{"id":7270,"date":"2017-09-11T08:42:34","date_gmt":"2017-09-11T08:42:34","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/09\/11\/perezida-wa-koreya-ya-ruguru-arabyina-intsinzi-abanzi-bamukomera-agatoki-ku\/"},"modified":"2025-02-12T15:41:59","modified_gmt":"2025-02-12T13:41:59","slug":"perezida-wa-koreya-ya-ruguru-arabyina-intsinzi-abanzi-bamukomera-agatoki-ku","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270","title":{"rendered":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi"},"content":{"rendered":"<p> <strong> <em>Leta ya Pyongyang, mu murwa mukuru wa Koreya ya Ruguru, hizihijwe ibirori bihambaye Perezida w\u2019iki gihugu yakoresheje, byo kubyina intsinzi mu rwego rwo gushimira abahanga mu by\u2019ubugenge n\u2019ubundi buvumbuzi mu by\u2019ibitwaro bya kirimbuzi. Amahanga yo akaba arimo kumwigaho, amutegurira imigambi yo kumuhagarika, ategurirwa ibihano bikakaye nk&#8217;ibyafatiwe Irak mu myaka yashize.<\/em> <\/strong> <\/p>\n<p>Ibi kandi bikaba bibaye mu gihe hatarashira icyumweru Koreya ya Ruguru igerageje igisasu karundura cyo mu bwoko bwa hydrogen ,bivugwa ko cyaba gifite ubushobozi n\u2019ubugome buhambaye bwikube 500 ku bisasu bisanzwe bizwi bya kirimbuzi .<\/p>\n<p>Aya makuru yo kubyina intsinzi mu by\u2019ubucuzi bw\u2019ibitwaro karahabutaka ariko akaba aje nyuma y\u2019uko Bwana Antonio Giterres ,umunyamabanga mukuru wa Loni atangarije ko iki kibazo cy\u2019icurwa ry\u2019ibitwaro rya Koreya ya Ruguru ,ari cyo kibazo cyabereye umuzigo utoroshye umuryango w\u2019abibumbye muri uyu mwaka wose!<\/p>\n<p>Ikinyamakuru The Guardian, bwiza.com ikesha iyi nkuru, ivuga ko kandi muri iki cyumweru dushoje ,ubwo Koreya ya Ruguru yizihizaga isabukuru y\u2019imyaka 69 ibayeho, nabwo hari ikindi gisasu yagerageje,ariko nticyagira byinshi kivugwaho ,kuko cyari igisasu yego kiri mu bwoko bwa missile zambukiranya imipaka, [  <strong>Intercontinental Ballistic Missiles<\/strong>  ] ariko ko kitari gikanganye.<\/p>\n<p>Ku mafoto kandi yashyizwe hanze n\u2019i Biro ntaramakuru bya Korea ya ruguru KCNA  ari gucicikana mu itangazamakuru ,hari kugaragaraho Kim Yung Un ari guseka cyane,mu ruhame rw\u2019imbaga yari imukikije ,anafatana amafoto n\u2019abahanga be mu byo gucura intwaro ,amwenyura udutwenge ari twose,abasesenguzi bakavuga ko ibyo byose byabaye ku wa Gatandatu!<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-76939 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg\" alt=\"\" width=\"940\" height=\"622\" \/><\/a><\/p>\n<p>Abagaragaye cyane ku mafoto ariko ,hagaragayemo Bwana Ri Hong-sop uyu akaba uhagarariye Ikigo gishinzwe intwaro za kirimbuzi cya Korea ya ruguru , The North Korea\u2019s Nuclear Weapons Institute mu magambo arambuye y\u2019icyongereza, Bwana Hong kandi akaba ari nawe ukuriye itsinda ry\u2019aba injenyeri kabuhariwe mu by\u2019ubucuzi bw\u2019ibi bitwaro karahabutaka bya Korea ya ruguru.<\/p>\n<p>Mu muhango rero wo kwishimira uburyo Korea ya Ruguru iri gutera imbere mu byo gucura intwaro za rutura, Perezida Kim Jong Un yagize ati &#8221;<br \/>\nUbu ni twe tuyoboye\u2026.. ,kandi turi ku ntambwe isoza yo kuba igihugu gikomeye kandi gitunze intwaro zacyo za kirimbuzi\u201d.<\/p>\n<p>Yakomeje agira ati<br \/>\n \u201cIgeragezwa riherutse rya Hydrigen Bomb ni intsinzi yacu ikomeye nk\u2019abaturage ba Koreya ya ruguru ,kandi byashobotse ku kiguzi cy\u2019amaraso yabo, mu gihe bizirikaga umukanda bakirya bakimara mu bihe byari bikomeye cyane\u201d.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Nkuko kandi iki kibazo byavuzwe ko aricyo gikomeje gufatwa nk\u2019iki guteza impaka cyane muri Loni ,Antonio Guterres ,umunyamabanga mukuru wayo yongeye kwibutsa amahanga ko agomba guhaguruka ,akicarira iki kibazo ,anavuga ko kuri we byanashoboka ko izi irimo gukererwa irebera ,kandi ibintu bitameze neza na mba.<\/p>\n<p>Yagize ati :<br \/>\n\u201cUyu munsi turibuka intambara zikomeye isi yagize kubera gukererwa no kuba ba ntibindeba mu gufata imyanzuro ihamye kubo byarebaga . Ariko ,birazwi ko nyinshi muri izo ntambara ,zagendaga ahanini ziterwa no kwinumira ,abantu bakituriza kandi bikomeye. Twizere ko rero uburemere bw\u2019iki kibazo cy\u2019intwaro za Korea ya ruguru kitaza gutera ingorane isi ikaba yamera nk\u2019itunguwe ,kandi ga ,n\u2019ubu biri gusa n\u2019ibiri gutinda\u201d.<\/p>\n<p>Guterres kandi asaba akomeje Koreya ya Ruguru kwihutira kubahiriza amabwiriza akubiye mu myanzuro ya Loni yayifatiwe,hamwe no guhagarika nta mananiza icurwa ry\u2019ibitwaro bya kirimbuzi byayo ,ati<br \/>\n\u201cTwe nk\u2019umuryango w\u2019abibumbye dufite inshingano zo gushimangira ukuvuga rumwe kuri iki kibazo, ku cyo byasaba cyose ,kuko ni nirwo rwego n\u2019uburyo rukumbi rufite ubushobozi bwo guhosha amakimbirane, kandi bigakunda, hatabayeho kurasana ,mu buryo bwisunze dipolomasi\u201d.<\/p>\n<p>Ku wa mbere w&#8217;iki cyumweru dusoje, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangije umushinga w\u2019umwanzuro wo gufatira ibindi bihano mu bya Peteroli iki gihugu cya Koreya ya ruguru, gusa igihugu cy\u2019u Burusiya kiwitambika hakiri kare ,kandi gitangaza ko ntacyo uzageraho ,kuko ibihano ntacyo bizageza ku mahanga abikangisha Koreya ya Ruguru,cyane ko n\u2019u Bushinwa hamwe n\u2019u Budage byasabye ko hakwiye kubaho imishyikirano nk\u2019iyabaye ku kibazo cya Iran,maze iki kibazo kikava mu nzira .<\/p>\n<p>Iby\u2019uyu mushinga w\u2019imyanzuro wafatirwa Koreay ya ruguru ariko bikimara gukomwa mu nkokora ,Amerika yahise izana undi ushingiye ku kuba Koreya yafatirwa ibihano mu by\u2019ubucuruzi bw\u2019imyenda,ariko u Bushinwa kubera ari nabwo bucuruzayo myinshi busanga byaba ari ugushaka kwibasira ubukungu n\u2019ubucuruzi bwabwo ,nabyo buvuga ko buzabyitambika.<\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019Ingabo w\u2019u Buyapani , Itsunori Onodera , yari yasabye Loni ko byari kuba byiza Koreya ya Ruguru ifatiwe ibihano mu by\u2019ubucuruzi bw\u2019imyenda na Peteroli ,ko n\u2019ubwo biri kugenda biguru ntege ariko hari icyo byari gusiga bishegesheho iki gihugu ,cyane ko ibisasu hafi ya byose Korea ya ruguru igerageza ,ibyerekeza ku Buyapani.<\/p>\n<p>Itsunori yagize ati: \u201c Nitubasha gukomeza kotsaigitutu Korea ya ruguru , hari aho izagera inanirwe gukomeza gucura ibitwaro byayo , izaheraho yemere ibiganiro, mu rwego rwo gukomeza gushinagira ihame ryo gukemura ibibazo binyuze mu nzira ya diplomasi\u201d.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/N3.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-76937\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/N3.jpg\" alt=\"\" width=\"685\" height=\"514\" \/><\/a><\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/kanda%20hano%20ubone%20amakuru%20yihuse%20kandi%20ku%20gihe%20kuri%20facebook%C2%A0no%20kuri%20twitter\/\">Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter<\/a><\/p>\n<p> <strong> <em>Marshall Eugene David \/Bwiza.com<\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta ya Pyongyang, mu murwa mukuru wa Koreya ya Ruguru, hizihijwe ibirori bihambaye Perezida w\u2019iki gihugu yakoresheje, byo kubyina intsinzi mu rwego rwo gushimira abahanga mu by\u2019ubugenge n\u2019ubundi buvumbuzi mu by\u2019ibitwaro bya kirimbuzi. Amahanga yo akaba arimo kumwigaho, amutegurira imigambi yo kumuhagarika, ategurirwa ibihano bikakaye nk&#8217;ibyafatiwe Irak mu myaka yashize. Ibi kandi bikaba bibaye mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-7270","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Leta ya Pyongyang, mu murwa mukuru wa Koreya ya Ruguru, hizihijwe ibirori bihambaye Perezida w\u2019iki gihugu yakoresheje, byo kubyina intsinzi mu rwego rwo gushimira abahanga mu by\u2019ubugenge n\u2019ubundi buvumbuzi mu by\u2019ibitwaro bya kirimbuzi. Amahanga yo akaba arimo kumwigaho, amutegurira imigambi yo kumuhagarika, ategurirwa ibihano bikakaye nk&#8217;ibyafatiwe Irak mu myaka yashize. Ibi kandi bikaba bibaye mu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-09-11T08:42:34+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:41:59+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi\",\"datePublished\":\"2017-09-11T08:42:34+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:59+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270\"},\"wordCount\":807,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/K4.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270\",\"name\":\"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/K4.jpg\",\"datePublished\":\"2017-09-11T08:42:34+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:59+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/K4.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/K4.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7270#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA","og_description":"Leta ya Pyongyang, mu murwa mukuru wa Koreya ya Ruguru, hizihijwe ibirori bihambaye Perezida w\u2019iki gihugu yakoresheje, byo kubyina intsinzi mu rwego rwo gushimira abahanga mu by\u2019ubugenge n\u2019ubundi buvumbuzi mu by\u2019ibitwaro bya kirimbuzi. Amahanga yo akaba arimo kumwigaho, amutegurira imigambi yo kumuhagarika, ategurirwa ibihano bikakaye nk&#8217;ibyafatiwe Irak mu myaka yashize. Ibi kandi bikaba bibaye mu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-09-11T08:42:34+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:41:59+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi","datePublished":"2017-09-11T08:42:34+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:59+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270"},"wordCount":807,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270","name":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg","datePublished":"2017-09-11T08:42:34+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:59+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7270"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/K4.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7270#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida wa Koreya ya Ruguru arabyina intsinzi abanzi bamukomera agatoki ku kandi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7270","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7270"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7270\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7270"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7270"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7270"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}