{"id":70867,"date":"2024-08-29T12:43:41","date_gmt":"2024-08-29T10:43:41","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/?p=70867"},"modified":"2024-08-29T12:43:41","modified_gmt":"2024-08-29T10:43:41","slug":"fardc-yongeye-guca-amarenga-y-imyiteguro-yo-gutera-u-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867","title":{"rendered":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n\u2019ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. Sylvain Ekenge.<\/p>\n<p>Ibi byavuzwe n\u2019Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge, aganira n\u2019umunyamakuru w\u2019igisirikare, S\/Lt Nzuzi Dexter, ubwo yamubazaga ku itangazo riherutse gusohorwa na M23 ko indege ya gisirikare ya FARDC yavogereye ikirere cyabo ikagera n\u2019i Bunagana.<\/p>\n<p>Mu gusubiza niba koko baravogereye ikirere cy\u2019ahantu M23 igenzura, Gen. Maj. Ekenge yagize ati : \u00ab Mbere na mbere AFC-M23 ntabwo igenzura cyangwa ifite ububasha kuri iki kirere. Icyo ni kimwe. Icya kabiri, abo bikoraho ni abantu batazi Abanyarwanda, by\u2019umwihariko igisirikare cy\u2019u Rwanda. Ni Umujura uvugiriza induru umujura. Ni amayeri bamenyereye gukoresha. Nk\u2019ikimenyetso, twe ntabwo twigeze turenga ku gahenge, ahubwo ni RDF iza gutera ibirindiro byacu kandi ni ibirindiro biherereye muri Grand Nord. Nk\u2019ibirindiro bya Kikuvo. Muri Masisi barashaka kugenzura Masisi yose kandi byose bigakorwa harengwa ku ihagarikwa ry\u2019imirwano hanyuma bakagereka uko kurenga ku gahenge kuri FARDC. Ndetse mbisobanure neza, kajugujugu yaba yaravogereye icyo kirere bavuga ko ari iya FARDC, iyo kajugujugu ntabwo ari iya FARDC dukurikije amakuru nakiriye. Ni kajugujugu y\u2019Igisirikare cya Uganda yashakaga kunyura hariya kugirango itahe barasa kuri iyo kajugujugu yari itashye muri Uganda. None ni gute wabigereka kuri FARDC kandi ari Abanyarwanda barenga buri gihe ku gahenge nk\u2019uko kemejwe mu nama ya Luanda.\u00bb<\/p>\n<p>Yakomeje agira ubutumwa ageza ku basirikare bagenzi be mu ntera zitandukanye kuva kuri ba ofisiye kugeza ku basirikare bo hasi aho yakomeje gushyira izina ry\u2019u Rwanda imbere aho kuvuga M23 cyangwa AFC, bigenzura igice kinini muri Kivu y\u2019Amajyaruguru.<\/p>\n<p>Yagize ati : \u00ab Twebwe abasirikare b\u2019ingabo z\u2019igihugu, twebwe ba ofisiye b\u2019igisirikare cy\u2019igihugu, twebwe ba sous officier \u2026.n\u2019abasirikare bato, u Rwanda n\u2019Igisirikare cyarwo bazi abo baribo, ntibazahinduka. Uyu munsi tubayeho mu gihe gikomeye\u2026kuko ari igihe cyaranzwe n\u2019ubushotoranyi igihugu cyacu cyashyizweho n\u2019u Rwanda. Sinshidikanya na gato ku bushake bwacu no kwiyemeza kurangiza iki kibazo kuko dufite ubushobozi, uburyo, uburyo ntitunabuvuge kuko burahari, ni cyo gihe rero kuri twe kurema umwuka wo gukunda igihugu no kukirengera. \u00bb<\/p>\n<p>Yongeyeho ko Congo ari wo murage barazwe n\u2019abakurambere, ari yo mpamvu yabo yo kubaho, abaturage ba Congo bakaba babitezeho, nk\u2019abashinzwe kurinda igihugu, kubona babohoza ibice byose byigaruwe na M23.<\/p>\n<p>Ati : \u00ab Nibyo twatakaje ahantu. Twatakaje urugamba ariko intsinzi ni iyacu. Intsinzi ya nyuma ni twe\u2026kandi sinshidikanya ku kwiyemeza kw\u2019ingabo za Congo zishyigikiwe n\u2019abaturage bose ba Congo kugirango iyi mbogamizi ikurweho. Ni ikibazo cy\u2019ubuzima n\u2019urupfu\u2026kubw\u2019ibyo tugomba gukora ibishoboka byose kugirango ahantu higaruriwe hose hagarurwe kandi tujyane intambara aho yaturutse. \u00bb<\/p>\n<p>Uyu musirikare yakomeje ashimangira ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo \u00ab izakomeza kubaho n\u2019ubuso bwayo bwose bungana na 2 345 409 km2 cyangwa igasibangana ku ikarita ya Afurika tugahinduka abacakara b\u2019Abanyarwanda. \u00bb Yongeyeho ko uko azi Abanyekongo aya mahitamo ya kabiri atazigera abaho.<\/p>\n<p>Yashimangiye ko ibikenewe byose bakeneye nk\u2019igisirikare byamaze kwegeranywa mu rwego rwo kwitegura icyaba cyose, asaba ingabo kuzarwana zishikamye kugeza ku gitonyanga cya nyuma cy\u2019amaraso, yongera gushimangira ko bazajyana intambara aho yaturutse (ubwo ni mu Rwanda yakomeje gushinja), kandi bakongera kugira RDC igihugu gikomeye cyubashywe.<\/p>\n<p>Mu itangazo ryayo ryo ku Cyumweru gishize, M23 yagize iti : &#8220;indege y\u2019ubutasi bwa Kinshasa yavogereye ikirere cyacu muri iki gitondo cyo ku Cyumweru, itariki ya 25 Kanama 2024&#8221;, ishimangira ko ibyabaye ari ukurenga ku  gahenge ndetse n\u2019ubushotoranyi.<\/p>\n<p>Asubiza ibi birego, Umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y\u2019Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike mu itangazo yasohoye yavuze ko hashize amasaha 48 hari ikibazo cy\u2019ikirere, ati: &#8220;nta ndege ya FARDC cyangwa abafatanyabikorwa bayo yigeze igera mu kirere cya Kivu y\u2019Amajyaruguru&#8221;<\/p>\n<blockquote class=\"twitter-tweet\">\n<p lang=\"fr\" dir=\"ltr\">Les <a href=\"https:\/\/twitter.com\/FARDC_Info?ref_src=twsrc%5Etfw\">@FARDC_Info<\/a> affirment fermement que l\u2019espace a\u00e9rien dans la zone en question appartient exclusivement \u00e0 la R\u00e9publique D\u00e9mocratique du Congo. L\u2019AFC-M23-RDF n\u2019a aucun contr\u00f4le ni autorit\u00e9 sur cet espace a\u00e9rien. Nous exhortons la population \u00e0 rester vigilante face aux tentatives\u2026 <a href=\"https:\/\/t.co\/XG7TwGLXxA\">pic.twitter.com\/XG7TwGLXxA<\/a><\/p>\n<p>\u2014 Arm\u00e9e Congolaise &#8211; FARDC (@FARDC_Info) <a href=\"https:\/\/twitter.com\/FARDC_Info\/status\/1828853794991427671?ref_src=twsrc%5Etfw\">August 28, 2024<\/a><\/p><\/blockquote>\n<p> <script async src=\"https:\/\/platform.twitter.com\/widgets.js\" charset=\"utf-8\"><\/script><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n\u2019ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":4,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[126,131],"class_list":["post-70867","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-rw","tag-amamenyesha","tag-in-slide-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n\u2019ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2024-08-29T10:43:41+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Denis Nsengiyumva\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Denis Nsengiyumva\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867\"},\"author\":{\"name\":\"Denis Nsengiyumva\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/319409df9dcf848755eb54d18eba663c\"},\"headline\":\"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda\",\"datePublished\":\"2024-08-29T10:43:41+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867\"},\"wordCount\":704,\"commentCount\":1,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"keywords\":[\"Amamenyesha\",\"In Slide - Kinyarwanda\"],\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867\",\"name\":\"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2024-08-29T10:43:41+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=70867#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/319409df9dcf848755eb54d18eba663c\",\"name\":\"Denis Nsengiyumva\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=4\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA","og_description":"Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n\u2019ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2024-08-29T10:43:41+00:00","author":"Denis Nsengiyumva","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Denis Nsengiyumva","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867"},"author":{"name":"Denis Nsengiyumva","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/319409df9dcf848755eb54d18eba663c"},"headline":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda","datePublished":"2024-08-29T10:43:41+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867"},"wordCount":704,"commentCount":1,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"keywords":["Amamenyesha","In Slide - Kinyarwanda"],"articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=70867#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867","name":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2024-08-29T10:43:41+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=70867"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=70867#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"FARDC yongeye guca amarenga y\u2019imyiteguro yo gutera u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/319409df9dcf848755eb54d18eba663c","name":"Denis Nsengiyumva","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=4"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/70867","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/4"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=70867"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/70867\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=70867"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=70867"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=70867"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}