mu mwaka ushize wa 2023 wohereje muri Congo ingabo zo mu bihugu bya Afurika y&#8217;Epfo, Malawi na Tanzania.<\/p>\n<p>Izi ngabo icyakora kuva zagera muri Congo ntizigeze zishobora gusubiza M23 inyuma, kuko izi nyeshyamba zikomeje kwigarurira utundi duce dutandukanye turimo imijyi ya Kanyabayonga na Kirumba zigaruriye mu cyumweru gishize.<\/p>\n<p>Izi nyeshyamba ziyobowe na Gen Sultani Makenga kandi zeruye ko ziteganya no kwirarurira umujyi wa Butembo; ibyateye impungenge zikomeye cyane ubutegetsi bw&#8217;i Kinshasa bigatuma buhitamo kwiyambaza Tchad ngo itange umusada.<\/p>\n<p>Igihugu cya Tchad usibye kuba muri iyi minsi kiri mu kwezi kwa buki na RDC, gisanzwe ari n&#8217;inshuti magara y&#8217;u Burundi.<\/p>\n<p>Ku wa Mbere tariki ya 1 Nyakanga ubwo u Burundi bwizihizaga imyaka 62 ishize buhawe n&#8217;Ababiligi ubwigenge, Perezida Mahamat Idriss Deby ni we mukuru w&#8217;igihugu cy&#8217;amahanga wari witabiriye ibyo birori.<\/p>\n<p>Uruzinduko rwa Gen. Deby mu Burundi kandi ni rwo rwa mbere yari agiriye mu mahanga, kuva atorewe kuyobora Tchad muri Gicurasi uyu mwaka.<\/p>\n<p>Ikinyamakuru Tchad One cyatangaje ko byari byitezwe ko naTshisekedi yitabira ibirori by&#8217;isabukuru y&#8217;ubwigenge bw&#8217;u Burundi byabereye kuri Stade Ingoma iherereye mu mujyi wa Gitega, gusa Tshisekedi usanzwe ari inshuti y&#8217;akadasohoka ya Perezida Evariste Ndayishimiye w&#8217;u Burundi ntiyabigaragayemo kubera impamvu itaramenyekana.<\/p>\n<p>Iki gitangazamakuru kivuga ko mu Burundi ari ho ba Perezida Deby, Tshisekedi na Ndayishimiye bagombaga kunoreza umugambi wo gushinga ihuriro ryo kurwanya M23; umutwe Gitega na Kinshasa bavuga ko ufashwa n&#8217;umwanzi wabo [u Rwanda].<\/p>\n<p>Andi makuru avuga ko Tchad yaba yaramaze kwemerera Congo kohereza muri Kivu y&#8217;Amajyaruguru abasirikare babarirwa mu 2,000 byitezwe ko bazahagera mu minsi iri imbere.<\/p>\n<p>Tchad One ishimangira aya makuru ivuga ko bijyanye no kuba igisirikare cya Tchad kimaze iminsi cyugarijwe n&#8217;ikibazo cy&#8217;amikoro, &#8220;Gen Mahamat Idriss Deby &#8216;Kaka&#8217; n&#8217;agatsiko k&#8217;abantu bamukikije baratekereza kuba bohereza abasirikare muri RDC bakabagurana amagana ya za miliyoni z&#8217;amadorali&#8221;.<\/p>\n<p>Iki gitangazamakuru cyunzemo ko gahunda yo kohereza muri Congo aba basirikare bazaba babarirwa mu magana cyangwa mu bihumbi ishobora guterwa inkunga y&#8217;amafaranga na Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Abarabu, igihugu gisanzwe gifitanye na RDC amasezerano yerekeye amabuye y&#8217;agaciro.<\/p>\n<p>Kugeza ubu Congo Kinshasa ifite ihuriro rigizwe na FARDC, FDLR, Ingabo z&#8217;u Burundi, iza SADC, Abacanshuro b&#8217;i Burayi n&#8217;imitwe ya Wazalendo, rikaba ari ryo riyifasha kurwanya M23.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yitabaje Tchad ngo imuhe ingabo zo kumufasha guhangana n&#8217;umutwe wa M23, nk&#8217;uko amakuru aturuka muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika abivuga. Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Tchad kumuha ingabo, ubwo yari mu ruzinduko rw&#8217;akazi yagiriye i Ndjamena mu mpera z&#8217;ukwezi [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":17,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,131],"class_list":["post-68970","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yitabaje Tchad ngo imuhe ingabo zo kumufasha guhangana n&#8217;umutwe wa M23, nk&#8217;uko amakuru aturuka muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika abivuga. Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Tchad kumuha ingabo, ubwo yari mu ruzinduko rw&#8217;akazi yagiriye i Ndjamena mu mpera z&#8217;ukwezi [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:author\" content=\"BenjaminBabou\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2024-07-02T12:20:00+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:creator\" content=\"@BenjaminBabou3\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"B\u00e9njamin BABOU\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970\"},\"author\":{\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\"},\"headline\":\"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23\",\"datePublished\":\"2024-07-02T12:20:00+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970\"},\"wordCount\":571,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970\",\"name\":\"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2024-07-02T12:20:00+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=68970#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9\",\"name\":\"B\u00e9njamin BABOU\",\"description\":\"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.\",\"sameAs\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"BenjaminBabou\",\"https:\\\/\\\/x.com\\\/@BenjaminBabou3\"],\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=17\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA","og_description":"Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yaba yitabaje Tchad ngo imuhe ingabo zo kumufasha guhangana n&#8217;umutwe wa M23, nk&#8217;uko amakuru aturuka muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika abivuga. Amakuru avuga ko Tshisekedi yasabye Tchad kumuha ingabo, ubwo yari mu ruzinduko rw&#8217;akazi yagiriye i Ndjamena mu mpera z&#8217;ukwezi [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970","og_site_name":"BWIZA","article_author":"BenjaminBabou","article_published_time":"2024-07-02T12:20:00+00:00","author":"B\u00e9njamin BABOU","twitter_card":"summary_large_image","twitter_creator":"@BenjaminBabou3","twitter_misc":{"Written by":"B\u00e9njamin BABOU","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970"},"author":{"name":"B\u00e9njamin BABOU","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9"},"headline":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23","datePublished":"2024-07-02T12:20:00+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970"},"wordCount":571,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=68970#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970","name":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23 - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2024-07-02T12:20:00+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=68970"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=68970#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"RDC yiyambaje ikindi gihugu ngo kiyitize ingabo zo kuyifasha M23"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/25318b3505091fc2412e1fdf77b375b9","name":"B\u00e9njamin BABOU","description":"Benjamin Babou is a professional journalist with a Bachelor's degree in Journalism and Communication from the University of Rwanda. He specializes in reporting on current affairs, politics, security, and regional issues and Sports, with a strong commitment to accuracy, balanced storytelling, and public-interest journalism.","sameAs":["https:\/\/bwiza.com\/","BenjaminBabou","https:\/\/x.com\/@BenjaminBabou3"],"url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=17"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/68970","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/17"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=68970"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/68970\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=68970"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=68970"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=68970"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}