{"id":7354,"date":"2017-09-15T11:09:45","date_gmt":"2017-09-15T11:09:45","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/09\/15\/dr-kabirima-ushinjwa-uruhare-muri-jenoside-arashinjurwa-n-abarokotse\/"},"modified":"2025-02-12T15:41:13","modified_gmt":"2025-02-12T13:41:13","slug":"dr-kabirima-ushinjwa-uruhare-muri-jenoside-arashinjurwa-n-abarokotse","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354","title":{"rendered":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse"},"content":{"rendered":"<p>Dr Jean Damascene Kabirima, ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kuri ubu ari gushinjurwa na bamwe mu barokotse jenoside bemeza ko abeshyerwa ahubwo icyo azira ari amakimbirane ashingiye ku masambu.<\/p>\n<p>Abatangabuhamya batanu barimo bane bo mu Karere ka Nyaruguru Dr Kabirima avukamo, ni bo baherutse kuri uyu wa gatatu ushize gutambuka imbere y\u2019umucamanza bamushinjura ibyaha bya jenoside n\u2019ibyibasiye inyokomuntu ubushinjacyaha bumurega.<\/p>\n<p>Abo ni Bwana Jean Baptiste Kayiranga wo mu mujyi wa Kigali. Yavuze ko ubwo Jenoside yatangiraga ku itariki ya 06\/04\/94 yari umukozi w\u2019umuryango utabara imbabare Croix Rouge. Uyu mutangabuhamya yavuze ko hagati ya 23-24 z\u2019ukwa Kane yabonye Bwana Kabirima mu mujyi wa Kigali ari kwa mukuru we wari umusirikare ari na ho ahera yemeza ko yamumenyeye.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Angelibert Nkusi ni umusaza warokotse jenoside wabaye uwa kabiri mu gushinjura Bwana Kabirima. Yumvikanye yikoma abana be Desire Mazimpaka na Mukazera ko bashinje Kabirima ibyaha bya jenoside n\u2019ibyibasiye inyokomuntu bamubeshyera.<\/p>\n<p>Umukobwa we, Mukazera ngo yashinje Kabirima ko yamufashe ku ngufu, musaza we Mazimpaka na we ngo amushinja ko yari mu gitero cyamuhiganaga n\u2019abandi batutsi I Bunge.<\/p>\n<p>Uyu mutangabuhamya byose yabitsembeye umucamanza maze avuga ko jenoside itangiye iwabo yahunganye n\u2019abana be mu Burundi mu magambo yabwiye umucamanza ati \u201c Abana banjye narabahungishije ntawakomeretse nta n\u2019uwigeze akubitwa n\u2019inkoni\u201d. Avuga ko yumvaga ko jenoside yatangiye Kabirima ari umunyeshuli.<\/p>\n<p>Naho Bwana Vincent Nzirabatinyi we ni umutangabuhamya wemera uruhare yagize muri Jenoside yanasabiye imbabazi.<\/p>\n<p>Yabwiye umucamanza ko mu byaha byose yakoze ntaho yigeze ahurira na Kabirima nk\u2019uko babimurega. Nawe avuga ko yari azi ko Kabirima yari ku masomo ubwo jenoside yabaga. Yemera ko yongeye kumubona mu kwezi kwa Gatandatu bahunga.<\/p>\n<p>Uyu mutangabuhamya yemera ko inkiko zigeze kumuhanana na bagenzi be bafungwa amezi atandatu zibahamije kubeshya mu makuru batangaga kuri Kabirima.<\/p>\n<p>Francois Bihoyiki ni undi mutangabuhamya warokotse jenoside na we ushinjura Kabirima. Yabwiye umucamanza ko Kabirima avugwa mu bagize uruhare mu rufu rw\u2019abavandimwe be barimo Se, umwana we na mushiki we ariko agakomeza gushimangira ko babeshyera uregwa.<\/p>\n<p>Uyu wemeza ko na we yahungiye I Burundi avuga ko igitero cyishe Se yakibonye ariko nta Kabirima warimo.<\/p>\n<p>Bihoyiki wemera ko yanabayeho Visi Prezida wa Gacaca mu Kagari ka Bunge ashimangira ko iyo kabirima aba yaragize uruhare mu mfu z\u2019abavandimwe be yaribumukurikirane mu nkiko nk\u2019uko yabigenje ku bandi. Yavuze ko mu ikusanyamakuru yari ahagarariye ryarinze rirangira ntawe ugarutse kuri Kabirima.<\/p>\n<p>Stefano Ndahunga ni we wasoreje abandi batangabuhamya kuri iki cyiciro. Uyu musaza na we warokotse jenoside aturanye neza neza na Kabirima nk\u2019uko yabibwiye urukiko. Uyu na we yabayeho inyangamugayo ya gacaca.<\/p>\n<p>Yabwiye urukiko ko yakunze guhatirwa n\u2019abantu atasobanuye mu gutanga amakuru atari yo muri gacaca. Nk\u2019aho avuga ko bamusabaga kwemeza ko mushiki we yiciwe muri Komini Nyakizu mu gihe we ashimangira ko yiciwe Kigembe ari na we aho bari bahungiye. <\/p>\n<p>Na we yemeje ko Jenoside yatangiye Nyakizu Kabirima adahari kuko yari ku ishuli ko yagaragaye i Bunge mu kwezi kwa Gatandatu 94. Yumvikanye avuga ko ibirego Kabirima aburana bishingiye ku makimbirane yo mu miryango kubera amasambu. Ni ibibazo avuga ko bimaze imyaka 34.<\/p>\n<p>Ku baburanyi bombi hakunze kugaragara ibibazo bike bahataga abatangabuhamya bashinjura uwiregura.<\/p>\n<p>Bwana Kabirima uregwa ibyaha bya Jenoside n\u2019ibyibasiye inyokomuntu mu Rwanda muri 94 ibyangombwa bimuranga Ijwi ry\u2019Amerika dukesha iyi nkuru yabonye, bigaragaza ko Jenoside yabaye afite imyaka 20 yiga muri Seminaire nto ya Karubanda i Butare.<\/p>\n<p>Amatariki Jenoside yatangiriyeho anaregwaho ibikorwa, Kabirima avuga ko yari mu mujyi wa Kigali yasuye mukuru we wari umusirikare. Avuga ko nyuma yahavuye anyura iwabo i Bunge ahunga akomeza muri yari Zaire.<\/p>\n<p>Aho na ho avuga ko atahatinze ahita ahungira muri Kenya ari na ho yaje gukomereza amasomo ye muri Semineri Nkuru nyuma ajya i Roma ari na ho yakuye Doctorat muri Philosophie cyangwa ityazabwenge. Yabaye umwalimu muri Kaminuza muri Kenya aho yigisha Philosophy n\u2019ayandi.<\/p>\n<p>Ibyangombwa bya Kabirima muri Kenya bigaragaza ko yari muri Diaspora nyarwanda mbere y\u2019uko atabwa muri yombi. Yafashwe mu 2011 ubwo yari yaje i Kigali mu nama y\u2019igihugu y\u2019umushyikirano iba buri mwaka.<\/p>\n<p>Ku isonga yaburanishijwe n\u2019inkiko gacaca za Bunge mu 2011 zimugira umwere ahita asubira ku kazi muri Kenya. Habayeho gusubirishamo urubanza bikozwe n\u2019inteko ya Kibeho. Yareze Kabirima ibyaha by\u2019ubwicanyi, gusambanya abo mu bwoko bw\u2019abatutsi no kujya mu bitero. Iyo mu 2012 yamuhanishije igihano cyo gufungwa imyaka 19.<\/p>\n<p>Kabirima yajuririye ibihano. Inteko ya Kanombe B yaturutse i Kigali iramuburanisha. Me Pascal Munyemana umwunganira avuga ko ibyakozwe n\u2019iyo nteko bidakwiye. Avuga ko aho kuguma ku byaha bajuririye by\u2019ubusambayi, ubwicanyi no kujya mu bitero, iyo nteko yahimbye ibindi bishya.<\/p>\n<p>Ni ibyaha byo gushishikariza umugambi w\u2019ubwicanyi bw\u2019abana b\u2019abatutsi bo mu murenge wa Rusenge I Nyaruguru, gukora urutonde rw\u2019abatutsi bagomba kwicwa, kugenzura no kuyobora jenoside n\u2019ibindi byaha byibasiye inyokomuntu. Inteko Kanombe B yahanishije Kabirima igihano cy\u2019igifungo cya burundu y\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>Uruhande rwe rwajuririye ibihano mu rukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe. Umucamanza i Nyamagabe mu 2014 yamanutse aho bikekwa ko ibyaha byabereye maze atesha agaciro ibyakozwe n\u2019inteko Kanombe B. Ategeka ko bwana Kabirima ahita afungurwa urubanza rukimara gusomwa.<\/p>\n<p>Umunsi n\u2019isaha yagombaga gusohoka mu munyururu Kabirima avuga ko yahuye n\u2019igipapuro kimutegeka guhita abusubiramo.<\/p>\n<p>Hari amakuru ko abacamanza babiri bari bamugize umwere i Nyamagabe bahise birukanwa mu kazi hanashyirwaho indi nteko iburanisha Kabirima maze ishimangira igihano cy\u2019igifungob cya Burundu y\u2019umwihariko.<\/p>\n<p>Iburanisha rizakomeza ku itariki ya 10 z\u2019ukwezi kwa Cumi uyu mwaka bumva abatangabuhamya bamushinja.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n<a href=\"http:\/\/kanda%20hano%20ubone%20amakuru%20yihuse%20kandi%20ku%20gihe%20kuri%20facebook%C2%A0no%20kuri%20twitter\/\">Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter<\/a><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>@bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Dr Jean Damascene Kabirima, ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kuri ubu ari gushinjurwa na bamwe mu barokotse jenoside bemeza ko abeshyerwa ahubwo icyo azira ari amakimbirane ashingiye ku masambu. Abatangabuhamya batanu barimo bane bo mu Karere ka Nyaruguru Dr Kabirima avukamo, ni bo baherutse kuri uyu wa gatatu ushize gutambuka imbere y\u2019umucamanza bamushinjura ibyaha [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-7354","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Dr Jean Damascene Kabirima, ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kuri ubu ari gushinjurwa na bamwe mu barokotse jenoside bemeza ko abeshyerwa ahubwo icyo azira ari amakimbirane ashingiye ku masambu. Abatangabuhamya batanu barimo bane bo mu Karere ka Nyaruguru Dr Kabirima avukamo, ni bo baherutse kuri uyu wa gatatu ushize gutambuka imbere y\u2019umucamanza bamushinjura ibyaha [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-09-15T11:09:45+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:41:13+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse\",\"datePublished\":\"2017-09-15T11:09:45+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:13+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354\"},\"wordCount\":911,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354\",\"name\":\"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-09-15T11:09:45+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:41:13+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7354#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA","og_description":"Dr Jean Damascene Kabirima, ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kuri ubu ari gushinjurwa na bamwe mu barokotse jenoside bemeza ko abeshyerwa ahubwo icyo azira ari amakimbirane ashingiye ku masambu. Abatangabuhamya batanu barimo bane bo mu Karere ka Nyaruguru Dr Kabirima avukamo, ni bo baherutse kuri uyu wa gatatu ushize gutambuka imbere y\u2019umucamanza bamushinjura ibyaha [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-09-15T11:09:45+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:41:13+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse","datePublished":"2017-09-15T11:09:45+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:13+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354"},"wordCount":911,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7354#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354","name":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-09-15T11:09:45+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:41:13+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7354"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7354#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Dr Kabirima ushinjwa uruhare muri jenoside arashinjurwa n\u2019abarokotse"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7354","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7354"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7354\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7354"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7354"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7354"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}