{"id":6937,"date":"2017-08-19T15:18:17","date_gmt":"2017-08-19T15:18:17","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/08\/19\/perezida-kagame-ntiyemeranya-n-039-ibyo-macron-yibwira-kuri-afurika\/"},"modified":"2017-08-19T15:18:17","modified_gmt":"2017-08-19T15:18:17","slug":"perezida-kagame-ntiyemeranya-n-039-ibyo-macron-yibwira-kuri-afurika","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937","title":{"rendered":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Perezida w\u2019u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ko ikibazo Afurika ifite ari icya \u2018civilisation\u2019 kigaragarira mu miyoborere mibi, kubura demokarasi no kubyara abana benshi, nyamara Perezida Kagame atangaza ko mu bibazo  uyu mugabane ufite icya civilisation kitarimo.<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>Ibyo Macron yabitangaje mu nama iherutse guhuriza i Hambourg mu Budage, tariki ya 8 Nyakanga 2017, ibihugu 20 bikize ku Isi (G20). Ubwo umunyamakuru wo muri Cote d\u2019Ivoire,[igihugu cyakolonijwe n\u2019u Bufaransa] yamubajije  ku bijyanye n\u2019icyo u Bufaransa buzafashamo Afurika mu rugendo rw\u2019iterambere iyo nama yigagaho.<\/p>\n<p>Macron yamusubije ko ikibazo ifite ari icya \u2018civilisation\u2019, ati \u201cIkibazo cya Afurika, gitandukanye n\u2019ibindi, ni ikibazo gikomeye cyane, uyu munsi ni \u2018\u2018civilisation\u2019\u2019.<\/p>\n<p>Iyo \u2018civilisation\u2019 ngo niyo ituma habaho ibibazo bya demokarasi muri Afurika, kubyara abana benshi ku buryo umubyeyi abyara hagati y\u2019abana 7 n\u2019umunani.<\/p>\n<p>Akomeza avuga ko yari yabitangarije abari muri iyo nama ko niyo byagendaho za miliyari z\u2019amayero ntacyo byahindukaho.<\/p>\n<p>Iyi mvugo ya Perezida Macron ntaho itandukaniye no kwishongora ku Banyafurika ndetse no kuzura akaboze baburiye ababo mu bukoloni, ababukoze bitwaje gusiviliza Afurika.<\/p>\n<p> <strong>Macron yaba yabonewe igisubizo<\/strong><br \/>\n<figure id=\"attachment_74905\" aria-describedby=\"caption-attachment-74905\" style=\"width: 1000px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-74905\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"541\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-74905\" class=\"wp-caption-text\"><br \/>\nPerezida w&#8217;u Bufaransa, Emmanuel Macron<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019ukwezi n\u2019iminsi mike Macron akoresheje iyo mvugo, Perezida w\u2019u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko Afurika idafite ikibazo cya civilization.<\/p>\n<p>Ni mu muhango wo kurahirira gukomeza kuyobora u Rwanda, muri manda nshya y\u2019imyaka 7, ku wa Gatanu tariki ya 18 Kanama 2017.<\/p>\n<p>Mu ijambo rye yavuze ko Afurika idafite ikibazo cya civilisation, ati \u201c Afurika nta bibazo bya \u2018civilisation\u2019 ifite,  ahubwo n\u2019icy\u2019imutungo. Nta kongera kubishidikanyaho.\u201d[ (Africa has no civilisational problems, only assets&#8230; \u201cSans aucun doute\u201d]<br \/>\n<figure id=\"attachment_74909\" aria-describedby=\"caption-attachment-74909\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/he-now.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-74909\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/he-now.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"500\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-74909\" class=\"wp-caption-text\"><br \/>\nPerezida Paul Kagame<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Perezida Kagame  nta muntu yigeze akomozaho mu ijambo rye, ariko hari ababihuza n\u2019imvugo isubiza iya Macron \u2018wishongoye ku Banyafurika\u2019.<\/p>\n<p>Ntiyemeranywa kandi n\u2019amahanga ashaka ko Afurika ihindura uburyo bwayo bwo gukora kandi buyiha umusaruro.<\/p>\n<p>Ati \u201cBasaba ko duhindura uburyo dukoramo kandi bukora neza kuri twe, tukabusimbuza amahame n\u2019  abaturage babo ubwabo batagikozwa.\u201d<\/p>\n<p>Akomeza avuga ko mu binyejana bishize, iyo civilisation yagize uruhare mu buryo burambye, kandi ko ikomeweho, ikaba iha Abanyafurika  icyerekezo cy\u2019ibyo bagomba gukora, ku buryo hari ikintu kinini kibahuza nk\u2019ikiremwamuntu kurenza icyabatanya.<\/p>\n<p>Akomeza agira ati \u201cNi iby\u2019agaciro ku Banyarwanda n\u2019Abanyafurika kumva ko abatwibasira badutera imbaraga.\u201d<\/p>\n<p> <strong>Civilisation intwaro y\u2019abakoloni yatumye Afurika itakaza abayo<\/strong><br \/>\n<figure id=\"attachment_74908\" aria-describedby=\"caption-attachment-74908\" style=\"width: 664px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/colonisation-senegal.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-74908\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/colonisation-senegal.jpg\" alt=\"\" width=\"664\" height=\"440\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-74908\" class=\"wp-caption-text\"><br \/>\nAbanyafurika batwaraga Abanyaburayi babahetse<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019inama yabereye i Berlin mu Budage yo kwigabagabanya ibihugu bya Afurika, ibihugu by\u2019i Burayi nk\u2019 u Bufaransa, u Bwongereza, u Budage, u Bubiligi,u Butaliyani na Portugal byashyiriye ibihugu bya Afurika iyo \u2018civilisation\u2019 ngo itaraharangwaga.<\/p>\n<p>Icyo gihe abanyaburayi bafataga Abanyafurika nk\u2019abantu bameze nk\u2019inyamaswa, batagira uburere na buke, b\u2019injiji zitagira imitekerereze, nk&#8217;uko ikinyamakuru deshumanisation kibitangaza.<\/p>\n<p>Urwo rwitwazo rwatumye birara muri Afurika maze imitungo yayo barayisahura; imbaho za Libuyu na Mahogani, amabuye y\u2019agaciro n\u2019undi mutungo  bipakirwa  bijyanwa i Burayi.<\/p>\n<p>Iyo \u2018civilisation\u2019, ntabwo ariyo yari ibahagurukije, ahubwo bashakaga guhaza inganda zabo zari zimaze kuvuka ku bwinshi, dore ko icyo gihe cyitwaga icy\u2019iterambere ry\u2019inganda(Revolution industrielle), kandi zikeneye iby\u2019ibanze mu gutuma zikora. Ibyo bihugu kandi byarangwagamo amakimbirane atandukanye byashakaga kugwiza imbaraga, no gukwirakwiza imyemerere yabo muri Afurika, dore ko baje kubigeraho, aho imbunda yaherekeje Bibiliya, Kiliziya igakura kirazira.<\/p>\n<p> <strong>\u2018Civilisation\u2019 yibutsa ihekurwa ry\u2019 ababyeyi<\/strong><br \/>\n<figure id=\"attachment_74906\" aria-describedby=\"caption-attachment-74906\" style=\"width: 662px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/esclave.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-74906 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/esclave.jpg\" alt=\"\" width=\"662\" height=\"366\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-74906\" class=\"wp-caption-text\"><strong> <em>Abakoreshwaga imirimo y&#8217;uburetwa batwarwaga mu buryo bwa kinyamaswa<\/em> <\/strong><\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Agaciro Abanyafurika bambuwe mu mitegekere yabo, uburetwa bakoreshwaga n\u2019impfu za bamwe mu gihe cy\u2019ubukoloni byibutsa, ihohoterwa rikomeye bakorewe mu icuruzwa ry\u2019abirabura, \u2018Traite des Noirs\u2019, aho abirabura bo muri Afurika basaga za miliyoni  bagurishwaga bakajyanwa mu mirimo y\u2019imvune muri Amerika guhinga mu mirima y\u2019ibisheke,icyayi  ikawa n\u2019ibindi byakwera bakabijyana mu Burayi.<\/p>\n<p>Icyo gihe bakoreshwaga imirimo y\u2019agahato, barambuwe uburenganzira bwose, babaho mu buzima budakwiriye ikiremwamuntu, utishwe n\u2019iyo mirimo, akicwa n\u2019inkoni, utishwe n\u2019uburwayi akicwa n\u2019imihengeri n\u2019ibindi (france-jeunes.net).<\/p>\n<p>Iryo ni iyicarubuzo ryakorewe Abanyafurika by\u2019umwihariko ab\u2019uruhu rwirabura ryaje kwisubiramo mu bukoloni.<\/p>\n<p> <strong>Abanyarwanda bari bayobowe neza barwanyije iyo civilisation rubura gica<\/strong><br \/>\n<figure id=\"attachment_74911\" aria-describedby=\"caption-attachment-74911\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/ingangurarugo.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-74911\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/ingangurarugo.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"466\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-74911\" class=\"wp-caption-text\"><br \/>\nIngangurarugo<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Umwanditsi w\u2019amateka w\u2019umunya Brukina Faso, Joseph Ki Zerbo mu gitabo yise \u2018Le monde africain noir:  <em>Histoire et civilisation<\/em> , 1963 yanditse ko  nta sosiyeti ibaho idafite civilisation.<\/p>\n<p>Ibyo bishimangirwa n\u2019uburyo u Rwanda rwari rubayeho ruyobowe n\u2019umwami ushakira ineza rubanda kandi rukamwumvira.<\/p>\n<p>Mu bihugu bya Afurika birimo n\u2019u Rwanda abagerageje guhangana n\u2019abo bakoloni bagiye bahasiga ubuzima kubera ko bari bafite intwaro zigezweho[imbunda n\u2019amasasu], mu gihe mu buhugu by\u2019Afurika bifashishaga intwaro gakondo zigizwe  n\u2019amacumu, imyambi imiheto, intambi n\u2019ibindi zitahangana n\u2019izo mbunda.<\/p>\n<p>Mu Rwanda bagerageje kurwanya Abadage mu 1896  barangajwe imbere na  Nshozamihigo mwene Rwabugili , ariko babicamo benshi. Mu baguye muri urwo rugamba harimo n\u2019abari bagize umutwe w\u2019Ingangurarugo wakuranye n\u2019umwami Kigeli IV Rwabugiri, barimo Mugugu wa Shumbusho na Bisangwa bya Rugombituri n\u2019abandi  nk\u2019uko bigaragara mu gitabo cya Louis de Lacger cyitwa \u201cLe Rwanda ancient et moderne.\u201d<\/p>\n<p>Abanyarwanda bakubiswe incuro maze i Bwami bayoboka ku neza hakoreshejwe inzira y\u2019imishyikirano hagati y\u2019impande zombi.  Inzika yo kutishimira ubwo bukoloni yarakomeje kugeza ubwo Rukara rwa Bishingwe, wafatwaga nk \u2018intwari mu Majyarugu y\u2019u Rwanda yishe Padiri Loupias amubaza uwamushinze kuza kwivanga mu bibazo by\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p>\u2018Civilisation\u2019 intwaro abazungu baje bitwaje mu gukoloniza Afurika yatumye Abanyafurika benshi bicwa, kuva ku cyambu cya Cap muri Afurika y\u2019Epfo kugera muri Tunisie, no kuva muri Cap vert kugera mu Birwa bya Maurice.<\/p>\n<p> <strong> <em>\u2018Civilisation\u2019 <\/em> <\/strong>  <em>ni urwunge rw\u2019ibigize umuryango runaka bikawuranga mu buryo bw\u2019umuco, imikorere, ubumenyi, imiyoborere, politiki, imigenzo, idashingiye ku igereranya n\u2019undi muryango\u2019 hubahirizwa gakondo ya buri muryango.<\/em> <\/p>\n<p>Abakoloni bafata \u2018civilisation\u2019 nko kuvana abantu mu mibereho yabo gakondo babajyana mu yo bo[abakoloni] babaho.<\/p>\n<p>\u2018Civilisation\u2019 Perezida Kagame avuga ni iy\u2019Abanyafurika bari bisanganiwe kandi igenda itera imbere umunsi ku wundi ku buryo bwa Kinyafurika, mu gihe iyo Perezida Macron avuga ari iya gikoloni ishaka ko Abanyafurika bakora uko umuzungu ashaka.<\/p>\n<p>[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Ese gukomoza ku ijambo Civilisation no gushimangira ko ari cyo kibazo Afurika ifite kitatuma itera imbere, si ukuzura akaboze, mu gihe Abanyafurika benshi kuri uyu mugabane batikiriye mu bukoloni abo Banyaburayi  baje batwikiriye umwambaro wanditseho &#8216;Civilisation?<\/p>\n<p> <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong> <\/p>\n<p> <strong> <em>Ntakirutimana Deus\/bwiza.com<\/em> <\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida w\u2019u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ko ikibazo Afurika ifite ari icya \u2018civilisation\u2019 kigaragarira mu miyoborere mibi, kubura demokarasi no kubyara abana benshi, nyamara Perezida Kagame atangaza ko mu bibazo uyu mugabane ufite icya civilisation kitarimo. Ibyo Macron yabitangaje mu nama iherutse guhuriza i Hambourg mu Budage, tariki ya 8 Nyakanga 2017, ibihugu 20 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[],"class_list":["post-6937","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-zicukumbuye"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida w\u2019u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ko ikibazo Afurika ifite ari icya \u2018civilisation\u2019 kigaragarira mu miyoborere mibi, kubura demokarasi no kubyara abana benshi, nyamara Perezida Kagame atangaza ko mu bibazo uyu mugabane ufite icya civilisation kitarimo. Ibyo Macron yabitangaje mu nama iherutse guhuriza i Hambourg mu Budage, tariki ya 8 Nyakanga 2017, ibihugu 20 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-08-19T15:18:17+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika\",\"datePublished\":\"2017-08-19T15:18:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937\"},\"wordCount\":1055,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/08\\\/Macron-HE.jpg\",\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937\",\"name\":\"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/08\\\/Macron-HE.jpg\",\"datePublished\":\"2017-08-19T15:18:17+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/08\\\/Macron-HE.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/08\\\/Macron-HE.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=6937#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA","og_description":"Perezida w\u2019u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gutangaza ko ikibazo Afurika ifite ari icya \u2018civilisation\u2019 kigaragarira mu miyoborere mibi, kubura demokarasi no kubyara abana benshi, nyamara Perezida Kagame atangaza ko mu bibazo uyu mugabane ufite icya civilisation kitarimo. Ibyo Macron yabitangaje mu nama iherutse guhuriza i Hambourg mu Budage, tariki ya 8 Nyakanga 2017, ibihugu 20 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-08-19T15:18:17+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika","datePublished":"2017-08-19T15:18:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937"},"wordCount":1055,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg","articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937","name":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg","datePublished":"2017-08-19T15:18:17+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=6937"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/Macron-HE.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=6937#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Kagame ntiyemeranya n&#039;ibyo Macron yibwira kuri Afurika"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6937","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6937"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6937\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6937"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6937"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6937"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}