{"id":7093,"date":"2017-08-29T11:20:58","date_gmt":"2017-08-29T11:20:58","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/08\/29\/perezida-kagame-aremeza-ko-u-rwanda-rwiteguye-guhangana-n-ingaruka-z-ibibazo\/"},"modified":"2017-08-29T11:20:58","modified_gmt":"2017-08-29T11:20:58","slug":"perezida-kagame-aremeza-ko-u-rwanda-rwiteguye-guhangana-n-ingaruka-z-ibibazo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093","title":{"rendered":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo"},"content":{"rendered":"<p>Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri ibi bihe hikangwa ko hashobora kuvuka imvururu zitewe no kutumvikana ku kibazo cy\u2019amatora hagati ya leta n\u2019abatavuga rumwe nayo.<\/p>\n<p>Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n\u2019umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire ku ngingo zitandukanye.<\/p>\n<p>Umunyamakuru yibukije perezida Kagame uko yasobanuye ibyagezweho mu bukungu bw\u2019u Rwanda ndetse na gahunda ateganya muri iyi manda nshya yatangiye, abazwa niba adafite impungenge z\u2019abaturanyi bamwe bashobora gutekereza ko u Rwanda ruri kugera kuri byinshi rwonyine, ashaka kugaragaza ko rushobora kugirirwa ishyari, perezida kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho (kugirirwa ishyari), byanabayeho, ariko ko ari yo mpamvu u Rwanda rukomeje kugerageza  kubana neza n\u2019abaturanyi uko rushoboye.<\/p>\n<p>Yabajijwe icyo atekereza ku gihugu cya Congo umunyamakuru yise kinini, gifite ubutunzi bwinshi ariko cyangiritse, abazwa uko u Rwanda rwakwifata mu gihe havuka ibibazo nk\u2019uko bikunze kugaragara hakurya y\u2019umupaka umwe cyangwa undi ugasanga abaturage barahungira mu kindi gihugu ku bwinshi, perezida Kagame asubiza ko icyo atari ikibazo cyahangayikisha u Rwanda cyane.<\/p>\n<p>Yavuze ko haramutse habayeho kuza kw\u2019abaturage benshi ba Congo n\u2019ibintu byabo ibyo byakwitabwaho neza n\u2019u Rwanda. Ati: \u201c <em>Ndatekereza ibi bitaba ari icyiza. Dushobora kubyitaho. Nubwo duteganya ko miliyoni 2 z\u2019abaturage zishobora kwambuka\u2026. Dushobora n\u2019ubundi kubyitaho. Kandi nyuma, nzi ko abandi bafasha. Ntibyaduhungabanya. Ibishobora kuba muri Congo ni ugukonkoboka kandi congo ifite abaturanyi 9; twese bizadukoraho. Tuzagira uruhare rwacu mu kibazo. Ariko ikibazo ikibazo rukumbi nakomeje kugirira impungenge ariko cyagabanyutse cyane ubu, cyari buri gihe umutekano mukeya wari guturuka hariya ukatugiraho ingaruka. Ariko twabyitayeho mu myaka yashize twubaka ubushobozi<\/em> \u201d.<\/p>\n<p>Perezida Kagame yakomeje avuga ko mu bihe byahise kwari ukwihimura ku bibazo bimwe byari bihari. Ati: \u201c <em>Ndabivuga gute? Aho kukureka ukazana intambara iwanjye, kandi isenya buri kimwe, ahubwo nakuzanira intambara<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Umunyamakuru yasabye perezida Kagame kugaruka gato ku ntambara ya M23 aho ngo hagiye havugwa ko u Rwanda rwivanga mu bibazo bya Congo, abaza niba hari ingaruka byagize ku isura y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Perezida Kagame yasubije ko byagize ingaruka, avuga uko abantu bagiye bishyiramo Guverinoma y\u2019u Bwongereza bamagana inkunga butera u Rwanda, ndetse ngo hakaba hari n\u2019abavugaga ko inkunga yose butera u Rwanda ijya mu ntambara. Ibintu ngo bidahuye kandi bitari ukuri.<\/p>\n<p>Aha perezida Kagame yagize ati: \u201c <em>Ndibuka igihe kimwe nshwana n\u2019umwe mu baminisitiri hariya, wampamagaye kuri telephone. Yaravuze, oya, tugiye guhagarika inkunga yanyu. Nararakaye maze ndavuga, urabizi, nusubirana ayo mafaranga, ushobora nyabuneka kuyaha Congo? Byibuze ufashishe abakongomani ayo mafaranga yacu. Icya kabiri, mu myaka 23 ishize iyo myaka yose twashinjwaga buri kimwe muri Congo, kugeza ubu, nifuzaga kubona umuntu ushobora kuvuga, oya, wagiye muri Congo kuko washakaga gucukura imitungo kamere, amabuye y\u2019agaciro ngo avuge , ibi nibyo wabonye, ibi nibyo wakoze<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Umukuru w\u2019igihugu akaba yakomeje avuga ko ahubwo bakwepa ikibazo cya nyacyo ari nacyo u Rwanda rwabagaragarije kuva mu 1994; Ibibazo by\u2019umutekano. Ngo yewe u Rwanda rwanaberekaga ko ari yo mpamvu hashyizweho MONUSCO ngo nayo ihangane n\u2019ibibazo nk\u2019ibyo.<\/p>\n<p>Ati: \u201c <em>Mutubwire icyo babikozeho. Amaherezo byagaragaye ko Loni yari yagiye hariya kwicara muri Congo, naho Umuryango Mpuzamahanga wicaye inyuma wizeye ko Ingabo za Loni ziri kwita ku kibazo<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Komisiyo y\u2019igihugu y\u2019amatora muri Congo mu kwezi gushize yatangaje ko amatora ya perezida yari ateganyijwe mu mpera z\u2019uyu mwaka adashobora kuba ahubwo azaba mu mwaka utaha wa 2018. Ni nyuma y\u2019uko perezida Kabila ubusanzwe manda ye ya 2 yarangiye mu Ukuboza 2016, ariko akabasha kumvikana n\u2019abatavuga rumwe nawe bakemeranya ko amatora azaba mu mpera z\u2019uyu mwaka wa 2017.<\/p>\n<p>Uku kongera gusunika amatora rero abakurikiranira hafi ibibera muri iki gihugu baremeza ko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w\u2019igihugu mu gihe abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bakomeje gushimangira ko nyuma y\u2019uyu mwaka Kabila atazaba afatwa nka perezida wa Congo. Hakaba hikangwa rero ko hashobora kuvuka imvururu zikomeye zishobora gutuma n\u2019abaturage bata ibyabo.<br \/>\n\u00a0<br \/>\nK<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri ibi bihe hikangwa ko hashobora kuvuka imvururu zitewe no kutumvikana ku kibazo cy\u2019amatora hagati ya leta n\u2019abatavuga rumwe nayo. Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n\u2019umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-7093","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri ibi bihe hikangwa ko hashobora kuvuka imvururu zitewe no kutumvikana ku kibazo cy\u2019amatora hagati ya leta n\u2019abatavuga rumwe nayo. Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n\u2019umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-08-29T11:20:58+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo\",\"datePublished\":\"2017-08-29T11:20:58+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093\"},\"wordCount\":678,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093\",\"name\":\"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-08-29T11:20:58+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7093#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA","og_description":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri ibi bihe hikangwa ko hashobora kuvuka imvururu zitewe no kutumvikana ku kibazo cy\u2019amatora hagati ya leta n\u2019abatavuga rumwe nayo. Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n\u2019umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-08-29T11:20:58+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo","datePublished":"2017-08-29T11:20:58+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093"},"wordCount":678,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7093#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093","name":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-08-29T11:20:58+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7093"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7093#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Kagame aremeza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n\u2019ingaruka z\u2019ibibazo bishobora kuvuka muri Congo"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7093","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7093"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7093\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7093"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7093"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7093"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}