{"id":7307,"date":"2017-09-12T22:07:43","date_gmt":"2017-09-12T22:07:43","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/09\/12\/itangazo-ry-039-inama-ya-mbere-idasanzwe-y-039-abaminisitiri-bagize-guverinoma\/"},"modified":"2025-02-12T15:41:46","modified_gmt":"2025-02-12T13:41:46","slug":"itangazo-ry-039-inama-ya-mbere-idasanzwe-y-039-abaminisitiri-bagize-guverinoma","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307","title":{"rendered":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya"},"content":{"rendered":"<p>None kuwa kabiri, tariki ya 12 Nzeri 2017, Inama y\u2019Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.<\/p>\n<p>Inama y\u2019Abaminisitiri yatangiye ishimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika icyizere yagiriye ikipe nshya ya Guverinoma, by\u2019umwihariko yifuriza ikaze n\u2019imirimo myiza ba Minisitiri n\u2019Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma bwa mbere.<\/p>\n<p>Abagize Guverinoma bamwijeje kuzakora ibishoboka byose kugira ngo buzuze uko bikwiye inshingano bahawe.<\/p>\n<p>Perezida wa Repubulika yabahaye impanuro zireba Abagize Guverinoma bose, baba abasanzwe muri Guverinoma n\u2019abayinjiyemo bwa mbere, zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye, ikaba ariyo ntego igomba kubaranga bose.<\/p>\n<p>Izo mpanuro zikubiye mu ncamake ku buryo bukurikira:<\/p>\n<p>&#8211; Guhuriza hamwe ibyo buri muyobozi ashinzwe (coordination) babiyobowemo na Nyakubahwa Minisitiri w\u2019Intebe;<\/p>\n<p>&#8211; Gusangira amakuru (communication);<\/p>\n<p> &#8211; Kwiyoroshya (humility) no gushyira inyungu z\u2019abo bakorera imbere zigasumba<\/p>\n<p> uburemere bahabwa n\u2019urwego bariho.<\/p>\n<p>1. Inama y\u2019Abaminisitiri yemeje imyanzuro y\u2019Inama y\u2019Abaminisitiri yo kuwa 30 Kamena 2017.<\/p>\n<p>2. Inama y\u2019Abaminisitiri yagejejweho Intego zikubiye muri Gahunda y\u2019Igihugu y\u2019Imyaka irindwi [7 (2017-2024)] y\u2019impinduka zo kwihutisha iterambere (National Strategy for Transformation) irayemeza imaze kuyikorera ubugororangingo;<\/p>\n<p>3. Inama y\u2019Abaminisitiri yemeje Imishinga y\u2019Amategeko ikurikira:<\/p>\n<p> &#8211; Umushinga w\u2019Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y\u2019inyongera y\u2019inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 22 Gicurasi 2017, hagati ya Repubulika y\u2019u Rwanda n\u2019Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (ADF), yerekeranye n\u2019inguzanyo ingana na Miliyoni ebyiri n\u2019Ibihumbi Magana abiri na Page 2 of 5<\/p>\n<p> Makumyabiri za \u00abUnits of Account\u00bb (2.220.000 UA) agenewe umushinga wo kongera uburyo bwo kwegereza Abaturage ibijyanye n\u2019Ingufu;<\/p>\n<p>&#8211; Umushinga w\u2019Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y\u2019inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 17 Nyakanga 2017, hagati ya Repubulika y\u2019u Rwanda n\u2019Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yerekeranye n\u2019inguzanyo ya Miliyoni Mirongo Inani n\u2019Indwi n\u2019Ibihumbi magana atandatu z\u2019Amadetesi (87.600.000 DTS) agenewe Gahunda y\u2019Ubumenyi bw\u2019Ingenzi bugamije Iterambere;<\/p>\n<p>&#8211; Umushinga w\u2019Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y\u2019impano yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 07 Nyakanga 2017, hagati ya Repubulika y\u2019u Rwanda n\u2019Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), nk\u2019urwego rushyira mu bikorwa gahunda yo Gukwirakwiza Ingufu z\u2019Imirasire y\u2019Izuba iterwa inkunga n\u2019Ikigega cyita ku mihindagurikire y\u2019ikirere yerekeranye n\u2019impano ingana na Miliyoni Makumyabiri n\u2019Imwe n\u2019Ibihumbi Magana Ane na Mirongo Ine z\u2019Amadolari y\u2019Abanyamerika (21,440,000 USD) agenewe Umushinga wo gushyiraho Ikigega kigenewe Guteza imbere Ingufu z\u2019Imirasire y\u2019Izuba mu<\/p>\n<p> Rwanda;<\/p>\n<p>&#8211; Umushinga w\u2019Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y\u2019inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 07 Nyakanga 2017, hagati ya Repubulika y\u2019u Rwanda n\u2019Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA) nk\u2019Urwego rushyira mu bikorwa Gahunda yo gukwirakwiza Ingufu z\u2019Imirasire y\u2019Izuba iterwa Inkunga n\u2019Ikigega cyita ku mihindagurikire y\u2019Ikirere, yerekeranye n\u2019inguzanyo ingana na Miliyoni Makumyabiri n\u2019indwi n\u2019Ibihumbi Magana Atanu z\u2019Amadolari y\u2019Abanyamerika ($27,500,000) agenewe Umushinga wo gushyiraho Ikigega kigenewe Guteza Imbere Ingufu z\u2019Imirasire y\u2019Izuba mu Rwanda.<\/p>\n<p>4. Inama y\u2019Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi<\/p>\n<p> muri Minisiteri y\u2019Ubucuruzi n\u2019Inganda (MINICOM);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi muri Minisiteri y\u2019Ibidukikije (MoE);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi muri Minisiteri y\u2019Ubutaka n\u2019Amashyamba (MINILAF);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi muri Minisiteri y\u2019Ikoranabuhanga n\u2019Itumanaho (MITEC);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi<\/p>\n<p> muri Minisiteri y\u2019Urubyiruko (MINIYOUTH);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi bo mu Kigo cy\u2019Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS);<\/p>\n<p>&#8211; Iteka rya Minisitiri w\u2019Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y\u2019imyanya<\/p>\n<p> y\u2019imirimo, ibisabwa ku myanya y\u2019imirimo, imishahara n\u2019ibindi bigenerwa Abakozi b\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu Gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n\u2019Isakazabumenyi<\/p>\n<p> (RISA).<\/p>\n<p>5. Inama y\u2019Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagararira Ibihugu byabo mu Rwanda, ku rwego rwa Ambasaderi, ku buryo bukurikira:<\/p>\n<p>1. Madamu OLIVER WONEKHA, wa Uganda, afite icyicaro i Kigali, mu<\/p>\n<p> Rwanda;<\/p>\n<p> 2. Bwana OUMAR DAOU, wa Mali, afite icyicaro i Kigali, mu Rwanda.<\/p>\n<p> 3. Bwana ADAMU ONOZE SHUAIBU, wa Nigeria, afite icyicaro i Kigali, mu<\/p>\n<p> Rwanda.<\/p>\n<p> 4. Bwana FERNANDO ESTELLITA LINS DE SALVO COIMBRA, wa Brazil, afite<\/p>\n<p> icyicaro i Nairobi, muri Kenya.<\/p>\n<p> 5. Madamu ALISON HELENA CHARTRES, wa Australia, afite icyicaro i<\/p>\n<p> Nairobi, muri Kenya.<\/p>\n<p> 6. Bwana NGUYEN KIM DOANH, wa Vietnam, afite icyicaro i Dar es Salaam,<\/p>\n<p> muri Tanzania.<\/p>\n<p> 6. Inama y\u2019Abaminisitiri yemeje ko Bwana NICOLA BELLOMO ahagararira Umuryango<\/p>\n<p> w\u2019Ibihugu by\u2019i Burayi mu Rwanda, afite icyicaro i Kigali, mu Rwanda.<\/p>\n<p>7. Mu Bindi:<\/p>\n<p> a) Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika yamenyesheje Inama y\u2019Abaminisitiri ibi<\/p>\n<p> bikurikira:<\/p>\n<p> &#8211; Icyumweru cy\u2019Ubumwe n\u2019Ubwiyunge kizizihizwa ku nshuro ya 10 mu<\/p>\n<p> Rwanda hose kuva ku itariki ya mbere kugeza ku ya 7 Ukwakira 2017.<\/p>\n<p> Insanganyamatsiko y\u2019uyu mwaka ni: \u201cUbumwe n\u2019Ubwiyunge ni Umusingi<\/p>\n<p> w\u2019Iterambere rirambye\u201d Bimwe mu bikorwa biteganyijwe muri iki<\/p>\n<p> cyumweru harimo: Gutoranya Abarinzi b\u2019Igihango ku rwego rw\u2019Akagari no<\/p>\n<p> kwishimira ibyagezweho mu rwego rw\u2019Ubumwe n\u2019Ubwiyunge. Inama<\/p>\n<p> y\u2019Abaminisitiri yasabye Abanyarwanda bose kuzitabira ibi bikorwa.<\/p>\n<p>&#8211; Umunsi Mpuzamahanga w\u2019Amahoro uzizihizwa ku itariki ya 21 Nzeri 2017.<\/p>\n<p> Insanganyamatsiko y\u2019uyu mwaka ni: \u201cTwese hamwe duharanire amahoro<\/p>\n<p> twimakaza indangagaciro z\u2019ubwubahane n\u2019agaciro ka muntu mu<\/p>\n<p> muryango\u201d.<\/p>\n<p>b) Minisitiri w\u2019Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y\u2019Abaminisitiri ko:<\/p>\n<p> &#8211; U Rwanda rwateguye inyandiko za ngombwa zerekeranye no kwandikisha<\/p>\n<p> Inzibutso za Jenoside za Nyamata, Murambi, Bisesero na Gisozi ku rutonde<\/p>\n<p> rw\u2019Umurage w\u2019Isi. Izo nyandiko zizashyikirizwa UNESCO bitarenze tariki ya 30 Nzeri 2017.<\/p>\n<p>&#8211; Kuva ku itariki ya 7 kugeza ku ya 9 Nzeri 2017, mu Rwanda habereye<\/p>\n<p> isiganwa ry&#8217;imodoka ryiswe Rwanda Mountain Gorilla Rally, ryitabirwa<\/p>\n<p> n\u2019abakinnyi baturutse mu Rwanda, Kenya, Tanzaniya, Burundi, Uganda na<\/p>\n<p> Zambiya. Ikipe ya Kenya niyo yegukanye intsinzi.<\/p>\n<p>&#8211; Kuva ku itariki ya 13 kugeza ku ya 17 Nzeri 2017, u Rwanda ruzakira<\/p>\n<p> irushanwa Nyafurika ry\u2019Umukino wa Volley Ball ku bafite ubumuga bita Para\u00ef\u00bf\u00beVolley Ball. Iri rushanwa rizitabirwa n\u2019amakipe 13 azava mu Rwanda, Misiri, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Uganda, Algeria, Maroc na Afurika y\u2019Epfo . Iryo rushanwa riteganyijwe kubera i Remera kuri Petit Stade.<\/p>\n<p>c) Minisitiri w\u2019Imari n\u2019Igenamigambi yamenyesheje Inama y\u2019Abaminisitiri ko i Kigali, ku itariki ya 6 Ukwakira 2017, hazizihizwa Umunsi w&#8217;Abasora. Insanganyamatsiko y\u2019uyu mwaka ni \u201cUmusoro wanjye, isoko y\u2019iterambere n\u2019agaciro byanjye.\u201d<\/p>\n<p>d) Minisitiri w\u2019Ubuhinzi n\u2019Ubworozi yamenyesheje Inama y\u2019Abaminisitiri ko:<\/p>\n<p> &#8211; Imyiteguro y\u2019Igihembwe cya mbere cy\u2019Ihinga (Season 2018A) yagenze neza.<\/p>\n<p> Abahinzi bakanguriwe gutegura aho bazatera imbuto, kugura no gukoresha<\/p>\n<p> inyongeramusaruro birimo gukorwa binyuze muri Gahunda y\u2019Ubukangurambaga ya \u201cTwigire Muhinzi\u201d, irimo gukorwa mu Turere twose<\/p>\n<p> tw\u2019Igihugu;<\/p>\n<p>&#8211; Kuva ku itariki ya 4 kugeza ku ya 5 Ukwakira 2017, u Rwanda ruzakira Inama<\/p>\n<p> n\u2019Imurikagurisha Nyafurika ku bikomoka ku nkoko bizabera muri Kigali<\/p>\n<p> Convention Center.<\/p>\n<p>e) Minisitiri w\u2019Ubutabera\/Intumwa Nkuru ya Leta yamenyesheje Inama<\/p>\n<p> y\u2019Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 7 kugeza ku ya 9 Ugushyingo 2017, u Rwanda ruzakira Inama Mpuzamahanga y\u2019Ihuriro ry\u2019Ibigo Nyafurika bishinzwe kurengera no guteza imbere Uburenganzira bwa Muntu.<\/p>\n<p>f) Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe Amashuri Abanza<\/p>\n<p> n\u2019Ayisumbuye yamenyesheje Inama y\u2019Abaminisitiri ko:<\/p>\n<p> &#8211; Ku itariki ya 8 Nzeri 2017, u Rwanda rwijihije Umunsi Mpuzamahanga<\/p>\n<p> wahariwe kwigisha gusoma, kwandika no kubara. Insanganyamatsiko y\u2019uyu<\/p>\n<p> mwaka ni \u201cImbaraga zo gusoma\u201d. Ku bufatanye bwa Minisiteri y\u2019Uburezi na<\/p>\n<p> Minisiteri y\u2019Umuco na Siporo hatangijwe Ukwezi kwahariwe kwigisha gusoma, kwandika no kubara i Kigali;<\/p>\n<p>&#8211; Icyumweru cyahariwe kubaka amashuri kizatangizwa ku itariki ya 16 Nzeri 2017. Ibikorwa byateganyijwe bizarangira ku itariki ya 31 Ukuboza 2017, muri byo harimo gusimbura no\/cyangwa gusana ibyumba by\u2019amashuri 992 n\u2019ubwiherero 1344 mu gihugu hose hakoreshwa uburyo budasanzwe.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Iri tangazo ryashyizweho umukono na Marie Solange Kayisire, Minisitiri Ushinzwe Imirimo y\u2019Inama y\u2019Abaminisitiri.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/kanda%20hano%20ubone%20amakuru%20yihuse%20kandi%20ku%20gihe%20kuri%20facebook%C2%A0no%20kuri%20twitter\/\">Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter<\/a><\/p>\n<p>Ntakirutimana Deus@Bwiza.com<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>None kuwa kabiri, tariki ya 12 Nzeri 2017, Inama y\u2019Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y\u2019Abaminisitiri yatangiye ishimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika icyizere yagiriye ikipe nshya ya Guverinoma, by\u2019umwihariko yifuriza ikaze n\u2019imirimo myiza ba Minisitiri n\u2019Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma bwa mbere. Abagize Guverinoma bamwijeje kuzakora [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-7307","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"None kuwa kabiri, tariki ya 12 Nzeri 2017, Inama y\u2019Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y\u2019Abaminisitiri yatangiye ishimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika icyizere yagiriye ikipe nshya ya Guverinoma, by\u2019umwihariko yifuriza ikaze n\u2019imirimo myiza ba Minisitiri n\u2019Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma bwa mbere. Abagize Guverinoma bamwijeje kuzakora [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-09-12T22:07:43+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:41:46+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya\",\"datePublished\":\"2017-09-12T22:07:43+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:46+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307\"},\"wordCount\":1351,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307\",\"name\":\"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-09-12T22:07:43+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:46+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7307#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA","og_description":"None kuwa kabiri, tariki ya 12 Nzeri 2017, Inama y\u2019Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y\u2019Abaminisitiri yatangiye ishimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika icyizere yagiriye ikipe nshya ya Guverinoma, by\u2019umwihariko yifuriza ikaze n\u2019imirimo myiza ba Minisitiri n\u2019Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma bwa mbere. Abagize Guverinoma bamwijeje kuzakora [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-09-12T22:07:43+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:41:46+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya","datePublished":"2017-09-12T22:07:43+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:46+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307"},"wordCount":1351,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7307#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307","name":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-09-12T22:07:43+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:46+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7307"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7307#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Itangazo ry&#039;Inama ya mbere idasanzwe y&#039;Abaminisitiri bagize Guverinoma Nshya"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7307","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7307"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7307\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7307"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7307"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7307"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}